Catégorie : News

Umusanzu wa Green Party wanyuze igihugu, Mugisha Alexis yemejwe bidasubirwaho muri Sena

Umusanzu wa Green Party wanyuze igihugu, Mugisha Alexis yemejwe bidasubirwaho muri Sena

mardi 29 septembre 2020

Iyi nkuru yanditswe na The Source Post: Byabaye ibirori bidasanzwe ubwo Dr Habineza Frank uyobora ishyaka Democratic Green Party of Rwanda yemererwaga kuba umudepite mu Rwanda. Ni urugamba barwanye amanywa n’ijoro, rwaranzwe no kwihanganira byinshi byaje kurangira iri shyaka rigize abadepite babiri mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda. Iri shyaka ryabonye n’undi mwanya mushya mu nteko ishinga amategeko nyuma yuko Mugisha Alexis atorewe n’ihuriro ry’imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda, kuba umusenateri. Ni intambwe yari itewe ariko ikeneye ko umusifuzi yemeza niba Mugisha yakwemezwa nka Senateri nyuma yo kureba niba koko nta miziro afite yatuma adahabwa izi nshingano; yujuje ibisabwa. Uyu munsi kuwa Gatanu tariki 25 Nzeri 2020, Urukiko rw’Ikirenga rwatangaje ko rwasuzumye dosiye ya Madamu MUKAKARANGWA Clotilde na Bwana MUGISHA Alexis rusanga bujuje ibisabwa n’amategeko, rukaba rwemeje ko baba abasenateri bahagarariye ihuriro ry’imitwe ya politiki. Intambwe bateye ibarenza kuba abasenateri b’iri huriro ahubwo bakaba abahagarariye abanyarwanda bose mu nteko ishinga amategeko. Democratic Green Party ni ishyaka rivuga ko ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho mu Rwanda. Kwemera politiki yaryo ni uko ritarangwa n’amacakubiri cyangwa ikindi cyatatanya abanyarwanda. Ku rundi ruhande iri shyaka ryagiye ritanga ibitekerezo rigaragaza byinshi bikwiye gukorwa, bazakora bageze ku butegetsi[Ubwo biyamamarizaga umwanya wa Perezida wa Repubulika n’uw’abadepite]. Ibyo birimo ‘kunoza’ politiki ya mituweli, umaze kwishyura amafaranga asabwa akajya ahita yemererwa kwivuza, atarindiriye ukwezi uko byahoze mbere. Ibi byarangiye gukurikizwa. Ikindi bashyize imbere ni ibyo ‘kunoza’ gahunda yo kugaburira abana ku ishuri, ku buryo n’abiga mu mashuri abanza bajya bagaburirwa ku ishuri. Ibi nabyo leta yamaze kubyemeza. Iby’ishyirwa mu bikorwa ry’ibiri muri gahunda politiki y’iri shyaka byemejwe na Dr Frank Habineza, Umuyobozi w’iri shyaka ubwo ryiyamamarizaga mu matora y’abadepite mu karere ka Rubavu ku wa Gatanu tariki ya 17 Kanama 2018. Habineza avuga ko muri ayo matora yiyamamajemo mu mwaka wa 2017 n’ubwo atabashije kuyatsinda hari impinduka ishyaka rye ryifuzaga zamaze gushyirwa mu bikorwa. Atanga ingero z’aho bifuzaga ko uwishyuye mituweli atategereza igihe cy’ukwezi ngo abone kwivuza. Aha yerekana ko Guverinoma ibicishije mu kigo cyayo gishinzwe imicungire ya mituweli yagennye ko uwishyuye mituweli ahita yivuza. Akomoza ku bijyanye no kurindisha u Rwanda icyogajuru, Habineza yerekana ko iki nacyo guverinoma iri kubishyira mu bikorwa, kuko byatangajwe ko u Rwanda rushobora kubona icyogajuru cya mbere mu 2020[byarangiye u Rwanda rugize icyogajuru].. Ku bijyanye na pansiyo nabwo iri shyaka ryasabaga ko yongerwa, kuri uru rwego ngo hari ibyakozwe, kuko yongerewe. Ku bijyanye n’ubuzima nabwo ngo yasabaga ko buri kagari kagira ikigo nderabuzima, Habineza asanga leta iganisha ubuzima muri iki cyifuzo, kuko hari henshi byamaze gukorwa. Amacumbi y’abakora mu nzego z’umutekano ni kimwe mu byo Green Party yashyiraga imbere ko izihutira gukemura. Yishimira ko guverinoma yatangiye kubyumva ndetse ikabishyira mu bikorwa, kuri ubu abapolisi bakaba baratangiye guhabwa amacumbi bubakiwe mu kigo cyabo kiri ku Kacyiru. Byakozwe mu ntangiriro z’Ugushyingo 2017, ubwo Polisi y’u Rwanda yatahaga amacumbi azakira abapolisi 1500. Ku bijyanye no gufungura abaturage, nabyo ngo hari abagiye bafungurwa. Habineza ati ” Iby’amacumbi byabaye nyuma y’amezi nk’abiri gusa turangije ibikorwa byo kwiyamamaza. Hari n’ibindi byakozwe hari n’ibizakorwa… Amajwi yanyu twarayishimiye n’ubwo tutatsinze. Ntabwo twaruhiye ubusa kubera ibi byose byakozwe. ” Akomeza avuga ko imigambi ishyaka ayobora rishyize imbere ari igamije impinduka mu Banyarwanda, no muri aya matora ateganyijwe imbere bateganyije iyo migambi. Iri shyaka ariko ntirirasubizwa ku bijyanye na gahunda yaryo yo gukora ubuvugizi ubutaka abanyarwanda batunze bukavanirwaho imisroro nka gakondo yabo itagomba gusoreshwa nkuko iri shyaka ribivuga. The Source Post yigeze gukurikirana ibitekerezo bya Mugisha Alexis Mu mwaka wa 2017 na 2018 mu bikorwa byo kwiyamamaza mu matora y’abadepite n’aya perezida, The Source Post yahuye kanshi na Mugisha, umugabo w’unuhanga ucisha make wahoraga hafi ya Dr Habineza banoza ubutumwa bageza ku banyarwanda basabaga amajwi. Kuwa Gatanu tariki ya 17 Kanama 2018 ubwo Green Party yiyamamazaga mu murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu mu matora y’abadepite, umwanya munini wahawe Bwana Mugisha Alexis. Icyo gihe uyu wari mu bakandida depite b’iri shyaka yavuze ko abaturage bagorwa n’ingendo cyane izo mu mazi mu gace ka Rubavu n’ahandi. Mugisha Alexis uwa gatatu uvuye kuri Dr Habineza Akomeza avuga ko iyo batorwa bari gutegura uburyo bwo guha ubumenyi abatwara ayo mato, akiyongera kandi abayatega bagacibwa amafaranga make. Ari aho i Kanama muri santere ya Mahoko yongeyeho ko bazafasha guteza imbere ubucuruzi, Green Party igashyiraho itegeko rigena ibigo bizateza imbere abacuruzi bikaborohereza. Ufite igishoro cya miliyoni ebyiri kumanura ntasore. Ikindi ni ugushyiraho itegeko rifasha abikorera ki giti cyabo, bagahugurwa, bagahabwa ubumenyi ku bijyanye no kohereza ibintu hanze. Yasezeranyije guteza imbere inganda ziciriritse n’izikomeye, harwanywa imyuka yangiza ikirere. Izo nganda zizaba zirimo izitunganya ibikomoka ku buhinzi ndetse n’itunganywa ry’umugezi wa Sebeya wakunze kwangiza imitungo y’abaturage rimwe ikabatwara n’ubuzima bwabo. Source: http://thesourcepost.com/index.php/2020/09/25/umusanzu-wa-green-party-wanyuze-igihugu-mugisha-alexis-yemejwe-bidasubirwaho-muri-sena/

