Category: News

Dr Frank Habineza yatorewe kuyobora Green Party yemeza ko aziyamamariza kuyobora u Rwanda

Dr Frank Habineza yatorewe kuyobora Green Party yemeza ko aziyamamariza kuyobora u Rwanda

Monday, 15 May 2023

Abarwanashyaka b’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu #Rwanda [Democratic Green Party of Rwanda] batoye Dr Frank Habineza nka perezida w’iri shyaka muri manda y’imyaka itanu iri imbere, banahita bemeza ko azongera kwiyamamariza kuyobora u Rwanda, ahagarariye Ishyaka. Dr Habineza usanzwe ari n’Umudepite uhagarariye iri shyaka mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yatowe kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Gicurasi 2023, mu Nteko Rusange [Congres] y’iri shyaka. Amatora nk’aya yaherukaga mu 2018, ari nayo yongereye manda Dr Habineza yo kuyobora iri shyaka. Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Dr Habineza yavuze ko icy’ibanze ari ugushimira abarwanashyaka bamugiriye icyizere n’Abanyarwanda muri rusange. Ati Abarwanashyaka bongeye kungirira icyizere kuko babonye ko mfitiye imigambi myiza ishyaka ndetse n’Abanyarwanda kubera ko cyane cyane n’imigabo n’imigambi twiyamamarijeho ari ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ndetse n’Abadepite, byinshi byabashije kugerwaho. Hejuru ya 70% y’ibyo twasabaga ko bikorwa byose byarakozwe. Dr Habineza avuga ko kuri ubu yishimiye kumenyesha Abanyarwanda ko ari umukandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu mu matora ateganyijwe umwaka utaha. Ati Ubu ndi umukandida ku mwanya wa Perezida, umwaka utaha. Ni icyizere baba bangiriye kandi gishingira ku bikorwa bifatika. Abanyarwanda bamenye ko turi ba bantu ibyo bavuga ko tuba tubihagazeho ko tutabeshya kubera ko ibyo twabijeje byinshi byabashije kugerwaho, birigaragaza, Leta y’u Rwanda yarabyemeye, nibakomeza kutugirira icyizere ibibazo byabo bizagenda bikemuka dufatanyije n’izindi nzego. Mu 2017 nabwo Dr Habineza yariyamamaje agira amajwi 0,48%. Aya matora yegukanywe na Perezida Paul Kagame wagize amajwi 98.79% mu gihe yakurikiwe na Mpayimana Philippe wari umukandida wigenga, wagize amajwi 0,73%. Abandi batowe muri Komite Nyobozi ya DGPR-Green Party harimo Carine Maombi watorewe kuba Visi Perezida, Depite Ntezimana Jean Claude wari Umunyamabanga Mukuru yongeye gutorerwa uyu mwanya nanone, Masozera Icyizanye Jacqueline atorerwa kuba Umubitsi Mukuru naho Uwera Jacqueline atorerwa kuba Umuhuzabikorwa unashinzwe n itumanaho . Mu bindi byaranze Inteko Rusange ya DGPR-Green Party harimo kuvugurara amwe mu mategeko y’iri shyaka bavuga ko yari abangamiye imikorere yaryo ndetse n’umurongo biyemeje kugenderaho. Ubusanzwe abagize komite bari basanzwe ari icyenda naho umubare w’abasabwa kuba baterana bagafata ibyemezo bakaba barindwi. Ni ibintu bavuga ko rimwe na rimwe inama yasibaga kubera umubare utuzuye, gusa mu itegeko rishya bemeje ko ubu abagize Komite Nyobozi bazajya baba ari batanu gusa. Andi mavugurura yakozwe na DGPR-Green Party ni ajyanye n’itegeko rigenga manda ya komite nyobozi, aho yari imyaka itanu yongerwa inshuro ebyiri ariko kuri ubu iyo myaka ikaba ishobora kongerwa mu buryo buhoraho, biciye mu matora. Source: Dr Frank Habineza yatorewe kuyobora Green Party yemeza ko aziyamamariza kuyobora u Rwanda IGIHE.com

Read more
Rwanda : Il faut augmenter un budget alloué à la prévention et la gestion des catastrophes naturelles – Dépité Habineza

Rwanda : Il faut augmenter un budget alloué à la prévention et la gestion des catastrophes naturelles – Dépité Habineza

