Catégorie : News

Umushahara fatizo: Bite by’umushinga w’itegeko waheze kwa Minisitiri w’Intebe?

Umushahara fatizo: Bite by’umushinga w’itegeko waheze kwa Minisitiri w’Intebe?

mercredi 20 mars 2024

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda [ DPGR-Green Party] Hon. Dr. Habineza Frank, avuga ko ababazwa no kuba umushinga w’itegeko teka rishyiraho umushahara fatizo mushya waheze mu biro bya Minisitiri w’Intebe nk’uko yagiye abitangarizwa kenshi na Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo [MIFOTRA]. Muri 2018 nibwo abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite batoye itegeko rishya rigenga umurimo rishyiraho umushara fatizo, ryagombaga gusimbura iryari rimazeho imyaka 34 ariko kugeza kuri uyu munsi ntakirarikorwaho. Sendika z’abakozi zimaze imyaka myinshi zisaba ko umushahara fatizo wakongerwa kuko uriho utajyanye n’ibiciro biri ku isoko, ndetse udashobora gufasha umukozi gutera imbere. Inyandiko zigaragaza ko umushahara fatizo wa mbere wagiyeho mu Rwanda mu mwaka w’i 1949 wari amafaranga abiri (2 Frw), waje gusimburwa n’amafaranga atanu (5 Frw) mu 1950, usimburwa nuw’mafaranga umunani n’igice (8.5 Frw) mu 1960, waje kwiyongera muri 1974 ugezwa ku mafaranga mirongo itandatu (60 Frw), maze mu 1980 agirwa amafaranga ijana (100 Frw) ari nayo akigenderwaho kugeza kuri uyu munsi. Ingingo ya 76 y’itegeko 130/2009 ryo kuwa 27 Gicurasi 2009 mu itegeko rigenga umurimo mu Rwanda, riteganya ko imishahara fatizo igenwa hakurikijwe ibyiciro by’imirimo igenwa n’iteka rya Minisitiri ufite umurimo mu nshingano ariko ntibyigeze bikorwa. Itegeko ry’umurimo rigizwe n’ingingo 126, aho ryatowe n’abadepite 59 bitabiriye inteko rusange, ryatowe kugira ngo rihuzwe n’itegeko nshinga rivuguruye ryatowe muri 2015, nyuma y’uko iryari ricyuye igihe ryari rihuye n’iryo muri 2003. Nagerageje kubaza Minisitiri ufite umurimo n’abakozi mu nshingano aho uyu mushinga w’itegeko waheze imyaka irashira indi irataha – Hon. Dr. Frank Habineza Ubwo yari asoje kuyobora Kongere no gutora abakandida depite bazahagararira ishyaka DPGR mu nteko ishinga amategeko mu ntara y’amajyaruguru, kuri uyu wa gatanu, tariki ya 15 Werurwe 2024, mu kiganiro yahaye itangazamakuru, Hon. Dr. Habineza Frank yavuze ko ababazwa no kuba uyu mushinga waraheze mu biro bya Minisitiri w’intebe. Ati “Ikibazo cy’umushara fatizo twagisize muri Manifesto yacu muri 2017, ndetse tugeze mu nteko ishingamategeko dukomeza kukigarukaho, na komisiyo nkoreramo y’imibereho myiza, twagiye gusura abaturage batubwira ko kibabangamiye cyane, kuko abakoresha benshi bahemba bakanakoresha abakozi uko bishakiye.” Akomeza avuga ko iki kibazo bakibajije Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo aho umushinga w’itegeko ugeze, inshuro nyinshi zishoboka ariko igisubizo bahabwaga kikaba kimwe ko “Umushinga uri kwa Minisitiri w’Intebe. Asanga iki kibazo kiri mubizashingirwaho muri Manifesito y’ishyaka DPGR, kuko asanga kiri mu bibazo yagaragarije Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda nk’ikibangamiye imibereho myiza y’abaturage, ariko mu myaka itandatu ayimazemo akaba agiye kugisiga nta kigikozweho. Source: Umushahara fatizo: Bite by’umushinga w’itegeko waheze kwa Minisitiri w’Intebe Bwiza.com Edited

Lire la suite
Amajyaruguru: Frank Habineza yerekanye ko Green Party ikorera Abanyarwanda

