Catégorie : News

Ishyaka rya Green Party ryashyize hanze ikimenyetso cyemeza ko Perezida Kagame yiteguye kurekura ubutegetsi

Ishyaka rya Green Party ryashyize hanze ikimenyetso cyemeza ko Perezida Kagame yiteguye kurekura ubutegetsi

jeudi 5 mars 2015

Nta gihe gishize umuyobozi w’ishyaka rya Democratic Green Party, Dr Frank Habineza atangarije IMIRASIRE.com ko we n’ishyaka ayoboye badashyigikiye ko itegeko nshinga rihinduka. Icyo gihe mu magambo ye yagize ati:” Twebwe nk’ishyaka twakoze inama ya Bureau Politique dutangaza ku mugaragaro ko tudashyigikiye ko itegeko nshinga rihinduka kandi n’iriya manda ya gatatu ntabwo tubishyigikiye. Twabivuze ku mugaragaro ko tutabishyigikiye.” Mu kiganiro One on One gitambuka kuri CFM, Frank Habineza yongeye gushimangira ibi aho yumvikanishije ijwi rya Perezida Kagame avuga ko biramutse bigaragaye ko nta muntu ufite ubushobozi bwo kuba yamusimbura, byaba bisobanuye ko yayoboye nabi. Ibi bikaba bisa n’ibisubiza abavuga ko bitewe n’ibyo Perezida Kagame amaze kugeza ku u Rwanda bigoranye kuba haboneka uwamusimbura maze agatera ikirenge mucye. Aha niho hatangiye ibiganiro kuri bamwe byo kuba itegeko nshinga ry’u Rwanda ryahinduka bityo Perezida Kagame akaba yakongera kwiyamamariza kuyobora u Rwanda. Dr Frank Habineza mu kiganiro One on One yumvikanisha ijwi rya Perezida Kagame afite kuri Telefone ye Iryo jwi rya Perezida Kagame ryumvikanishijwe riva muri Telefone ya Frank Habineza wari muri iki kiganiro. Rigira riti:” Impamvu abantu bakoresha bavuga ko batazava ku butegetsi, njye niyo nkoresha kuvuga ko nzabuvaho. Mu buyobozi, ya Excellent Leadership mwavugaga, mu bintu bimwe bikwiye kuba biherwaho ni ukuvuga ngo ariko umaze imyaka 10, umaze 20 mubyo wakoze wafashije abantu kuba bazamuka bagakomeza mu nzira niba warayoboye neza wabayoboragamo? Niba ntabo ni ukuvuga ngo wabayoboye nabi, therefore (kubw’ibyo) niyo mpamvu njyewe ntakomeza.” Iryo jwi rya Perezida Kagame ryumvikanishijwe muri iki kiganiro, rikomeza rigira riti:” Ntabwo nakomeza kuko njyewe naba narayoboye nabi ngeze igihe nkwiriye kuba ngenda akaba nta muntu wansimbura. Ntabwo nabikoresha ngo ntabwo nabonye umuntu uzansimbura ngo niyo mpamvu nkwiye gukomeza, ubwo ni ukuvuga ngo urakomeza nabi kuko wananiwe kugira uwa gusimbura. Ni ukuvuga rero niba narabinaniwe, ntabwo nkwiye gukomeza.” “Niba ari uko nayoboye nabi, nayoboye neza nabwo ariko abo nayoboraga bakaba batarumvaga cyangwa batarashoboye kuvamo ukurikira, ni ukuvuga ngo ibyo bazabona nyuma nagiye is what they deserve (ni ibyo bakwiye). Yes (Yego). So, rero nabibarekera and they get what they deserve (bakabona ibyo bakwiye).” Frank Habineza mu kiganiro One on One Ibiganiro bitandukanye binyura mu bitangazamakuru yaba ibyo mu Rwanda cyangwa ibikorera hanze y’u Rwanda muri iyi minsi bikomeje kugaruka kuri Perezida Paul Kagame, uyobora u Rwanda ubu muri Manda ye ya kabiri aho mu mwaka wa 2017 izaba igera ku musozo. Itegeko nshinga rikaba riteganya ko umuntu ashobora kuyobora u Rwanda muri manda ebyiri zikurikiranya, ni ukuvuga imyaka 14 gusa. Ikindi gikomeje kuvugwa, nubwo hacyibura imyaka ibiri ngo manda ya Perezida Kagame igere ku musozo, amashyaka amwe n’amwe yamaze gutangaza ko mu gihe abaturage baba bashyigikiye ko itegeko nshinga rihinduka nta kibazo cyaba kirimo; mu gihe kandi andi nayo avuga ko bitari bikwiye ko rihinduka ndetse ko nta mpamvu n’imwe yatuma rihinduka. Source:http://imirasire.com/amakuru-yose/amakuru-mashya/mu-rwanda/article/ishyaka-rya-green-party-ryashyize-hanze-ikimenyetso-cyemeza-ko-perezida-kagame-yiteguye-kurekura-ubutegetsi

