Catégorie : News

Green Party yiteguye kubahiriza 100% itegeko rishya rigenga amashyaka

Green Party yiteguye kubahiriza 100% itegeko rishya rigenga amashyaka

mercredi 13 mars 2019

Itegeko rigenga amashyaka n’imitwe ya Politiki mu Rwanda ryo mu mwaka wa 2013 ryavuguruwe mu mwaka wa 2018, ryongerera amashyaka ububasha bumwe na bumwe, ariko riyaka n’ubundi bubasha bunyuranye. Mu mahugurwa y’umunsi umwe Ishyaka Riharanmira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR) ryahaye abanyamakuryango baryo bagize Biro Politique yaguye, basobanuriwe byimbitse iby’iri tegeko, cyane cyane impinduka zirikubiyemo. Depite Dr Frank Habineza uyobora Green Party yavuze ko atari byinshi byahindutse mu itegeko, ko ariko uko biri kose bazabyubahiriza nk’uko riri. Mu byo yavuze bishimiye, harimo no kuba Leta hari impano izajya igenera ku mwaka imitwe ya politiki yemewe mu gihugu. Mu bindi bibazo yabajijwe, Dr Frank Habineza yavuze ko inteko rusange yanagombaga gutora abakomiseri, kuko abasanzwe barangije manda yabo, kandi hakaba n’impinduka nke zabayeho nyuma yo kubona imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko. Dr Farnk Habineza yavuze ko aya matora y’abakomiseri atabashije gukorwa, kuko munama hari harimo abatagomba gutora hari nabandi bagomba gutora batatumiwe, kandi ko no mu ishyaka imbere ubwabo bubahiriza demokarasi n’amategeko. Dr Frank Habineza yavuze ko ubu Ishyaka rihagaze neza, kandi ko abanyamuryango babo batagitotezwa cyangwa ngo baburabuzwe nka mbere , batarabona imyanya mu nteko. Umunyamabanga mukuru w’iri shyaka Hon. Ntezimana Jean Claude yatangarije abanyamakuru ko yishimira ko mu nteko batanga ibitekerezo kandi bikumvwa, ko nubwo bari muri opposition bitabuza ibitekerezo byabo kwakirwa no kuganirwaho, kimwe n’iby’abandi bose. Source: https://bwiza.com/2019/02/25/green-party-yiteguye-kubahiriza-100-itegeko-rishya-rigenga-amashyaka/

Lire la suite
Green Party irasaba Leta kuvugurura ibyiciro by’Ubudehe ishingiye ku mashuri n’Ubushomeri

Green Party irasaba Leta kuvugurura ibyiciro by’Ubudehe ishingiye ku mashuri n’Ubushomeri

mercredi 13 mars 2019

Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Green Party),rirasaba leta kuvugurura ibyiciro by’ubudehe igendeye kubafite akazi n’abashomeri yibanze cyane ku mashuri umuntu yize. Ibi byatangajwe kuri uyu wa 24/2/2019 na Dr Frank Habineza umuyobozi wiri shyaka mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye I Kigali. Frank Habineza yavuze ko uburyo bwari busanzwe bwo gushyira abantu mu byiciro by’ubudehe butari bumeze neza, ariyo mpamvu igihe biyamamazaga kujya mu nteko basabye leta ko habamo amavugurura. Ubu barashima leta ko yabumvise yatangiye no kubishyira mubikorwa. Barasaba leta kugendera ku buryo bune bwo gushyira abantu mu byiciro by’ubudehe hagendeye k’ubukungu bw’amafaranga, amashuri umuntu yize, Akazi akora ,hongeyeho umwihariko w’abashomeri. Yagize ati:”Twe n’abarwanashyaka dufite ibyifuzo bijyane n’ibyiciro by’ubudehe , turasaba leta ko ibyiciro by’ubudehe bitakongera kuba imibare gusa, ahubwo byakorwa hagendeye ku kazi umuntu akora n’umushahara ahabwa, amashuri yize hongeyeho n’icyiciro cyihariye cy’abashomeri”. Yakomeje avuga ko byaba byiza hakorwa ibyiciro hagendewe ku bushobozi bw’amafaranga , yatanze urugero rwaho umuntu uhembwa ibihumbi 100 mu kwezi adakwiye kujya mu cyiciro kimwe n’uhembwa miliyoni nawe mu kwezi. Yongeyeho ko umuntu udafite akazi (Umushomeri) we yagakwiye kugira icyiciro kihariye cy’abatishoboye. Ubusanzwe mu cyiciro cya mbere harimo abadafite inzu, batanabona uburyo bworoshye bwo kuyikodesha baninjiza amafaranga bibagoye, ababona ibibatunga bibagoye cyangwa ababyeyi bagasimburana n’abana kurya. Mu cya kabiri harimo ba nyakabyizi, abafundi,abatera ibiraka, abashobora gukodesha inzu n’abafite izabo ariko ziciriritse n’ibindi. Mu cya gatatu harimo abantu badakeneye gufashwa na leta kuko mu mibereho yabo bashobora kwigira, ni ukuvuga abahinzi basagurira amasoko, abikorera bafite ibikorwa bigaragara. Mu cyiciro cya kane harimo abayobozi bo kuva ku rwego rw’uwitwa umuyobozi mukuru (Director) mu nzego za leta kugeza kuri Perezida wa Repubulika. Raporo ku ishyirwaho ry’ibyiciro by’Ubudehe ku mibereho y’Abanyarwanda, igaragaza ko abenshi bari mu cyiciro cya gatatu. Mu cyiciro cya mbere harimo ingo 376,192 zigizwe n’abantu 1,480,167. Ni ukuvuga ko ari 16% by’Abanyarwanda bose. Icyiciro cya kabiri cy’Ubudehe kirimo ingo 703,461 zigizwe n’abantu 3,077,816 bangana na 29.8% by’Abanyarwanda bose. Icyiciro cya gatatu cy’Ubudehe cyo kirimo ingo 1,267,171 zituwe n’Abanyarwanda 5,766,506 bangana na 53.7% by’Abanyarwanda bose, mu gihe icya Kane kirimo ingo 11,664 zituwe n’Abanyarwanda 58,069, bahagarariye 0.5% by’abatuye igihugu cyose. Imibare igaragaza ko mu Mujyi wa Kigali ariho hari abantu benshi bifashije kuko 57.6% by’abari mu cyiciro cya kane niho babarizwa. Gushyira abaturage mu byiciro by’Ubudehe byatangiye gukorwa mu igeragezwa kuva muri Kanama 2014, bikorwa mu turere twose kuva ku wa 2 Gashyantare 2015. Inkuru ya:GATETE Muhamoud Source: http://hanga.rw/?Amakuru Article=Politiki/Green-Party-irasaba-Leta-kuvugurura-ibyiciro-by Ubudehe-ishingiye-ku-mashuri-n_240219509.html

Lire la suite
Green Party irishimira ko abanyamuryango bayo batagifatwa nk’inyeshyamba