Amajyaruguru: Frank Habineza yerekanye ko Green Party ikorera Abanyarwanda

lundi 18 mars 2024

Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party), Dr. Frank Habineza yatangaje ko yishimira ko ibibazo hafi ya byose iri shyaka ryakoreye ubuvugizi byamaze gukemuka, bityo akabiheraho yemeza ko rikorera Abanyarwanda. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo basozaga inteko rusange yanabereyemo amatora, Hon. Dr. Frank Habineza yahamije ko ibyo iri shyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije ryasezeranyije abanyarwanda mu gihe cyo kwiyamamaza hafi ya byose byamaze gukorwa. Yagize ati: “Ibyo twemereye abaturage mu gihe cyo kwiyamamaza mu mwaka wa 2017, muri byo 70% byagezweho. Twavuze yuko tuzakuraho umusoro w’ubutaka, nubwo bitakunze ko uvanwaho burundu ariko waragabanyijwe. Wari ugeze ku mafaranga 300 kuri m2 natanze umushinga w’itegeko mu nteko nwyushyira ku mafaranga 100 tubijyamo kugeza MINICOFIN iwumanuye iwushyira ku mafaranga 80, ariko no ku baturage hari aho uwo musoro washyizwe kuri zeru. Urumva ko icyo cyagezweho.” Akomeza agira ati: “Twasabye ko abaturage bagomba kugira icyangombwa cy’ubutaka cya burundu, aho benshi mu ntara zitandukanye bari bafite icyangombwa cy’ubutaka cy’imyaka 20, tuvuga tuti ntabwo ari byo. Ibyo byarahinduwe imyaka iba 99 ishobora no guhinduka ndetse n’ibya burundu birimo. Twavuze kandi ko umwarimu adashobora kwigisha abana bacu neza kandi abayeho nabi, bityo dusaba ko umushahara wa mwarimu wiyongera kandi byarakozwe. Ubu duhangayikishijwe no gukora ubuvugizi kugira ngo n’umushahara w’abaganga nawo uzamuke.” “Si ibyo gusa kuko twasabye ko leta yongeza umushahara w’abasirikare bacu kandi yarabyumvise irabikora. Turifuza ko n’abapolisi bakongezwa umushahara kimwe n’abandi bose bacunga umutekano, kuko bakora akazi katoroshye. Barara amajoro twe turi mu ngo zacu, kugira ngo tube turi hano hari ababa baraye amajoro, bityo birakwiye ko umushahara wabo wongezwa. Twasabye ko banabubakira n’inzu zo kubamo n’ibindi byose turacyabiharanira.” Akomeza avuga ko bakoze nanone ubuvugizi ku kibazo cy’ubwisungane mu kwivuza kigakemuka. “Ibya mituelle murabyibuka ko umuntu yamaraga ukwezi yarayitanze ariko adashobora kwivuza, bityo twatanze igitekerezo ko bihuzwa n’ikoranabuhanga ku buryo utanze mituelle ahita yemererwa kwivuza, kandi ibyo byose ubu byamaze kwemerwa. Ni byinshi cyane twakoreye ubuvugizi kandi kugeza uyu munsi bikaba byaramaze gukemuka. Twavuze ko dukeneye icyogajuru kizadufasha mu kurinda igihugu cyacu, ikirere ndetse n’ibindi byose, murabizi ko abantu badusetse cyane ngo ntabwo dufite n’amavuriro none ngo dukeneye icyogajuru, ariko murabizi ko ku bufatanye n’Ubuyapani hari ibyogajuru bitatu bimaze kujya hejuru. Dufite icyizere ko n’ibindi byose dushaka tuzabigeraho. Iyi nteko rusange yabaye ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru yitabiriwe n’uturere 5 twose tugize iyi ntara, aho batoye abakandida 10, umuhungu n’umukobwa bazahagararira iri shyaka mu matora y’abadepite azaba Ku wa 15 Nyakanga 2024. Mu Karere ka Gakenke hatowe Twagirimana Ferolinand na Mukaneza Janie Louise, mu Karere ka Musanze hatorwa Joseph Dusabimana na Athanasie Mukeshimana, Mu Karere ka Burera hatorwa Ingabire Julien na Filbat Tuyisenge, mu Karere ka Gicumbi hatowe Mukabihezande Justine na Rukundo Fidele, mu gihe mu Karere ka Rulindo hatowe Hategekimana na Joselyne. Source: https://imbarutso.com/amajyaruguru-frank-habineza-yerekanye-ko-green-party-ari-moteri-yigihugu/

Lire la suite
Amajyaruguru: Abarwanashyaka ba Green Party batoye abazabahagararira mu matora

Amajyaruguru: Abarwanashyaka ba Green Party batoye abazabahagararira mu matora

lundi 18 mars 2024

Abarwanashyaka b’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), bahagarariye abandi bo mu turere tw’Intara y’Amajyaruguru, batoye abakandida bazabahagararira mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nyakanga 2024. Aya matora yabaye Ku wa 15 Werurwe 2024 abera mu Nteko Rusange yateraniye mu Karere ka Musanze, yahuje abarwanashyaka bahagarariye abandi baturuka mu turere tw’iyi Ntara n’abayobora ibyiciro byihariiye birimo abagore n’urubyiruko. Umuyobozi Mukuru wa Green Party, Dr Habineza Frank, yashimiye aba barwanashya agaruka ku byo bagezeho muri manifesto y’imyaka itanu ishize, abasaba ko bakomeza gusenyera umugozi umwe bagahuza imbaraga. Mu byo bishimira, harimo ko ibitekerezo batanze byagezweho birimo gusaba izamurwa ry’umushahara wa mwarimu, gukuraho inzitizi zo gutegereza kuvurwa nyuma y’ukwezi utanze imisanzu ya mituweli, igabanuka ry’umusoro w’ubutaka, kongera amafaranga atunga abanyeshuri ba kaminuza azwi nka buruse, guha abana ifunguro ryo ku ishuri n’ibindi. Harimo kandi no gusaba ko imibereho y’abasirikare n’abapolisi yarushaho kunoza n’ibindi bishimira ko byagezweho ku kigero kirenga 70% by’ibyo bari bateganyije. Yagize ati Turishimira ko 70% y’ibyo twari twavuze tuzageza ku Banyarwanda byakozwe muri manifesto turi gusoza. Turifuza ko no muri iyi muduha ibitekerezo bizagenderwaho no muri manda itaha. Muri iyi nteko rusange habayeho umwanya wo gutora abakandida bazahagararira iri shyaka mu matora y’Abadepite. Hatorwaga abakandida babiri muri buri karere, umwe w’igitsinagabo n’undi w’igitsinagore. Mukabihezande Justine, ni umwe muri bo, yagize ati Ndashimira cyane abatugiriye icyizere bakadutora ndetse n’abaharaniye ko ishyaka ryacu rigera aha. Natwe turiteguye mu gukorera Abanyarwanda cyane cyane ku bibazo by’urubyiruko rudafite akazi no ku bantu bafungwa iminsi 30 y’agateganyo naho ni ikibazo kuko hari igihe aba umwere kandi yarafunzwe nk’amezi atatu, hakwiye kubaho uburyo akurikiranwa ari hanze yahamwa n’icyaha akabona gufungwa. Aya matora azabakomereza mu zindi ntara, nyuma y’Umujyi wa Kigali, Amajyepfo n’Amajyarugu byahereweho. Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), ryashinzwe mu 2009, ariko ryemerwa mu Rwanda mu 2013. Source: Amajyaruguru: Abarwanashyaka ba Green Party batoye abazabahagararira mu matora | IGIHE