Lire la suite
Green Party Reveals Major Sign That President Kagame Is Ready To Give Up Power

Green Party Reveals Major Sign That President Kagame Is Ready To Give Up Power

jeudi 5 mars 2015

Few days ago the leader of Greeen party, Dr. Frank Habineza told Imirasire.com that he, himself and his party disapprove proposals of the amendment of the national constitution. “The Democratic Green Party of Rwanda held a meeting with the political bureau… and we took a decision,…The Party does not support or will not support any proposal to change the constitution.” Habineza Said Dr. Frank Habineza Playing President Kagame’s recorded Voice via his mobile phone During Contact FM’s One on One Talkshow, Frank Habineza underlined his position regarding the issue and revealed facts he believes will restrain President Kagame to run for third presidential term. Habineza played On Air President Kagame’s voice where the president says he will have been a bad leader if nobody proves himself capable of replacing him. This comes as a response to doubts held by some people claiming that no one will be able to take the lead and make Rwanda achieve outstanding progress as Kagame did. President Kagame’s recorded Voice was heard from Frank Habineza who was the guest on CFM: The record has been translated from Kinyarwanda. “The motives that people claim to stay on power are the same reasons I will step down. If you have been on power for 10 to 20 years, among your achievements you will have helped your people to develop and keep your leading ways, if you have been excellent. When they can’t, it means your leadership was bad. If it is the case, I cannot go on.” On the record, president Kagame emphasized that he can’t hold on power because nobody showed up to take his palace. Instead he can’t keep ruling if he was unable to raise people who can lead a nation the day his term will be over. “If I ruled well and yet people could not follow my lead and fail to find my successor, what they will see is what they deserve. So I can leave it for them and let them get what they deserve. Kagame added To change or not to change the constitution to allow Rwanda’s President Paul Kagame seek another term when his last seven -year term ends in 2017 has elicited raging debate across the country, with a faction of his supporters calling for a referendum to remove presidential term limits. Source: http://eng.imirasire.com/news/all-around/In-Rwanda/article/green-party-reveals-major-sign Imirasire.com https://www.youtube.com/watch?v=lPAjfwuXFf4

Lire la suite
DGPR Finalised Leadership Trainings in Rusizi and Bulera Districts and Established Party Structures.

