Catégorie : News

Green Party iritabaza Urukiko Rukuru irega Leta guheza igifaransa

Green Party iritabaza Urukiko Rukuru irega Leta guheza igifaransa

mardi 6 janvier 2015

Nyuma yuko Urukiko rw’Ikirenga rw’u Rwanda rwanze ikirego cy’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Green Party), ko Leta iheza ururimi rw’Igifaransa, iri shyaka riravuga ko ryiteguye gukomereza mu Rukiko Rukuru. Ku wa 05 Mutarama nibwo Urukiko rw’Ikirenga rwatangaje ko rutazaburanisha uru rubanza iri shyaka riregamo ibigo bya leta rishinja guheza ururimi rw’igifaransa. Ibigo byarezwe harimo Ikigo cy’Igihugu gitanga Indangamuntu (NIDA) n’igitanga impushya zo gutwara ndetse na Banki Nkuru y’u Rwanda, yo yaregwaga gukura igifaransa ku noti nshya za 2000 na 5000 zasohote mu mpera z’umwaka ushize. Kuri uyu wa kabiri tariki ya 6 Mutarama 2015, Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka Green Party, Ntezimana Jean Claude, yavuze ko kuba ikirego cyabo cyanzwe batari bucike intege. Yagize ati ”Ikirego cyacu bagiteye utwatsi ariko ntago turi burekere aho turi bukomeze tujye mu Rukiko Rukuru kuko ikirego cyacu tugifitiye ibimenyetso kandi ni ibintu bigaragara ko izo ndimi zidakoreshwa kimwe.” Yakomeje avuga ko Urukiko Rukuru barufitiye icyizere kandi ko yumva ko nta rundi rukiko bazaboherezamo. Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Itamwa Emmanuel, yabwiye IGIHE ko Umwanditsi Mukuru yanze ikirego cya Green Party ashingiye ku ngingo ya 53 y’Itegeko Ngenga No. 03/2012/OL ryo kuwa 12 Kamena 2012, rigena Imiterere n’Imikorere y’Urukiko rw’Ikirenga, yasanze ikirego cya Green Party kidakwiye kwakirwa n’uru Rukiko. Iyo ngingo igaragaza ko Urukiko rw’Ikirenga ruburanisha ibirego byerekeranye no kwemeza ko amasezerano mpuzamahanga anyuranyije n’Itegeko Nshinga; ndetse rukanaburanisha ibirego bisaba gukuraho Itegeko Ngenga, itegeko cyangwa itegeko teka kubera ko binyuranyije n’Itegeko Nshinga, haba kubikuraho byose cyangwa se zimwe mu ngingo zabyo zinyuranije n’Itegeko Nshinga. Yanditswe kuya 6-01-2015 Saa 18:50 na Sitio NDOLI Source: http://www.igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/green-party-iritabaza-urukiko

Lire la suite
Urukiko rw’Ikirenga rwanze ikirego cya Green Party ko Leta iheza Igifaransa