Lire la suite
Imyaka itandatu mu Nteko, Imyiteguro y’amatora: Impumeko ya Dr Frank Habineza [Ikiganiro n’Igihe.com]

Imyaka itandatu mu Nteko, Imyiteguro y’amatora: Impumeko ya Dr Frank Habineza [Ikiganiro n’Igihe.com]

mardi 12 mars 2024

Harabura amezi atatu kugira ngo hatangire ibikorwa bijyanye n’amatora y’Abadepite ndetse n’aya Perezida wa Repubulika cyane ko ari wo mwaka wa mbere agiye kuba ahujwe. Amashyaka ndetse n’abanyapolitiki batandukanye mu Rwanda batangiye gukora ibikorwa bitandukanye by’imyiteguro iganisha kuri ayo matora. Dr Frank Habineza uyobora Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, ni umwe mu bashaka kongera kwiyamamariza kuyobora u Rwanda nyuma yo kudahirwa n’umwaka wa 2017. Kwiyamamaza kwa Habineza ariko hari ababifata nko gushaka kwivana amata ku munwa, dore ko uyu mugabo wari umaze imyaka itandatu ari Umudepite, niyiyamamaza ku mwanya wa Perezida atazaba yemerewe kwiyamamaza mu badepite. IGIHE yaganiriye na Dr Frank Habineza, agaruka ku myiteguro y’amatora, ibyo yigiye mu Nteko, iby’amashyaka atavuga rumwe na Leta mu Rwanda n’ibindi. Imyiteguro y’amatora imeze ite muri Green Party ? Navuga ko imyiteguro tuyigeze kure kuko twatangiye kwitegura iby’amatora mu 2022, twari tuzi ko Amatora y’Abadepite azaba mu 2023. Icyo gihe twatangiye kwitegura dushyiraho inzego z’ishyaka; zaba iz’urubyiruko n’iz’abagore, tugenda tuzishyiraho ku rwego rw’uturere. Icyo gihe rero nibwo twatangiye kugenda dutora, twuzuza tunasimbuza abayobozi n’izindi nzego zisanzwe. Kuba twarashyizeho izo nzego rero, zaba iz’urubyiruko, iz’abagore zikaza zunganira iz’ishyaka zisanzwe, yari intsinzi ikomeye cyane kuko ni ukuvuga ngo twari dufite abantu bazavamo abakandida. Ikindi twakoze mu mwaka ushize twitegura amatora cyane cyane kuva muri Nzeri, twatangiye kwitegura Manifesto [Imigabo n’imigambi]. Impamvu ni uko twiteguraga kujya mu matora ariko tukaza kumenya ko yigijwe imbere. Twahise dutangira kureba imigabo n’imigambi rero y’ibyo tuzagenderaho twiyamamaza, dushyiraho komite ibyiga. Hari n’imyiteguro dukora yo gushaka abakandida. Ibijyanye n’iyo myiteguro rero murabizi ko muri iyi minsi imitwe ya politiki iri gushaka abakandida baziyamamaza mu matora y’abadepite n’amatora ya Perezida wa Repubulika, twebwe nk’ishyaka twakoze inama nkuru y’ishyaka muri Gicurasi umwaka ushize ndetse ishyaka ryemeje umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ari we njye Dr. Frank Habineza. Ubusanzwe Green Party ifite abayoboke bangana iki ? Niba nkubwiye ko twabashije kujya mu turere twose tw’igihugu uko ari 30 tukabonayo urubyiruko, tukabonayo abagore tukubaka n’inzego zabo, buriya ni uko tuba tubafite. Ndavuga umubare ufatika… Ubwo duheruka kubara bari bageze mu bihumbi 300 ariko ubu ndizera ko bamaze kurenga ubu nubwo n’ubundi abagera ku bihumbi 300 atari bake. Wizera ko abayoboke ibihumbi 300 babazamura bakabageza aho mwifuza ? Nizera ko bahagurukiye icyarimwe byatugeza kure cyane. Kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida kandi ubushize waratsinzwe, ntiwiyamamaze mu badepite kandi ariho watsinze ubushize, ibyo si nko kwikura amata ku munwa? Icyo nakubwira ni uko iki cyemezo twagifashe twagitekerejeho kandi ni icyemezo gikomeye kirimo n’ubwitange bukomeye . N’abandi benshi barabivuze no mu ishyaka bati “ibyo kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida tubireke twiyamamaze ku mwanya w’abadepite” , ariko tubyigaho turavuga tuti “nk’ishyaka rikuru ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Rwanda, tuba dukwiye gushaka impinduka mu Rwanda cyane cyane impinduka zishobora kuzanira Abanyarwanda ibintu byiza mu buzima no mu mibereho myiza yabo. Ishyaka ryacu rero rifashe umwanzuro ko ritajya mu matora ya Perezida wa repubulika, twaba duhombeje cyane Abanyarwanda badufitiye icyizere. Ikindi kandi ariya matora aheruka twagiyemo nubwo muvuga ngo nabonye amajwi make, ariko nk’ishyaka, imigabo n’imigambi yacu, imyinshi yagezweho. Byagezweho gute kandi manifesto yanyu atari yo yatsinze? Ntabwo yatsinze ariko abatsinze baje kubona ko ibitekerezo byacu byari bifite akamaro kuko bimwe muri ibyo byarakozwe. Urabizi ko twakomozaga cyane ku cyo kugabanya umusoro w’ubutaka, twavugaga ku cyo kuba abantu bagira ibyangombwa by’ubutaka bya burundu, twabivuze kenshi cyane. Muzi ko no mu nteko nazanye ibyo kuvuga ngo umusoro w’ubutaka uve ku mafaranga 300 ushyirwe ku 100 Frw kuri metero kare imwe, byaciye mu nzira nyinshi ariko ubu byasubiye ku mafaranga 80Frw ya kera byariho. Urumva ko rero ibitekerezo byacu byagiye bihabwa agaciro kuko ibyifuzo byacu ni ibyifuzo by’Abanyarwanda. Ngira ngo ibyo kugaburira abana ku ishuri