News

Tuzagabanya ubushomeri twubaka uruganda muri buri murenge- Hon Dr Frank Habineza

Saturday, 29 June 2024

Tuzagabanya ubushomeri twubaka uruganda muri buri murenge- Hon Dr Frank Habineza

Uyu munsi tariki ya 29 Kamena 2024, ubwo umukandida perezida, Dr Amb Frank Habineza, ari kumwe n’abakandida depite 50 bahagarariye ishyaka Democratic Green Party of #Rwanda (#Greenparty), bari mu gikorwa cyo kwiyamamaza kigeze ku munsi wa 8 mu karere ka Ngororero, yavuze ko natorwa hazashingwa uruganda muri buri murenge.

VIDEO : Ngororero: Ubwitabire bwinshi🎤 Dr Frank Habineza bamwakiriye bidasanzwe || 29 June 2024 

 

Abaturage benshi baje kwakira perezida w’ishyaka #DGPR mu buryo bukomeye, aho bifuzaga kumureba no kumva imigabo n’imigambi. Mu by’imbere azakorera nyuma yo gutorwa, Hon Dr Frank Habineza azakemura ni kugabanya ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda: Gutanga imirimo ku rubyiruko 500.000 ku mwaka. Bizakorwa  biciye mu kubaka uruganda rujyanye n’agace ndetse n’ibikenerwa muri buri murenge.

AMAFOTO