Friday, 5 May 2023

Un membre du Parlement du Rwanda, le Dr Frank Habineza demande que lors du vote du budget pour la prochaine année 2023/24, qu’il soit envisagé d’augmenter le montant des fonds affectés à la prévention des catastrophes. Annoncé ce 3 mai 2023, où une pluie diluvienne mêlée de vent s’est abattue sur les parties ouest et nord, provoquant des catastrophes qui ont tué environ 130 personnes et en ont laissé d’autres sans abri. Le Ministre des Finances, Uzziel Ndagijimana a présenté au Parlement, les deux chambres, le projet de loi portant loi de finances 2023/24. C’est un budget que le pays dépensera d’environ 5030 milliards de Frw ; qui sera utilisé pour des activités de développement, l’amélioration de la qualité de vie et d’autres conformes au plan gouvernemental pour accélérer le développement, dans sa première phase. Le Ministre Ndagijimana indique que, par rapport aux politiques de la période actuelle, le Gouvernement envisage d’augmenter le budget pour la préservation et la protection de l’environnement, pour prévenir et faire face aux effets des catastrophes. Il dit que dans la lutte contre les catastrophes, des efforts seront déployés pour prévenir les catastrophes, pour aider ceux qui sont touchés par leurs effets et pour réparer les dégâts. Il a déclaré : ” D’autres choses qui seront faites sont d’établir un système permanent de gestion des catastrophes au niveau du village, d’établir des projets visant à aider les personnes touchées par les catastrophes, d’étendre le programme d’installation de paratonnerres sur les maisons et d’établir un système d’alerte précoce et programme de préparation.” Parmi les propos tenus par les Sénateurs et Députés, le Dr Habineza est revenu spécifiquement sur les victimes de la catastrophe, soulignant qu’il convient de se servir de leçon sur la prévention. Il a déclaré : “Tout d’abord, nous sommes attristés par la mauvaise nouvelle des inondations qui ont tué de nombreux Rwandais dans l’Ouest dans différentes régions, en raison du changement climatique, surtout dans les zones de Rutsiro, Ngororero, Karongi et autres, nous avons eu ce problème pour voir comment nous pouvons y faire face, notamment en mettant en place un système de prévention précoce et d’alerte des populations“. Habineza demande que le budget alloué au Ministère chargé des Services d’Urgence soit augmenté afin qu’il puisse mettre en œuvre ses programmes de prévention. A ce sujet il dit ceci : “ Nous devons augmenter le budget du Ministère ayant la gestion des catastrophes dans ses attributions (MINEMA), car le petit budget prévu n’est pas suffisant” Quant au Dr Ndagijimana qui dit qu’en déterminant le budget, le gouvernement alloue des fonds pour les secours immédiats, et aussi ajouter des fonds pour les activités de prévention à court et à long terme. : “De toute urgence, toutes les agences se sont mobilisées pour aider les personnes touchées par la catastrophe que nous avons eue aujourd’hui, mais d’autres mesures de prévention sont mises en œuvre et dans le budget, il est prévu que cette zone continuera à être prise en charge. Il a poursuivi : “Le fait que le problème du changement climatique est un problème réel qui nécessite des mesures à long terme, nous avons donc commencé à rassembler la capacité financière réelle pour mettre en place un plan durable lié au changement climatique”. Les activités ciblées comprennent la mise en œuvre de mesures pour protéger et préserver l’environnement et prendre soin du changement climatique, promouvoir une meilleure utilisation des terres grâce à l’établissement de plans régionaux d’utilisation des terres. Il y a également une gestion améliorée des ressources naturelles en eau et le reboisement et la conservation des zones humides améliorées grâce à la construction de barrières contre les inondations. Source: Rwanda : Il faut augmenter un budget alloué à la prévention et la gestion des catastrophes naturelles – Dépité Habineza (ijabomedia.rw)

Read more
Depite Frank Habineza yasabye ko gukumira ibiza bihabwa umwihariko mu ngengo y’imari

Depite Frank Habineza yasabye ko gukumira ibiza bihabwa umwihariko mu ngengo y’imari