Urukiko rw’Ikirenga rwanze ikirego cya Green Party ko Leta iheza Igifaransa

mardi 6 janvier 2015

Urukiko rw’Ikirenga rwatangaje ko rutazaburanisha ikirego Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), Green Party , ryarushyikirije kuwa 8 Ukuboza 2014, gishinja inzego zimwe za Leta kudaha agaciro ururimi rw’Igifaransa kandi ruteganyijwe mu Itegeko Nshinga rya Repuburika y’u Rwanda. Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Itamwa Emmanuel, yabwiye IGIHE ko Umwanditsi w’Urukiko rw’Ikirenga yasuzumye icyo kirego asanga kitujuje ibisabwa kuba cyaburanishwa n’Urukiko rw’Ikirenga. Yagize ati” Green Party yaregeye urukiko itagombaga kuregera.” Soma inkuru hano: Green Party yagejeje ikirego mu rw’Ikirenga irega Leta guheza Igifaransa Yasobanuye ko Ingingo ya 17 y’Itegeko ngena nimero 03/2012/OL ryo kuwa 12 Kamena 2012 rigena imiterere n’imikorere y’Urukiko rw’Ikirebnga iha uburenganzira Umwanditsi Mukuru ububasha bwo kubanza gusuzuma ikirego rwashyikirijwe. Dr Frank Habineza, Umuyobozi wa Green Party Kubw’ibyo, Umwanditsi Mukuru ashingiye ku ngingo ya 53 y’itegeko ngenga nimero 03/2012/OL ryo kuwa 12 Kamena 2012 rigena Imiterere n’imikorere y’Urukiko rw’Ikirenga yasanze ikirego cya Green Party kidakwiye kwakirwa n’uru Rukiko. Iyo ngingo igaragaza ko Urukiko rw’Ikirenga ruburanisha ibirego byerekeranye no kwemeza ko amasezerano mpuzamahanga anyuranyije n’Itegeko Nshinga; ndetse rukanaburanisha ibirego bisaba gukuraho Itegeko Ngenga, itegeko cyangwa itegeko teka kubera ko binyuranyije n’Itegeko Nshinga, haba kubikuraho byose cyangwa se zimwe mu ngingo zabyo zinyuranije n’Itegeko Nshinga. Itamwa yatangaje ko ibi bivugwa muri iyo ngingo si byo iri shyaka ryaregeye, ati “ Yaregeye ibyemezo bifatwa n’inzego…nta na kimwe kishwe mu biteganywa n’iriya ngingo.” Yakomeje agira ati “Ibyemezo bya Leta ntibiburanishwa mu Rukiko rw’ikirenga mu rwego rwa mbere.” Asobanura ko ibyo byaregerwa mu Rukiko Rukuru, ababuranyi batanyurwa bakabobona kujya mu Rukiko rw’Ikirenga. Yasobanuye ko nk’aho iregera icyemezo cya Banki Nkuru y’Igihugu,gukura igifaransa ku noti, icyo cyaregerwa Urukiko Rukuru, mu gihe ababuranyi batanyuzwe bakabobona kujya mu Rukiko rw’Ikirenga. Umuvugizi w’Inkiko avuga ko iki cyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ikirenga kuwa 19 Ukuboza 2014. Ubwo yaregeraga urukiko , Dr Frank Habineza, Umuyobozi wa Green Party, yabwiye IGIHE, ko yatanze ikirego kuko nk’ishyakan riharanira Demukarasi abona inzego zimwe zihonyora ingingo ya 5 y’Itegeko Nshinga rya Repuburika y’u Rwanda ivuga ko indimi zemewe mu Rwanda ari eshatu: Ikinyarwanda, Igifaransa n’Icyongereza, ariko izi ndimi z’amahanga nk’Igifaransa kigahabwa agaciro gake. Habineza yatunze urutoki inzego zirimo Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Irangamuntu, ko byahisemo kujya bikoresha Icyongereza n’Ikinyarwanda, Igifaransa kigashyirwa ku ruhande. Hakiyongeraho na Banki Nkuru y’Igihugu yakuye Igifaransa ku noti nshya. mathias@igihe.rw Source: http://www.igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/urukiko-rw-ikirenga-rwanze-ikirego

Lire la suite
Rwanda Supreme Court will not hear DGPR’s Lawsuit

Rwanda Supreme Court will not hear DGPR’s Lawsuit

lundi 5 janvier 2015

Rwanda’s Supreme Court has issued a decision stating that it will not hear DGPR’s lawsuit on the non-respect of French Language, which was filed on 8th December 2014. The Supreme Court decision states that, the case could not be accepted because the evidences submitted were not in form of laws or international conventions violated, but administrative decisions/actions, which could be heard by another competent court. DGPR believed that the constitutional court had the competence to rule on this case, since, the party has submitted evidences in form of tangible acts done by different Government Institutions violating Article 5 of the Constitution. The Democratic Green Party of Rwanda will therefore, take this case to the High Court in Kigali. DGPR believes that the non-respect of article 5 of the constitution negatively affects many educated Rwandans as it denies them a chance of equal treatment as citizens and thus makes them unable to achieve their legal rights as stipulated in Article 16 of the Rwandan Constitution, which states that: ‘All human beings are equal before the law. They shall enjoy, without any discrimination, equal protection of the Law’. Article 5 of the Rwandan constitution stipulates that Rwanda uses three official languages: Kinyarwanda, French and English, however, many Government institutions such as the National Bank of Rwanda, Rwanda Revenue Authority, National ID Project and many others, have opted to either use English alone or with Kinyarwanda, and deliberately left out French. DGPR finds this a hindrance to the national unity and reconciliation process. Done at Kigali, 5th January 2015 Jean Claude NTEZIMANA DGPR s Secretary General Phone: +250 788 774 757

Lire la suite
End of year message: 2014 was the year when DGPR Established itself at the Grassroots Level.