Lire la suite
Rwanda Democratic Green Party member, Alexis MUGISHA elected to the Rwandan Senate.

Rwanda Democratic Green Party member, Alexis MUGISHA elected to the Rwandan Senate.

samedi 26 septembre 2020

Members of the National Consultative Forum of Political Organisations in Rwanda on Thursday, 24th September 2020, elected both Mr.Alexis Mugisha and Ms.Mukakarangwa Clotilde to the Rwandan Senate as stipulated by the Rwandan Constitution. Both were confirmed yesterday by the Supreme Court. Mr.Alexis Mugisha, is the Commissioner General of the Democratic Green Party of Rwanda and has been a party member since its inception in 2009. He holds a Bachelor’s degree in Physical and Human Geography and finalising a master’s degree in Environmental and Development Studies. The Democratic Green Party of Rwanda also has two Members of Parliament since September 2018. We would like to express our sincere gratitude to the Electorate, who entrusted him with this big responsibility. Done at Kigali, 26th/9/2020 Dr.Frank Habineza [MP] President, Democratic Green Party of Rwanda

Lire la suite
Mugisha Alexis wa Green Party na Mukakarangwa Clotilde wa PDC batorewe kuba Abasenateri

Mugisha Alexis wa Green Party na Mukakarangwa Clotilde wa PDC batorewe kuba Abasenateri

jeudi 24 septembre 2020

Ihuriro ry’Igihugu ry’imitwe ya Politiki mu Rwanda ryatoreye Mukakarangwa Clotilde ( wa PDC) na Mugisha Alexis (wa Green Party) kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe wa Sena basimbuye babiri basoje manda yabo. Aba basenateri batowe n’inama rusange y’iri huriro igizwe n’abanyamuryango 44 aho buri mutwe wa politiki uba uhagarariwe n’abantu bane. Mugisha afite icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza, akaba ari gukora icyiciro cya gatatu mu bijyanye n’iterambere no kurengera ibidukikije. Yatowe ku majwi 34. Yagiye akora imirimo itandukanye yiganjemo iyo kurengera ibidukikije, kuri ubu ni Umugenzuzi w’umwuga mu bijyanye no kurengera ibidukikije. Mukakarangwa Clotilde we yagize amajwi 36. Ubusanzwe akora mu Kigo cy’Imisoro n’Amahoro. Si ubwa mbere agiye kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko kuko yamazemo imyaka itandatu aho yanabaye Visi Perezida wa Komisiyo y’Ubukungu n’Ubucuruzi. Yanakoze muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ndetse yigeze no kuba Umuvugizi w’iri huriro. Afite icyiciro cya gatatu cya Kaminuza mu by’ubukungu. Aba basenateri baziyongera ku bandi bane bazashyirwaho na Perezida wa Repubulika, kugira ngo basimbure batandatu bazasoza manda mu Ukwakira uyu mwaka. Amazina y’aba batowe agomba guhita ashyikirizwa Urukiko rw’Ikirenga mu gihe kitarenze iminsi itatu, rukaba arirwo ruzabemeza nyuma yo kugenzura ko bujuje ibisabwa. Manda ya gatatu ya Sena yatangiye tariki ya 17 Ukwakira 2019. Icyo gihe Abasenateri barahiye bari 20, barimo bane bashyirwaho na Perezida wa Repubulika, babiri batorwa n’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya politiki, babiri batorwa muri Kaminuza n’amashuri makuru na 12 batorwa hashingiwe ku nzego z’imitegekere y’igihugu. Batandatu bagiye gusoza manda zabo barimo bane bashyizweho na Perezida wa Repubulika ari bo Senateri Karangwa Chrysologue, Senateri Karimba Zéphilin, Senateri Uwimana Consolée na Senateri Nyagahura Marguerite mu gihe abandi babiri ari bo Senateri Uyisenga Charles na Senateri Mukakarisa Jeanne D’Arc bashyizweho n’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya politiki. Mukakarangwa Clotilde ni ubwa kabiri yinjiye mu Nteko Ishinga Amategeko kuko yigeze kuba UmudepiteMugisha Alexis yatorewe kuba Umusenateri nyuma yo gutorwa n imitwe ya politiki n amajwi 34]Frank Habineza uyobora Green Party ni umwe mu bari bitabiriye aya matoraUmunyamabanga Mukuru w Umuryango FPR Inkotanyi, Ngarambe François, yari yitabiriye aya matoraOdette Nyiramilimo wo muri PL yari yitabiriyeUmuyobozi w Ishyaka ry abakozi mu Rwanda , PSR, Rucibigango Jean Baptiste Amafoto: Himbaza Pacifique Source:https://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mugisha-na-mukakarangwa-batorewe-kuba-abasenateri

Lire la suite
Ishyaka Green Party rigeze he riha abaturage ibyo ryabasezeranyaga ryiyamamaza?