DGPR Finalised Leadership Trainings in Rusizi and Bulera Districts and Established Party Structures.

mercredi 25 février 2015

The Democratic Green Party of Rwanda is pleased to inform members of the media and the general public that it successfully finalised leadership trainings for party members in both Rusizi and Bulera Districts. These trainings were conducted between 7th-22nd February 2015. The trainings focused on the following themes: Political ideology and general principals of politics Political leadership and political conflict management Political competition: elections, rules and regulations during electoral campaigns Responsibilities, structures and strategies of political parties in a democracy Partnerships between private sector and the Government in development and young entrepreneurship Gender and the role of women in decision making towards economic development DGPR also managed to establish District Executive Committees in the two above mentioned districts. We recognise different support received from district and local officials, National Consultative Forum of Political Organisations in Rwanda and other stake holders who helped in solving problems that took place in Bulera District. Done at Kigali on 25th February 2015 Dr.Frank Habineza President, Democratic Green Party of Rwanda

Lire la suite
East African Greens made their Strategic Plan in Kampala, Uganda

East African Greens made their Strategic Plan in Kampala, Uganda

lundi 23 février 2015

Members of the East African Greens Federation from the Democratic Green Party of Rwanda, Ecological Party of Uganda, Mazingira Greens Party of Kenya and Burundi Green Movement, met in Kampala, Uganda, from 12th-13th February 2015 and made a strategic plan for the next five years. The strategic plan will help member parties in implementing the Green Ideology within the Eastern Africa Region. This strategic planning workshop and the process were supported by the Westminster Foundation for Democracy and the Green Party of England and Wales. The African Greens Federation, wishes to extend its gratitude to the representatives of the West Minister Foundation and the Green Party of England and Wales, who shared their experiences and expertise to the East African Greens. We are looking forward to a continued good collaboration. Done at Kigali, 23rd February 2015. Dr.Frank HABINEZA President, African Greens Federation

Lire la suite
Green Party iritabaza Urukiko Rukuru irega Leta guheza igifaransa

Green Party iritabaza Urukiko Rukuru irega Leta guheza igifaransa

mardi 6 janvier 2015

Nyuma yuko Urukiko rw’Ikirenga rw’u Rwanda rwanze ikirego cy’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Green Party), ko Leta iheza ururimi rw’Igifaransa, iri shyaka riravuga ko ryiteguye gukomereza mu Rukiko Rukuru. Ku wa 05 Mutarama nibwo Urukiko rw’Ikirenga rwatangaje ko rutazaburanisha uru rubanza iri shyaka riregamo ibigo bya leta rishinja guheza ururimi rw’igifaransa. Ibigo byarezwe harimo Ikigo cy’Igihugu gitanga Indangamuntu (NIDA) n’igitanga impushya zo gutwara ndetse na Banki Nkuru y’u Rwanda, yo yaregwaga gukura igifaransa ku noti nshya za 2000 na 5000 zasohote mu mpera z’umwaka ushize. Kuri uyu wa kabiri tariki ya 6 Mutarama 2015, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka Green Party, Ntezimana Jean Claude, yavuze ko kuba ikirego cyabo cyanzwe batari bucike intege. Yagize ati ”Ikirego cyacu bagiteye utwatsi ariko ntago turi burekere aho turi bukomeze tujye mu Rukiko Rukuru kuko ikirego cyacu tugifitiye ibimenyetso kandi ni ibintu bigaragara ko izo ndimi zidakoreshwa kimwe.” Yakomeje avuga ko Urukiko Rukuru barufitiye icyizere kandi ko yumva ko nta rundi rukiko bazaboherezamo. Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Itamwa Emmanuel, yabwiye IGIHE ko Umwanditsi Mukuru yanze ikirego cya Green Party ashingiye ku ngingo ya 53 y’Itegeko Ngenga No. 03/2012/OL ryo kuwa 12 Kamena 2012, rigena Imiterere n’Imikorere y’Urukiko rw’Ikirenga, yasanze ikirego cya Green Party kidakwiye kwakirwa n’uru Rukiko. Iyo ngingo igaragaza ko Urukiko rw’Ikirenga ruburanisha ibirego byerekeranye no kwemeza ko amasezerano mpuzamahanga anyuranyije n’Itegeko Nshinga; ndetse rukanaburanisha ibirego bisaba gukuraho Itegeko Ngenga, itegeko cyangwa itegeko teka kubera ko binyuranyije n’Itegeko Nshinga, haba kubikuraho byose cyangwa se zimwe mu ngingo zabyo zinyuranije n’Itegeko Nshinga. Yanditswe kuya 6-01-2015 Saa 18:50 na Sitio NDOLI Source: http://www.igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/green-party-iritabaza-urukiko