End of year message: 2014 was the year when DGPR Established itself at the Grassroots Level.

mardi 30 décembre 2014

As we come to the close of the year, we take this moment to thank all our party members, supporters, the media fraternity, the Greens Family and the general public for the different support accorded to the party during 2014. The Democratic Green Party of Rwanda, recorded key milestones during 2014: DGPR’s application to join the National Consultative Forum of Political Organisations was accepted in April and in August, DGPR attended its first meeting where its Treasurer was elected to the position of Vice Spokesperson. DGPR received different visitors, among them, the Vice President of Germany’s Parliament and several Members of Parliament from Germany. The party leader conducted an official visit to Germany and signed the first phase of a future partnership with the Greens in Rhineland Palatinate (Rheinland-Pfalz). DGPR also actively supported the Swedish Greens during their national elections in September. The Swedish Green Party is now a coalition partner in the Swedish Government. DGPR also actively participated in the activities of the African Greens Federation and Global Greens. DGPR’s President got elected for a second term to lead the African Greens Federation during its third congress in Madagascar. DGPR successfully established party structures in six districts: Huye, Rubavu, Musanze, Bugesera, Kirehe and Muhanga. The party also trained its members in those districts. Women Leaders trainings were also conducted on provincial level and the participants were selected from different districts. The trainings were conducted in Rwamagana, Karongi, Gicumbi and Nyanza. DGPR established Provincial Women Greens Committees in those provinces. The year 2014 also came with its challenges, DGPR’s National Organising Secretary, Jean Damascene MUNYESHYAKA went missing in June and till now all efforts to find his whereabouts have not yet yielded any positive results. During 2014 DGPR finalised the registration process by getting its official status published in the official gazette of the state. DGPR’s leader participated in the US Government’s International Visitor Leadership Program (IVLP), on democracy and mid-term elections, where many lessons for nation building were learnt and shared with many Rwandans. Looking ahead to 2015, we shall continue the process of setting up party structures in several districts in the country and continue to uphold our principals and democratic values. On behalf of DGPR, we wish to thank you all for supporting us and the democracy cause in Rwanda. Please accept our best wishes to you and your families for a wonderful holiday season and a very happy New Year 2015. Dr.Frank HABINEZA President, Democratic Green Party of Rwanda

Lire la suite
Gusubiza Bwana Tom NDAHIRO

Gusubiza Bwana Tom NDAHIRO

vendredi 12 décembre 2014

Bwana Ndahiro, Tubashimiye urwandiko rufunguye mwatwohereje. Tunejejwe no kubasubiza, ibi bikurikira Mwifuje kumenya niba tuba mu Rwanda: Igisubizo: Yego, tuba mu Rwanda. Twavuze ko , Inzego za Leta, zitandukanye nka, BNR, RRA, National ID Project, zikoresha gusa icyongereza, changwa se, n’Ikinyarwanda, mu nyandiko zazo, nyamara benshi mubanyarwanda bize, bakoresha ururimi rw’igifaransa, nibyo bisobanura ko babura amahirwe angana n’abize mucyongereza. Ubu dusigaye tunabona nomubatanga akazi, bakenera abasobanukiwe icyongereza. Ibi bibangamiye ingingo ya 16, y’Itegeko Nshinga, itanga amahirwe angana kubanyarwanda bose. Mwatubajije, impamvu tunenga abandi tutihereyeho. Muvuga ko twakoze itangazo mucyongereza gusa. Igisubizo: Ntabwo itangazo, twaryanditse mu cyongereza gusa, ahubwo, nirwo rurimi twabanjije kurisohoramo. Niryo mu gifaransa, riri kuri website yacu, ndetse n’ubundi busobanuro mu Kinyarwanda buriho. Mwaratubajije ngo dukorera nde? Igisubizo: Dukorera Abanyarwanda, kandi ngirango ibyo musanzwe mubizi. Gusa, ikindi twasobanura, nuko Article 5, y’itegeko Nshinga, ivuga ko Indimi zikoreshwa mu butegetsi bwu Rwanda, ari Ikinyarwanda, Igifaransa ni cyongereza. Bisobanura ko abategetswe kuzikoresha ari Leta yu Rwanda, n’ibigo byose biyishamikiyeho, kandi nkuko mubizi, twebwe ntabwo turi mubagize Leta yu Rwanda, ariko bidushobokeye, indimi zose, natwe twazikoresha, nkuko dukunze kubikora. Kubijyanye n’izina ry’Ishyaka DGPR Igisubizo: Nkuko, amategeko y’Ishyaka yatangajwe mu Igazette ya Leta, yasohotse ku itariki ya 4 Kanama 2014, Izina, ndetse na status, byanditse mu ndimi eshatu, arizo, Ikinyarwanda, Igifaransa n’Icyongereza. Gusa, izina, ryanditse muri ‘Certificat’ twahawe na RGB, ni: Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukije mu Rwanda. Mu magambo ahinye (DGPR). Mucyongereza, ryitwa: Democratic Green Party of Rwanda, naho mugifaransa: Parti Democratique Vert du Rwanda. Ibindi, tuzabisubiriza mu Rukiko. Mugire Amahoro y’Imana. Dr.Frank Habineza