Ishyaka Green Party rigeze he riha abaturage ibyo ryabasezeranyaga ryiyamamaza?

mardi 25 août 2020

UMUBAVU waganiriye n’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka Riharanira Demokorasi no Kurerengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda (DGPR), Depite Ntezimana Jean Claude agaruka byimbitse kubyo bagiye biyemeza kimwe n’ibyo bagiye bemerera abaturage bageze babishyira mu bikorwa. Ishyaka Ishyaka Green Party si rishya mu matwi y’abantu kuko ubu ryicaye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda nyuma yuko mu matora aheruka y’Abadepite ryegukanye imyanya ibiri aho rihagarariwe na Perezida waryo, Dr Frank Habineza kimwe n’Umunyamabanga Mukuru waryo, Ntezimana Jean Claude. Dr Habineza Frank kuri ubu ni Umudepite ubarizwa muri Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage aho ari Visi-Perezida wayo mu gihe mugenzi we Ntezimana Jean Claude we akorera muri Komisiyo ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu (PAC). Aba binjiye mu Nteko y’u Rwanda nk’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho nyuma yuko babonye amajwi 5% mu matora abemerera kubonamo intebe. Byari ku nshuro ya mbere Ishyaka Green Party ryitabiriye amatora y’Abadepite ariko ryari mu matora aheruka y’Umukuru w’igihugu, aho umukandida waryo Dr Frank Habineza yabonye amajwi 0.48%. Mu kiganiro kirambuye UMUBAVU wagiranye n’Umunyamabanga wa Green Party akanaba Umudepite mu Nteko y’u Rwanda, Ntezimana Jean Claude yagarutse ku byo bamaze kugeraho n’icyo bari gukora by’umwihariko avuga ko kuba ngo batarabashije gutsinda amatora y’umukuru w’igihugu yo mu 2017, bitoroshye kuba ibyo basezeranyije abaturage birimo nko kubasubiza ubutaka bwabo nka gakondo yabo byageraho ijana ku ijana (100%). Kuri ibi Depite Ntezimana yagize ati Hari byinshi cyane twasezeranyije abaturage ni byo, hariho bimwe ndetse mu byo twavuze nubwo tuta kuko twatangiye muri 2017 twiyamamaza ku mwanya Perezida wa Repubulika, nibwo twashoboye gusohora Manifesto dutangaza ibyo tuzakorera abaturage nibaramuka badutoye, nkuko rero mwabibonye ntabwo badutoye . Avuga ko kuba abaturage batarabatoye ngo bayobore igihugu, n’ibyo babasezeranyije bitagerwaho 100%, ati Kuba rero bataradutoye kuba twayobora igihugu, bivuze nyine ko n’ibyo twasezeranyije ijana ku ijana bitashoboka ko bigerwaho . Ngo ntibacitse intege nyuma yo gutsindwa amatora y’umukuru w’igihugu, bakomereje no mu matora y’abadepite babonamo imyanya ibiri mu Nteko y’u Rwanda, ati Muri 2018 ntitwacitse intege twashoboye gukomeza noneho Manifesto turayivugurura twongeramo bimwe turayikomeza, 2018 rero nabwo ntabwo twatsinze amatora 100% ariko twashoboye gutsinda ku buryo tubona abantu babiri bahagararira ishyaka mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda . Izi ntebe ebyiri ishyaka Green Party ryabonye mu Nteko ngo zabahaye aho kuvugira, ati Ibyo rero byaduhesheje uburenganzira bumwe mu bwo twifuzaga, dushobora kubona ijwi/amajwi ndetse dushobora kugira aho tuvugira, twaravugaga ariko noneho twabonye intebe aho tuvugira dushobora gutangaza tukavuga ngo ’ibi turabyemeye ibi turabyanze’ . Avuga ko mu Nteko hatorerwa amategeko kimwe no kugenzura ibikorwa bya Guverinoma kandi ngo umusanzu wabo barawuhatangira, ati Hariya rero hatorerwa amategeko, na none hariya ni urwego rushinzwe kugenzura Guverinoma, ibyo bikaba bikorwa umunsi ku wundi, umusanzu wacu rero turawutanga . Agaragaza ko mu bikorwa byabo byose nk’Abadepite mu Nteko, ibyo bakora babikora nk’Abadepite bo mu ishyaka rya Green Party, ati Hari n’ibyo tubaza abayobozi bo muri Guverinoma, iyo tubabaza tubabaza nk’Abadepite ni byo ariko na none abadepite bagira aho bava, ubwo icyo nshatse kuvuga kirumvikana tuba tubabaza nk’abadepite baturuka ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda . Tuba tuvugira rubanda muri rusange ariko n’ubundi ishyaka twashinze ni iryo kuvugira rubanda muri rusange, aho rero niho tugaragariza umwihariko wacu tukaba twatanga ibitekerezo byubaka, tukaba twatanga n’ibitekerezo bishya, tukaba twagira n’ibyo dusaba bihari byavugururwa igihe tubona ko bitadushimishije . Depite Ntezimana avuga ko hari n’igihe batora (nk’amategeko) bakabyanga, ati Iyo bibaye ngombwa hari nubwo dutora/batora tukabyanga