Lire la suite
Urukiko rw’Ikirenga rwanze ikirego cya Green Party ko Leta iheza Igifaransa

Urukiko rw’Ikirenga rwanze ikirego cya Green Party ko Leta iheza Igifaransa

mardi 6 janvier 2015

Urukiko rw’Ikirenga rwatangaje ko rutazaburanisha ikirego Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), Green Party , ryarushyikirije kuwa 8 Ukuboza 2014, gishinja inzego zimwe za Leta kudaha agaciro ururimi rw’Igifaransa kandi ruteganyijwe mu Itegeko Nshinga rya Repuburika y’u Rwanda. Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Itamwa Emmanuel, yabwiye IGIHE ko Umwanditsi w’Urukiko rw’Ikirenga yasuzumye icyo kirego asanga kitujuje ibisabwa kuba cyaburanishwa n’Urukiko rw’Ikirenga. Yagize ati” Green Party yaregeye urukiko itagombaga kuregera.” Soma inkuru hano: Green Party yagejeje ikirego mu rw’Ikirenga irega Leta guheza Igifaransa Yasobanuye ko Ingingo ya 17 y’Itegeko ngena nimero 03/2012/OL ryo kuwa 12 Kamena 2012 rigena imiterere n’imikorere y’Urukiko rw’Ikirebnga iha uburenganzira Umwanditsi Mukuru ububasha bwo kubanza gusuzuma ikirego rwashyikirijwe. Dr Frank Habineza, Umuyobozi wa Green Party Kubw’ibyo, Umwanditsi Mukuru ashingiye ku ngingo ya 53 y’itegeko ngenga nimero 03/2012/OL ryo kuwa 12 Kamena 2012 rigena Imiterere n’imikorere y’Urukiko rw’Ikirenga yasanze ikirego cya Green Party kidakwiye kwakirwa n’uru Rukiko. Iyo ngingo igaragaza ko Urukiko rw’Ikirenga ruburanisha ibirego byerekeranye no kwemeza ko amasezerano mpuzamahanga anyuranyije n’Itegeko Nshinga; ndetse rukanaburanisha ibirego bisaba gukuraho Itegeko Ngenga, itegeko cyangwa itegeko teka kubera ko binyuranyije n’Itegeko Nshinga, haba kubikuraho byose cyangwa se zimwe mu ngingo zabyo zinyuranije n’Itegeko Nshinga. Itamwa yatangaje ko ibi bivugwa muri iyo ngingo si byo iri shyaka ryaregeye, ati “ Yaregeye ibyemezo bifatwa n’inzego…nta na kimwe kishwe mu biteganywa n’iriya ngingo.” Yakomeje agira ati “Ibyemezo bya Leta ntibiburanishwa mu Rukiko rw’ikirenga mu rwego rwa mbere.” Asobanura ko ibyo byaregerwa mu Rukiko Rukuru, ababuranyi batanyurwa bakabobona kujya mu Rukiko rw’Ikirenga. Yasobanuye ko nk’aho iregera icyemezo cya Banki Nkuru y’Igihugu,gukura igifaransa ku noti, icyo cyaregerwa Urukiko Rukuru, mu gihe ababuranyi batanyuzwe bakabobona kujya mu Rukiko rw’Ikirenga. Umuvugizi w’Inkiko avuga ko iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ikirenga kuwa 19 Ukuboza 2014. Ubwo yaregeraga urukiko , Dr Frank Habineza, Umuyobozi wa Green Party, yabwiye IGIHE, ko yatanze ikirego kuko nk’ishyakan riharanira Demukarasi abona inzego zimwe zihonyora ingingo ya 5 y’Itegeko Nshinga rya Repuburika y’u Rwanda ivuga ko indimi zemewe mu Rwanda ari eshatu: Ikinyarwanda, Igifaransa n’Icyongereza, ariko izi ndimi z’amahanga nk’Igifaransa kigahabwa agaciro gake. Habineza yatunze urutoki inzego zirimo Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Irangamuntu, ko byahisemo kujya bikoresha Icyongereza n’Ikinyarwanda, Igifaransa kigashyirwa ku ruhande. Hakiyongeraho na Banki Nkuru y’Igihugu yakuye Igifaransa ku noti nshya. mathias@igihe.rw Source: http://www.igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/urukiko-rw-ikirenga-rwanze-ikirego