Lire la suite
Guheza Igifaransa bibangamiye Ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda

Guheza Igifaransa bibangamiye Ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda

vendredi 12 décembre 2014

Umuyobozi w’ishyaka Green Party, Dr Habineza Frank avuga ko guheza ururimi rw’Igifaransa bibangamiye ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda. Ubwo yaganiraga n’Izuba Rirashe ishyaka ayoboye rimaze gutanga ikirego mu Rukiko rw’Ikirenga rishinja inzego za Leta kwica Itegeko Nshinga, yavuze ko kwica Itegeko Nshinga hahezwa ururimi rw’Igifaransa, bibangamiye ubumwe n’Ubwiyunge bw’Abanyarwanda, kuko abenshi bakoresha uru rurimi babuzwa amahirwe yabo. Habineza yavuze ko mu Rwanda hari abantu benshi baturutse i Burundi muri Kongo Kinshasa n’ahandi bakoresha ururimi rw’Igifaransa, ngo bakomeje kubura amahirwe yabo kubera ko ururimi rw’Igifaransa rukomeje guhezwa kandi rwemewe n’Itegeko Nshinga Abanyarwanda bitoreye. Umuyobozi w’ishyaka Green Party, Dr Habineza yagize ati Guheza ururimi rw’Igifaransa birabangamira ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda. Hari ahantu uheruka kurubona? Yaba ku matangazo atanga akazi, ndetse hasigaye hanakoreshwa imvugo igira iti [Usaba akazi agomba kuba avuga neza Ikinyarwanda, Icyongereza kuba azi Igifaransa byaba ari akarusho.]” Akomeza agira ati Nyamara Ingingo ya 5 y’Itegeko Nshinga rya Repuburika y’u Rwanda ivuga ko indimi zemewe mu Rwanda ari eshatu; Ikinyarwanda, Igifaransa n’Icyongereza. Igifaransa ni urwa kabiri, ariko Icyongereza cya gatatu nicyo gisigaye gikoreshwa. Ibi rero birabangamira ubwiyunge bw’Abanyarwanda kuko hari ababura amahirwe yabo.” Dr. Habineza Frank yavuze ko biteguye umunsi Urukiko rw’Ikirenga ruzabaha bakajya kuburana, kuko ngo Itegeko Nshinga rikomeje kwicwa nkana. Mu Kiganiro Izuba Rirashe ryagiranye n’Umuyobozi w’Ihuriro ry’Amashyaka yemewe mu Rwanda, Kayigema Anicet yabajijwe niba mu ihuriro babona niba koko Itegeko Nshinga ririmo kwicwa. Kayigema yagize ati Kuba indimi zemewe gukoreshwa mu Rwanda ari Ikinyarwanda, Igifaransa ndetse n’Icyongereza, ntabwo nzi niba ari ihame ko izi ndimi zigomba kubangikana ku bintu byose.” Kayigema yakomeje avuga ko amuntu amubwiye ngo asubize iki kibazo yaba amugoye. Abajijwe ku ruhande rw’Ihuriro ry’Amashyaka niba babona Itegeko Nshinga ryicwa, yasubije agira ati Ntabwo navuga ko Itegeko Nshinga ryicwa cyangwa riticwa, kuko twebwe inyandiko zacu zose z’umwimerere ziba ziri mu Kinyarwanda, ntabwo icyo kibazo twari twahura nacyo hano.” Mu mahame ihuriro ry’Amashyaka yemewe mu Rwanda agenderaho, kuba Green Party yaramaze kubona ko Itegeko Nshinga ryicwa ndetse igatanga ikirego, ngo biremewe. Ishyaka Green Party ryatangiye kugaragaza kutishimira kuvana ururimi rw’Igifaransa ku mafaranga akoreshwa mu Rwanda mu mwaka 2013, ubwo hashyirwaga hanze inoti nshya y’amafaranga 500 itagaragaraho ururimi rw’Igifaransa. Author : Rubibi Olivier http://www.izuba-rirashe.com/m-9497-habineza-aremeza-ko-guheza-igifaransa-bibangamiye-ubumwe-n-ubwiyunge.html