Thursday, 4 May 2023

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Dr Frank Habineza yasabye ko mu kugena ingengo y’imari y’umwaka utaha wa 2023/24 hakwiye kwitabwa ku kongera amafaranga yagenewe gukumira ibiza. Ni ibyo yatangaje kuri uyu wa 3 Gicurasi 2023, umunsi imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga yaguye mu bice by’Uburengerazuba n’Amajyaruguru, igateza ibiza byahitanye abagera mu 130, abandi bagasigara badafite aho barambika umusaya. Kuri uyu munsi kandi nibwo Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi, imbanzirizamushinga y’itegeko rigena ingengo y’imari ya 2023/24. Ni ingengo y’imari biteganyijwe ko igihugu kizakoreshamo agera kuri miliyari 5030Frw. Azakoreshwa mu bikorwa by’iterambere, kuzamura imibereho myiza n’ibindi biri mu murongo wa gahunda ya Guverinoma yo kwihutisha iterambere, mu cyiciro cyayo cya Mbere [NST1]. Minisitiri Dr Ndagijimana yavuze ko ku bijyanye na Politiki z’igihe giciritse, Guverinoma iteganya kongera ingengo y’imari igenewe kubungabunga no kurengera ibidukikije, kwirinda no guhangana n’ingaruka z’ibiza. Avuga ko mu kurwanya ibiza hazashyirwa imbaraga mu bikorwa bigamije kwirinda ibiza, gufasha abagezweho n’ingaruka zabyo ndetse no gusana ibyangijwe. Ati “Ibindi bizakorwa ni ugushyiraho uburyo buhoraho bwo kurwanya ibiza ku rwego rw’umudugudu, gushyiraho imishinga igamije gufasha abahungabanyijwe n’ibiza, kwagura gahunda yo gushyira imirindankuba ku nzu no gushyiraho gahunda yo kuburira no kwitegura hakiri kare.” Mu bitekerezo byatanzwe n’Abasenateri n’Abadepite harimo icya Dr Habineza wagarutse by’umwihariko ku bahitanywe n’ibiza kuri uyu wa Gatatu, ashimangira ko bikwiye gusiga isomo ryo kwita ku kubikumira. Yagize ati “Mbere na mbere twababajwe n’inkuru mbi y’imyuzure yahitanye Abanyarwanda benshi mu Burengerazuba mu turere dutandukanye, bitewe n’imihindagurikire y’ikirere.” “Cyane cyane mu turere twa Rutsiro, Ngororero, Karongi n’utundi twagize icyo kibazo kugira ngo turebe uko twahangana nabyo, cyane cyane dushyiraho uburyo bwa gahunda yo gukumira hakiri kare no kuburira abaturage.” Depite Dr Habineza yasabye ko hakwiye kongerwa ingengo y’imari igenerwa Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi kugira ngo ibashe gushyira mu bikorwa gahunda zayo zo gukumira. Ati “Tukongera n’ingengo y’imari muri Minisiteri ijyanye n’ibiza ya MINEMA , kubera ko ingengo y’imari nto yateganyijwe biragaragara ko idahagije […] mwabyitaho kurushaho.” Minisitiri Dr Ndagijimana yagaragaje ko mu kugena ingengo y’imari, Guverinoma iteganya amafaranga agenewe ubutabazi bwihuse ariko hakabaho n’ayagenewe ibikorwa byo gukumira by’igihe gito n’ikirekire. Ati “Ku byihutirwa, inzego zose zahagurukiye gutabara abagizweho ingaruka n’ibiza twagize uyu munsi ariko n’izindi ngamba zo gukumira zirimo gushyirwa mu bikorwa kandi no mu ngengo y’imari birateganyijwe ko uru rwego ruzakomeza kwitabwaho.” Yakomeje agira ati “Uko bigaragara ikibazo cy’imihindagurikire y’ikirere, ni ikibazo gifatika gisaba n’ingamba z’igihe kirekire, aha rero twatangiye gukusanya ubushobozi bw’amafaranga bufatika bwo gushyira muri gahunda irambye ijyanye n’imihindagurikire y’ikirere.” Mu Ukuboza 2022, Inama y’Ubutegetsi y’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, IMF, yemeye guha u Rwanda inkunga ya miliyoni $319, yo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere yatumye n’ibihe by’ihinga n’isarura bihinduka. Guverinoma kandi yagaragaje ko ingamba zo kubungabunga ibidukikije zizahabwa umwihariko bihuzwa no kubungabunga umutungo kamere mu buryo burambye. Ibikorwa bizibandwaho birimo gushyira mu bikorwa ingamba zo kurengera no kubungabunga ibidukikije hamwe no kwita ku mihindagurikire y’ikirere, guteza imbere imikoreshereze myiza y’ubutaka binyuze mu gushyiraho ibishushanyo mbonera by’imikoreshereze y’ubutaka mu turere. Hari kandi kunoza imicungire y’umutungo kamere w’amazi no gutera amashyamba no kubungabunga ibishanga byatunganyijwe binyuze mu kubaka imirwanyasuri. Source: Depite Frank Habineza yasabye ko gukumira ibiza bihabwa umwihariko mu ngengo y’imari IGIHE.com