Green Party irishimira ko abanyamuryango bayo batagifatwa nk’inyeshyamba

mardi 12 mars 2019

Ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) ryatangaje ko ryishimiye ko nyuma yo kugera mu nteko ishinga amategeko, abayobozi b’inzego za Leta zafataga abarwanashyaka babo nk’inyeshyamba zaje kwangiza umutekano wa Leta,bahinduye imyumvire . Mu nama yahuje ubuyobozi bw’iri Ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije n’abarwanashyaka baryo bari muri Biro Politiki, kuri iki Cyumweru Taliki ya 24 Gashyantare 2019, umuyobozi w’iri shyaka Dr Frank Habineza yavuze ko bamaze kugera kuri byinshi birimo guhabwa agaciro na Leta, ibitekerezo byabo bikakirwa neza nk’andi mashyaka yose,ndetse abanyamuryango babo babanye neza n’inzego zibanze. Dr Habineza yavuze ko bagitangira iri shyaka mu mwaka wa 2009 bamwe mu bayobozi bo mu nzego zibanze bahohoteraga abarwanashyaka babo bakeka ko bashaka guhungabanya umutekano, ariko ubu byahindutse nyuma yo kubona imyanya mu nteko ndetse DGPR isigaye ifatwa nk’umutwe wa politiki ukurikiza amategeko. Yagize ati “Nyuma yo gutorwa mu nteko ishinga amategeko habaye umwuka mwiza hagati y’abarwanashyaka bacu n’inzego zibanze kuko hirya no hino mu turere abarwanashyaka bacu barahohoterwaga, ariko kuri ubu bakorana neza na ba Meya. Umwuka wabaye mwiza ndetse hirya no hino mu turere bararyakiriye neza.” Dr Habineza yavuze ko mbere y’amatora hari umurwanashyaka wa Green Party witwa Habumugisha Vincent wo mu karere ka Nyamasheke wigeze gufatwa n’inzego za gisirikare akekwaho ko ari inyeshyamba gusa nyuma yo gushikirizwa polisi, basanze nta cyaha afite ndetse ngo ishyaka rya DGPR ryasobanuye neza ko ari umurwanashyaka waryo ararekurwa. Muri iyi nama abarwanashyaka ba Democratic Green Party bahawe amahugurwa ajyanye n’iby’itegeko rishya rigenga imitwe ya politiki n’umunyapolitiki ndetse babwirwa uko bagomba kwitwara nk’Abanyarwanda ba nyabo. Democratic Green Party yungutse abarwanashyaka bashya bagera kuri 200 ndetse yavuze ko bagiye gukomeza kugaragaza ibibazo by’abanyarwanda mu nteko birimo ikibazo cy’ibura ry’amasoko ku bahinzi batandukanye, ikibazo cy’ibyiciro by’ubudehe ndetse no gusaba ko hagabanywa impinduka za hato na hato mu burezi kuko zituma ireme ryabwo rizahara cyane. Democratic Green Party of Rwanda yavuze ko yifuza ko Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yakemura ibibazo by’imibanire n’ibihugu by’ibituranyi vuba na bwangu kugira ngo abanyarwanda bongere kubona amasoko hanze y’igihugu. Source: http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/democratic-green-party-of-rwanda-yishimiye-ko-abanyamuryango-bayo-batagifatwa

Lire la suite
End of year message: Democratic Green Party of Rwanda Experience in Parliament

End of year message: Democratic Green Party of Rwanda Experience in Parliament

lundi 31 décembre 2018

The Democratic Green Party of Rwanda started 2018 with serious preparations for the Parliamentary elections that took place in September. Pre-campaign activities included several district level party congresses where members nominated two parliamentary candidates both female and male from each of the 30 districts in the country. A national congress was later held in June and a confirmed list of parliamentary candidates was approved as well as the party’s manifesto for the elections. During the September elections the Party was able to score 5 percent of the national vote and obtained two seats in Parliament. Our experience in parliament for the last few months has been interesting, notably realizing that fellow MPs from other political organisations were accommodative to alternative and opposing views. We, therefore, extend our gratitude to all our party members, well-wishers, the media fraternity, Government of Rwanda, the International community, the Global Greens Family and the public for standing with us during the year 2018. The Democratic Green Party of Rwanda wishes you all a peaceful and prosperous New Year 2019. Done on 31st December 2018 Dr.Frank Habineza President, Democratic Green Party of Rwanda

Lire la suite
Frank Habineza yatorewe kuba Umuvugizi w’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda

Frank Habineza yatorewe kuba Umuvugizi w’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda

samedi 13 octobre 2018

Depite Frank Habineza yatorewe kuba Umuvugizi Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki mu Rwanda, yizeza guharanira ko abanyarwanda by’umwihariko abari hanze y’igihugu basobanukirwa icyo iri huriro aricyo. Habineza uyobora Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije, yatowe n’amajwi 100%, asimbura Depite Mukamana Elisabeth wo mu ishyaka ry’iterambere n’ubusabane (PPC). Umuvugizi wungirije watowe kuri uyu wa Kane ni Depite Nyirangwaneza Anastasie wo mu ishyaka rya PSD usimbuye Munyangeyo Theogene wo muri PL. Ishyaka Green Party ryinjiye mu Ihuriro ry’igihugu nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya Politike mu 2014. Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Habineza yavuze ko ashyize imbere ingingo zirimo kwimakaza umuco w’ibiganiro bigamije guhuriza hamwe imbaraga no kungurana ibitekerezo ku buzima bw’igihugu. Ati “Icya kabiri nshaka gushyiramo imbaraga ni ugusobanurira abanyarwanda bari mu Rwanda n’abari mu mahanga bamwe batarasobanukirwa neza ihuriro icyo aricyo.” Habineza yanijeje gushyira imbara mu mushinga wo gushakisha miliyari 1.7Frw yo kubaka icyicaro cy’ihuriro kuko bafite ikibanza i Gahanga mu Karere ka Kicukiro. Umuvugizi ndetse n’umwungirije batorerwa kuyobora manda y’amezi 6 atongerwa, mu gihe Umunyamabanga Nshingwabikorwa we atorerwa kuyobora manda y’imyaka itatu ishobora kongerwa inshuro imwe. Source: http://www.igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/frank-habineza-yagizwe-umuvugizi-w-ihuriro-ry-imitwe-ya-politiki-mu-rwanda

Lire la suite
Habineza elected spokesperson for political parties’ forum

Habineza elected spokesperson for political parties’ forum

samedi 13 octobre 2018

The General Assembly of the National Consultative Forum of Political Organisations (NFPO) has elected Frank Habineza and Athanasie Nyiragwaneza as the Forum’s spokesperson and vice spokesperson, respectively. Habineza is the Chairman of the Democratic Green party of Rwanda while Nyiragwaneza is a member of Social Democratic Party (PSD). They are both members of parliament. The forum brings together all the 11 political parties where they discuss pressing issues affecting the country and devise common solutions. For the next six months of their mandate, the lawmakers pledged to promote the Forum within and outside the country. “We’ll market the Forum to promote our democracy of consensus,” Habineza said after being elected. The Forum plans to construct a Rwf1.7 billion office building. “We hope we’ll have mobilised some significant resources in the next six months,” said Habineza. The Executive Secretary of the Forum, Oswald Burasanzwe, said, “The Forum is deeply rooted in the Arusha Peace Accords, which intended to bring about good politics in the country” he started. Before the elections, which were held on Thursday, the forum invited a delegation from the Ministry of Health to discuss the rising cases of drug abuse and delinquency among the youth. Dr PatrickNdimubanzi, the State Minister for Public and Primary Healthcare, said the ministry will commission research on the persistent issue of drug abuse among the youth. “We’re currently conducting research on what is the cause of increasing mental diseases but the politicians have also tasked us to look into the cause for the increasing desire for drugs among our youth” he said. He added that the ministry will continue working with the Forum and other institutions to solve health challenges. The Forum was initiated in 2003 to bring together politicians to discuss, among others, political strategies before taking them to the public, according to Burasanzwe. Source: https://www.newtimes.co.rw/news/habineza-elected-spokesperson-political-parties-forum

Lire la suite
Dr Ngabitsinze yatorewe kuyobora PAC, Dr.Frank Habineza atorwa muri komisiyo y’Imibereho y’Abaturage