Lire la suite
Green Party yagejeje ikirego mu Rukiko rw’Ikirenga irega Leta guheza Igifaransa

Green Party yagejeje ikirego mu Rukiko rw’Ikirenga irega Leta guheza Igifaransa

vendredi 12 décembre 2014

Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), Green Party , ryagejeje ikirego mu Rukiko rw’Ikirenga kuri uyu wa Mbere, rishinja inzego za leta kudaha agaciro ururimi rw’Igifaransa kandi ruteganyijwe mu Itegeko Nshinga rya Repuburika y’u Rwanda. Ingingo ya 5 y’Itegeko Nshinga rya Repuburika y’u Rwanda ivuga ko indimi zemewe mu Rwanda ari eshatu: Ikinyarwanda, Igifaransa n’Icyongereza, ariko izi ndimi z’amahanga hari aho Igifaransa kidahabwa agaciro. Iri shyaka ryazamuye iby’agaciro k’Igifaransa aho Banki Nkuru y’Igihugu yagikuye ku noti nshya, ariko rigaragaza ko no mu zindi nzego naho atari shyashya. Mu kiganiro na IGIHE, Umuyobozi wa Green Party, Dr Frank Habineza yatunze urutoki izindi nzego zirimo Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Irangamuntu , ko byahisemo kujya bikoresha Icyongereza n’Ikinyarwanda, Igifaransa kigashyirwa ku ruhande. Yasobanuye ko icyo ashaka ari uko Igifaransa kitakomeza gupyinagazwa, nacyo kigahabwa umwanya nk’Icyongereza. Abajijwe niba kugana inkiko asaba ko aregera abavuga ururimi rw’Igifaransa nta zindi nyungu zaba zibyihishe inyuma, zirimo nko gukora uko ashoboye ngo ishyaka rye rihore mu itangazamakuru, yavuze ko nta zihari, anatsemba ko yaba ari n’inzira y’ubusamo yo kugira ngo ishyaka rye rivugwe cyane. Tugarutse ku miterere y’ikirego iri shyaka ryarezemo Leta mu Rukiko rw’Ikirenga, Habineza yirinze kugira byinshi akivugaho, avuga ko ibindi bikubiye muri dosiye bizatangarizwa mu Rukiko urubanza rutangiye kuburanishwa. Yanditswe kuya 8-12-2014 Saa 22:50 na Mathias Hitimana mathias@igihe.rw http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/green-party-yagejeje-ikirego-mu-rw

Lire la suite
DGPR a déposé une plainte à la Cour Supreme, concernant le non-respect de la Constititution Rwandaise

DGPR a déposé une plainte à la Cour Supreme, concernant le non-respect de la Constititution Rwandaise