tukavuga ko tutabyemeye igihe twumva ko mu mahame yacu tutabyishimiye, tugatora oya . Abajijwe niba ijwi ryabo nk’abadepite babiri ba Green Party ryaba ryumvikana imbere y’abadepite basaga 40 muri 53 batorwa b’ishyaka FPR riri ku butegetsi n’abandi bo mu yandi mashyaka cyangwa niba hari abandi baba babatera ingabo mu bitugu bagashyigikira igitekerezo cyabo kugeza ubwo cyanatorwa, yavuze ko mu Nteko haba impaka. Atanga urugero rw’ubwo batoraga Itegeko rijyanye n’abakozi ba Leta, rishyiraho ibigo, kugabanya ibigo, akavuga ko ngo impaka zabaye Itegeko rikamara iminsi ritaratorwa bataha bagaruka, ngo hari nubwo bahawe umwanya barasohoka hanze bajya kubyigaho, akavuga ko aribwo yarabonye impaka kuva yagera mu Nteko Ishinga Amategeko. Ngo habayeho no kubara amajwi, n’amajwi ngo baratsinda abatabishaka baba benshi barasohoka, ibi akabishingiraho avuga ko nubwo ngo baba babiri batanga igitekerezo cyabo kikumvikana, ati Bivuze ngo nubwo twaba babiri dushobora gutanga igitekerezo n’abandi bakacyumva, uwo munsi byaragaragaye yuko ibyo twumva n’abandi babyumva . Akomeza avuga ko igitekerezo giteguwe neza kigira uruhare runini kuruta umubare, ngo cyasonnye neza n’uwo muri FPR yagitora, ati Igitekerezo kigira uruhare runini cyane kuruta n’umubare, iyo wagiteguye neza kandi kigasona neza mu matwi y’abantu n’abo muri FPR bashobora kugitora, bakavuga bati ’nubwo gitanzwe n’uturutse muri Green Party twe kwita ku ngofero turebe icyo avuze . Iki kiganiro UMUBAVU wagiranye na Depite Ntezimana cyagarutse kuri byinshi birimo n’ibijyanye n’imibereho myiza y’abaturage dore ko Perezida wa Green Party, Habineza, akorera muri Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage mu Nteko, ihindurwa ry’Itegeko Nshinga n’ikirego kijyanye na byo Green Party yigeze kujyana mu Nkiko. Cyagarutse kandi ku byagiye bivugwa ko Green Party ibyo yagiye ikora bimwe yabitumwaga n’ishyaka FPR riri ku butegetsi bakanabisanisha ko ngo mu Rwanda nta Opozisiyo ihari, ibi Depite Ntezimana akavuga ko bivugwa n’ababagirira ishyari kuko bo byabananiye kubikora. Depite Ntezimana kandi yakomoje mu mateka akubiyemo urugendo rutari rworoshye Ishyaka Green Party ryanyuzemo kugeza rishinzwe ku mugaragaro mu mwaka wa 2013, ibijyanye n’icyemezo cya Leta cyo kwigisha mu rurimi rw’Icyongereza iri shyaka riherutse kwamagana n’ibindi byinshi. Uretse ibi byose bisobanurwa na Depite Ntezimana nk’umunyamabanga wa Green Party, na Depite Frank Habineza aherutse kubwira imwe muri Televiziyo zikorera kuri Murandasi ya ’Real Talk’ ko hari impinduka ishyaka rye ryazanye mu miyoborere y’u Rwanda, aho yagarutse ku bitekerezo byagiye bitangwa n’ishyaka abereye umuyobozi bikagirira Abanyarwanda umumaro. Bimwe mu bitekerezo yagarutseho, harimo icyo gukuraho uburyo bw’ibyiciro by’ubudehe mu itangwa rya buruse za Kaminuza, gusaba ko umunyarwanda wishyuye Mituweri ahita atangira kwivuza, no gukurikirana itangwa ry’imfashanyo leta yageneye abaturage mu bihe bya Covid-19 n’ibindi. Dr. Habineza yavuze ko byinshi mu bitekerezo batanze byagiye byumvwa n’abo bireba bimwe bishyirwa mu bikorwa. Kugeza ubu mu Rwanda hari amashyaka abiri yivugira ko atavuga rumwe n’ubutegetsi ari yo Democratic Green Party of Rwanda na Ps Imberakuri yombi akaba anafite imyanya 4 mu Nteko Ishinga Amategeko yegukanye mu matora y’Abadepite aheruka. Gusa ntabwo aratangira guhagararirwa muri Guverinoma nubwo abayayobora bemeza ko bafite indoto zo kuzayobora igihugu. Kuvuga ko atavuga rumwe n’ubutegetsi, hari bamwe mu bakurikiranira hafi politiki y’u Rwanda, bavuga ko nta we ukwiye kuvuga ko atavuga rumwe n’ubutegetsi mu gihe nta mpinduka zifatika uri muri uwo murongo agaragaza mu buzima bw’abaturage. Hari abandi kandi bavuga ko kutavuga rumwe n’ubutegetsi hari abantu babyumva nk’intamabara yeruye nyamara ari ibitekerezo biba bihanganye. Ihuriro nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya politiki mu Rwanda rihurije hamwe amashyaka 11 arimo Green Party na Ps Imberakuri yaryinjiyemo vuba aha nk’atavuga rumwe n’ubutegetsi. Source: https://umubavu.com/amakuru/article/Ishyaka-Green-Party-rigeze-he-riha-abaturage-ibyo-ryabasezeranyaga-ryiyamamaza

Lire la suite
Umuntu wambaye amapingu ntakwiye kuraswa n’ugutwi- Ishyaka Green Party