Dr Ngabitsinze yatorewe kuyobora PAC, Dr.Frank Habineza atorwa muri komisiyo y’Imibereho y’Abaturage

mercredi 10 octobre 2018

Abadepite batoye abayobozi ba za Komisiyo zihoraho, ari nazo zinyuzwamo ibikorwa bya buri munsi by’umutwe w’abadepite nk’imishinga imwe n’imwe y’amategeko cyangwa ibibazo bikeneye gusuzumwa. Kuri uyu wa Kabiri hakozwe amatora kuva saa cyenda kugeza saa moya n’igice z’umugoroba, umudepite wiyamamaje agahabwa umwanya akavuga ubushobozi bwe n’umusaruro bagenzi be bamwitegaho baramutse bamutoye. Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, yasomye kandidatire z’abiyamamaje kuri buri mwanya, uwa Perezida na Visi Perezida wa Komisiyo, bigaragara ko buri mwanya wiyamamajeho umudepite umwe, uretse komisiyo imwe. Yasobanuye ko uwegukana itsinzi ari uza kugira amajwi ari hejuru ya 40 mu badepite 79 bitabiriye inteko rusange. Muri Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo bya Leta (PAC), yayoborwaga muri manda ishize na Nkusi Juvenal wagiye mu kiruhuko, abadepite batoye Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome nawe ukomoka muri PSD, yungirizwa na Depite Mukarugwiza Annonciata. PAC yakunze kuvugwa cyane kubera gutumiza abayobozi bakisobanura ku micungire mibi y’umutungo ikigaragara mu bigo bitandukanye bya leta na za minisiteri. Dr Ngabitsinze ufite impamyabumenyi y’ikirenga mu bukungu, yijeje Abadepite ko ijisho rye rizaba riri maso mu kugenzura imikoreshereze y’umutungo “kuko igihugu kitatera imbere imari n’umutungo bidakoreshejwe uko bigomba.” Ati “Ubusanzwe mu bukungu twiga ubuhanga bwo kubyaza bikeya byinshi, ibyo bike byacu rero tugomba kubirinda mu gusesengura uko bikoreshwa, aho ho mbijeje ko nta mpuhwe nagira hagize ubyangiza.” Mu zindi komisiyo, Depite Muhongayire Christine yatorewe kuba Perezida wa Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage, yungirizwa na Dr Frank Habineza. Uyu mugabo ukomoka mu Ishyaka Green Party ryinjiye bwa mbere mu Nteko, aheruka gutsindwa na Sheikh Musa Fazil Harerimana ku mwanya wa Visi Perezida w’Inteko ushinzwe Imari n’Abakozi. Depite Rwigamba Fidèle ukuze mu myaka y’amavuko (68) kuruta abandi badepite ni we watorewe kuyobora Komisiyo y’Ububanyi n’amahanga, Ubutwererane n’Umutekano; Visi Perezida aba Mukandera Iphigenie. Depite Kanyamashuri Kameya Janvier yatorewe kuyobora Komisiyo ya Politiki, Uburinganire n‘Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu iterambere ry‘Igihugu, yungirizwa na Mukabikino Jeanne Henriette. Muri Komisiyo y‘Ingengo y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, niho hari abakandida babiri; Munyaneza Omar na Mukabunani Christine ariko ku munota wa nyuma uyu mugore uyobora PS Imberakuri akuramo kandidatire, avuga ko yiyamaje ari umugore agatorwa nka Visi Perezida baba baryamiye umugabo wiyamamaje. Abadepite bose bahise batora Depite Munyaneza kuba Perezida w’iyi komisiyo naho Visi aba Perezida Tengera Twikirize Fransesca. Muri Komisiyo y’Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije, Perezida yabaye Nyirarukundo Ignatienne yungirizwa na Nyirahirwa Veneranda. Inteko Rusange yanatoye Depite Nyabyenda Damien kuyobora Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco n’Urubyiruko hatowe, yungirizwa na Depite Ndangiza Madina. Komisiyo y’Ubukungu n‘Ubucuruzi izayoborwa na Munyangeyo Théogène naho Visi Perezida aba Uwamariya Odette. Muri Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside, abadepite batoye Mukamana Elisabeth naho Visi Perezida ni Depite Karemera Francis. Muri iyi manda y’Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille ukomoka muri PL ni we Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, yungirijwe na Visi Perezida ushinzwe Imari n’Abakozi, Musa Fazil Harerimana (PDI) na Visi Perezida ushinzwe amategeko no kugenzura ibikorwa bya Guverinoma, Mukabagwiza Edda (FPR Inkotanyi). Abadepite 79 muri 80 bitabiriye Inteko Rusange yashyizeho Biro ya komisiyo zihorahoPerezida w Umutwe w Abadepite Donatille Mukabarisa ni we wayoboye Inteko Rusange kuri uyu wa KabiriDr Ngabitsinze Jean Chrysostome yatorewe kuba Perezida wa PACDepite Munyangeyo Théogène yatorewe kuba Perezida wa Komisiyo y’Ubukungu n’UbucuruziMuri Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco n’Urubyiruko hatowe Depite Ndangiza Madina nka Visi PerezidaDepite Nyabyenda Damien yatowe nka Visi Perezida wa Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco n’UrubyirukoMuri Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga Ubutwererane n’Umutekano, Perezida yabaye Rwigamba FidèleDepite Uwamariya Odette yabaye Visi Perezida wa Komisiyo y’Ubukungu n’UbucuruziDepite Habineza Frank yatowe nka Visi Perezida wa Komisiyo y Imibereho y abaturageMuri Komisiyo ya Politiki, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Iterambere ry’Igihugu, hatowe Depite Kanyamashuri Kabeya Janvier nka PerezidaKaremera Francis yatowe nka Visi Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya na JenosideMuri Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage, Inteko Rusange yatoye Depite Muhongayire Christine ku mwanya wa PerezidaDepite Mukabikino Jeanne Henriette yatowe nka Visi Perezida wa Komisiyo ya Politiki, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Iterambere ry’IgihuguPerezida wa Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside yabaye Mukamana ElisabethDepite Mukandera Iphigenie yabaye Visi Perezida wa Komisiyo y’Ububanyi n’amahanga, Ubutwererane n’UmutekanoPerezida wa Komisiyo y’Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije, Nyirarukundo IgnatienneDepite Nyirahirwa Veneranda yatorewe kuba Visi Perezida wa Komisiyo y’Ubuhinzi, Ubworozi n’IbidukikijeDepite Mukarugwiza Annonciata ni we wabaye Visi Perezida wa PACDepite Tengera Twikirize Fransesca watorewe kuba Visi Perezida wa Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo by’IgihuguPerezida wa Komisiyo y‘Ingengo y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, Munyaneza OmarMukabunani Christine uturuka muri PS Imberakuri yakuyemo kandidatire ku kuyobora Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo by’IgihuguPerezida y’Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille ari kumwe na Visi Perezida Ushinzwe Imari n’Abakozi, Musa Fazil Harerimana na Visi Perezida ushinzwe amategeko no kugenzura ibikorwa bya Guverinoma, Mukabagwiza Edda Amafoto: Niyonzima Moïse Source: https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abadepite-batoye-abayobozi-ba-komisiyo-frank-habineza-ashyirwa-mu-y-imibereho-y

Lire la suite
Frank Habineza Voted Social Affairs Parliamentary Commission Vice President

Frank Habineza Voted Social Affairs Parliamentary Commission Vice President

mercredi 10 octobre 2018

Opposition MP and President of the Democratic Green Party of Rwanda, Frank Habineza, has been elected Vice President, Social Affairs Commission, Parliament, Chamber of Deputies. Habineza had no contender, and garnered 100% vote of the parliament (78 out of 78). He said after his victory that, “Together with others we shall work hard to advocate for the well-being of Rwandans.” He told parliament that he has worked in different domains to uphold well-being of citizens, like in Rotaract Club where he was involved in collecting clothes and other stuff to give to people in hospitals and villages. Have also has run a project to help genocide survivors widows of Avega in Kigali and was an active member of Rwanda Red Cross while at University and before that. “With my education in military and security studies, I did a part in human security, which makes me aware of human security problems like flooding, poor housing and many more,” he told Taarifa on Tuesday evening after his election. Having been a presidential candidate and “committed to up-lifting the well-being of all Rwandans, they were glad and voted me,” he said. Meanwhile, the Plenary Session also elected Hon. NGABITSINZE Jean Chrysostome, Secretary General PSD, as the Chairperson of the Committee on Public Accounts (PAC) and Hon. MUKARUGWIZA Annonciata as the Vice Chairperson. Source:https://taarifa.rw/2018/10/09/frank-habineza-voted-parliamentary-commission-vice-president/