Read more
Green Party arasaba abahinzi kugabanya ifumbire mvaruganda bakoresha

Green Party arasaba abahinzi kugabanya ifumbire mvaruganda bakoresha

Wednesday, 3 May 2023

Umuyobozi Mukuru w’ishyaka DGPR (Green Party) riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza, arasaba abahinzi kugabanya ifumvire mvaruganda bakoresha, kuko igira ingaruka nyinshi ku buzima. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru nyuma yo kuyobora inama y’abanyamuryanyo ba Green Party batuye mu ntara y’Amajyaruguru iherutse kubera mu karere ka Musanze, Dr Habineza, yasobanuye ko ifumbire mvaruganda iteza ibyago birimo kanseri. Yagize ati: Ikintu tubakangurira cyane ni ukureba uko twakoresha ifumbire y’imborera. Ibintu byo guhinga bakoresha imvaruganda, yego imvaruganda yeza vuba, ibintu bikaboneka byinshi ariko zigira ingaruka nyinshi zitari nziza ku mubiri wacu. Hari indwara nka Phosphorus bakura mu ruganda, bashyira kuri icyo kirayi, ni ukuvuga ngo iyo uriye icyo kirayi, uba uriya ya fumbire, ni byo biteza izo ndwara zose nka kanseri. Phosphorus (P) ni ikinyabutabire kiboneka mu mafumbire mvaruganda nka DAP na NPK zifashishwa cyane mu buhinzi bw’ibihingwa bitandukanye mu Rwanda. Umva iki kiganiro : ISHYAKA RYA DGPR RISHAKA KO ABAGORE BAGIRA IMYANYA 50% AHO KUBA 30 NKUKO BYARI BIRI YouTube Source: Dr Habineza arasaba abahinzi kugabanya ifumbire mvaruganda bakoresha (bwiza.com)

Read more
Dr Frank Habineza yahishuye igikwiye kwitonderwa kiri mu bitiza umurindi indwara zica benshi mu Rwanda

Dr Frank Habineza yahishuye igikwiye kwitonderwa kiri mu bitiza umurindi indwara zica benshi mu Rwanda

Wednesday, 3 May 2023

Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukijije DGPR (Democratic Green Party of Rwanda), Dr Frank Habineza, yasabye abahinzi bo mu Rwanda kwirinda gukoresha ifumbire mvaruganda kuko ari imwe mu bikomeje guteza indwara zirimo Cancer, Diabetses n’izindi zihitana abatari bacye. Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’Urubyiruko rwo muri iri shyaka rwo mu Ntara y’Amajyaruguru rurimo urukora ubuhinzi n’ubworozi nk’urwego rutunze abatari bacye mu Rwanda. Dr Frank Habineza avuga ko muri iki gihe hari indwara zikomeje kugaragara mu bantu benshi, nka Diabetes, Cancer, n’iy’umuvuduko w’amaraso; avuga ko zikomeza gutizwa umurindi n’ibyo abantu barya biba byabonetse hakoreshejwe ifumbire mvaruganga. Yagize ati “Ifumbire mvaruganda ni nziza kuko itanga umusaruro mwinshi kandi vuba, ariko Green Party nk’Ishyaka riharanira kubungabunga ibidukikije harimo n’ikiremwamuntu, twasanze ari ngombwa kwereka Abanyarwanda ipfundo ry’indwara n’ingaruka ziterwa n’ifumbire mva ruganda tubashishikariza kongera gukoresha ifumbire y’Imborera gusa.” Hon. Dr Frank Habineza yakomeje agira ati “Igihingwa gikeneye ifumbire ariko umuntu ntabwo akeneye ifumbire kugira ngo abeho, iyo ifumbire mvaruganda ishyizwe ku gihingwa hari ibinyabutabire bigenda bikajya mu gihingwa bigakurana nacyo, umusaruro nawo ugasarurwana nacyo, tukakirya mubyo twasaruye kandi umubiri wacu ntabwo ugikeneye, Cyaba cyinshi mu mubiri bikatuviramo ibyago byo kurwara indwara zitandukanye harimo Cancer, Diabetes, indwara z’Umutima zinyuranye, umuvuduko w’Amaraso n’Izindi.” Justine Mukabihezande watorewe guhagararira urubyiruko rwa Green Party mu Ntara y ‘Amajyaruguru yavuze ko indwara zitandura zihangayikishije u Rwanda n’Isi muri rusange, ko kuba atowe agiye gukangurira abaturage bo mu Majyaruguru kumenya gutandukanya imyanda ibora n’itabora bimakaza umuco wo gukora ifumbire nziza y’imborera kugira ngo iboneke ku bwinshi, ifumbizwe itange umusaruro uhagije nkuko imvaruganda yabikoraga. Source: Dr Frank Habineza yahishuye igikwiye kwitonderwa kiri mu bitiza umurindi indwara zica benshi mu Rwanda – Rwanda Tribune