murabizi ko nabivuze bwa mbere mu 2017. Navuze ko abantu nibantora nzashakira abana ibyo kurya ku mashuri, abantu baranseka cyane ndabyibuka rwose, ariko ubu murabibona ko byabaye itegeko rya Minisiteri y’Uburezi ko abana bagomba kurya ku ishuri ndetse noneho n’ababyeyi bakabigiramo uruhare. Nanavuze icyogajuru ndi i Nyabihu, aho navugaga ko nzakizana kikadufasha mu gucunga umutekano w’igihugu maze abantu bakansamira hejuru ngo uzakura he amafaranga? Urabizi ko ubu icyogajuru cyabonetse ndetse byabaye na byinshi cyane ntabwo ari na kimwe gusa. Icyo nshaka kuvuga ni uko hari byinshi twavuze byagize akamaro ku Banyarwanda nubwo tutatsinze amatora ariko ibitekerezo byacu byabaye ingirakamaro. Kujya mu matora rero ntabwo tureba gutsinda gusa, ahubwo tunareba niba ibitekerezo dufite bifitiye akamaro Abanyarwanda. Ubu nishimiye ko 70% y’ibitekerezo byacu twanditse muri manifesito yacu, byagezweho. Iyo ni intsinzi ikomeye cyane. Ntabwo twakwirengagiza ariko ko ibyo byose abari kubishyira mu bikorwa atari mwe… Leta ishobora kuba yarafashe icyo gitekerezo ikakinoza ndabizi ko ihita inabihindura ibyayo, ariko ni ibitekerezo biba byaravuye muri Green Party. Ubifata nk’inyungu kuri wowe? Icyo nakubwira ni uko tutagiye muri politiki dushaka amafaranga, ahubwo twayigiyemo kugira ngo ibitekerezo byacu bihabwe agaciro. Ibitekerezo byanjye nibihabwa agaciro nzishima kuko na Yesu yaravuze ngo “Nimushake ubwami bw’Imana, ibindi muzabyongererwa.” Mfite icyizere rero ko n’ibindi nzabibona. Umaze imyaka 15 utangiye politiki itavuga rumwe na leta, Ese abatavuga rumwe na Leta mu Rwanda bateye imbere cyangwa basubiye inyuma? Navuga ko twateye imbere kuko mu by’ukuri twatangiye dukubitwa hano hepfo kuri Saint-Paul no kuri Sainte-Famille mu 2009. Twarakubiswe kuko inama ebyiri twakoze icyo gihe zose zarangiye nabi cyane. Mu 2010 byabaye bibi kurushaho ku buryo nanjye ubwanjye byabaye ngombwa ko mpunga igihugu nkajya i Burayi. Muzi ko muri Nyakanga mu 2010 uwari Visi Perezida wanjye yishwe nabi urw’agashinyaguro i Butare. Byari bibi cyane rero. Narahunze rero ndongera ndagaruka, hari abandi bari bafunzwe bagenda bafungurwa. Ishyaka ryacu ryamaze imyaka ine ritarandikwa ariko duharanira ko ryandikwa biza gukorwa mu 2013 tuza no kujya mu matora nubwo tutayatsinze ariko twayagiyemo, tujya mu ya 2018 tujya no mu Nteko Ishinga Amategeko. Mbona rero tugenda tuzamuka intambwe ku yindi, tuva mu bibi cyane tugera mu bibi gakeya, tugera mu byiza. Twizera ko tuzagera no ku byiza birushijeho. Navuga ko turi kuzamuka rero ntabwo turi gusubira inyuma. Nyamara haracyari raporo zisohoka zikavuga ko u Rwanda runiga demokarasi… Bazajye batubaza ariko natwe kuko natwe tuba duhari. N’iyo zimaze gusohoka muricecekera ariko… Biterwa n’uko mu ikorwa ry’izo raporo baba batatwegereye ngo tubasobanurire, ariko batubajije tukagiramo uruhare ku bitureba natwe twagira icyo tubivugaho. Nibavuga ko itangazamakuru ritameze neza, natwe turabizi ko ritameze neza kuko hakirimo ibibazo cyane cyane mu buryo bw’amafaranga. Itangazamakuru rirakennye kandi iyo udafite amafaranga nta buzima uba ufite. Urumva rero nk’icyo turacyemeranyaho. Niba bavuga ko abantu bakitinya mu gutanga ibitekerezo byabo, natwe turabizi ko abantu batarisanzura neza bakitinya, ariko harimo ibyo bita “political invironment” ariko mu rwego rwa leta, ntabwo leta yashyizeho itegeko ribuza abantu kuvuga. Iyo washoboye gutinyuka ukavuga ntabwo bagufunga. Green Party iri mu nama nyunguranabitekerezo y’imitwe ya Politiki, bamwe babifata nko gukora na Leta… Bari bazi ngo tugiye muri Forum tugiye kuzimira kandi mu by’ukuri forum ni ikintu cyiza, ntabwo ari ikintu kibi. Forum ni inama nyunguranabitekerezo y’imitwe ya politiki, ni ikintu cyiza cyane aho imitwe ya politiki ishobora guhurira igatanga ibitekerezo bitandukanye. Hari igihe duhangana na FPR tukavuga ibi, tukavuga na biriya, rimwe na rimwe rwose bikadogera bikanga bikaba ngombwa ko tuzabisubiramo ikindi gihe ariko bikagera aho tukabyumvikanaho. Ikintu cya ngombwa ni uko abantu batanga ibitekerezo ntibabyumvikaneho, ariko bakaza kugeraho aho bashobora kuba babyumvikanaho. Ibyo rero turabishyigikiye cyane kuko biri no mu mahame agenga ishyaka ryacu. Ni ukuvuga ngo twe dushyigikiye kuba mu mitwe ya politiki y’amahoro , ntabwo dushyigikiye politiki y’intambara, ariko ntibivuze ko watunigana ijambo. Mu 2017 mwavuze ko muzubaka urukuta rutandukanya u Rwanda, RDC n’u Burundi, muracyabihagazeho? Ibyo bintu by’urukuta byari mu mbanzirizamushinga, ntabwo byashyizwe muri manifesto ndakuka yacu. Niba mushobora kubona mubireba, irahari ku rubuga rwacu, ntabwo icyo gitekerezo kirimo kuko cyari cyazanwe