Mu nama nyunguranabitekerezo ku mavugurura yifuzwa mu bijyanye n’amatora (Dialogue Meeting on Electroral Reforms in Rwanda ) yabaye kuri uyu wa Gatandatu, Tariki ya 22 Gicurasi 2021, ihuje abarwanashyaka b’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda). Umuyobozi waryo Dr Frank Habineza yavuze ko gusangira ubutegetsi bigabanya imyuka mibi. Mu kiganiro yahaye abanyamakuru Dr Frank Habineza , yavuze ko batangije inama (Dialogue) ijyanye n’amatora mu Rwanda, harimo kureba ibyanozwa mu matora yegereje y’inzego zibanze ndetse no mu myaka iri imbere ubwo hazaba hari amatora y’abadepite n’ay’umukuru w’igihugu. Yavuze ko harebwaga icyanozwa kugirango amatora yose azajye aba hashingiwe ku mitwe ya politike aho kuba hari abiyamaza ku giti cyabo nyuma bakaza kugaragara bafite amashyaka bahagarariye runaka. Yongeyeho ko kandi n’umubare w’abadepite mu nteko ukwiye kwiyongera maze Abanyarwanda bakaba bahagararirwa neza . Yagarutse no ku ngingo ya 62 ijyanye n’isaranganya ry’ubutegetsi kuko babona ikwiye itegeko ryihariye mu kugena uko amashyaka agabana imyanya. Avuga kandi ko umubare w’abadepite ubu ushingira ku itegeko ryakozwe muri 2003 nyamara harabayeho ubwiyongere bw’abaturage, bigaragaza ko abaturage badahagarariwe uko bikwiye ugereranyije ni igihe itegeko ryagiriyeho. Bityo bakaba babona ko n’ikibazo cy’ubushobozi kidakwiye kuba imbogamizi kuko n’abasoreshwaga icyo gihe ubu bikubye n’ingengo y’imali y’igihugu yikubye inshuro nyinshi. Agira ati “itegeko shinga ryemera ko habaho gusangira ubutegetsi bushingiye ku mitwe ya politike , bikwiye kumanuka bikagera no hasi mu nzego z’ibanze no kugera ku turere bishingiye noneho ku itegeko. “ Yakomeje avuga ko mu gusangira ubutegetsi kw’amashyaka no kuba mu nzego zose z’ubuyobozi , abaturage bazabasha no guhagararirwa uko bikwiye. Kuba kandi imitwe ya politike yasangira ubutegetsi uko bikwiye ngo bizagabanya imyuka mibi , kuko mu bintu byajyanye u Rwanda ahabi ari uko habayeho imyuka mibi yo kugundira ubutegetsi. Frank Habineza agira ati “Habayeho imyuka mibi y’abagundira ubutegetsi havamo ubwicanyi havamo na Jenoside, ni ukuvuga ngo iyo abantu, abanyapolitike babashije gusangira ubutegetsi bigabanya imyuka mibi, bigabanya intambara ndetse bikabaha amajyambere arambye n’umutekano urambye ku gihugu.” “ Umva nicyo kintu nyamukuru cyane, kuko hari abavuga ngo demokarasi irahenze, none se intambara ntabwo ihenze? Ntabwo demokarasi ihenze, hari n’ibindi bihenze” Green Party itangaje ibi nyuma y’aho mu minsi yashize humvikanye ubusabe bwayo bwasabaga ko nayo yashyirwa muri Guverinoma y’u Rwanda ikaba yagira Minisitiri cyangwa umuyobozi w’ikigo runaka. Aha umuyobozi w’iri shyaka yatangarije Bwiza.com na Bwiza Tv ko banyotewe no kugira imyanya muri Leta. Source: Bwiza.Com: Gusangira ubutegetsi bigabanya imyuka mibi Frank Habineza Bwiza.com Gusangira ubutegetsi bigabanya imyuka mibi Frank Habineza YouTube https://www.youtube.com/watch?v=48LF6ko9bLg
The National Executive Committee of the Democratic Green Party of Rwanda held a dialogue meeting on the necessary electoral reforms on 22nd May 2021 and thereafter had a press conference with different media houses in Kigali, Rwanda. The Democratic Green Party resolved to once again call upon the concerned Rwandan authorities to consider the following electoral reforms before the next elections cycle: 1. The law and other regulations governing Local elections need to be amended and provide for political parties to compete in local elections. The current provisions of standing on individual merit has outlived the set purposes as those elected on individual end up becoming politically sensitive persons in State institutions. 2. There s also a need to set up clear guidelines for those elected to always put citizens interests first other than those of political organizations they come from. It would also be prudent to build a culture that allows different political parties to be represented in all local administrative entities, starting from Village Councils up to District Councils. 