Read more
Green party irasaba urubyiruko gushyira imbaraga mu byubaka igihugu n’ibigiteza imbere

Green party irasaba urubyiruko gushyira imbaraga mu byubaka igihugu n’ibigiteza imbere

Wednesday, 3 May 2023

Mu gihe u Rwanda rwitegura amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’abadepite mu mwaka utaha wa 2024,Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda-DGPR, riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije ryagaragaje imbaraga z’urubyiruko, rirusaba gushyira imbaraga mu bikorwa byubaka igihugu n’ibigiteza imbere. Source: Green party irasaba urubyiruko gushyira imbaraga mu byubaka igihugu n ibigiteza imbere Teradig News Green party isanga urubyiruko rukwiye kugaragara ari rwinshi mu bikorwa bya politiki rugatanga umusanzu warwo nawo ugafasha igihugu gutera intambwe idasubira inyuma. Ibi Kandi ngo bizarushaho kongera imbaraga zo gushimangira ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu buyobozi ku kigero cy’imyanya 50% ku bagore na 50% ku bagabo, kurengera ibidukikije, kugira uruhare mu matora no mu iterambere ry’igihugu. Green Party mu bikorwa bitandukanye ikomeje gukora byo gukangurira urubyiruko kuzamura igihugu ruhuje imbaraga za rwo, ku Cyumweru tariki 30 Mata 2023, yahuje bamwe mu bagize urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa barihagarariye mu turere two mu ntara y’Amajyaruguru bitoramo abayobozi hubahirijwe 50% ku bagore n’abagabo. Bamwe mu rubyiruko bo muri Green Party bavuga ko kuba mu mutwe wa Politiki bivana umuntu mu bwigunge, akabona uruvugiro n’ubuvugizi. Mukabihezande Justine watowe nk’uhagarariye ishyaka Green Party mu ntara y’Amajyaruguru avuga ko yinjiye muri Green Party kugira ngo azatange umusanzu we mu kurengera ibidukikije no kugira uruhare mu muryango nyarwanda. Mukabihezande yagize ati: “Ni ngombwa nk’urubyiruko ko tugomba kurengera ibidukikije, dutandukanya imyanda ibora n’itabora kuko iyo bivanze bishobora kwangiza ibidukiije na byo bikangiza ikirere ari nabyo bishobora kugira ingaruka ku buzima bwa muntu.” Yakomeje ashima n’ihame ry’ubwuzuzanye n’uburinganire mu buyobozi kuko ngo n’abagore bashoboye. Ati: “Ihame ry’ubwuzuzanye n’uburinganire ni ngombwa kuko natwe turashoboye ari na yo mpamvu iryo hame ndishyigikiye kuko umugore na we agomba kugira ijambo aho ari hose ku buryo mu buyobozi babaye 50% by’abagore na 50% by’abagabo bizakemura ikibazo cyariho cyo kwitinya ku bagore aho twishyiragamo ko niba hari ikintu kigiye kujyaho, tuvuge ngo kireba abagabo gusa. Oya! Natwe turashoboye, si bya bindi bya kera aho umugore yavugaga yagera mu rugo agakubitwa kuko nk’ubu maze gutorwa ngo mpagararire urubyiruko rw’ishyaka Green Party mu ntara y’amajyaruguru nkungirizwa n’umugabo ni ikintu gikomeye kigaragaza ko dushoboye. Ni umwanya nishimiye cyane kubona abantu bagera hafi ku 100 bakugirira icyizere kandi harimo n’igitsinagabo benshi.” Mugenzi we witwa Muhirwa Assouman wamwungirije avuga ko bagiye kuba umusemburo w’impinduka mu iterambere ry’igihugu bimakaza umuco wo kurengera ibidukikije no guharanira Demokarasi. Yagize ati: “Nk’uko ishyaka ryacu riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije ribivuga, tugomba gushishikariza abantu kuyibonamo kuko umuntu wese agomba kugira igitekerezo no kugitanga kandi kikakirwa naho kubijyanye no kurengera ibidukikije, tuzaharanira kumvisha abaturage ko gukoresha ifumbire y’imborera ari byiza cyane kurusha gukoresha imvaruganda kuko yangiza ubutaka nubwo itanga umusaruro ariko gukoresha imborera bizagabanya za ngaruka zirimo n’uburwayi butandukanye ku buzima bwa muntu.” Komiseri mu ishyaka Green Party, Mwiseneza Jean Marie Vianney, yaganirije urubyiruko ku bidukikije nk’inkingi imwe y’ishyaka n’uburyo bigomba kurengerwa no kubungwabungwa, hirindwa gutema amashyamba uko biboneye, ahubwo hakimakazwa umuco wo gutera ibiti byinshi. Mwiseneza yanavuze kandi kuri bimwe mu bibazo bibangamira ibidukikije harimo ihindagurika ry’ikirere, ikoreshwa ry’imiti yo mu nganda, imyotsi ihumanya umwuka duhumeka, gutema amashyamba n’ibindi kuko ari byo bitera ingaruka z’indwara zitandukanye n’ihindagurika ry’ibihe. Umuyobozi mukuru w’ishya Green Party, Dr Frank Habineza, yagejeje ku rubyiruko, yibanze cyane ku ntego nyamukuru y’ishyaka, zirimo guharanira uburinganire mu mibereho y’abantu, kwamagana ivangura iryo ari ryo ryose, kudakemura ibibazo byose biciye mu ntambara ahubwo hakimakazwa umuco w’amahoro, bityo ibibazo bigakemukira mu biganiro, guharanira uburenganzira bwa muntu n’iterambere rirambye ndetse no kugira uruhare mu matora (demokarasi) n’ibindi. Dr Habineza yakomeje agaragariza urubyiruko bimwe mu byakozwe mu gihugu kubera ubuvugizi bw’ishyaka, birimo kuzamura umushahara wa mwarimu, gufatira amafunguro ku ishuri ku bana biga n’ibindi. Dr Habineza yavuze ko icyari kigamijwe mu guhuriza hamwe abayobozi b’urubyiruko rw’ishyaka mu turere kwari kugira ngo bashyireho urugaga rw’urubyiruko ku rwego rw’intara y’Amajyaruguru no kubasobanurira ibyiza by’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye aho ngo ishyaka rya Green Party rishigikiye ko mu buyobozi abagabo n’abagore bagomba kuba 50%. Yagize ati: “Mu mahame y’ishyaka, dufitemo ihame ryo kurengera uburenganzira bwa muntu ari na ho dushingira tuvuga guteza imbere umugore kugira ngo na we agire uburenganzira bungana n’ubw’umugabo kuko mu rwego rwa politiki tuzi ko Leta y’u Rwanda yo yashyizeho gahunda yuko nibura 30% igomba kuba imyanya y’abagore mu nzego z’ubuyobozi ariko twe twafashe ko nibura byaba 50% kuko twabyise ’Gender party’. Ni gahunda dushaka gushyiramo imbaraga cyane kugira ngo imyanya tuyisangire neza n’abagore kuko na bo bashoboye aho gusanga mu ishyaka Perezida na Visi Perezida ari abagabo ari byo tudashaka ahubwo ko abagore n’abagabo bagomba kungana kandi uwo muco tuwukwize mu gihugu hose kuko ari byo byahindura guhezwa k’umugore ntibagire ijambo rifatika kandi bari mu ishyaka kuko iyo bunganirana, buri wese agira ijambo noneho umuryango ugatera imbere n’ishyaka rigakomera.” Ishyaka Green Party ryadabye urubyiruko n’Abaturarwanda bose kuzitabira amatora ateganyijwe mu mwaka utaha, rinashimangira ko rizayatangamo abakandida. Green party isanga urubyiruko arirwo nkingi ya mwamba mu kubaka iterambere ry’igihugu ritajegajega