Umuntu wambaye amapingu ntakwiye kuraswa n’ugutwi- Ishyaka Green Party

mardi 25 août 2020

Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party), Depite Ntezimana Jean Claude, yatangaje ko ishyaka rye ritemera kandi ryamagana iraswa ry’abantu baba bambaye amapingu bikavugwa ko bashatse kurwanya cyangwa gutoroka inzego zishinzwe umutekano. Yabitangaje kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Kanama, mu kiganiro yagiranye na BWIZA TV cyagarukaga ku buzima bw’igihugu muri rusange ndetse n aho ririya shyaka rigeze rishyira mu bikorwa ibyo ryemereye Abanyarwanda. Umunyamabanga Mukuru w Ishyaka Green Party, Depite Ntezimana Jean Claude, yavuze ku ngingo nyinshi maze anagaruka ku bikunze kuvugwa ko hari abantu barashwe na Polisi bagerageza gutoroka, maze avuga ko usibye no kuraswa n’ukuguru cyangwa ukuboko ntawe ukwiye kuraswa n’ugutwi mu gihe afungishije amapingu. Yagize ati: Uretse no kuraswa ukuguru cyangwa ukuboko, ubundi umuntu wambaye amapingu ntakwiye kuraswa n’ugutwi. Nta rugingo na rumwe rukwiye kuraswa kuko umuntu wambaye amapingu aba aboshywe ntashobora kugucika, n’umwana muto yamufata.” Yongeyeho ko kandi ubundi mu gihe umuntu agikekwaho ibyaha adakwiye gufatwa ngo afungwe, ngo yagakwiye gucungirwa umutekano, agafatwa neza kugeza igihe iperereza rizagaragaza niba koko ari umunyabyaha. Depite Ntezimana yatangaje ibi mu gihe hirya no hino mu gihugu hamaze igihe humvikana iraswa ry’abantu, inzego zishinzwe umutekano zigasobanura ko babanje kuzirwanya cyangwa bagerageza kuzicika. Ni ingingo ukunze gugarukwaho na benshi bibaza impamvu Polisi ihora itanga ibisobanuro bimwe. Polisi y’u Rwanda mu kiganiro yahaye abanyamakuru tariki ya 3 Mutarama uyu mwaka, Umuvugizi wayo, CP John Bosco Kabera, yasobanuye ko Polisi itarasa abambaye amapingu, gusa umupolisi akaba ashobora kurasa umunyabyaha wanze kumvira amabwiriza cyangwa se ushaka gucika. Ati: “Nta mupolisi wafunga umuntu amapingu ngo narangiza ngo amurase.” Umuvugizi wa Polisi yakomeje avuga ko iyo bigaragaye koko ko polisi yarashe umuntu wambaye amapingu, hakorwa iperereza uwabigizemo uruhare akabihanirwa. Ikiganiro kirambuye na Depite Nzezimana wakireba hano : https://www.youtube.com/embed/0ZmCgjPy5D0 Source: http://bwiza.com/?Umuntu-wambaye-amapingu-ntakwiye-kuraswa-n-ugutwi-Ishyaka-Green-Party-Video fbclid=IwAR0HrgILprUvo3sVUQp-SsCgOlrWCgtFDY2ADfAVRvvWMx1wHEXXwXnvV9k

Lire la suite
DGPR yasabye Guverinoma kurenganura abafungiwe ubusa

DGPR yasabye Guverinoma kurenganura abafungiwe ubusa

jeudi 13 août 2020

Dr Frank Habineza, Umuyobozi w’ishyaka Democratic Green Party akaba n’umudepite mu Nteko Ishingamategeko y’u Rwanda, yasabye Leta gutanga ubutabera ku bantu bafungiye akarengane mu magereza yo mu Rwanda mbere y’uko inama ya CHOGM iterana. Mu kiganiro yagiranye na Real Talk Channel, Dr Habineza yagarutse ku mpinduka ishyaka rye ryazanye mu miyoborere y’u Rwanda, aho yagarutse ku bitekerezo byagiye bitangwa n’ishyaka abereye umuyobozi bikagirira Abanyarwanda umumaro. Bimwe mu bitekerezo yagarutseho, harimo icyo gukuraho uburyo bw’ibyiciro by’ubudehe mu itangwa rya buruse za kaminuza, gusaba ko umunyarwanda wishyuye mituweri ahita atangira kwivuza, no gukurikirana itangwa ry’imfashanyo leta yageneye abaturage mu bihe bya Covid-19. Dr. Habineza avuga ko byinshi mu bitekerezo batanze byagiye byumvwa n’abo bireba bimwe bishyirwa mu bikorwa. Mu byo Ishyaka Green Party yifuza ko byanozwa , harimo no kugerageza gutanga ubutabera ku bantu bari mu magereza y’u Rwanda bavuga ko bafungwe akarengane, bigakorwa mbere y’uko inama ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bikoresha ururimi ry’Icyongereza CHOGM iteranira i Kigali mu Rwanda muri Kamena 2021. Yagize ati”Icyo twifuza ni uko abavuga ko barenganijwe muri gereza zo mu Rwanda bahabwa ubutabera, ibi bikaba mbere yuko inama ya CHOGM iterana. Turasaba Guverinoma kubyigaho. Depite Habineza kandi yavuze ko n’ubwo ari mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, bitavuze ko adafite inshingano zo guhuriza hamwe n’indi mitwe ya Poliki mu gushakira hamwe iterambere ry’u Rwanda. Source: Bwiza.com Real Talk Channel Rwanda: https://www.youtube.com/watch?v=yidSgBQYU7w

Lire la suite
Ishyaka Democratic Green Party ryamaganye ibyo kwigisha mu cyongereza