Lire la suite
Rwanda Supreme Court will not hear DGPR’s Lawsuit

Rwanda Supreme Court will not hear DGPR’s Lawsuit

lundi 5 janvier 2015

Rwanda’s Supreme Court has issued a decision stating that it will not hear DGPR’s lawsuit on the non-respect of French Language, which was filed on 8th December 2014. The Supreme Court decision states that, the case could not be accepted because the evidences submitted were not in form of laws or international conventions violated, but administrative decisions/actions, which could be heard by another competent court. DGPR believed that the constitutional court had the competence to rule on this case, since, the party has submitted evidences in form of tangible acts done by different Government Institutions violating Article 5 of the Constitution. The Democratic Green Party of Rwanda will therefore, take this case to the High Court in Kigali. DGPR believes that the non-respect of article 5 of the constitution negatively affects many educated Rwandans as it denies them a chance of equal treatment as citizens and thus makes them unable to achieve their legal rights as stipulated in Article 16 of the Rwandan Constitution, which states that: ‘All human beings are equal before the law. They shall enjoy, without any discrimination, equal protection of the Law’. Article 5 of the Rwandan constitution stipulates that Rwanda uses three official languages: Kinyarwanda, French and English, however, many Government institutions such as the National Bank of Rwanda, Rwanda Revenue Authority, National ID Project and many others, have opted to either use English alone or with Kinyarwanda, and deliberately left out French. DGPR finds this a hindrance to the national unity and reconciliation process. Done at Kigali, 5th January 2015 Jean Claude NTEZIMANA DGPR s Secretary General Phone: +250 788 774 757

Lire la suite
End of year message: 2014 was the year when DGPR Established itself at the Grassroots Level.

End of year message: 2014 was the year when DGPR Established itself at the Grassroots Level.

mardi 30 décembre 2014

As we come to the close of the year, we take this moment to thank all our party members, supporters, the media fraternity, the Greens Family and the general public for the different support accorded to the party during 2014. The Democratic Green Party of Rwanda, recorded key milestones during 2014: DGPR’s application to join the National Consultative Forum of Political Organisations was accepted in April and in August, DGPR attended its first meeting where its Treasurer was elected to the position of Vice Spokesperson. DGPR received different visitors, among them, the Vice President of Germany’s Parliament and several Members of Parliament from Germany. The party leader conducted an official visit to Germany and signed the first phase of a future partnership with the Greens in Rhineland Palatinate (Rheinland-Pfalz). DGPR also actively supported the Swedish Greens during their national elections in September. The Swedish Green Party is now a coalition partner in the Swedish Government. DGPR also actively participated in the activities of the African Greens Federation and Global Greens. DGPR’s President got elected for a second term to lead the African Greens Federation during its third congress in Madagascar. DGPR successfully established party structures in six districts: Huye, Rubavu, Musanze, Bugesera, Kirehe and Muhanga. The party also trained its members in those districts. Women Leaders trainings were also conducted on provincial level and the participants were selected from different districts. The trainings were conducted in Rwamagana, Karongi, Gicumbi and Nyanza. DGPR established Provincial Women Greens Committees in those provinces. The year 2014 also came with its challenges, DGPR’s National Organising Secretary, Jean Damascene MUNYESHYAKA went missing in June and till now all efforts to find his whereabouts have not yet yielded any positive results. During 2014 DGPR finalised the registration process by getting its official status published in the official gazette of the state. DGPR’s leader participated in the US Government’s International Visitor Leadership Program (IVLP), on democracy and mid-term elections, where many lessons for nation building were learnt and shared with many Rwandans. Looking ahead to 2015, we shall continue the process of setting up party structures in several districts in the country and continue to uphold our principals and democratic values. On behalf of DGPR, we wish to thank you all for supporting us and the democracy cause in Rwanda. Please accept our best wishes to you and your families for a wonderful holiday season and a very happy New Year 2015. Dr.Frank HABINEZA President, Democratic Green Party of Rwanda