muri cya gihe cy’ikusanyabitekerezo kuko manifesto iva mu bitekerezo by’abarwanashyaka. Cyaraje rero tukivugaho, sinzi ukuntu cyagiye mu itangazamakuru ariko ntabwo cyagiye mu byemezo by’ishyaka. Gusa icyo navuga ku bibazo by’u Rwanda na Congo, icyo dushyigikiye ni uko ibibazo bigomba gukemuka mu nzira y’amahoro. Twumva ko inzira y’imirwano atari yo nzira ikemura ibibazo, abantu bagomba kwicara kuko hari inzira zihari zo kuganira, byaba ibiganiro by’ubuhuza bya Luanda, ibya Nairobi, icy’ingenzi ni ugushyira mu bikorwa ibyo baba baganiriye. Ikibazo bano banyepolitiki bafite, ni uko bagenda bakaganira bakanasinya, ariko ntibabishyire mu bikorwa, nicyo kibazo bafite. Aho rero niho abaturage baba bagomba kubabaza inshingano zabo. Kuki musinya ibintu, ntimubishyire mu bikorwa? Nka kiriya kibazo cya M23 ntabwo cyagombye kuba gihari kuko hari ibyo bumvikanyeho barasinya, bagira ibyo babemerera ariko ntibyashyirwa mu bikorwa. Njyewe ndi Perezida wa Congo, cyangwa ndamutse ndi umugira inama, namubwira nti ‘fata bya bipapuro wasinye cyangwa ibyasinwe na mugenzi wawe Kabila, ubishyire mu bikorwa’. Ku ruhande rw’u Rwanda ho ni iki ubona wakora kugira ngo ikibazo gikemuke ? Ni ukubashishikariza gushyira mu bikorwa iyo myanzuro iba yafashwe. Icyo navuga kuri ibi bibazo nk’ishyaka ni uko twe dushyigikiye ko ibi bibazo bikemuka mu mahoro. Twemera ko u Rwanda rwajya kurwana ari uko rwatewe. Turamutse dutewe cyangwa bigaragara ko turi ku nkeke bagiye kudutera, icyo gihe twakwirwanaho. Ishyaka ryemera ko tugomba kwirwanaho ariko ntitwemera ibyo kujya gutera. Umaze imyaka itandatu uri mu Nteko, hari itandukaniro ubona ugereranyije na mbere utarajyamo? A : Inteko ishinga amategeko ifite inshingano nk’ebyiri cyangwa eshatu. Ifite inshingano yo gukora amategeko, ikaba ifite n’inshingano yo gukurikirana imikorere ya Guverinoma cyangwa kugenzura imikorere yayo ndetse no guhagararira abaturage. Navuga ko rero muri izo nshingano zayo zose uko ari eshatu, yaba iyo gukora amategeko twarayakoze, iyo gukurikirana imikorere ya Guverinoma nayo irakorwa noneho n’iyo guhagararira abaturage nabyo turabikora. Iyo hatitambikamo Covid-19 twakabaye kuba twarakoze neza kurushaho, ariko mu gihe tumazemo inshingano twarazikoze kandi turacyanazikora gusa hari ibikeneye guhinduka. Ibyo ni nk’ibiki? Ngira ngo njye ndi mu bantu b’ibanze batanze ibibazo by’abaturage mu nteko. Ariko nagiye mbitanga mu buryo butaziguye ariko bisaba ko umuturage abanza kukwandikira agashyiraho na fotokopi y’indangamuntu ye. Usanga Abanyarwanda bamwe baba bitinya kuba bakwandika bavuga bati “izina ryanjye ntirigaragare”. Ugasanga rero abenshi bafite ibibazo ariko bagatinya kuba bakwandika. Hari uburyo twari twavuze rero ko umudepite ashobora kuzana ikibazo cy’umuturage atiriwe amwandikira. Nk’ibi bibazo byo kuvuga ngo ibiciro by’ingendo byazamutse, ukaba wabifata gutyo ugahita ubizana mu nteko utabanje guca hirya no hino. Ibyo rero tugiye kuva mu nteko bitabaye kandi twari twarabishyizemo twarabivuguruye. Hari ukuntu abaturage bavuga ngo ntimwatuvuganiye ku bibazo runaka, ariko ntibamenye ko iryo tegeko ritabitwemerera. Hari ukuntu njye najyaga nyuzamo nabona nka Minisitiri aje ngahita ngikubita aho nkavuga nti “ikibazo cy’ingendo cyifashe gutya” nubwo nabaga nzi ko byagakwiye gukorwa mu nzira zindi ariko byatangaga umusaruro bigakemuka. Byaba ariyo mpamvu abaturage bashinja Inteko kutabavuganira uko bikwiriye? Urumva iryo tegeko mvuga riramutse risohotse, riba rihaye umuturage wese uburenganzira bwo kuzana ikibazo abonye cyose atarindiriye kuvuga ngo umuturage abanze yandike. Wajya ahantu mu rugo ugasanga habaye ikibazo gikomeye cyane, ku buryo wabona ikibazo ukaza ukakivuga bagahita bahamagaza minisitiri ubishinzwe akaza kubisobanura ikibazo kigahita gikemuka vuba. Mu 2017 wagiye kwiyamamaza ubanje kugwatiriza inzu yawe kubera amikoro, ubu bwo byifashe bite? Turimo gukora ubukangurambaga kuri ibyo bijyanye n’amafaranga n’ibikenerwa kugira ngo tuzakore ibyo bikorwa bijyanye n’amatora ariko ntabwo byoroshye. Ubukangurambaga tuburimo, turi gushakisha kandi nk’uko ubivuze amatora arakomeye kandi n’ibiciro byariyongereye ku isoko byarazamutse cyane, uko ibintu byagurwaga mu 2018 ntabwo ari ko bigurwa ubu ndetse n’ibiribwa byarazamutse. Ni ukuvuga ngo ibintu biragoye ariko amatora tugomba kuyajyamo. Byanze bikunze tuziyamamaza kandi ubushobozi bwo kubikora byanze bikunze tuzabubona. Source: Iby’urukuta hagati y’u Rwanda na RDC, imyaka itandatu mu Nteko: Impumeko ya Dr Frank Habineza IGIHE.com Video: Iby’urukuta hagati y’u Rwanda na RDC||Guhatana na Perezia Kagame: Twaganiriye Dr Frank Habineza (youtube.com)

