News

Hon Jean Claude Ntezimana na Hon Masozera Icyizanye barahiriye kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda

Wednesday, 14 August 2024

Hon Jean Claude Ntezimana na Hon Masozera Icyizanye barahiriye kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda

None tariki ya 14 Kanama 2024, ku ngoro y’inteko Ishinga Amategeko y’u #Rwanda ku Kimihurura, mu karere ka Gasabo, habereye umuhango wo kurahira kw’abadepite 80 harimo n’abahagarariye ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (Greenparty).

 Uyu muhango wayobowe na Nyakubahwa perezida wa repebulika y’u Rwanda Paul Kagame. Abadepite bahagarariye ishyaka Greenparty ni babiri barimo : Hon Jean Claude Ntezimana usanzwe ari n’umunyamabanga mukuru ndetse na Hon Masozera Icyizanye usanzwe ari umubitsi mukuru wa Greenparty.

Hon Jean Claude Ntezimana ubwo yari mu gikorwa cyo kwamama kandida perezida Hon Frank Habineza no kwamamaza abakandida depite 50 bari bahagarariye Democratic Green Party of Rwanda (Greenparty

Hon Jean Claude Ntezimana ubwo yari mu gikorwa cyo kwamama kandida perezida Hon Frank Habineza no kwamamaza abakandida depite 50 bari bahagarariye Democratic Green Party of Rwanda (Greenparty

Ifoto y’urwibutso abadepite barahiye bari kumwe na perezida wa repebulika Paul Kagame