Lire la suite
Gusubiza Bwana Tom NDAHIRO

Gusubiza Bwana Tom NDAHIRO

vendredi 12 décembre 2014

Bwana Ndahiro, Tubashimiye urwandiko rufunguye mwatwohereje. Tunejejwe no kubasubiza, ibi bikurikira Mwifuje kumenya niba tuba mu Rwanda: Igisubizo: Yego, tuba mu Rwanda. Twavuze ko , Inzego za Leta, zitandukanye nka, BNR, RRA, National ID Project, zikoresha gusa icyongereza, changwa se, n’Ikinyarwanda, mu nyandiko zazo, nyamara benshi mubanyarwanda bize, bakoresha ururimi rw’igifaransa, nibyo bisobanura ko babura amahirwe angana n’abize mucyongereza. Ubu dusigaye tunabona nomubatanga akazi, bakenera abasobanukiwe icyongereza. Ibi bibangamiye ingingo ya 16, y’Itegeko Nshinga, itanga amahirwe angana kubanyarwanda bose. Mwatubajije, impamvu tunenga abandi tutihereyeho. Muvuga ko twakoze itangazo mucyongereza gusa. Igisubizo: Ntabwo itangazo, twaryanditse mu cyongereza gusa, ahubwo, nirwo rurimi twabanjije kurisohoramo. Niryo mu gifaransa, riri kuri website yacu, ndetse n’ubundi busobanuro mu Kinyarwanda buriho. Mwaratubajije ngo dukorera nde? Igisubizo: Dukorera Abanyarwanda, kandi ngirango ibyo musanzwe mubizi. Gusa, ikindi twasobanura, nuko Article 5, y’itegeko Nshinga, ivuga ko Indimi zikoreshwa mu butegetsi bwu Rwanda, ari Ikinyarwanda, Igifaransa ni cyongereza. Bisobanura ko abategetswe kuzikoresha ari Leta yu Rwanda, n’ibigo byose biyishamikiyeho, kandi nkuko mubizi, twebwe ntabwo turi mubagize Leta yu Rwanda, ariko bidushobokeye, indimi zose, natwe twazikoresha, nkuko dukunze kubikora. Kubijyanye n’izina ry’Ishyaka DGPR Igisubizo: Nkuko, amategeko y’Ishyaka yatangajwe mu Igazette ya Leta, yasohotse ku itariki ya 4 Kanama 2014, Izina, ndetse na status, byanditse mu ndimi eshatu, arizo, Ikinyarwanda, Igifaransa n’Icyongereza. Gusa, izina, ryanditse muri ‘Certificat’ twahawe na RGB, ni: Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukije mu Rwanda. Mu magambo ahinye (DGPR). Mucyongereza, ryitwa: Democratic Green Party of Rwanda, naho mugifaransa: Parti Democratique Vert du Rwanda. Ibindi, tuzabisubiriza mu Rukiko. Mugire Amahoro y’Imana. Dr.Frank Habineza

Lire la suite
Guheza Igifaransa bibangamiye Ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda

Guheza Igifaransa bibangamiye Ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda

vendredi 12 décembre 2014

Umuyobozi w’ishyaka Green Party, Dr Habineza Frank avuga ko guheza ururimi rw’Igifaransa bibangamiye ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda. Ubwo yaganiraga n’Izuba Rirashe ishyaka ayoboye rimaze gutanga ikirego mu Rukiko rw’Ikirenga rishinja inzego za Leta kwica Itegeko Nshinga, yavuze ko kwica Itegeko Nshinga hahezwa ururimi rw’Igifaransa, bibangamiye ubumwe n’Ubwiyunge bw’Abanyarwanda, kuko abenshi bakoresha uru rurimi babuzwa amahirwe yabo. Habineza yavuze ko mu Rwanda hari abantu benshi baturutse i Burundi muri Kongo Kinshasa n’ahandi bakoresha ururimi rw’Igifaransa, ngo bakomeje kubura amahirwe yabo kubera ko ururimi rw’Igifaransa rukomeje guhezwa kandi rwemewe n’Itegeko Nshinga Abanyarwanda bitoreye. Umuyobozi w’ishyaka Green Party, Dr Habineza yagize ati Guheza ururimi rw’Igifaransa birabangamira ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda. Hari ahantu uheruka kurubona? Yaba ku matangazo atanga akazi, ndetse hasigaye hanakoreshwa imvugo igira iti [Usaba akazi agomba kuba avuga neza Ikinyarwanda, Icyongereza kuba azi Igifaransa byaba ari akarusho.]” Akomeza agira ati Nyamara Ingingo ya 5 y’Itegeko Nshinga rya Repuburika y’u Rwanda ivuga ko indimi zemewe mu Rwanda ari eshatu; Ikinyarwanda, Igifaransa n’Icyongereza. Igifaransa ni urwa kabiri, ariko Icyongereza cya gatatu nicyo gisigaye gikoreshwa. Ibi rero birabangamira ubwiyunge bw’Abanyarwanda kuko hari ababura amahirwe yabo.” Dr. Habineza Frank yavuze ko biteguye umunsi Urukiko rw’Ikirenga ruzabaha bakajya kuburana, kuko ngo Itegeko Nshinga rikomeje kwicwa nkana. Mu Kiganiro Izuba Rirashe ryagiranye n’Umuyobozi w’Ihuriro ry’Amashyaka yemewe mu Rwanda, Kayigema Anicet yabajijwe niba mu ihuriro babona niba koko Itegeko Nshinga ririmo kwicwa. Kayigema yagize ati Kuba indimi zemewe gukoreshwa mu Rwanda ari Ikinyarwanda, Igifaransa ndetse n’Icyongereza, ntabwo nzi niba ari ihame ko izi ndimi zigomba kubangikana ku bintu byose.” Kayigema yakomeje avuga ko amuntu amubwiye ngo asubize iki kibazo yaba amugoye. Abajijwe ku ruhande rw’Ihuriro ry’Amashyaka niba babona Itegeko Nshinga ryicwa, yasubije agira ati Ntabwo navuga ko Itegeko Nshinga ryicwa cyangwa riticwa, kuko twebwe inyandiko zacu zose z’umwimerere ziba ziri mu Kinyarwanda, ntabwo icyo kibazo twari twahura nacyo hano.” Mu mahame ihuriro ry’Amashyaka yemewe mu Rwanda agenderaho, kuba Green Party yaramaze kubona ko Itegeko Nshinga ryicwa ndetse igatanga ikirego, ngo biremewe. Ishyaka Green Party ryatangiye kugaragaza kutishimira kuvana ururimi rw’Igifaransa ku mafaranga akoreshwa mu Rwanda mu mwaka 2013, ubwo hashyirwaga hanze inoti nshya y’amafaranga 500 itagaragaraho ururimi rw’Igifaransa. Author : Rubibi Olivier http://www.izuba-rirashe.com/m-9497-habineza-aremeza-ko-guheza-igifaransa-bibangamiye-ubumwe-n-ubwiyunge.html

Lire la suite