Ishyaka Democratic Green Party ryamaganye ibyo kwigisha mu cyongereza

jeudi 13 août 2020

Ishyaka ritavuga rumwe na Leta ‘Democratic Green Party of Rwanda’ ryamaganye icyemezo cy’uko guhera mu mwaka w’amashuri utaha, abanyeshuri bose kuva mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza bagiye kujya biga mu rurimi rw’icyongereza. Riravuga ko ingaruka mbi z’iki cyemezo zitazatinda kwigaragaza. Hari abaturage bavuga ko iki cyemezo ari kiza kuko abana bazarushaho kumenya indimi z’amahanga. Imiryango itari iya leta ikora k’uburezi ivuga ko ireme rishobora kuzasubira inyuma, ariko ikigo cy’igihugu cy’uburezi REB kigaragaza ko iyi gahunda izazamura imyigire y’abana. REBA INKURU IRAMBUYE MU MASHUSHO: https://www.youtube.com/watch?v=c4IsSfZcpTY feature=emb_logo Source: https://flash.rw/2020/08/05/ishyaka-green-party-ryamaganye-ibyo-kwigisha-mu-cyongereza/?fbclid=IwAR0TLChZ8oLWRUNMfBonSSuiQr1M24JeOxYDTStmqUnluu_Mrj-Ah-uXe4Q

Lire la suite
Conflit Egypte-Ethiopie : Le Député Rwandais Frank Habineza propose à l’UA de créer un comité technique pour éviter la tension

Conflit Egypte-Ethiopie : Le Député Rwandais Frank Habineza propose à l’UA de créer un comité technique pour éviter la tension

lundi 20 juillet 2020

La recherche d’une solution pour le conflit Egypte-Ethiopie autour du Barrage de la Renaissance arrive à un point d’impasse qu’il revient maintenant à l’Union Africaine (UA) d’amorcer urgemment une médiation après l’échec des pourparlers sous la médiation des USA et de la Banque Mondiale. L’Ethiopie a déjà commencé à remplir le barrage, selon les photos par satellites. Alors que l’Egypte s’oppose à ce remplissage non convenu entre les deux parties, et qui risque de réduire le niveau d’eau du Nil. Ce qui pourrait provoquer un maque d’eau en Egypte pour irriguer les terres et nourrir ce pays qui dépend exclusivement des eaux du Nil pour sa survie agricole. L’inquiétude d’une tension montante est perceptible Les négociations entamées sous la facilitation des USA et la Banque Mondiale n’ont pas réussi à mettre l’Egypte et l’Ethiopie sur un accord. Pour éviter des affrontements belliqueux ente les deux pays, et même le bombardement du barrage par l’Egypte, ce qui est possible et prévisible en cas d’absence d’accord, le Député rwandais Frank Habineza dit que l UA comme organisation panafricaine doit mettre en urgence un comité technique qui réunirait l’Egypte et l’Ethiopie et même le Soudan dans un pays neutre afin de reprendre des négociations et déboucher sur une entente de gestion convenue des eaux par les deux pays. Hon. Habineza a tenu ces propos hier soir lors d’une émission radiodiffusée sur la Radio Rwanda, et qui se focalisait sur le conflit créé par le Grand Barrage Ethiopien. Initialement, l’accord de 1929 donnait priorité à l’Egypte de superviser tout projet de gestion des eaux du Nil par les neuf pas riverains de ce fleuve. Aucun pays ne pouvait utiliser ces eaux pour tel projet important sans l’accord de l’Egypte. Mais cet accord de 1929 béni par le Royaume Uni au temps de la colonisation est devenu caduc et inadapté au temps présents. Les neuf pays riverains du Nil n’ont pas encore tous signé un Traité la gestion convenue des eaux de ce fleuve. Pourtant, un nouveau Traité est nécessaire pour remplacer ces textes de références inappropriés et pour éviter des tensions autour des eaux du Nil et de leur utilisation. La construction de ce Grand barrage a démarré en 2011 en Ethiopie. Long de 1,8 kilomètre et haut de 145 mètres, avec une capacité de 74 milliards de mètres cubes, cet ouvrage hydroélectrique, le plus grand d Afrique, devrait s’achever en 2022. L’Ethiopie estime qu’elle est dans ses droits d’utiliser sa propre ressource naturelle en eau sur son sol pour assurer la survie, le bien-être et la prospérité de sa population. Raison pour laquelle l’Ethiopie a construit ce premier grand barrage africain qui devrait fournir 6000 KWatt d’électricité. Il est prévu que cette énergie soit même exportée dans les pays de la région de l’Est. L’idée est grandiose. Mais l’Egypte rétorque que ce projet risque de priver son agriculture d’une quantité importante d’eau pour son irrigation. Cela s’entend, car l’Egypte est désertique et dépend des eaux du Nil. Certains Experts estiment que l’Egypte devrait consentir de donner à l’Ethiopie en contrepartie quelque chose à définir, surtout que l’Egypte dispose d une ressource naturelle qui est le pétrole. C’est de l’argent aussi cela. Si l’Ethiopie lui donne son eau dont elle a besoin pour la croissance de son économie, pourquoi l’Egypte ne comprendrait pas qu’une réciprocité s’impose ? Voilà autant de points sensibles que la diplomatie de l’UA doit approfondir et amener chaque partie à adopter une attitude qui évite le conflit ente les deux pays. Sans que nécessairement un pays se sacrifie pour l’autre. Il est grand temps que le bon sens triomphe maintenant pour éviter le calvaire aux populations africaines riveraines des eaux du Nil, et qui risquent d’être exposées à un nouveau type de conflit, celui de l’eau. A-t-on déjà maintenant compris cet homme qui prédisait il y a quelques années que le prochain grand conflit planétaire risque d’être celui lié à l’eau ? ARI-RNA/ Polit. /17. 07. 20/18: 11 GMT/ by Andre Gakwaya Source:http://rnanews.com/

Lire la suite
Dufite izindi ngufu twakoresha, iza Nucléaire ntabwo ari ibintu twagombye kwirukiramo