Lire la suite
Ishyaka Green Party ryahisemo abazarihagararira mu Majyepfo mu matora y’Abadepite

Ishyaka Green Party ryahisemo abazarihagararira mu Majyepfo mu matora y’Abadepite

mardi 12 mars 2024

Abayoboke b’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije, Democratic Green Party of Rwanda, bagaragaje ko hari ibitekerezo batanze byashingiwemo mu kugena impinduka zirimo kongera umushahara wa mwarimu, bakaba bavuga ko bazongera kurishyigikira mu matora ateganyijwe muri Nyakanga 2024. Babigarutseho ku Cyumweru, tariki ya 10 Werurwe 2024, ubwo bari mu Nteko Rusange y’iri shyaka ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo, ahatowe abo muri iyi ntara bazarihagararira mu matora y’Abadepite. Perezida w Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (DGPR), Dr Frank Habineza, yavuze ko kongera umushahara wa mwarimu ari nk’intsinzi y’iri shyaka kuko ngo muri manda ishize, biri mu byo biyamamazaga bavuga ko bazageza ku Banyarwanda. Yavuze ko mu byo bazakomeza gushyiramo imbaraga harimo no gukomeza kurwanya ubukene mu Banyarwanda. Dr Habineza yavuze ko mu bindi bishimira ari uko hashyizwe imbaraga mu kugabanya umusoro w ubutaka, kugaburira abana ku mashuri, kunoza uburyo bwo gucunga umutekano w’igihugu hakoreshejwe ibyogajuru no gutanga buruse muri kaminuza hatagendewe ku byiciro by’ubudehe. Abahuriye muri iyi Nteko Rusange ya Green Party ni abarwanashyaka bakomoka mu turere tugize Intara y’Amajyepfo. Source: Ishyaka Green Party ryahisemo abazarihagararira mu Majyepfo mu matora y’Abadepite (rba.co.rw)

Lire la suite
Green Party irifuza ko ibiciro by’ibiribwa ku masoko bigabanuka

Green Party irifuza ko ibiciro by’ibiribwa ku masoko bigabanuka

mardi 12 mars 2024

Abarwanashyaka bo mu Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda(Democratic Green Party of Rwanda) bitabiriye congress baturutse mu Ntara y’Amajyepfo, basabye ko abazabahagararira mu Nteko ishingamategeko kuzabakorera ubuvugizi ibiciro by’ibiribwa biri ku masoko bikaba byagabanuka. Uwitwa Rutebuka Anastase wo mu karere ka Kamonyi yagize ati”Ibiribwa byaruriye muri iki gihe kuko ikilo cy’ibishyimbo twakiguraga 300frws none kigeze muri 600frws n’ibindi aho byagiye byikuba kabiri mu biciro ugasanga rero hakwiye ubuvugizi ngo ikiguzi kibiribwa kigabanuke.” Mugenzi we Evariste Nsanzabaganwa wo mu karere ka Nyanza nawe yagize ati”Ibiribwa ku isoko byarazamutse kandi bigaragara ko bidakwiye kuko ujyana ku isoko amafaranga ibihumbi bitanu ariko wanataha ugasanga ibyo wahashye amvilope ituzuye bityo turasaba ko abazaduhagararira mu nteko ishingamategeko bazita kuri icyo kibazo.” Chairman w’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda Dr.Frank HABINEZA nawe avuga ko iki kibazo cy’ibiciro bihanitse by’ibiribwa bakimenyeshejwe bityo ibyo abarwanashyaka basaba bizakomeza gukorwaho ubuvugizi Yagize ati”Ibijyanye n’ibiciro by’ibiribwa bihanitse twabivuzeho na Minisitiri w’intebe ko bigomba kugabanuka gusa batubwiraga ko Abanyarwanda bejeje ariko ntitwabyemeye kuko ibiciro biracyari hejuru.” Akomeza ati “Hari ibidakwiye kuzamuka nk’imboga za dodo, ibishyimbo inyanya n’ibindi twihingira mu murima ntibyagakwiye kuzamuka kuko n’abantu bahora babikenera. Ni ikibazo birakwiye ko natwe duhinga tukihaza aho kumva ko tugomba guhingira isoko gusa kuko hari abafite uwo muco wo guhingira isoko gusa ntibagire icyo basiga mu rugo kandi nibikwiye gusa tuzakomeza kurebera hamwe uko ikibazo cyakemuka” Muri iyi congress yabereye mu Ntara y’Amajyepfo kandi hatowe abakandida 16 bazahagararira Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nyakanga 2024 aho iri shyaka rizanatanga umukandida uziyamamariza kuyobora igihugu. Source: Green Party irifuza ko ibiciro by’ibiribwa ku masoko bigabanuka – Umuseke