Lire la suite
Democratic Green Party entry into Rwandan Parliament

Democratic Green Party entry into Rwandan Parliament

mercredi 5 septembre 2018

The Democratic Green Party of Rwanda is pleased to inform all Rwandans and the general public that it successfully concluded parliamentary campaigns and got 5% of national electorate vote which has enabled it enter Rwandan Parliament for the next five-year term (2018-2023). DGPR is grateful to all those who voted us into Parliament and all the partners in the parliamentary campaigns, notably: the public and private media, Rwandan police and security organs, local authorities, all party members and supporters as well as other competitors who campaigned with respect and passion for the country’s development. Contrary to opponents’ negative perceptions, the Democratic Green Party stands for Love and not for Hate, Hope and not for Fear, Peace and Non-violence and not for War, Construction and not for Destruction. We campaigned centered on three pillars: transformation, opportunity and prosperity for all – around which our political program rotated. We will strive for and support transformation and reforms in democracy and human rights, agricultural revolution and land reforms, quality healthcare and education, sound environment management, sustainable security and development, vibrant and independent media, critical and intellectual civil society, financial sector that supports green investment and entrepreneurship, growing and inclusive economy, judiciary that guarantees human rights and promotes rule of law, good governance hinged on democracy, unity and reconciliation process based on truth for Rwandans, advocate for electoral reforms in regards to local elections and other sectors, to mention but a few. We will advocate for citizen-driven bills and citizenry close parliament contrary to the status quo, promote quality education that engenders education tourism and world standing in education system, sector specific banks such as import and export bank, cooperative bank, agricultural bank and green investment bank to complement 16 commercial banks we have in the country. We will restlessly struggle for taxation that: ensures progressive taxation, tax breaks especially start-ups and entrepreneurs notably youths and women, eliminates tax evasion and tax refugees, eliminates land tax and ensure total land ownership, enhances tax harmonisation and tax education to remove tax penalties. We will fight against unemployment with creation of Rwanda Employment Board to meet the challenges therein and reduce inequality with 1:10 ratio of salaries in an organisation, enhance skills development for the future within the populace as well as technology use in social and economic transformation. Done at Kigali, 5th September 2018 Dr.Frank HABINEZA DGPR President