vendredi 12 décembre 2014

Le Parti Démocratique Vert du Rwanda, le 8 Décembre 2014, a introduit un procès à la Cour suprême, concernant le non-respect de la langue française, tel que stipulé dans l’article 5 de la Constitution rwandaise. L’article cinq de la Constitution rwandaise stipule que le Rwanda utilise trois langues officielles: Kinyarwanda, Français et Anglais, cependant, de nombreuses institutions gouvernementales telles que la Banque Nationale du Rwanda, l’Office Rwandais de Recettes (Rwanda Revenue Authority), le Projet National de l’Identité (National ID Project) et bien d’autres, ont choisi d’utiliser soit la seule langue anglaise ou le Kinyarwanda, et délibérément laissé de côté la langue française. Il est sans oublier que la majorité de la population rwandaise communique en Français comme leur langue premiere étrangère. Le Parti Vert du Rwanda (DGPR) trouve ce comportement un obstacle au processus d’unité et de réconciliation nationale, car il laisse beaucoup de gens dans l’incapacité d’atteindre leurs droits légaux comme stipulé dans l’article 16 de la Constitution rwandaise, qui stipule que: «Tous les êtres humains sont égaux devant la loi . Ils ont droit, sans aucune discrimination, une protection égale de la loi ». Le Parti Démocratique Vert du Rwanda estime que la Cour suprême du Rwanda, qui se constitue aussi à la Cour constitutionnelle, aura un examen sérieux de cette loi enfin de protéger la Constitution rwandaise at sa mise en application. Le Parti vert du Rwanda existe depuis le 14 Août 2009. Il a été officiellement enregistré le 9 Août 2013 et acceptée en tant que membre du Forum National Consultatif des Organisations Politiques au Rwanda le 3 Avril 2014. Le statut du Parti Vert du Rwanda (DGPR) fut publié dans le Journal Officiel de la République du Rwanda le 4 Août 2014. Fait à Kigali le 8 Décembre 2014 Dr.Frank Habineza Président, Parti Démocratique Vert du Rwanda Democratic Green Party Of Rwanda (DGPR)

Lire la suite
DGPR has filed a Lawsuit to the Supreme Court Regarding the non-Respect of French Language

DGPR has filed a Lawsuit to the Supreme Court Regarding the non-Respect of French Language

lundi 8 décembre 2014

The Democratic Green Party of Rwanda has today, the 8th of December 2014, filed a lawsuit to the Supreme Court, regarding the non-respect of French language, as stipulated in Article 5 of the Rwandan Constitution. Article five of the constitution stipulates that Rwanda uses three official languages: Kinyarwanda, French and English, however, many Government institutions such as the National Bank of Rwanda, Rwanda Revenue Authority, National ID Project and many others, have opted to either use English alone or with Kinyarwanda, and deliberately left out French, yet, majority of Rwandans use French Language. DGPR finds this behaviour a hindrance to the national unity and reconciliation process, since it leaves many people unhappy and unable to achieve their legal rights as stipulated in Article 16 of the Rwandan Constitution, which states that: ‘All human beings are equal before the law. They shall enjoy, without any discrimination, equal protection of the Law’. The Democratic Green Party of Rwanda believes that Rwanda’s Supreme Court, which also constitutes itself into the Constitutional Court, will take a serious consideration of this law-suit and take a decision which will protect the Rwandan Constitution. The Democratic Green Party of Rwanda was officially launched on 14th August 2009 as an opposition party. It got official registration on 9th August 2013 and accepted as a member of the National Consultative Forum of Political Organisations in Rwanda on 3rd April 2014. DGPR’s Status were published in the official gazette of the Republic of Rwanda on 4th August 2014. Done at Kigali on 8th December 2014 Dr.Frank Habineza President, Democratic Green Party of Rwanda

Lire la suite
DGPR’s Stand on the Proposed Lifting of Presidential Term Limits from Rwanda’s Constitution

DGPR’s Stand on the Proposed Lifting of Presidential Term Limits from Rwanda’s Constitution

lundi 24 novembre 2014

The Political Bureau of the Democratic Green Party of Rwanda, met on 22nd November 2014 and took an official stand on the proposed request regarding the lifting of the presidential term limits from the constitution of the Republic of Rwanda. After serious analysis of the proposed request by the political bureau, the Democratic Green Party of Rwanda wishes to inform members of the media and the general public, that it does not support the proposed change as well as an advancement of this request to the parliament and a subsequent referendum on lifting of presidential term limits. The Democratic Green Party of Rwanda, believes that respect of the current two term limits of seven years each, is more than enough for a leader to implement his/her manifesto. The Democratic Green Party of Rwanda is fully convinced that it’s important to respect the constitution in order to allow a peaceful transfer of power and implement the principal of rule of law. The request was launched by the Ideal Democratic Party (PDI), Parti Sociale-Imberakuri (PS Imberakuri) and the Party for Solidarity and Progress (PSP). Done at Kigali on 24th November 2014 Dr.Frank Habineza President, Democratic Green Party of Rwanda

Lire la suite