Lire la suite
Green Party yatoye abazayihagararira mu matora y’Abadepite mu Ntara y’Amajyepfo

Green Party yatoye abazayihagararira mu matora y’Abadepite mu Ntara y’Amajyepfo

lundi 11 mars 2024

Kuri iki cyumweru, itariki 10 Werurwe 2024, ishyaka Democratic Green Party of Rwanda ryatoye abakandida 16 bazarihagararira ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka. Muri aya matora, Akarere ka Kamonyi kari gahagarariwe na Murenzi Jean de Dieu na Ishimwe Denyse, mu gihe Muhanga yari ihagarariwe na Gasangwa Jean Luc na Uwineza Deliphine, Nyamagabe ihagarariwe na Nkurunziza Emmanuel na Mutuyimana Louise, Akarere ka Nyanza kakaba kari gahagarariwe na Nsengumukiza Valery na Ingabire clemantine. Utundi turere nka Ruhango yari ihagarariwe na Nzeyimana Hodar na Nyiratebuka Helena, Huye ihagarariwe na Nininahazwe Nicolas na Iyakaremye innocent, naho Nyaruguru ihagarariwe na Umurisa Solange na Habimana Gustave. Mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma y’inama, Umuyobozi wa Green Party, Hon. Dr. Frank Habineza, yavuze ko bagomba gukomeza gukora ubuvugizi ku bibazo byugarije Abanyarwanda kugirango abanyarwanda barusheho kugira ubuzima bwiza. Source: Green Party yatoye abazayihagararira mu matora y’Abadepite mu Ntara y’Amajyepfo Bwiza.com

Lire la suite
Dr Frank Habineza yagizwe Ambasaderi w’amashyaka arengera ibidukikije ku Isi (Global Greens Ambassador)

Dr Frank Habineza yagizwe Ambasaderi w’amashyaka arengera ibidukikije ku Isi (Global Greens Ambassador)

jeudi 7 mars 2024

Umuyobozi w’ishyaka DGPR (Democatric Green Party of Rwanda) akaba n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, Dr Frank Habineza, yagizwe Ambasaderi w’umuryango uhuza amashyaka arengera ibidukikije na demokarasi ku Isi. Dr Habineza yahawe iyi nshingano hashingiwe ku muhate yagize mu kurengera ibidukikije n’ibyo yagezeho kuva mu 2018 ubwo yari ahagarariye ihuriro ry’amashyaka arengera ibidukikije muri Afurika. Jose Miguel Quintanilla na Bodil Valero bahagarariye uyu muryango uzwi nka ‘Global Greens’, mu ibaruwa bandikiye Dr Habineza, bamumenyesheje ko bafashe icyemezo cyo kumuha iyi nshingano kuko yateje imbere amahame yawo yose. Muri aya mahame harimo kugira ubumenyi ku binyabuzima byose biba ku Isi no gushyira imbaraga mu kubirinda, guharanira ko gahunda y’uburinganire n’izigamije kurengera ibidukikije zigirira inyungu abantu bose, guharanira ibikorwa by’iterambere rirambye no guharanira ko buri wese agira uruhare mu gufata ibyemezo bijyanye na gahunda zo kurengera ibidukikije. Miguel na Valero bandikiye Dr Habineza bati “Kugirwa Ambasaderi wa Global Greens ni igihamya cy’uko ugendera kuri aya mahame, n’icy’uko ufite ubushobozi bwo kugera ku musaruro ufatika. Ubumenyi bwihariye bwawe, uburyo bwawe n’ishyaka ufite bizateza imbere umuryango wacu kandi bibe umusanzu ku bikorwa byacu biganisha Isi ku hazaza hatoshye.” Dr Habineza, mu kiganiro na IGIHE, yatangaje ko yishimiye cyane kuba yagiriwe iki cyizere, asezeranya ko uyu mwanya yahawe uzamufasha guha abayobozi b’uyu muryango ubujyanama, akomeza no gutanga umusanzu we ku rwego rw’Isi. Yagize ati “Nabyishimiye cyane. Bizamfasha gukomeza gutanga umusanzu wo kubaka demokarasi no kurengera ibidukikije ku Isi hose, kandi nkazashobora no kugira inama abayobozi batandukanye mu mashyaka ya Green Parties ari ku migabane yose y’Isi.” Dr Habineza yashinze ishyaka DGPR muri Kanama 2009. Yatangiye ku mugaragaro ibikorwa byo kurengera ibidukikije mu 2000 ubwo yigaga muri Kaminuza y’u Rwanda. Icyo gihe yari yaratangije umuryango ‘UNR Wildlife Club’ wateye ibiti birenga 1000 mu ishyamba rya ‘Arboretum’. Uyu muryango waje guhinduka ihuriro ‘Rwanda Wildlife Clubs’, ryateye ibiti hirya no hino mu gihugu, ryifatanyije n’inzego z’ubuyobozi bw’u Rwanda. Source:Dr Frank Habineza yagizwe Ambasaderi w’amashyaka arengera ibidukikije ku Isi IGIHE.com