3. The law and other regulations governing Parliamentary elections which were promulgated in 2003 and updated till now, need to be amended to reflect the progress the country has taken 18 years later. The threshold for political parties to enter parliament needs to be reduced from 5% of the national vote to 3%. The same should apply for Independent candidates and be reduced from 5% to 2% of the national Vote. The logic for this is indicated by the number of voters whom have almost doubled in the last 18 years. This change will also allow for proper citizen representation in Parliament. 4. We would also like to call for an increment in the number of directly elected Members of Parliament in the Chamber of Deputies from political organizations and therefore increase the current number from 80 MPs to at least 100 MPs, in consideration with the available national budget. This will allow for more citizen representation and will help in the continued efforts of strengthening democratic governance in the country. 5. The Law and other regulations governing Presidential elections should also be amended to allow the availability of campaign funding in advance for confirmed candidates, other than giving a provision to those who have gained at least 5% of the national vote at the end of elections. This would allow for candidates who have been confirmed by the National Electoral Commission to have a baseline to start with in the fundraising drive. 6. The Campaign period for all elections needs to be revised from the current 21 days to at least 60 days, this will allow for candidates to traverse the whole country in a proper peaceful manner. 7. Representation of all the current registered political parties in the National Electoral Commission structures from Village to National Level, should be made a priority. This will strengthen the electoral system and help in building more trust in the elections. 8. The Media should be allowed to give live updates of what s been announced by electoral officials at all polling centers, other than waiting to report what has been compiled at the District level. This would promote more transparency and credibility in the electoral system. Done at Kigali, 23rd May 2021 On behalf of the Democratic Green Party of Rwanda Dr.Frank Habineza [MP] Party Leader
Today is #EarthDay2021 the main theme is Restore our Earth. Yesterday, 21st April, a team from the Democratic Green Party of Rwanda, visited River Nyabugogo, which flows in into River Nyabarongo-the distant source of River Nile. This river runs through Kigali City, near Kigali main Bus Park in Nyabugogo. It is affected by several bussiness activities, that including car garages, restourants, shops, and the sorrounding communities. A lot of household waste is directly dumped into the river and part of its catchment has become a dump-site. This is deplorable and we strongly condemn these actions. We call upon all concerned Rwandan authorities especially the City of Kigali to add more efforts in protecting this river and the Nile Basin catchment in Rwanda at large. Urgent action on pollution and waste management is needed. This will help us restore this brown water color to it’s original color and thus we will be doing our duty in Restoring our Earth. We were assessing the extent of its pollution and are conducting a study on the Nile Basin Area in Rwanda. Tomorrow, 23rd April, 2021, we shall present an inception Report of this study. Details will be shared. Dr.Frank Habineza [MP] President, Democratic Green Party of Rwannda