Dufite izindi ngufu twakoresha, iza Nucléaire ntabwo ari ibintu twagombye kwirukiramo

lundi 20 juillet 2020

Umuyobozi Mukuru w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda [Democratic Green Party of Rwanda, DGPR], Depite Dr Frank Habineza avuga ko ingufu Nucléaire zigira ingaruka nyinshi ku buryo u Rwanda rudakwiye guhita rutekereza kuzikoresha mu gihe hakiri izindi zirimo iz’amashanyarazi zakwifashishwa. Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko igiye kubaka Ikigo cy’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga mu bya Nucléaire. Uyu mushinga uhuriweho n’u Rwanda n’u Burusiya aho ibihugu byombi bifitanye ubufatanye mu kubaka Ikigo cy’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga mu bya nucléaire ku butaka bw’u Rwanda, aya masezerano akaba yarashyiriweho umukono i Sochi, ku wa 24 Ukwakira 2019. Uyu mushinga wanashyigikiwe n’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite ku wa 15 Kamena 2020, aho bemeje burundu amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burusiya ku bufatanye mu kubaka iki kigo. Icyo gihe Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb Claver Gatete, yabwiye Abadepite ko hagendewe ku cyerekezo 2050 u Rwanda rwiteze ko siyansi izaba ifite uruhare runini mu nzego zitandukanye z’ubuzima byaba ari ikibazo hadakoreshejwe ingufu za Nucléaire. Ati “Tutabikoze na gato tukabyihorera twagira ikibazo ahubwo gikomeye cyane kubera ko ari ibyo kurya dukura hanze y’igihugu biba birimo Nucléaire ntabwo tuzi icyo twabikoraho tudafite nubwo bumenyi. Iyo muza hano cyangwa ugiye aho ariho hose bya byuma byo gusaka banyuzamo hasi biba bifitemo Nucléaire none ntituzi uko tugomba kubishyingura.’’ “Ibyo dukoresha hano yaba mu buzima, mu buhinzi, mu bucukuzi bw’amabuye, mu nganda, tudafite ubwo bumenyi twaba dufite ikibazo gikomeye cyane kuko ntituzi uko twabigenza. icyo dushyiriraho iki kigo ni ukugira ngo kiduhe bwa bumenyi tudafite.” Mu kiganiro yagiranye na UKWEZI, Dr Frank Habineza yavuze ko izi ngufu zigira ingaruka nyinshi ku bihugu n’abaturage babyo ari nayo mpamvu u Rwanda rutagakwiye kuzifashisha. Yagize ati “Turebye ingaruka zabyo no kubaka ubwabyo birahenze cyane noneho haramutse habayeho ikibazo. Urugero nko mu Buyapani habaye ikibazo ibigega bikora izo ngufu kiraturika ariko bavuze ko imirimo yo gusana izatwara miliyari 265 z’amadorali kugira ngo bashobora gusana no kureba ko ingaruka zagabanyuka.” Mu kiganiro yagiranye na UKWEZI, Dr Frank Habineza yavuze ko izi ngufu zigira ingaruka nyinshi ku bihugu n’abaturage babyo ari nayo mpamvu u Rwanda rutagakwiye kuzifashisha. Yagize ati “Turebye ingaruka zabyo no kubaka ubwabyo birahenze cyane noneho haramutse habayeho ikibazo. Urugero nko mu Buyapani habaye ikibazo ibigega bikora izo ngufu kiraturika ariko bavuze ko imirimo yo gusana izatwara miliyari 265 z’amadorali kugira ngo bashobora gusana no kureba ko ingaruka zagabanyuka.” “Ikibabaje ni uko ingaruka zabyo zishobora nko gufata imyaka irenga 30 zigihari. Tuzi aho byagiye biba nan’ubu haracyari abana bavukana ibibazo bitandukanye.” Depite Dr Habineza avuga ko n’ubwo batsinzwe mu Nteko Ishinga Amategeko, uyu mushinga ugatorwa ariko bizeye ko guverinoma izabirebaho ikagira icyo ibikoraho kuko hari izindi ngufu nyinshi zakoreshwa aho kwihutira kujya mu za Nucléaire. Yakomeje agira ati “Ntabwo ari ibintu twagombye kwirukiramo kuko dufite ingufu z’amashanyarazi, hari iz’amazi n’iz’izuba kandi binanze twajya muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo umuriro urahari n’ahandi. Rero n’ubwo badutsinze ariko ibitekerezo byacu nizeye ko bazabiha agaciro.” Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko iki Kigo cy’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga mu bya Nucléaire, kigamije gukoresha Nucléaire mu buryo bugamije amahoro, burimo guteza imbere inzego zitandukanye z’iterambere harimo ubuhinzi binyuze mu bushakashatsi mu kongera umusaruro, ubuzima harimo ubuvuzi bugezweho, uburezi n’amahugurwa, Jewoloji, ikoranabuhanga, inganda n’ibindi. Source: http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Dufite-izindi-ngufu-twakoresha-iza-Nucleaire-ntabwo-ari-ibintu-twagombye-kwirukiramo-Dr-Frank-Habineza

Lire la suite
Ntitwagera ku cyerekezo 2050 tugifite ba bihemu n’ibisambo byiba umutungo wa leta

Ntitwagera ku cyerekezo 2050 tugifite ba bihemu n’ibisambo byiba umutungo wa leta