Lire la suite

DGPR Gahunda Politiki Ivuguruye Izibandwaho mu Matora y’Abadepite

dimanche 12 août 2018

ISHYAKA RIHARANIRA DEMOKARASI NO KURENGERA IBIDUKIKIJE MU RWANDA-DGPR GAHUNDA POLITIKI IVUGURUYE YA DGPR KUVA 2017-2024 “Ku nyungu rusange n’ejo hazaza heza” Tunejejwe no kubagezaho imbonerahamwe isobanura imigambi myiza Ishyaka ryacu rifitiye u Rwanda n’Abanyarwanda, iyi gahunda ifitanye isano n’iyo twemeje mu nama rusange duheruka, ariko ikaba yarakorewe ubugororangigo bufitanye isano n’ikigamijwe mu matora y’abadepite tugiye kujyamo mu kwa cyenda uyu mwaka wa 2018. 1. UBUTABERA 1.1. UKO BIMEZE UBU Iyo urebye ubutabera muri iki gihe haribyakozwe ariko inzira iracyari ndende, Nanubu hari abantu bafunzwe nta madosiye, abantu bafungiwe mu bigo byitwaTransit Centers mubuzima bubi, abantu kandi bakahamara igihe kirekire nta madosiye abafunga; haracyari n’abasivili bagifungirwa mu bigo bya gisilikare nta madosiye; Kubijyanye n’uburyo bwo gutanga ibirego, abaturage biracyabagora kubera ko ibirego bitangwa mu buryo bw’ikoranabuhanga (iecms,efs), Serivise yiswe IREMBO aho kugabanya ibibazo no kwihutisha serivise ahubwo yabisubije inyuma mu gihe umuturage yishyuriraga kuri Banki akajyana urupapuro yishyuriyeho (bordereau) agahita abona serivise bitamuruhije, ubu bimusaba gusiragira abanza kujya ku irembo akishyura serivise bamuhaye,agasubira kuri banki nyuma akajya kurukiko; Igihembo cya avoka cyarazamuwe kigirwa 500.000frw kimwe n’icyabahesha b’inkiko b’umwuga. Ayo mafaranga ni menshi kubaturage, ntawabasha kuyigondera, bityo izo serivise zikaba ari intambamyi mu butabera. Hari n’ikibazo cy’abacamanza bake aho umucamanza umwe aca urubanza wenyine ibi nabyo biteye impungenge kuko umuntu umwe ashobora kukwica cyangwa akagukiza. Hari ikibazo gikomeye ubu mu Rwanda aho nta rukiko rushinzwe kurinda iremezo ry’Itegekonshinga, ni inzitizi ku butabera, Tugiye mu bugenzacyaha, kugeza ubu abantu benshi barundwa muri za gereza zidafite ubushobozi bwo kubakira kandi ugasanga iminsi itanu yahawe ubugenzacyaha ari myinshi yo gufunga umuntu dore ko usanga benshi baba bafungiwe amakosa mbonezamubano (cas civil) Hari na gereza zo mu mirenge zitemewe n’amategeko, Hari ikindi kibazo cyo kwirukana abayobozi b’inzego z’ibanze mu buryo butanyuze mu mategeko, ibyitwa kwegura ku bushake; iki kibazo kimaze kuba agatereranzamba,ntibihuye n’ubutabera twifuza, Hari n’abayobozi bashora Leta mu manza bikaba byarabaye indirimbo ariko ntibibonerwe umuti. 1.2. IBYO TUZAKORA Tuzaharanira ko u Rwanda ruba igihugu cyubahiriza amategeko, uburenganzira bwa muntu, amategeko mpuzamahanga ndetse no kugira ubutabera busesuye kuri bose ; Ku bijyanye n’ifunga n’ifungurwa, tuzashyiraho amategeko anoze habe hari ibihamya bihagije by’ukekwaho icyaha mbere yo gufungwa; Ku bijyanye n’itangwa ry’ibirego bishingiye ku ikoranabuhanga, tuzashyira ICT CENTER muri buri kagari; Ibihembo by’abunganizi mu mategeko ndetse n’abahesha b’inkiko, tuzasaba ko biva 100.000 kugeza kubihumbi 500.000 hashingiwe kubyiciro by’ubudehe. Tuzashyiraho itegeko rishyiraho ikigega gifasha abakwiriye ubufasha mubyamategeko. Tuzavugurura amategeko agena ibihembo by’abunganizi mu by’amategeko (Avoka) bagabanyirizwe imisoro batanga, Tuzaharanira ko urukiko rw’ikirenga rugira ubudahangarwa dukureho itegeko ritanga uburenganzira bwo kujuririra ibyemezo byarwo kurwego rw’umuvunyi; Tuzashyiraho urukiko rushinzwe kurinda iremezo ry’itegeko-nshinga. 2. KURWANYA JENOSIDE 2.1. UKO BIMEZE UBU Kurwanya jenoside: harakazi kakozwe, ariko haracyari imanza na nubu zaciwe na gacaca zitararangizwa. Kubahari abakoze jenoside bakidegengembya mu mahanga ndetse hakaba hakirangwa ingengabitekerezo yajenoside hamwe na hamwe. 2.2. I BYO TUZAKORA Tuzashyira imbaraga mu kwihutisha amadosiye y’abacyekwaho ibyaha bya jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 bakidengembya mu mahanga hongerwe umubare w’impapuro zibashakisha (avis de recherche) mu rwego mpuzamahanga, Kubufatanye na CNLG tuzashyiraho uburyo bwihuse, hakoreshejwe ikoranabuhanga, kubantu bakatiwe n’inkiko gacaca basabye gusubirishamo izo manza ku bataranyuzwe n’imyanzuro y’Inkiko Gacaca kandi n’itegeko ribigena rirusheho kunozwa. Ku bijyanye n’ingengabitekerezo ya jenoside, hazashirwaho imbaraga mu gushishikariza inzegozitandukanye n’amashyirahamwe hatangwa ibiganiro mu rwego rwo kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside, hongerwe n’ibitabo by’amateka y’uRwanda asobanutse byigisha uburere mboneragihugu. Tuzashyiraho itegeko rigena ikigo gifasha mubujyanama bw’abagira ihungabana cyangwa ihahamuka bitewe na Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994, Tuzongerera ubushobozi urwego rw’ububanyi n’amahanga hakorwe amasezerano ku bihugu byinshi yo guhererekanya abanyabyaha kugirango abakoze Jenoside bakidegembya batabwe muriyombi bazanwe mu Rwanda baburanishwe, Tuzashyiraho itegeko rishyiraho ikigega gifasha cyangwa gishimira abatanga amakuru bavuga aho imibiri yinzirakarengane yatawe, icyo kigega kandi kizajya giha agahimbazamusyi abatunze agatoki abakoze Jenoside bakidegembya yaba imbere mu gihugu cyangwa hanze yacyo. Tuzashyiraho itegeko rivugurura imikorere yikigega gifasha abacitse kw’icumu tugamije gusaba ababigizemo uruhare gutanga amafaranga mukigega yaba abanyarwanda cyangwa, abanyamahanga ndetse n’imiryango mpuzamahanga yarebereye. 3. UBURENGANZIRA BWA MUNTU 3.1. UKO BIMEZE UBU Amagereza y’u Rwanda afite abafungwa benshi kandi bariyongera cyane, Kuba abafungwa bategerezwa uturere batuyemo Haracyari ikibazo cy’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo bya Politiki, itangazamakuru ry’igenga nta bushobozi nu bwisanzure rifite neza, Haracyari ikibazo cy’inzego za Leta zivanga mu miyoborere y’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu Leta n’amadini. 3.2. IBYO TUZAKORA Mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu magereza tuzashyiraho itegeko ryongera ibikorwa bya TIG aho zikorerwa muri buri Karere, Tuzashyiraho itegeko ry’uko abahamijwe n’inkiko kubyaha bito bajya bakora ibihano nsimburagifungo cyangwa bagatanga ingwate z’amafaranga nkuko mu bihugu byateye imbere bikorwa. Iyi politike ikazagabanya umubare mwinshi mu magereza, Tuzashyiraho itegeko rigena ibigo byinshi ngororamuco bizajya bitanga n’ubumenyi-ngiro kubabirimo hajyeho ikigo cy’igihugu kibishinzwe dore ko byagaragaye ko ikigo cy’ i WAWA kidahagije kandi nabaharangije ntibakurikiranwa kuburyo bukwiye, Ku bijyanye n’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo, tuzashyiraho uburyo buhamye bwo kwisanzura mu gutanga ibitekerezo no kuvuga icyo ushaka, ariko hirindwa imvugo zishora abantu mu macakubiri, Tuzashyiraho itegeko rishyiraho ikigega gifasha itangazamakuru kwiyubaka cyane cyane iryigenga, Tuzashyigikira itangazamakuru ryigenga, rihabwe ubushobozi ndetse habeho isaranganywa ry’amasoko ya Leta mu bijyanye no kwamamaza, hashyirweho gahunda zifasha itangazamakuru ryigenga,hanatangwa uburenganzira mu gutangaza inkuru mu bwisanzure, hakorwe n’amavugururwa agenga itangazamakuru, Tuzashyiraho itegeko riha komisiyo y’uburenganzira bwa muntu ubushobozi ndetse n’abakozi, Tuzarwanya ruswa n’akarengane mu nzego zitandukanye, ndetse duharanira ko