The opposition Democratic Green Party of Rwanda on Wednesday called for a ‘lasting solution’ after its campaign against hiked property tax bore fruit. The Finance Minister Dr Uzziel Ndagijimana announced Tuesday late evening that government had decided to suspend implementation of taxes on land and property which had come into force in 2019. According to the Ministerial Order at the time, the new rates varied from Rwf 0-300 per sqm. Rates on taxable buildings on the other hand, were categorized based on the market value of the building; that is to say, the 2020 rate for residential buildings is 0.5%, while for commercial buildings is 0.3% and 0.1% for others. There has been a slight change on the 2020 rates compared to the previous year’s where residential buildings rates were at 0.25%, commercial buildings rates at 0.2%, while others stayed the same. There was also to be a change on the next two years’ rates, where by in 2021, residential buildings rates will be at 0.75%, commercial buildings at 0.4% and others will stay the same; while in 2022, residential buildings rates will be at 1%, commercial buildings at 0.5% and others will stay the same. In monetary terms for example, the land tax rose from between Rwf30 – Rwf80 per square metre, to between zero and Rwf300. The law determines the size of a standard plot of 300 square meters, meaning that it is 20 metres in length to 15 metres wide. The tax was to also actually increase by 50 per cent for each extra square metre to such standard plot. Among the noisy critics to the taxes from day one has been Dr Frank Habineza, president of the Green Party. He even introduced a rare private members bill in the Lower Chamber of Parliament to remove or cut the land tax. In media interviews, Habineza has said that his proposal was that if the tax is to be increased, it should at least be put at Rwf100 not Rwf300 as proposed by the Government. He had repeatedly wondered how government can increase taxes in a pandemic. There has been consistent opposition from the public on the new taxes. Asked about them in December last year, President Paul Kagame said government would look into the public’s concerns. Reacting to the latest surprising announcement by the Finance Minister, Habineza said: “We appreciate the positive step taken by [Government] by temporarily suspending the implementation of new property tax law. Let’s hope a lasting solution will be found. We will continue to be the voice of the people.” Since some people had already paid the annual land and property taxes as of February 2021, the finance ministry said the tax body will deduct the extra money paid, and that will be added to the taxes for 2022. Since the news came through, there has been overwhelming positive reaction from the public on social media and radio talk shows. For the Green Party, they will see this current development as one of their wins. Source: Green Party Celebrates “Positive Step” As Government Abandons Exorbitant Property Taxes – THE CHRONICLES
Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda rihagarariwe na Depite Dr. Frank Habineza ryashimye Guverinoma y’u Rwanda yumvishe gutaka kw’abaturage ikarekeraho umusoro wari usanzweho ku mutungo utimukanwa. Ku munsi w’ejo kuwa Kabiri nibwo Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yatangaje ko impinduka zari zabaye mu kwishyura umusoro ku mutungo utimukanwa urimo uw’ubutaka zibaye zikuweho, abantu bakazakomeza gusora uko basoraga mu 2019. Ni nyuma yo kwinuba kwa benshi bari bamaze igihe bagaragaraza ko uwo musoro uhanitse cyane bitajyanye n’ubushobozi bwabo. Minisitiri Ndagijimana yabwiye RBA ko umwaka utaha ari bwo hazakorwa isuzumwa ry’impinduka zari zashyizweho, ibyo iryo suzuma rizagaragaza akaba aribyo bizagenderwaho hagenwa umusoro mushya ku mutungo utimukanwa.Yavuze ko abari bamaze gusora umusoro wa 2020 bagendeye ku mpinduka zabaye mu itegeko, amafaranga arengaho bazayaheraho nibongera gusora. Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda riyoborwa na Dr Frank Habineza ryagaragaje ko ritewe akanyamuneza n’izi mpunduka , aho rivuga ko nubwo bitari iby’igihe kirambye ariko rishima Leta yumvise gutaka kw’abaturage bayo. Mu butumwa bwabo baragira bati: Turashimira Guverinoma y’u Rwanda ku ntambwe nziza yateye ikumva agahinda k’abaturage ku mpinduka k’umusoro w’ubutaka n’umutungo utimukanwa byagombaga gusoreshwa uyu mwaka. Nubwo icyemezo kirambye kitaraboneka twizeye ko nacyo kizagerwaho kandi tuzakomeza kuba ijwi ry’Abanyarwanda” Ikibazo cy’umusoro ku mutungo utimukanwa cyanagejejwwe kuri Perezida wa Repubulika ubwo