lundi 20 juillet 2020

Umuyobozi Mukuru w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda [Democratic Green Party of Rwanda, DGPR], Depite Dr Frank Habineza atangaza ko kugira ngo u Rwanda rugere ku ntego rwihaye z’icyerekezo 2050, hasabwa imbaraga mu kwamagana abakoresha nabi ibya rubanda. Guverinoma y’u Rwanda iteganya ko mu mwaka wa 2050, umunyarwanda azaba abasha kubona miliyoni zitari munsi ya 12 mu mwaka. Ni mu gihe biteganyijwe ko ubukungu bw’u Rwanda buzaba buzamuka ku kigero cyo hejuru ya 10% buri mwaka. Depite Dr Habineza avuga ko hari amafaranga menshi ya leta anyerezwa n’akoreshwa nabi kandi ababyihishe inyuma ugasanga badakurikiranwa uko bikwiye ari nayo mpamvu ahamya ko ibi bikomeje gutya igihugu kitazagera ku ntego kihaye. Atangaza ibi mu gihe leta Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta , Obadih Biraro aherutse kuvuga ko mu myaka itatu ishize leta yahombye akayabo ka miliyari zisaga 220Frw, binyuze mu makosa yakozwe mu itangwa ry’amasoko ya leta aho hari ayatanzwe adafitiwe ubushobozi ndetse n’amasoko ba rwiyemezamirimo batsindiye ariko bakayata batarangije imirimo. Depite Dr Habineza yabwiye UKWEZI ko amakosa akorwa n’abashingwa gucunga umutungo wa leta aturuka ku buhemu n’ubusambo baba bafite ari nayo mpamvu baba bagomba kubiryozwa. Yagize ati “Ikibazo gihari ni ugusesagura umutungo w’igihugu n’abaturage ndetse n’ubusambo n’ubuhemu. Ni ukuvuga ngo abantu bakoresha nabi amafaranga y’abaturage cyangwa bakayarya baba bahemutse baba bagomba guhanwa by’intangarugero.” “Ndumva muri iyi minsi hari abatangiye gufatwa, bari gukurikiranwa n’abandi bazafatwa. Ndizera ko iyo ngeso igomba gucika burundu kuko iyo urebye amafaranga yangirika, akoreshwa nabi cyangwa ayibwa, iyo yaba akoreshejwe neza twakabaye kuba twarageze ku ntego z’icyerekezo cya 2020 ku kigero cya 100%.” Depite Dr Habineza avuga ko mu gihe ibi byaba bikomeje gutya no kugera ku cyerekezo 2050 byazaba ikibazo gikomeye. Ati “Ni ukuvuga ngo na viziyo 2050 turimo gutegura kuzageraho, ntabwo twazayigeraho hakiri ibisambo nk’ibi. Niba uteganyije ko umuturage azubakirwa umuhanda cyangwa ibitaro, bikamara imyaka ibiri gusa bigasenyuka ugasanga ibintu byatwaye amafaranga ya leta byose birasenyutse.” “Urumva bisaba indi ngengo y’imari itarateganyijwe, urumva biba ari uguhombya leta no guhombya abaturage.” Avuga ko hakwiye gushyirwaho uburyo bwihariye bwo kugaruza aya mafaranga byaba na ngombwa imitungo yabo yose igafatirwa kandi ikanatezwa cyamunara. Ashimangira ko hakwiye no gushyirwa imbaraga mu guhana aba ba bihemu. Ati “Kubafunga gusa ntabwo bihagije kuko iyo bafunguwe za miliyoni barazirya. Buriya bariya bantu kubagira inama gusa ntabwo babyumva ariko baramutse baziko imitungo yabo iratezwa cyamunara bakanafungwa ntabwo bazongera.” Depite Dr Habineza avuga ko ikiba gikurikiyeho ari ubufatanye n’inzego zirimo Polisi, Ubugenzacyaha, Ubushinjacyaha ndetse n’Inkiko kugira ngo aba ba bihemu baryozwe amakosa yabo. Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka w’ingengo y’imari wasojwe ku wa 30 Kamena 2019, igaragaza ko hari amasezerano yatanzwe mu gupiganirwa amasoko ya leta, muri yo hagaragaramo icyuho cy’amasezerano yazimye kandi leta yarayatanzeho amafaranga ndetse n’amasoko atangwa n’inzego cyangwa ibigo bya leta adafitiwe ingengo y’imari. Iyi raporo igaragaza ko mu myaka itatu ishize uhereye mu 2019 kujya inyuma hari amasezerano y’amasoko y’amasoko ya leta yakozwe nabi harimo ayasinziriye, ayatawe na ba rwiyemezamirimo n’ayakererewe yose asaga 80 afite agaciro ka milyari 220.5Frw. Muri aya mafaranga harimo asaga miliyari 48 yo muri iyi ngengo y’imari y’umwaka uri gusozwa wa 2019/2020. Muri ayo harimo icyuho cy’amasezerano yazimye kandi leta yarayatanzeho amafaranga, ba rwiyemezamirimo batsindiye amasoko bagata imirimo itarangiye kandi barishyuwe amafaranga ndetse n’amasoko atangwa n’ibigo bya leta adafitiwe ingengo y’imari. Imwe mu mishanga irimo kubaka amasoko, imihanda, ibikorwaremezo by’amazi n’amashanyarazi, kugura ibikoresho byo mu biro, ibigenewe uburezi n’ibindi biri mu byatanzweho amasoko ya Leta. Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Obadia Biraro aherutse gutangaza ko ikibabaje ari uko inama batanga zakosora iyi mikorere mibi igaragara mu masoko ya leta itubahirizwa. Yavuze ko hari amasezerano 55 arimo miyari 100.7Frw yadindiye , amasezerano 10 arimo miliyari 7Frw [aba baragiye], ndetse n’amasezerano 18 yasinyiwe muri miliyari 112.5Frw. Yakomeje agira ati “Ni ukuvuga ngo biraho biracecetse. Hari ayakerewe, ayatawe burundu hakaba na yayandi biri aho biricicekeye ntibijya imbere cyangwa imbere ariko rwiyemezamirimo n’uwamuhaye isoko baricecekeye.” Ubuyobozi bw’Ikigo Gishinzwe Gutunganya Amasoko ya Leta (RPPA), butangaza ikibazo cy’ubumenyi buke bw’abashinzwe gutanga amasoko mu bigo bya leta no kudakurikiza icyo itegeko riteganya aribyo ntandaro y’amakosa agaragara mu itangwa ry’amasoko. Reba Ikiganiro: https://www.youtube.com/watch?v=UShZjPIw-Vw feature=youtu.be Source: http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Ntitwagera-ku-cyerekezo-2050-tugifite-ba-bihemu-n-ibisambo-byiba-umutungo-wa-leta-Dr-Frank-Habineza

Lire la suite