Read more
Green Party irasaba ko abagore bahabwa imyanya y’ubuyobozi 50%

Green Party irasaba ko abagore bahabwa imyanya y’ubuyobozi 50%

Wednesday, 3 May 2023

Ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda-DGPR), risanga urubyiruko rukwiye kugaragara ari rwinshi mu bikorwa bya politiki, himakazwa ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu buyobozi ku kigero cy’imyanya 50% ku bagore na 50% ku bagabo, kurengera ibidukikije, kugira uruhare mu matora no mu iterambere ry’igihugu. Source: Green Party irasaba ko abagore bahabwa imyanya y’ubuyobozi 50% (bwiza.com) Mu gihe u Rwanda rwitegura amatora ya Perezida wa Repubulika n ay’abadepite mu mwaka utaha w’2024, ku ya 30 Mata 2023, Ishyaka Green Party ryahuje bamwe mu bagize urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa barihagarariye mu turere two mu ntara y’Amajyaruguru maze bitoramo abayobozi. Mu kiganiro kirambuye, Umuyobozi mukuru w’ishyaka Green Party, Dr Frank Habineza, yagejeje ku rubyiruko, yibanze cyane cyane ku ntego nyamukuru y’ishyaka, zirimo guharanira uburinganire mu mibereho y’abantu, kwamagana ivangura iryo ari ryo ryose, kudakemura ibibazo byose biciye mu ntambara ahubwo hakimakazwa umuco w’amahoro, bityo ibibazo bigakemukira mu biganiro, guharanira uburenganzira bwa muntu n’iterambere rirambye ndetse no kugira uruhare mu matora (demokarasi) n’ibindi. Dr Habineza yakomeje agaragariza urubyiruko bimwe mu byakozwe mu gihugu kubera ubuvugizi bw’ishyaka, birimo kuzamura umushahara wa mwarimu, gufatira amafunguro ku ishuri ku bana biga n’ibindi. Aganira n’Umunyamakuru wa BWIZA, Dr Habineza yavuze ko icyari kigamijwe mu guhuriza hamwe abayobozi b’urubyiruko rw’ishyaka mu turere kwari kugira ngo bashyireho urugaga rw’urubyiruko ku rwego rw’intara y’Amajyaruguru no kubasobanurira ibyiza by’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye aho ngo ishyaka rya Green Party rishigikiye ko mu buyobozi abagabo n’abagore bagomba kuba 50%. Yaguze ati: Mu mahame y’ishyaka, dufitemo ihame ryo kurengera uburenganzira bwa muntu ari na ho dushingira tuvuga guteza imbere umugore kugira ngo na we agire uburenganzira bungana n’ubw’umugabo kuko mu rwego rwa politiki tuzi ko Leta y’u Rwanda yo yashyizeho gahunda yuko nibura 30% igomba kuba imyanya y’abagore mu nzego z’ubuyobozi ariko twe twafashe ko nibura byaba 50% kuko twabyise ’Gender parity’. Ni gahunda dushaka gushyiramo imbaraga cyane kugira ngo imyanya tuyisangire neza n’abagore kuko na bo bashoboye aho gusanga mu ishyaka Perezida na Visi Perezida ari abagabo ari byo tudashaka ahubwo ko abagore n’abagabo bagomba kungana kandi uwo muco tuwukwize mu gihugu hose kuko ari byo byahindura guhezwa k’umugore ntibagire ijambo rifatika kandi bari mu ishyaka kuko iyo bunganirana, buri wese agira ijambo noneho umuryango ugatera imbere n’ishyaka rigakomera. Dr Habineza abona abagore bakwiye guhabwa imyanya y’ubuyobozi 50% Bamwe mu rubyiruko bo muri Green Party baganiriye na BWIZA bavuga ko kuba mu mutwe wa Politiki bivana umuntu mu bwigunge, akabona uruvugiro n’ubuvugizi. Mukabihezande Justine watowe nk’uhagarariye ishyaka Green Party mu ntara y’Amajyaruguru avuga ko yinjiye muri Green Party kugira ngo azatange umusanzu we mu kurengera ibidukikije no kugira uruhare mu muryango nyarwanda. Mukabihezande yagize ati: Nk’urubyiruko, ni ngombwa ko tugomba kurengera ibidukikije, dutandukanya imyanda ibora n’itabora kuko iyo bivanze bishobora kwangiza ibidukiije na byo bikangiza ikirere ari nabyo bishobora kugira ingaruka ku buzima bwa muntu. Yakomeje ashima n’ihame ry’ubwuzuzanye n’uburinganire mu buyobozi kuko ngo n’abagore bashoboye. Ati: Ihame ry’ubwuzuzanye n’uburinganire ni ngombwa kuko natwe turashoboye ari na yo mpamvu iryo hame ndishyigikiye kuko umugore na we agomba kugira ijambo aho ari hose ku buryo mu buyobozi babaye 50% by’abagore na 50% by’abagabo bizakemura ikibazo cyariho cyo kwitinya ku bagore aho twishyiragamo ko niba hari ikintu kigiye kujyaho, tuvuge ngo kireba abagabo gusa. Oya! Natwe turashoboye, si bya bindi bya kera aho umugore yavugaga yagera mu rugo agakubitwa kuko nk’ubu maze gutorwa ngo mpagararire urubyiruko rw’ishyaka Green Party mu ntara y’amajyaruguru nkungirizwa n’umugabo ni ikintu gikomeye kigaragaza ko dushoboye. Ni umwanya nishimiye cyane kubona abantu bagera hafi ku 100 bakugirira icyizere kandi harimo n’igitsinagabo benshi. Mukabihezande watorewe guhagararira Green Party mu Majyaruguru Mugenzi we witwa Muhirwa Assouman avuga ko bagiye kuba umusemburo w’impinduka mu iterambere ry’igihugu bimakaza umuco wo kurengera ibidukikije no guharanira Demokarasi. Yagize ati: Nk’uko ishyaka ryacu riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije ribivuga, tugomba gushishikariza abantu kuyibonamo kuko umuntu wese agomba kugira igitekerezo no kugitanga kandi kikakirwa naho kubijyanye no kurengera ibidukikije, tuzaharanira kumvisha abaturage ko gukoresha ifumbire y’imborera ari byiza cyane kurusha gukoresha imvaruganda kuko yangiza ubutaka nubwo itanga umusaruro ariko gukoresha imborera bizagabanya za ngaruka zirimo n’uburwayi butandukanye ku buzima bwa muntu. Muhirwa na we ari mu bayobozi b’urubyiruko ruri muri Green Party rwo mu Majyaruguru Komiseri mu ishyaka Green Party, Mwiseneza Jean Marie Vianney, yaganirije urubyiruko ku bidukikije nk’inkingi imwe y’ishyaka n’uburyo bigomba kurengerwa no kubungwabungwa, hirindwa gutema amashyamba uko biboneye, ahubwo hakimakazwa umuco wo gutera ibiti byinshi. Mwiseneza yanavuze kandi kuri bimwe mu bibazo bibangamira ibidukikije harimo ihindagurika ry’ikirere, ikoreshwa ry’imiti yo mu nganda, imyotsi ihumanya umwuka duhumeka, gutema amashyamba n’ibindi kuko ari byo bitera ingaruka z’indwara zitandukanye n’ihindagurika ry’ibihe. Ishyaka Green Party rivuga ko kuba mu mitwe ya politiki bizahesha benshi gukorerwa ubuvugizi no kumenya amakuru yatuma batera imbere. Rihamagarira abantu kujya muri politiki, rinabasaba kuzitabira amatora ateganyijwe mu myaka itaha, ndetse rikemeza ko rizayatangamo abakandida. Dr Habineza yaganirizaga urubyiruko byinshi ku ntego za Green PartyUmushyitsi Mukuru waturutse muri Sweden yitabiriye iyi nama