yari mu Kiganiro n’abanyamakuru, nyuma w’ijambo rigaragaza uko igihugu gihagaze mu mwaka 2020 waranzwe na Covid-19. Perezida Kagame yavuze ko umusoro ukwiriye kuba ujyanye n’amikoro y’abaturage, gusa avuga ko nanone hataboneka igisubizo kibereye buri wese. Bimwe mu byagaragajwe nk’ibibangamiye abaturage mu Itegeko rishya, ni uko umusoro w’ubutaka kuri metero kare wakuwe ku mafaranga ari hagati ya 0-80, ugashyirwa ku mafaranga ari hagati ya 0-300. Itegeko ryavugaga ko inzu umuntu atuyemo atazajya ayisorera uretse umusoro w’ubutaka, mu gihe inzu zirenze kuri iyo atuyemo azajya azisorera. Umusoro ku nzu z’inyongera wavuye kuri 0.1 % by’agaciro kayo, ushyirwa kuri 1 % by’agaciro, bivuze ko wakubwe inshuro icumi. Ibipimo by’ikibanza byemewe ni metero kare 300. Itegeko rivuga ko uzajya amara igihe cyagenwe adakoresha ikibanza icyo cyagenewe azajya acibwa umusoro w’inyongera ungana na 100%, mu gihe ubutaka burenze kuri metero kare zagenwe azajya acibwa 50% y’inyongera kuri buri metero kare irenzeho. Source: Green Party yashimye Leta yumvishe gutaka kw’abaturage k’umusoro w’umutungo utimukanwa Rwanda Tribune
Democratic Green Party of Rwanda End of Year Message and Aspirations for 2021 As we come to the close of the year 2020, which was characterized by the COVID-19 Pandemic that left many families mourning the loss of their loved ones, we take on this moment to foremost comfort all those that lost their loved ones and express our gratitude to all front-line workers who sacrificed themselves to contain this pandemic in Rwanda. A big thank you thank to all Nurses, Doctors, others in the medical professional and our National Police in collaboration with all security organs who worked tirelessly to ensure our security and survival from this pandemic and other security threats. Despite being a challenging year, The Democratic Green Party of Rwanda, was able to conduct two national gatherings bringing together political bureau members from different parts of the country and recorded some milestones during 2020, for that we are grateful to all party members, supporters, media fraternity, National Consultative Forum of Political Organizations and the Government of Rwanda. During this year, DGPR got a third Parliamentarian, Hon. Alexis MUGISHA, who was elected a Senator by the National Consultative Forum of Political Organizations in Rwanda, this was a great milestone indeed. We are grateful to all Rwanda’s political parties and political organizations that entrusted him with that responsibility. DGPR was also able to strengthen party structures by practicing internal democracy where several members were elected to head key structures in the party leadership both on provincial level and the City of Kigali. Women greens also elected new leaders in the City of Kigali and the Ethics and Conflict Resolution Committee got new leaders. The party also developed a strategic plan, conducted an Organization Capacity Needs assessment, revised its communication strategy and made a mid-term review and evaluation of its Political Program/Platform. MPs representing the party in Parliament advocated for reforms on different policies, programs and legislation, on key issues benefiting the population. A lot has been published in the media and we are grateful the media fraternity for keeping the democracy banner raised in Rwanda. Looking ahead to 2021, we shall continue: strengthening party structures in the country, capacity building of party members, collaboration with different stakeholders and sectors, implementation of various party strategies, advocating for reforms or changes of government programs and policies in favor of citizens better welfare and environmental sustainability. On behalf of Democratic Green Party of Rwanda, we wish to thank you all for supporting us and promoting the democracy and well-being of Rwandans. Please accept our best wishes to you and your families for a wonderful holiday season and a healthy and prosperous New Year 2021. Dr.Frank HABINEZA [MP] President, Democratic Green Party of Rwanda