itegeko rishingiye ku ifunga n’ifungurwa ryubahirizwa mu gihugu, Kubijyanye no gusiragiza abafungwa, tuzashyiraho umurongo unoze w’aho umugororwa ashyirwa muri gereza yegeranye n’umuryango we kandi kubahanishijwe ibyaha bidakomeye bazajya bahabwa umwanya wisanzuye wo gusurwa n’imiryango yabo atari ukumarana agahe gato, Tuzashyiraho itegeko ry’uko ku bagororwa bageze mu zabukuru n’abandi bafite indwara zidakira hazajya hakorwa ibarura n’ijonjora bitewe nuko bitwaye mu gihano bakatiwe kandi bakaba baramaze kwicuza icyaha barekurwa by’agateganyo bakarangiriza mu miryango yabo igihano gisubitse, Tuzaharanira ko haba ubwisanzure mu mikorere y’imiryango itegamiye kuri Leta igamije uburenganzira bwa muntu n’amadini hashyirweho na gahunda yo kuyongerera ubushobozi, 4. IMIYOBORERE MYIZA 4.1. UKO BIMEZE UBU Gahunda za Leta zigwa gitumo abaturage hatabayeho kubategura no kugira uruhare mu bibakorerwa. Hamwe na hamwe, mutuelle de santé aho nanubu abaturage bacibwa mu masoko n’ahandi bashaka kubona service ngo ntibafite mutuelle bakamburwa imitungo yimukanwa ku mbaraga kandi umutungo w’umuntu ari ntavogerwa, gahunda y’imihigo iri mumagambo kuburyo ushaka resultat ukayibura, Itotezwa ry’abazunguzayi ritarabonerwa umuti aho gushakaigisubizo ahubwo hagashakwa imyanzuro ikakaye yo kubahutaza, Abanyarwanda bamwe bahabwa serivise hashingiwe ku ishyaka barimo, Akagali niko gafite abakozi bake, badafite ubushobozi, aho inzego zibanze zitihagije mu gufata ibyemezo bireba abaturage bitemejwe n’inzego z’umutekano, Haracyari ikibazo cya bitugukwaha mu nzego z’ibanze kandi ariho services nyinshi abaturage bakenera zibarizwa, Hari ikibazo cyokuba mu itorero ry’igihugu hamwe na hamwe hakorerwa icengezamatwara ry’Ishyaka riri ku butegetsi. 4.2. ICYO TUZAKORA Tuzashyiraho politiki y’imiyoborere ihamye yo kumenyesha abaturage ibigiye kubakorerwa ndetse no kubagisha inama no gufatira hamwe ibyemezo, Tuzashyiraho gahunda ihamye ihesha utugali ubushobozi kuburyo Akagali kazaba gafite abakozi 4, tuzashakira abayobozi b’utugali za moto mu rwego rwo kwihutisha no kunoza akazi, hazategurwa kandi igihembo ku bayobozi b’imidugudu mu rwego rwo gukuraho ruswa ibabarirwamo Tuzanoza itegeko rirebana n’Itorero ry’Igihugu, tunashyireho gahunda ihamye itagize aho ihuriye n’icengezamatwara ry’ishyaka runaka. 5. UMUTEKANO N’UBUSUGIRE BW’IGIHUGU 5.1. UKO BIMEZE UBU Ku bijyanye n’umutekano w’igihugu, haribigomba kunozwa: Kuba hakiri ubushotozi ku mipaka y’uRwanda, Kuba haraswa abafungwa bagerageje gutoroka abacungagereza, Kuba nanubu harabantu baburirwa irengero kandi ababigizemo uruhare ntibakurikiranwe ngo babiryozwe, Ubwicanyi mungo, Kuba umushahara w’abapolisi n’abasilikare ukiri hasi cyane ukurikije igiciro cyo ku isoko uko kigenda kizamuka kandi izi nzego zikora akazi kavunanye, Ikibazo cy’ubufasha bw’intica ntikize buhabwa abavuye kurugerero. 5.2. ICYO TUZAKORA Nta mutekano, nta majyambere kandi umutekano n’ingenzi mu miyoborere y’igihugu, Tuzashyiraho kandi duharanire ko habaho amategeko abungabunga ubusugire bw’igihugu, Ku bijyanye n’imitwe yitwaje intwaro, tuzashyiraho amategeko akaza umutekano ku mbibi z’u Rwanda hakoreshejwe ibyuma by’ikoranabuhanga rigezweho, Tuzashyiaraho amategeko agamije ibiganiro kumitwe yitwaje intwaro hagamijwe gushyira intwaro hasi no kubinjiza m’ubuzima busanzwe cyangwa kubabyifuza bagakomereza mu Ngabo z’Igihugu, Tuzashyiraho amategeko ateza imbere umubano mwiza n’amahanga duhereye ku bihugu duturanye kugira ngo inkuta zose zitubuza gusabana no guhahirana zivanweho, hazongerwa abapolisi ku rwego rw’utugali mu gukumira ababurirwa irengero. Kubijyanye n’impfu za buri munsi z’abafungwa, abashinzwe umutekano bazongererwa ubumenyi bahabwe n’ubushobozi kuburyo igihe umufungwa atorotse bashobora kumufata mu bundi buryo kurasa akaba aricyo gisubizo cyanyuma kandi hifashishijwe uburyo bw’amasasu atica (rubber bullets), Kubantu baburirwa irengero, tuzashyiraho amategeko aha ubushobozi police ariko babe babazwa n’Inteko Nshingamategeko maze nabo babitangire ibisobanuro, Tuzavugurura amategeko azamura umushahara w’abasilikare n’abapolisi dushingiye ku biciro by’ifaranga uko rihagaze ku isoko, Tuzashyiraho itegeko rigena Inama nkuru y’Igihugu y’umutekano (National Security Council-Conseil National de Securité) uru rwego rukazafasha inzego za gisivile n’inzego za gisirikare gufatanya gukemura no gukumira ibibazo by’umutekano n’abasivile babigizemo uruhare, Tuzashyiraho itegeko rikumira inzego z’umutekano kutivanga m’ubutegetsi bwite bwa Leta mugufata ibyemezo, Tuzashyiraho itegeko ryo kwongera ubushobozi bw’igisirikare cyacu mukurinda umutekano w’igihugu n’imbibi zacyo ndetse tubongerere ubushobozi bwo kubungabunga umutekano mpuzamahanga(International peace keeping operations), Tuzashyigikira Politike yo kubakira abasirikare ndetse n’abapolisi amacumbi bareke kurara mumahema cyangwa ku gasozi, Tuzashyigikira Politike ihesha abanyarwandakazi kugira uruhare mu bikorwa byo gushaka amahoro, no kubungabunga umutekano, Tuzashyiraho Politike iha abasirikare n’abapolice bavuye kurugerero bahabwe amasomo y’imyuga inyuranye kugira ngo basubizwe mu buzima busanzwe bagire imibereho myiza, Tuzashyiraho Politike iteza imbere umutekano w’abanyagihu kurusha umutekano w’imbibi, Tuzashyiraho amategeko n’ingamba zizatanga umutekano n’ubuziranenge kubiribwa, Tuzashyigikira gahunda zongera umubare w’abapolisi hagamijwe gucunga umutekano mumidugudu n’utugali aho gukoresha abasirikare, Tuzaharanirako habaho amategeko ashyigikira ubufatanye kuri buri rwego rw’umutekano ndetse n’abasivile kugira ngo umutekano ubungabungwe, Tuzavugurura itegeko rigena imikorere y’abashinzwe umutekano mumidugudu (Irondo) hagamijwe umutekano wabo bashinzwe kurinda aho gukora hagamijwe inyungu zabo gusa. 6. ITANGAZAMAKURU 6.1. UKO BIMEZE UBU Itangazamakuru ryo mu gihugu cyacu nta bushobozi ndetse n’ubwisanzure rifite, kandi ibinyamakuru byigenga bimaze gufunga imiryango ari byinshi bitewe nuko ntabuvugizi buhagije ribona; Amasoko ya leta biragoye ko itangzamakuru ryigenga riyabona, yihariwe n’ibitangazamakuru bya Leta; Kuba kandi nta Ministeri ishinzwe itangazamakuru ngo ikore ubuvugizi no guhuza ibikorwa byaryo; ibyo byose bituma itangazamakuru ridindira kandi bikaba n’intambamyi y’itangazamakuru. 6.2. ICYO TUZAKORA Tuzaharanira ko habaho Ministeri y’Itangazamakuru. Tuzashyiraho itegeko rigena ikigega gitera inkunga itangazamakuru ryigenga (Rwanda Media Development Fund). Tuzavugurura Itegeko rigenga itangazamakuru ritange uburengazira n’ubushobozi buhagije. 7. IMIKINO N’IMYIDAGADURO 7.1. UKO BIMEZE UBU Politiki y’imikino n’imyidagaduro iri hasi : Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ntirenga umutaru, mu Rwanda nta mashuri ahagaije yigisha football, Ku murenge nta mukozi ushunzwe imikino n’imyidagaduro urahir ngo ahuze ibyo bikorwa byose bikaba ar’imbogamizi kandi bishobora no gukurura urubyiruko kwiroha mu biyobyabwenge. 