Read more
Amahugurwa y’imitwe ya politike ku gukoresha imbuga nkoranya mbaga

Amahugurwa y’imitwe ya politike ku gukoresha imbuga nkoranya mbaga

Thursday, 27 April 2023

Imbuga za interineti z’imitwe ya politiki ni imwe mu miyoboro ikomeye yifashishwa mu kumenyekanisha ibikorwa byabo, haba mu gutangaza amakuru ku bikorwa by’igihugu muri rusange, gukora ubukangurambaga no kongera umubare w’abayoboke, kujya impaka za politiki, kwiyamamaza no gutora Imikoreshereze myiza y’imbuga ifasha mu iterambere ry’imitwe ya politiki, bikagira uruhare muri E-Democracy na E-Governance (guteza imbere demokarasi n’imiyoborere myiza hifashishijwe ikoranabuhanga). Ibi bivuze ko umutwe wa politiki ugirana ibiganiro n’abayoboke bawo ndetse n’abandi baturage muri rusange; ukanafasha mu gukomeza gutoza abanyagihugu kwinjiza ikoranabuhanga mu kubona serivisi bakeneye ku buyobozi, n’ubuyobozi bugakoresha iryo koranabuhanga mu kwigisha abaturage no kubasobanurira z’Igihugu. Kugira ngo imbuga za Interineti z’Imitwe ya Politiki zishobore gukora neza, zigomba kugira abazikoresha babifitiye ubumenyi n’ubushobozi (Compentent Web Administrator).

Read more
Lack of minimum wage should trigger legislation change – MPs

Lack of minimum wage should trigger legislation change – MPs

Tuesday, 18 April 2023

Almost five years ago, the Parliament enacted a law regulating labour in Rwanda. This important legislation left key minimum wage provision details at the discretion of the Minister in Charge of Labour to determine – but it has not yet been set. The effects of this situation are far-reaching; from employees’ welfare as some get small pay that does not match the current high cost of living, to the controversies in compensation payments for accident victims by insurers, among others, according to some lawmakers, labour unions and insurance firms. ALSO READ: Labour law passed without setting new minimum wage Going forward, in order to avoid the recurrence of a similar situation, some lawmakers told The New Times that Parliament should adopt a practice by which both the bills and their implementing orders must be tabled before Parliament for consideration and that all the key provisions should be included in the law. MP Frank Habineza said about three years ago, the Minister of Public Service and Labour told lawmakers that the draft ministerial order determining minimum wage was submitted to the Office of the Prime Minister and “promised us that it would be published very soon”. Habineza indicated that when the Committee made a countrywide assessment tour to see how the labour law was being complied with, it held talks with the Ministry, and workers in companies, including mining, factories and hotels, and that the lack of minimum wage was the prevalent issue, with some complaining that they were exploited by their employers through meagre salaries. “You find that a university graduate (bachelor’s degree holder) goes to look for a job, and when taken on, they are given Rwf100, 000 a month, which cannot even suffice to pay house rent for them. Because they badly need employment, they cannot complain, instead, they continue working, say for five years, but they cannot achieve progress as they earn peanuts,” said Habineza, who is also the vice chairperson of the Lower House’s Committee on Social Affairs. He expressed concern that if nothing changes, the parliamentary term is coming to an end this year, without the minimum wage in place. “Delegating most things to ministerial orders is not effective. So, it’s better to put most details in the law,” he said. Again, he said that the bills should be coming from the cabinet having all the important details. ALSO READ: Delayed Ministerial Orders hinder law enforcement, legal experts warn MP Gloriose Uwanyirigira told The New Times that it is obvious that the absence of minimum wage implies a gap in the legislation. The Parliament, she said, should consider both the bills and their implementing orders and ensure that such orders are published in the official gazette within two months after the law has come into force, as stated in the Prime Minister’s instructions. “We have a responsibility in terms of oversight, to know that the laws we passed are enforced,” she said. The minimum wage issue was also exposed last month by some lawmakers during a session of the Lower House Committee on Social Affairs, which was analysing the bill amending the law regulating labour in Rwanda. Responding to the is sue during that session, the Minister of Public Service and Labour, Fanfan Rwanyindo, said that “the Government has not yet taken a decision on minimum wage.” Implications of the minimum wage delay The law regulating labour in Rwanda which was passed by Parliament in 2018, provides that an Order of the Minister in Charge Of Labour determines the minimum wage, based on each category of occupation. Thus far, there is no such minimum wage, which workers’ rights activists have been saying infringes on their rights and can create a loophole for labour and employee exploitation — because employers can pay workers as they please since there is no baseline. ALSO READ: Why are we stuck with a minimum wage set 40 years ago? The absence of an up-to-date minimum wage has also created controversies in compensations for accident victims. In one case, judges at the Supreme Court decided to set a flat amount of compensation – Rwf3,000 a day – that an accident victim should get from insurance companies — in case the victim does not have formal employment (with a written contract and regular pay). Yet, there are even formal employees who earn less than that as a daily wage. And, the case in question set precedence. ALSO READ: Insurers petition Supreme Court over minimum wage According to data from the Ministry of Finance and Economic Planning, there were at least 165,500 formal workers in Rwanda who earned below Rwf60, 000 a month as of June 2022 – that is up to Rwf2, 000 as a daily wage. Source: Lack of minimum wage should trigger legislation change MPs The New Times

Read more
Imyaka icyenda iruzuye: Icyashyiguye Green Party ikinjira mu ihuriro ry’imitwe ya politiki

Imyaka icyenda iruzuye: Icyashyiguye Green Party ikinjira mu ihuriro ry’imitwe ya politiki