Ingingo imaze iminsi ivugwaho mu Rwanda ni ijyanye n’itegeko rigena inkomoko y’imari n’umutungo by’inzego z’imitegekere y’igihugu zegerejwe abaturage yagiyeho mu mwaka wa 2018, yongereye imisoro ku butaka, ubukode bw’inzu n’ibibanza bidakoreshwa. Kuva ryasohoka kugeza ubu ntabwo ryavuzweho rumwe ndetse mu mpera za 2019 urukiko rw’Ikirenga rwararegewe rusabwa gutesha agaciro zimwe mu ngingo zirigeza, icyakora imwe niyo yonyine yateshejwe agaciro. Bimwe mu byagaragajwe nk’ibibangamiye abaturage mu Itegeko rishya, ni uko umusoro w’ubutaka kuri metero kare wakuwe ku mafaranga ari hagati ya 0-80, ugashyirwa ku mafaranga ari hagati ya 0-300. Inzu umuntu atuyemo ntabwo izajya isoreshwa uretse umusoro w’ubutaka, mu gihe inzu zirenze kuri iyo atuyemo azajya azisorera. Umusoro ku nzu z’inyongera wavuye kuri 0.1 % by’agaciro kayo, ushyirwa kuri 1 % by’agaciro, bivuze ko wakubwe inshuro icumi. Ibipimo by’ikibanza byemewe ni metero kare 300. Uzajya amara igihe cyagenwe adakoresha ikibanza icyo cyagenewe azajya acibwa umusoro w’inyongera ungana na 100%, mu gihe ubutaka burenze kuri metero kare zagenwe azajya acibwa 50% y’inyongera kuri buri metero kare irenzeho. Green Party yanditse isaba ko itegeko rivugururwa Ishyaka rya Demokarasi no kurengera ibidukikije, Democratic Green Party of Rwanda, mu Ukwakira 2019 ryandikiye Perezida w’umutwe w’abadepite risaba ko iryo tegeko rivugururwa, ingingo zibangamye zigakurwamo. Iri shyaka ryavuze ko kuba ikibanza kidakoreshwa gicibwa umusoro w’inyongera wa 100 %, bivuze ko ikibanza kizajya gisoreshwa inshuro ebyiri. Bavuze ko bizabangamira umuturage ugishakisha ubushobozi bwo kucyubaka kubera ko atarabona ubushobozi cyangwa se atarabona ibyangombwa. Bavuze ko hari nk’abana baba barasigiwe ibibanza nk’umurage batarabona ubushobozi cyangwa se uwatse inguzanyo muri banki, akaba atararangiza kwishyura ku buryo yabona uburyo bwo guhita yubaka. Iri shyaka ryasabye ko iyo ngingo ivanwa mu itegeko. Ku kijyanye n’umusoro w’inyongera wa 50 % ucibwa metero kare irenze ku bipimo fatizo by’ikibanza, Green Party yagaragaje ko nabyo bitumvikana kuko ntaho itegeko rivuga ku muntu wabonye ubutaka abukomoye ku izungura, aho ashobora guhabwa uburenze ibyo bipimo. Basabye ko ubutaka butuweho ibipimo byabwo byakongerwa bukaba metero kare 500 aho kuba 300. Ababonye ubutaka babukomoye ku izungura, Green Party yasabye ko basonerwa n’iyo bwaba burenze ibipimo ntibasoreshwe inyongera. Iri shyaka kandi ryasabye ko uwo musoro w’inyongera nawo wagabanywa, aho kuba 50 % ukaba 5 %. Itegeko rishya ryazamuye ibiciro by umusoro w ubutaka n indi mitungo itimukanwa Kuba ubutaka bwubatseho inzu yo guturamo yagenewe icumbi ry’umuryango buzasoreshwa nubwo inzu yo itazasora, iri shyaka rivuga ko ibi bibangamye kubera ko ikibanza cyubatswemo icumbi ry’umuryango ubwacyo nta mafaranga kiba kiri kwinjiza. Basabye ko uwo musoro wavanwaho hagasigara hasoreshwa gusa ikibanza kirimo inzu ibyara inyungu cyangwa ikibanza gikorerwamo ibikorwa bibyara inyungu. Gusubiza inyuma ishoramari no gusubiza benshi mu bukene Green Party yavuze ko iri tegeko ritavuguruwe rishobora gukumira abashoramari kandi rigasubiza benshi mu bukene mu gihe igihugu kigifite 38 % bakiri mu bukene. Bagize bati “Rishobora kuzaca intege abashoramari bakwifuza kuza gukorera mu Rwanda bitewe n’umusoro usabwa ku mutungo utimukanwa ugizwe n’inzu n’ubutaka inzu yubatseho maze bakaba bahitamo kwigira gushora imari mu bindi bihugu aho umubarefatizo cyangwa ijanisha ry’umusoro n’amahoro ku mitungo itimukanwa bidahanitse, cyangwa aho bene iyo misoro n’amahoro ku mitungo itimukanwa bitaba. Mu gihe u Rwanda rugihanganye no kugabanya umubare w’abaturage bari mu bukene, Green Party isanga iri tegeko ridashobora gutuma bigerwaho kuko ritorohereza abakiri mu nzira yo kwiteza imbere. Bavuze ko kandi ubu banki nyinshi zatangiye kwifata ku gutanga inguzanyo ku bantu bafite umutungo w’ubutaka, kuko zifite ubwoba ko mu gihe umuntu atashoboye kwishyura inguzanyo ingwate igatezwa cyamunara, bashobora guhomba basanze hari imisoro atabashije kwishyura kuko