7.2. ICYO TUZAKORA Tuzongerera ikipe y’igihugu Amavubi ubushobozi aho tuzashyira imbere abatoza b’abanyarwanda ; Tuzaharanira ko habaho amakipe yigisha football muri buri Ntara; Tuzashishikariza abashoramari gushora imari muri football n’indi mikino n’imyidagaduro; Tuzashyiraho itegeko rishira kuri buri murenge umukozi ufite mu nshingano imikino n’imyidagaduro, kandi tuzashyira muri buri kagali ikibuga cy’umupira w’amaguru n’indi mikino; Tuzashyiraho ishuri rya muzika n’ubuhanzi (Music and Art) muri buri karere; Tuzubaka Stade Olympique muri buri Ntara ikazaba ifite aho gukorera imikino n’imyidagaduro; Tuzashishikariza abikorera kugiti cyabo gushora imari mu bikorwa by’imikino n’imyidagaduro; Tuzashyiraho amashuri yigisha iby’imikino n’imyidagaduro muri buri Karere; Tuzashyiraho gahunda y’integanyanyigisho mu mashuri abanza n’ayisumbuye ku mikino n’imyidagaduro. 8. UBUTAKA 8.1. UKO BIMEZE UBU Itegeko ry’ubutaka ribangamiye abaturage b’u Rwanda cyane: Amategeko ariho yambuye abaturage ubutaka, baba abakode, buhinduka ubwa Leta; Ahakagombye kugira akamaro hafi ya hose (imisozi miremire, inkengero z’ibishanga, ibikombe by’imisozi) hagizwe mu manegek; Mu gihugu gito nk’icyacu, cy’imisozi mireremire, gifite abaturage biyongera ku muvuduko muremure, aho guturwa hemewe ntihahagije; Urubyiruko ntirubona uko rwiteganyiriza aho rutura kuko ubutaka bw’icyaro ahenshi ntiharagenwa imikoreshereze yabwo, iyo bubatse barasenyerwa ngo ntibyemewe kuhubaka cyangwa ngo nta gishushanyo kirahagenerwa. 8.2. ICYO TUZAKORA Tuzasuzuma itegeko rigenga politiki y’ubutaka mu Rwanda hagamijwe ivugururwa rishyingiye ku bitekerezo by’abaturage. Tuzashyiraho itegeko rikuraho umusoro w’ubutaka rigasubiza abenegihugu uburenganzira ku butaka. Tuzasuzuma, tugamije gushyiraho itegeko rivugurura ibyiciro by’ubutaka kugirango hongerwe ubuso bwo guturaho. Tuzashyiraho itegeko rigena ikorwa ry’igishushanyo mbonera k’ubutaka bwose bw’igihugu kuburyo buri kagali kagira ahagenewe guhinga n’ahagenewe kubakwa. 9. GUTEZA IMBERE UMURIMO 9.1. UKO BIMEZE UBU Politike yo guteza imbere umurimo yaradindiye dore ko ibivugwa byose bihera mu magambo kuko m’ urubyirukohari abashomeri benshi. Amasoko ya Leta ndetse n’utuzi biracyavugwamo ruswa n’icyenewabo. 9.2. ICYO TUZAKORA Tuzashyiraho amategeko anoza politiki y’igihugu yo kwihangira umurimo, hashyirweho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guhanga umurimo kinahuza abashomeri n’abafite akazi (Rwanda Employment Agency) kizakemura gahunda zose zirebana n’umurimomuri buri Karere; Tuzashyiraho itegeko rishyiraho ibihano bikarishye mu kurwanya ruswa, icyenewabo no gukingira ikibaba mu itangwa ry’akazi. Tuzashyiraho Politike igena uburyo ibigo by’abikorera byagira uruhare mu guhuza abafite akazi n’abagakeneye mu Rwanda ndetse no mu mahanga. 10. UBWITEGANYIRIZE 10.1. UKO BIMEZE UBU Kugeza ubu politiki y’ubwiteganyirize hari byinshi inengwa. Abageze mu zabukuru bahabwa amafaranga y’ubwiteganyirize y’intica ntikize nubwo hari duke twongereweho vubaha atajyanye n’ibiciro biri ku isoko cyane cyane ry’ibiribwa; ahubwo ugasanga imisanzu bagiye bizigamira igenda yubaka amazu adafite abayakoreramo. 10.2. ICYO TUZAKORA Tuzashyiraho itegeko rigena inyungu abateganyirizwa bazajya bagira ku nyungu ziva mu mishinga ikorwa n’isanduku y’ubwiteganyirize y’abakozi. Tuzashyiraho itegeko ryemerera abageze mu za bukuru kugira ikigega cy’imari kibagenewe (Pension Saving Scheme) aho bazajya babona n’inguzanyo k’umushahara bashobore no kwikorera imishinga mito ibyara inyungu. Tuzashyiraho itegeko rivugurura ibijyanye n’amafaranga y’ubwiteganyirize abageze mu zabukuu babona, kugirango ajyane n’ibiciro biri ku isoko. 11. UMUCO 11.1. UKO BIMEZE UBU Haracyariho ibibazo. Mu Itorero ry’ Igihugu aho ryigisha gahunda z’Ishyaka aho kuba itorero ry’igihugu. Ururimirw’ Ikinyarwanda ruri gucika mu mashuri. Mubahanzi haracyariho imyambarire idahuye n’umuco nyarwanda aho biyambarira uko bishakiye ubwambure bwabo buri hanze cyane cyane mugihe basohora amashusho y’ibihangano byabo. 11.2. ICYO TUZAKORA Tuzavugurura gahunda y’itorero ry’igihugu kugira ngo rye kuba umuyoboro w’icengezamatwara ry’imitwe ya Politiki runaka ahubwo ribe umusingi wo kwigisha no gusigasira umuco nyarwanda. Tuzashyiraho gahunda yo kwigisha ururimi gakondo rw’ikinyarwanda mu mashuri abanza, ayisumbuye na Kaminuza. Tuzashyiraho itegeko rigena inzu ndangamurage muri buri Karere (Museum). Tuzashyiraho itegeko rihana umuhanzi wese ugaragaye yambaye imyenda yurukozasoni yaba ku mashusho cyangwa aho bashyirira hanze ibihangano byabo. 12. UBUREZI, UBUSHAKASHATSI N’IKORANABUHANGA 12.1. UKO BIMEZE UBU Iyo uvuga uburezi mu Rwanda uba uvuga ibibazo byinshi: Imibereho ya mwalimu ikiri hasi cyane, amashuri ari kure yaho abanyeshuri baturuka, amashuri n’inzu zikorerwamo ubushakashatsi (Laboratories) bidahagije, Abanyeshuri baza kwiga batabonye ifunguro rihagije, ku ishuri ibyo bikagira ingaruka nini ku ireme ry’uburezi, Politiki yiswe iyuburezi kuri bose yimura umunyeshuri watsinze n’uwatsinzwe; aho abarimu barera abanyeshuri nta gitsure, Amafaranga y’ishuzwa mu mashuri abanza yiyongera cyane kandi havugwa ko ari ubuntu, Ibigo byigenga biri gufunga umusubizo kubera kubura abanyeshuri bitewe n’impamvu leta yagombye kubonera umuti. 12.2. ICYO TUZAKORA Tuzashyiraho Politike ihamye yo guteza imbere Ireme ry’Uburezi twongera imbaraga m’ubushakashatsi ndetse n’imibereho myiza ya mwalimu harimo kumwongerera umushahara ujyanye n’igihe; Hazabaho kandi n’isaranganya ry’ama laboratoires, hazashyirwaho amategeko agena imyigire n’imyigishirize anozekuburyo umunyeshuri yiga yumva ko gutsindwa bishobora kumugiraho ingaruka nko gusibizwa n’ibindi kuburyo biga bashyizeho umwete. Politiki y’imyuga izatezwa imbere hajyeho umushinga ngoboka wo gushyigikira amashuri y’imyuga mu kubona ibikoresho; Tuzashyira muri buri Umurenge amashuri y’imyuga hashyirwemo amashami ajyanye n’ibyo abatuye muri ako gace bakeneye byabateza imbere (centres d enseignement rural et artisanal intégré); Tuzita cyane kuri gahunda yo kuringaniza agaciro ko kwigisha mu ndimi z’igifaransa n’icyongereza n’ikinyarwanda ndetse n’andi masomo aho umunyeshuri urangije icyiciro cya Secondaire runaka aba afite ubumenyi bungana nurangije kururwo rwego nubwo ibigo byaba bitandukanye kubera gahunda y’uburezi ihamye, idahindagurika kandi nziza. Tuzashishikariza ababyeyi kwita k’uburere bw’abana babo. 13. URWEGO RW’UBUVUZI 13.1. UKO BIMEZE UBU Hari indwara zikomeje kugaragara kandi zizahaza abanyarwanda: umutima, cancer, diabete, umuvuduko w’amaraso; Hari imirire mibi nayo igenda irushaho kwiyongera umunsi ku munsi ikagira ingaruka y’imikurire mibi ku bana ndetse n’impfu za hato na hato. Hari ikibazo cyo kugwingira kw’abana; Amashuri makuru yigisha kuvura ni make. 13.2. ICYO TUZAKORA Tuzashyiraho itegeko rigena ikigo mbonezamirire kuri buri kigo nderabuzima (poste de santé) muri buri kagari duhereye ahagaragara imirire mibi; Tuzashyiraho gahunda yo kugeza amavuriro (HEALTH CENTRE) muri buri kagari mu gihugu: Tuzashyiraho integanyanyigisho ku birebana n’ubuzima bw’imyororokere mu mashuli abanzan’ayisumbuye; Tuzashyiraho integanyanyigisho ku birebana n’ubuzima bw’imyororokere mu mashuli abanza n’ayisumbuye; Tuzashyiraho politike yongera amashuri makuru yigisha ubuvuzi n’ububyaza. 