Monday, 17 April 2023

Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda [Democratic Green Party of Rwanda] ryemeza ko ritavuga rumwe na Leta, rimaze imyaka icyenda ryinjiye mu Ihuriro Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki ryabanje gutsimbarara rikanga kwinjiramo. Tariki ya 14 Mata 2014 ni bwo ibendera ry’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, DGPR, ryazamuwe ku Biro by’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki, NFPO bivuze ko imyaka icyenda ishize ryinjiye muri iryo huriro. Iri shyaka ryabonye izuba muri Kanama umwaka wa 2009 ariko ntiryahita ryemererwa gukorera ku butaka bw’u Rwanda, kuko ritari ryakujuje ibisabwa. Muri urwo rugendo ryakunze kumvikana rinenga ingingo zategekaga imitwe ya Politiki yose kuba mu Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki, Umuyobozi w’uyu mutwe wa Politiki akaba yaribazaga impamvu ikintu cyiza bategeka abantu kukibamo. Nyuma y’imyaka itanu, Ishyaka DGPR ryaje kwisanga muri iri huriro ndetse kuri ubu umuvugizi w’iryo huriro wungirije ni ryo aturukamo. Mu kiganiro yagiranye na Radio Flash ku wa 11 Mata 2023, Umuyobozi wa DGPR, Depite Dr Frank Habineza, yagize ati “Navuga y’uko natwe tujyaho iryo huriro ntabwo twaryumvaga, nk’uko abantu babivugaga ngo iryo huriro ni umutaka wa FPR Inkotanyi, n’iyo urigiyemo ntabwo wemerewe kuvuga, ntabwo wemerewe gukopfora, yewe n’iyo wavuga ikintu kitumvikana bahita bagucishaho ikimashini kikaguca hejuru. Ni ko batubwiraga.” “Twabanje gutinya kurijyamo, ndumva ari nko mu 2009 cyangwa 2010, turavuga tuti niba iri huriro ari ikintu cyiza kuki kurijyamo ari agahato? Itegeko Nshinga rigena ko imitwe ya politiki yose yemewe mu Rwanda igomba kujya mu Ihuriro Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki. Depite Dr Frank Habineza yagize ati Twaravugaga tuti niba ari ikintu cyiza kuki kukijyamo ari ku ngufu. Tukavuga tuti ntabwo byagombye kuba ku ngufu, ushatse yarijyamo utabishimye akarivamo.” Depite Habineza yavuze ko nyuma y’igihe bagaragaza ibitekerezo byabo bataranemererwa gukorera mu Rwanda, babonye ibyo basabaga byarakozwe, mu itegeko bashyiramo ko kujya muri iryo huriro ari ubushake, ko n’uwakumva atabyishimiye yarivamo. Ati “Igihe twagiye kurigiramo twaravuze tuti nibura mu bitekerezo twatanze nubwo twari tutaremerwa, bemeye ko kujya mu ihuriro ari ubushake atari agahato.” Dr Habineza yasanze baramubeshye Depite Frank Habineza wigeze no gukorera politiki hanze y’u Rwanda nk’utavuga rumwe na Leta akaza kugaruka mu gihugu, yavuze ko uko bari baramubwiye imikorere y’iryo huriro, yasanze bitandukanye cyane kuko iyo bariganiriramo, buri wese atanga ibitekerezo mu bwisanzure, bikemeranywaho hashingiwe ku ireme ryabyo. Ati “Mu byo batubwiraga ko [ihuriro] ari ribi, twaje kujyamo dusanga kwari ukugira ubwoba bw’ubusa. Kuko twagezemo ibitekerezo turabitanga, hari bimwe tutumvikanaho na bagenzi bacu, tukabigaragaza kandi nta gikuba gicika. Baranavugaga ngo ntabwo mushobora gutanga ibitekerezo byanyu . Muribuka ko no mu gihe cyo guhindura Itegeko Nshinga, twe ntitwabyemeraga, ariko hari ishyaka rya PDI ryo ryari ribishyigikiye cyane, twe twagiye no mu nkiko turatsindwa ariko turagaruka turibanamo.” Mu mwaka wa 2018, Depite Frank Habineza, yatorewe umwanya w’Umuvugizi w’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki yari amazemo imyaka ine. Umuvugizi w’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda, Depite Elisabeth Mukamana, yabwiye IGIHE ko iyo bicaranye baba babizi ko buri mutwe ufite imirongo yawo ariko iyo baganira, basangira ibitekerezo bagamije kubaka igihugu cyunze ubumwe. Ati “Nubwo buri mutwe wa politiki ufite icyerekezo ariko duhuriye ku kubaka igihugu cyacu. Ntabwo ari ukuvuga ngo turaje duhangane ahubwo icyo dukora mu ihuriro duhuza ibitekerezo, tukareba politiki y’igihugu iriho tugatangaho ibitekerezo, tugatanga ibyifuzo tukavuga tuti ‘dore ibigomba gukorwa kugira ngo igihugu cyacu gikomeze cyubakike.’’ Ntabwo uyu munsi imitwe ya politiki kugira ngo igaragaze ibitekerezo ari ukwicara bagahangana, bagatukana. Dutanga ibitekerezo kugira ngo igihugu cyacu gikomeze kigire ubumwe n’iterambere.” Iri huriro rigizwe n’imitwe ya politiki 11 yemewe gukorera mu Rwanda. Ibiri [DGPR na PS Imberakuri] muri yo yigaragaza nk’itavuga rumwe n’ubutegetsi ariko igahuriza ku kuba ihuriro ari umwanya mwiza wo gutanga ibitekerezo no gukora politiki yubaka ubumwe bw’Abanyarwanda. Mu 2018, amashyaka atavuga rumwe na Leta yemewe mu Rwanda yatsindiye imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, DGPR ihabwa imyanya ibiri na PS Imberakuri itsindira indi myanya ibiri. Source: Imyaka icyenda iruzuye: Icyashyiguye Green Party ikinjira mu ihuriro ry imitwe ya politiki | IGIHE

Read more