ihanitse. Ibyo ngo byanatangiye gusubiza inyuma agaciro k’ubutaka kuko benshi bafite ubwoba bwo kugura ubutaka buzasoreshwa menshi cyangwa se bakaba basanga uwabugurishije hari imisoro atishyuye. Mu gihe Leta ishishikariza abaturage kubaruza ubutaka bwabo, Green Party isanga iri tegeko rizakumira benshi bashoboraga kubwandikisha, mu gihe bazabona barimo ideni ry’imisoro myinshi ku buryo nta nyungu zo kujya kubwiyandikishaho. Bagize bati abari batarabubaruza ntibabaye bakibubaruje kubera gutinya umusoro uri ku butaka bwa gakondo yabo bikazagira ingaruka ikomeye yo gukora igenamigambi kuko kumenya ndetse no gutahura nyir’ubwo butaka butabaruye bizagorana. Hari abaturage kandi bagiye bagaragaza ko kongera umusoro w’ubukode bishobora kubera umutwaro abaturage babayeho bakodesha kuko n’inzu zikodeshwa zizahenda, iterambere rikadindira. Inama Njyanama zasabiwe gucungirwa hafi Nubwo umusoro ku butaka uri hagati ya 0-300 Frw kuri metero kare, buri nama njyanama y’akarere niyo igena umusoro ukwiriye hashingiwe ku gaciro n’icyo ubutaka bwo muri ako gace bukoreshwa. Green Party yasabye ko hajyaho urwego rukurikirana ibyo uturere dukora kubera ko ngo akenshi dushyiraho imisoro dushingiye ku bibazo dushaka gukemura aho kuba ku gaciro n’icyo ubutaka bukoreshwa. Batanze urugero rwo mu karere ka Nyanza aho umusoro ku bishanga bya leta wavuye ku 4000 Frw kuri hegitari ; ushyirwa kuri 100.000 Frw. Ngo byateye impungenge kuko ababihingaga bashobora kubireka bikaba byatera ingaruka ikomeye yo kuzamuka kw’ibiciro by’ibiribwa. Mu gihe izo nzego kandi zisoresha ubutaka, ibibanza n’inzu zikodeshwa, Green Party yasabye ko mu musoro wishyurwa hajya habanza kuvaho 10 % yo gusana igikodeshwa ngo kitangirika na 10 % y’ubwishingizi bw’igikodeshwa. Green Party yasabye Inteko ko « kubera ko iryo tegeko ritishimiwe n’abanyarwanda benshi ndetse rikaba rishobora no gukumira abakwifuza kuza gushora imari mu Rwanda, ikindi uyu musoro ukaba uje kongerera abaturage umutwaro bikaba bishobora kuba inzitizi zo kwinjiza imisoro ku nzego z’ibanze, turasaba Inteko Ishinga Mategeko ko yakwemera Ishingiro ry’uyu mushinga wo kuvugurura iri itegeko.” Umuyobozi wa Green Party akaba n’umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, Dr Frank Habineza yavuze ko icyifuzo cy’ishyaka rye kitasuzumwe kuko yasabwe kugaragaza ahandi hazava amafaranga Leta yari kuzavana muri iyo misoro. Yabwiye IGIHE ko nubwo atarabona aho Leta izakura amikoro yavaga mu musoro, ngo ntaracika intege. Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana aherutse kuvuga ko hatangiye isuzuma ku bibazo abaturage bagaragaje kuri iryo tegeko. Inkuru bijyanye:Umusoro ku butaka wongerewe, hashyirwaho umwihariko ku bafite ibibanza bidakoreshwa Inshuti z’urukiko zirimo Transparency zavuze ko itegeko rigena umusoro ku bibanza n’inzu risa nk’iryaje guhana Sobanukirwa imiterere y’umusoro ku mutungo utimukanwa muri Kigali Uriya musoro urengeje urugero Ingabire Immaculée avuga ku gusorera umutungo utimukanwa Hari gusuzumwa imisoro ihanitse y’ubutaka imaze iminsi yinubirwa n’abaturage Source: https://www.igihe.com/ubukungu/article/ibyifuzo-bya-green-party-ku-musoro-w-ubutaka-ibibanza-n-inzu-ushobora-kongera
Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda akaba n’umuyobozi w’ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda, DGPR) ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Hon Dr Frank Habineza yavuze ko [ yatanze umushinga w itegeko rihindura, Itegeko rigena inkomoko y imari n umutungo by’inzego z’imitegekere y’igihugu zegerejwe abaturage, ari ryo ry ibanda k umusoro ukomoka ku] mutungo utimukanwa by’umwihariko ubutaka [n mazu] wagabanywa maze asabwa gushaka ahandi iyo [ingengo y imari ] izaturuka mu gihe yaramuka igabanyijwe [uwo musoro uvuyeho]. Dr Frank Habineza yavuze ko itegeko rishya ry’imisoro ku mutungo utimukanwa risa n’aho ryagiriyeho leta aho gufasha abaturage. Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, Depite Habineza yari mu kiganiro Ubyumva ute? cyo kuri KT Radio, aho yagaragaje ko iri tegeko rishya ry’umusoro rikandamiza abaturage ndetse n’abakabavugiye ari bo badepite bakarebera. Yavuze ko bigoye kwiyumvisha ukuntu umusoro umuntu yatangaga wikubye inshuro hafi 4 mu gihe ubukungu bw’igihugu n’abaturage muri rusange bwashegeshwe n’icyorezo cya Covid-19. Abajijwe icyo yakoze kuri icyo kibazo nk’intumwa ya Rubanda mu Nteko Ishinga Amategeko, Depite Frank Habineza yavuze ko ubwo ishyaka ahagarariye rya Democratic Green Party ryinjiraga mu Nteko ngo ryasanze itegeko ry’umusoro ryaratowe ariko [ ko yatanze umushinga w itegeko rihindura iririho, m Ukwakira 2018] asaba ko itegeko ry’umusoro risubirwamo ntibikunde. Yagize ati ”Natanze umushinga w’itegeko usaba ko itegeko ry’umusoro ryo muri 2018 risubirwamo, bansaba kubanza gushaka aho amafaranga yavaga muri uwo musoro azava nkuko itegeko ribivuga, kugeza n’ubu ndacyashaka aho ingengo y’imari yava ngo itegeko rivugururwe narahabuze” Umuyobozi w’Umuryango urwanya ruswa n’Akarengane, Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée, na we wari muri iki kiganiro, yanenze bikomeye abagize Inteko Ishinga Amategeko bitwa ko ari intumwa za rubanda ariko bagatora amategeko abakandamiza cyane cyane iri ry’umusoro ku mutungo utimukanwa. Ati ”Mperuka abagize Inteko Ishinga Amategeko babita intumwa za Rubanda, ubwo se niba ari bo batora amategeko akandamiza uwo rubanda, ubwo bakwiye gushaka ukundi bitwa aho kwitwa intumwa za Rubanda. Mu 2018, Leta yavuguruye itegeko rigenga umutungo utimukanwa mu Rwanda, riteganya ko umutungo utimukanwa (ubutaka n’inzu) uzajya wishyurirwa umusoro, aho kuba amahoro nk’uko byahozeho kuva mu 2012. Mu itegeko rishya, ibiciro byishyurwa ku misoro y’ubutaka kuri meterokare imwe byarazamuwe bivanwa hagati y’amafaranga 0 Frw kugera kuri 80Frw, bishyirwa hagati ya 0 Frw na 300 Frw. Mu kugena agaciro k’umusoro uzajya wishyurwa n’umudugudu runaka, hashingiwe ku ngingo eshatu, zirimo icyo ubutaka bugenewe gukoreshwa, urwego rw’iterambere ruri muri uwo mudugudu ndetse n’ibikorwaremezo biri mu mudugudu. Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’abaturage hamwe n’abanyamakuru ku wa Mbere tariki ya 21 Ukuboza 2020, Umuturage wo mu Mujyi wa Kigali yabajije Umukuru w’Igihugu ikibazo kuri uyu musoro, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana asobanura ko impungenge z’abaturage zumviswe kandi zatangiye gusuzumwa. Perezida Kagame yamwunganiye avuga ko nubwo uyu musoro utazavanwaho burundu, ariko hagiye gushakwa icyafasha abaturage benshi n’utagize ubushobozi agafashwa. Hamaze iminsi hari impaka mu baturage binubira izamuka ry’ibiciro by’imisoro ku bukode bw’ubutaka. Ingabire Marie Immaculée uyobora Transparency International Rwanda n’ubundi mu kiganiro aheruka kugirana na Ukwezi, yavuze ko iri zamuka rikabije kandi ko ababizamura baba birebyeho bakareba ubushobozi bafite bakirengagiza ko hari abaturage bakibayeho mu buzima bwo gusindagiza kandi na bo bafite ubutaka. Depite Frank Habineza wasabwe gushaka aho imisoro leta yinjirizwaga n’abasorera ubutaka yava mu gihe iriho yaba igabanyijwe, ni umwe mu banyapolitiki bakunze kumvikana mu bitekerezo bitandukanye by’umwihariko avuganira abaturage ku byo aba abona bibabangamiye kandi ku ngingo zimwe na zimwe ziba zagarutsweho n’Abagize Guverinoma mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda. Source: https://www.umubavu.com/amakuru/article/Depite-Frank-Habineza-yasabye-ko-umusoro-w-ubutaka-ugabanywa-ategekwa-gushaka-ahandi-iyo-misoro-izava
The opposition Democratic Green Party of Rwanda promises to make a plea for small businesses that have been affected by COVID-19 to have access to the 100 billion Frw Post-COVID-19 Economic Recovery Fund, according to Party President Dr. Frank Habineza. The conditions of access to this Fund limit the small farmer or informal trader who had a credit of 500 000 Frw to one million Frw, and who can no longer restart his business because of the losses related to COVID-19. It seems that it is the big companies and hotels that will benefit from this fund of 100 mds Frw. That s why Green party wishes for all those in the informal sector to have access