Lire la suite
Green Party irifuza ko abategura Umushyikirano batajya bawusanisha n’ishuli

Green Party irifuza ko abategura Umushyikirano batajya bawusanisha n’ishuli

mardi 6 février 2024

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ihuza Perezida wa Repubulika n’abahagarariye abaturage, ikaba ari ngarukamwaka kuko iba nibura rimwe mu mwaka, igasuzuma uko ubuzima bw’Igihugu n’ubumwe bw’Abanyarwanda bihagaze. Umukuru w’Igihugu ni we utumiza, akanagena abitabira inama y’Igihugu y’Umushyikirano ndetse akanayiyobora, aho imyanzuro yayo ishyikirizwa inzego zibishinzwe, kugira ngo zirusheho gutunganya imirimo zikorera abaturage. N’ubwo bimeze bitya ariko, ngo hari ubwo abategura imigendekere yawo babivanga, aho usanga uburyo bwo kubaza bufunze cyane. Yewe n’ubajije akabaza kubyo yumvise aho adashobora kujya ku ruhande ngo abaze ibyo yifuza ko Umukuru w’Igihugu abitangaho umurongo Muri Congress y’ishyaka Green Party of Rwanda yo mu mugyi wa Kigali, yateranye kuwa 26 Mutarama 2024 yahuje inzego zitandukanye z’ishyaka mu Mujyi wa Kigali aho bariho batanga ibitekerezo ku ngingo zitandukanye zizifashishwa muri Manifesito y’ishyaka ubwo bazaba batangiye kwiyamamaza mu matora y’u Mukuru w’igihugu ndetse n’Abadepite azaba muri Nyakanga 2024. Umukuru w’iri shyaka Dr Frank Habineza yabwiye ikinyamakuru Umuryango k obo batishimira uburyo Umushyikirano ugenda, kandi ko bimaze kuba imyaka 2 yikurikiranya. Ati”Usanga bahitamo ubaza kandi kubyo yumviye aho. Ntibashobora guha amahirwe abandi bifuza kubaza ku bindi bitandukanye bigize ubuzima bw’igihugu kandi aricyo kiba cyatumye ubaho. Nibareke kubigira nko mwishuri, abantu basabane babaze ibyo bashaka mbese bashyikirane nyine nk’uko byitwa.” Dr Frank akomeza avuga ko abategura umushyikirano babima ijambo kuburyo batanga ibitekerezo byabo. Icyakora ngo kuba batumirwa hari ikizere ko bizageraho bikagenda neza. Ubwo batanga ibitekerezo ku ingingo y’Ubutabera, abarwanashyaka ba Green Party bifuje ko igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo yakurwaho hanyuma inzego za Leta zigashyiraho uburyo bwo gukurikirana no kugenzura umuntu ucyekwaho icyaha ku buryo atagira aho ajya nacyane ko ihame ry’ubutabera riba rivuga ko umuntu iyo atarahamywa icyaha aba akiri umwere. Ikindi ngo bizagabanya ubucukike mu ma gororero hirya no hino mu Gihugu. Mu kindi kifuzo cyatanzwe ku ngingo y’ubutabera , Abarwanashyaka barifuza ko mu gihe umuntu afunzwe igihe kirekire hanyuma akazarekurwa ari Umwere, Leta yajya itanga indishyi z’uwo muntu wafunzwe icyo gihe kirekire kuko biba bigaragara ko uwo muntu yarenganyijwe n’Ubutabera buba bwarafunze umuntu akaza kurekurwa ari Umwere. Source: Green Party irifuza ko abategura Umushyikirano batajya bawusanisha ( ) Umuryango.rw

Lire la suite
Democratic Green Party of Rwanda Congress: Paving the Way for the 2024 Elections in Rwanda

Democratic Green Party of Rwanda Congress: Paving the Way for the 2024 Elections in Rwanda

mardi 6 février 2024

The Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) organized the Kigali City party congress that was a platform to give contributions to the party manifesto and elect the parliamentary candidates from the city who will represent them in the next coming elections due in July 2024. The event was held on January 26th, 2024, in Gasabo district, Kigali. The elections brilliantly showcased youth and female leadership, where each district elected two candidates (a woman and a man) in order to give the opportunity to those from the city areas to train in their districts. This program will continue in all provinces of the country. Speaking at the event, the President of the Democratic Green Party of Rwanda (DGPR), Hon. Dr. Frank HABINEZA, addressed different crucial issues faced by Rwandans, including what his party would do if given the chance to lead this country. He revealed that the actions taken were a foreshadowing of other activities that the party plans to do throughout the country. He said, “We started making the manifesto last year in September. We have a draft, and we are still receiving other opinions so that when we reach May, our manifesto will have different opinions from all Rwandans.” During the congress, leaders and other members have participated in contributing their ideas about the party manifesto that will help the party during the campaign period in the next coming elections. The ideas represented have come from different three districts of the City of Kigali. The opinions given by the party members will be improved by the manifesto team to go into the manifesto that will be finally approved in the national congress scheduled to be held in May 2024. Source: Democratic Green Party of Rwanda Congress: Paving the Way for the 2024 Elections in Rwanda TOP AFRICA NEWS

Lire la suite