14. UBWISUNGANE N’UBWISHINGIZI BW’INDWARA N’IMITANGIRE YA SERVICE 14.1. UKO BIMEZE UBU Ubwitabire mu kwishyura ubwisungane mu kwivuza buracyari buke;Imikorere ya Mutuel iracyagora imiryango ikennye; Haracyagaragara abakozi ku mavuriro atandukanye barangarana ababagana; Imiti iracyari mike cyane cyane ku bakoresha mutuel, bigatuma igurirwa kubikorera kandi umuturage ntasubizwe amafranga. 14.2. ICYO TUZAKORA Tuzanoza itegeko ry’ubwisungane mu kwivuza kugirango umuturage wishyuye Mutuelle de santé ahabwe service yihuse kandi hashakwe abaganga b’inzobere ku ndwara zitandukanye bahagije; Hazavugururwa imikorere ya mutuel ku buryo ubwishyu bwajya butangwa buri muntu ukwe nundi ukwe; Tuzashiraho itegeko rihana abakozi b’amavuriro batanga servise mbi kandi hahugurwe; Tuzashyiraho itegeko riteza imbere ubuvuzi bwa Gakondo dushishikariza abanyarwanda gukunda imiti ituruka iwabo kuruta ikorerwa hanze kandi tuvugurure neza politiki n’amategeko y’ubuvuzi bwa gakondo;mvura nkuvure; Tuzashyiraho itegeko rigena ikigega cya leta gishinzwe gutera inkunga abafite ubwisungane mu kwivuza (mutuel de santé) byabaye ngobwa ko bajya kwivuriza hanze y’urwanda kuko byagaragaye ko ari bo bakunzekugerwaho n’ingaruka nyinshi mu gihe boherejwe kwivuriza hanze; Tuzashyiraho itegeko ryorohereza abikorera gukora inganda zikora imiti n’ibikoresho byo kwa muganga (pharmaceutical industries). 15. UBUKUNGU 15.1. UKO BIMEZE UBU Nkuko bigaragarako Politiki y’imisoro mu Rwanda ikigaragaramo ibibazo by’umwihariko imisoro ku bukode bw’amazu, imisoro ku bukode bw’amasambu n’imisoro ku bacuruzi bato; Imisoro ishoreranye ku gicuruzwa kimwe. Urugero: Gusoresha igiti,amakara,imbaho, itwarwa ryabyo, icuruzwa ryabyo n’ibindi. Haracyagaragara kandi ikibazo cy’ibihano n’amande bihabwa abasoreshwa bakerewe gutanga imisoro kandi rimwe na rimwe biba byatewe n’impamvu zitabaturutseho; Haracyagaragara amoko y’imisoro myinshi idafite amategeko n’amabwiriza ayigenga. Urugero: KVCS yishyuza imodoka aho zihagarara kumazu y’ubucuruzi kandi ayomazu banyirayo basorera ubwo butaka bagasorera ibicuruzwa byabo. 15.2. ICYO TUZAKORA Tuzashyiraho itegeko rigena ikigo cyigenga gihuza abasoreshwa na RRA kikazaba gishinzwe kwakira ibibazoby’abasoreshwa ku buryo mu gihe habayeho guhohoterwa ku musoreshwa cyangwa atanyuzwe n’ibyemezo byamufatiwe azajya yitabaza icyo kigo nkemurampaka; Tuzashyiraho itegeko ryo gusoresha bitewe n’ubushobozi bw’usoreshwa (progressive taxation); Tuzateza imbere ubucuruzi kurwego mpuzamahanga tugamije kongera ubukungu bw’igihugu cyacu; Tuzavugurura itegeko rijyanye n’amafaranga atangwa aho ibinyabiziga bihagarara kuburyo hagenwa noneho imodoka zihagarara kumaduka n’ahandi hubucuruzi ntizishyure amafaranga. 16. IMISHAHARA 16.1. UKO BIMEZE UBU Mu Rwanda haragaragara ikibazo cy’ubusumbane mu mishahara gikabije aho usanga hari ikinyuranyo kininihagati y’umushahara uhabwa abayobozi bakuru ba leta n’uhabwa abakozi bo mu nzego zo hasiaho usangaumushahara uhabwa aba bakozi utajyanye n’ibiciro ku isoko. 16.2 ICYO TUZAKORA Tuzashyiraho itegeko rigena umushahara fatizo k’umukozi (minimum wage) usobanutse; Tuzagabanya imishahara y’ikirenga ihabwa abayobozi bakuru ba leta; Tuzongera umushahara w’abakozi mu nzego zo hasi ku kigero cya 1/10 (urugero directeur mukuru ufite amafaranga 1,000,000 y’umushahara, umukozi wo hasi azabe ahembwa amafaranga 100,000). Tuzashyiraho itegeko ryemeza isuzuma n’ivugurura ry’imishahara ugereranije n’ibiciro byo ku isoko buri myaka itanu. 17. UBWIKOREZI 17.1. UKO BIMEZE UBU Politike y’ubwikorezi iracyafite ingorane nyinshi cyane: Kuba imihanda idahagije, Nta buryo buhagije bwo gutwara abantu n’ibintu mumazi, Kuba hari kwiharira amasoko ku masosiyete Leta ifitemo imigabane; Hariho ikibazo cyo kugenera imihanda bamwe na bamwe ugasanga ba rwiyemezamirimo haraho batemerewe gushyira ubucuruzi bwubwikorezi bw’abantu (Monopolisation), Ubwikorezi buracyagaragaza ikibazo cyane kukiguzi gihenze cy’ibikomoka kuri Petrol, usanga ibihugu duhana imbibe Petrol igura amafaranga make kandi yaranyuze mu Rwanda ijya muri ibyo bihugu, Haracyariho ibibazo mumakoperative y’abamotari, usanga ntanyungu babonakumisanzu baba baratanze cyangwa ngo ayo mafaranga agire icyo afasha umuryango w’umumotari wapfuye mugihe c’impanuka. 17.2. ICYO TUZAKORA Tuzashyiraho Politike yongerera ubushobozi ama Koperative ashobore gukora no gutunganya imihanda neza; Tuzasana umubare mwinshi w’amateme n’ibiraro mu gihugu mu rwego rwo guteza imbere iterambere n’ubuhahirane; Tuzahanga imihanda mishya ihuza imirenge n’uturere; Tuzashyiraho itegeko rigena igabanywa ry’umusoro wakwa kubinyabiziga bitumizwa mu mahanga kugirango na rubanda ruciriritse rubashe kwigezaho imodoka, tunagabanye imodoka zishaje zihumanya ikirere; Tuzashyiraho Poltiki yo gukwirakwiza amato mato n’amanini agezweho mu biyaga binini n’ibito mu Rwanda, hashyirweho n’amashuri yo gutoza abadereva b’amato mu rwego rwo kugabanya impfu zo mu mazi no kwihutisha iterambere abo badereva bashirirweho n’impushya zo gutwara ayo mato (permis deconduire); Hazashyirwaho umurongo w’isaranganya ry’imirimo n’amasoko y’ubwikorezi kandi habe koroherezwa kubashoramari bato bifuza gushora imari mu bwikorezi ; Tuzorohereza abatwara imodoka z’abagenzi (twegerane) kugira ngo bashobore gukora akazi kabo batavangirwa na Societe za Leta zitwara abagenzi ; Tuzashyiraho itegeko rigabanya imisoro kubikomoka kuri Petrol, ibyo bizorohereza ubucuruzi muri rusange ; Tuzashyiraho itegeko ngenga rigena uburyo bwitumizwa ry’imodoka zikoresha ibikomoka kuri Petrol nke ndetse n’imodoka zidakoresha na gake ibikomoka kuri Petrol ahubwo hinjizwe izikoresha amazi cyangwa izikoresha ingufu zikomoka kuzuba ; Tuzashyiraho itegeko rivugurura imikorere y’amakoperative y’abamotari n’imikoreshereze y’imisanzu batanga ndetse igihe bakoze impanuka ayo mafaranga akagoboka imiryango yabo, Tuzashyiraho itegeko ryongera imodoka nini zitwara abantu bicaye gusa kuburyo batagenda bahagaze nkuko bimeze ubu, abagabo n’abagore bagenda bahagaze basobekeranye nta gutandukanya abana n’abakuze. 18. GUTEZA IMBERE URUBYIRUKO 18.1. UKO BIMEZE UBU Haraboneka ubushomeri bwinshyi n’ubumenyi bucye mu rubyiruko hamwe n’ubufasha bucye mu kuzamuraurubyiruko hirya no hino mu gihugu. Hamwe nahamwe guhanga imirimo kuracumbagira. Ikorana-buhanga rijyana imirimomyishi kurusha ihangwa ryayo mu rubyiruko. 18.2. ICYO TUZAKORA Tuzahyiraho ikigega kizatera inkunga umuntu ku giti cye cyangwa itsinda ry’urubyiruko bigaragaye ko bafite impano y’umwihariko ndetse gitange n’inguzanyo ku makoperative n’ibigo byishoramari by’urubyiruko; Tuzashyiraho Politike ishyiraho umukozi ushinzwe urubyiruko k’urwego rw’umurenge; Tuzashyiraho gahunda yo kwongera ubumenyi no kwigisha imyuga urubyiruko kugira ngo bihangire imirimo biboroheye; Tuzashyiraho amategeko yorohereza abikorera agamije kugabanya ubushomeri murubyiruko buve kuri 11% bugere kuri 5%; Tuzashyiraho Banki y’amakoperative (Coperative Bank of Rwanda) izafasha gutanga inguzanyo ku makoperative y’abanyarwanda cyane cyane ay’urubyiruko; Tuzakuraho imisoro ku mishinga mishya y’urubyiruko mugihe cy’imyaka ibiri; Tuzashyiraho Centres zigisha siporo n’imyidagaduro ndetse no kuyikoreramo muri buri murenge; Tuzashyiraho itegeko rivugurura BDF kugira ngo urubyiruko ruhabwe inguzanyo nta ngwate zisabwe kugira ngo habe itandukaniro na Bank. 19.UBUCURUZI

Lire la suite