to this fund said Dr. Frank Habineza. He made the remarks during the communication training and meeting of Political Bureau members of the Green Party, which was reviewing public access to information to deal with COVID pendamic. It was necessary to assess whether information on COVID-19 was well disseminated. We will verify if they are still people detained as a result of COVID-19 so that they can be released. Similarly, there are concerns that the country is accumulating more debts that will weigh on the future of the population. Information will be provided for further clarification. The other aspect concerns the present five-month long school term, which will likely require more budget, while the Ministry of Education hasnt decided on its reduction or increase of school fees. Similarly, some schools have started charging ten thousand Frws for the purchase of masks per student, but parents incomes are limited, said the Green Party President. He was pleased that his party had now reached maturity and that one of its members had just been elected a Senator by the Forum of Political Parties. It is a sign of a renewed confidence by partner parties and all Rwandans. Our candidate will work for the entire population and breath young blood into the Senators team, which is also made up of dynamic young Senators. We hope that we will get intergrated into all other organs of the state, including diplomacy. In the next local elections, our members will be encouraged to run for certain positions said the Green Party President. He welcomed the results achieved by his party. Already the teacher s salary has been increased by 20% per year. Green Party ran a campaign to increase the pay of the soldiers and the policemen. He revealed that reliable information reports that the soldier s salary has been increased by 75%, and that of the police officers by 50%. During that day, Green Party confirmed that 100 new members have joined the party. Elections were also held on the same day to establish the Conflict Resolution Committee within the Green Party. Three men and two women now form the Office of this Committee. (End) / Article edited Source: http://www.rnanews.com/green-party-promet-de-faire-un-plaidoyer-pour-que-les-petites-entreprises-aient-acces-au-fonds-de-recouvrement-post-covid-19/
Dr Frank Habineza, umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda akaba na Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije, Democratic Green Party, avuga ko bishimira uburyo ibyo bagiye bavuganiraho abaturage birimo gukorwa, muri ibyo hakaba harimo ko umushahara w’abasirikare wazamuweho 75%, uw’abarimu ukaba umaze kuzamurwaho 20% n’uw’abapolisi nawo ukaba urimo kuzamurwa. Ibi Dr Frank Habineza yabisobanuye ubwo bari mu nama ya biro Politiki y’iri shyaka, yigaga ku byerekeye itumanaho mu bihe by’icyorezo cya Coronavirus. Muri iyi nama, batangarije abarwanashaka ko bishimira uburyo iri shyaka rikomeje kubona imyanya yo kurihagararira mu nzego za Leta, nyuma yo kugira abadepite babiri ubu bakaba baranabonye umusenateri. Dr Frank Habineza yavuze ko bishimira kuba ibyo ishyaka ayoboye ryagiye risaba Leta bigenda bikorwa, muri ibyo hakaba hari harimo kuzamura umushahara wa mwarimu, umushahara w’abasirikare n’uw’abapolisi. Abarimu ngo bongerewe 10% kandi bagiye kongerwaho andi 10% naho abasirikare bongejwe 75% mu gihe n’abapolisi biri mu nzira bikorwa. By’umwihariko abarimu bo ngo banabasabiye ihahiro ryihariye kandi naryo ngo hari amakuru bafite ko bigeze kure binozwa. Dr Frank Habineza yabwiye Abanyamakuru ko hari n’ibindi bakomeje gusaba Leta kandi bizeye ko bizakorwa. Yagarutse ku mafaranga yagenewe abaturage agamije kubafasha kwikenura nyuma yo kuzahabwa n’icyorezo cya Covid, ikibazo gihari ngo akaba ahabwa abifite kuko ibisabwa usanga abayakeneye batabyigondera. REBA VIDEO BIRIMO BYOSE HANO : https://www.youtube.com/watch?v=SFiaCtIDrjM feature=emb_title Source: http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Umushahara-w-abasirikare-wazamuweho-75-n-uw-abarimu-uzamurwa-20-Dr-Frank-Habineza