Umuyobozi w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party), Dr. Frank Habineza yatangaje ko yishimira ko ibibazo hafi ya byose iri shyaka ryakoreye ubuvugizi byamaze gukemuka, bityo akabiheraho yemeza ko rikorera Abanyarwanda. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo basozaga inteko rusange yanabereyemo amatora, Hon. Dr. Frank Habineza yahamije ko ibyo iri shyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije ryasezeranyije abanyarwanda mu gihe cyo kwiyamamaza hafi ya byose byamaze gukorwa. Yagize ati: “Ibyo twemereye abaturage mu gihe cyo kwiyamamaza mu mwaka wa 2017, muri byo 70% byagezweho. Twavuze yuko tuzakuraho umusoro w’ubutaka, nubwo bitakunze ko uvanwaho burundu ariko waragabanyijwe. Wari ugeze ku mafaranga 300 kuri m2 natanze umushinga w’itegeko mu nteko nwyushyira ku mafaranga 100 tubijyamo kugeza MINICOFIN iwumanuye iwushyira ku mafaranga 80, ariko no ku baturage hari aho uwo musoro washyizwe kuri zeru. Urumva ko icyo cyagezweho.” Akomeza agira ati: “Twasabye ko abaturage bagomba kugira icyangombwa cy’ubutaka cya burundu, aho benshi mu ntara zitandukanye bari bafite icyangombwa cy’ubutaka cy’imyaka 20, tuvuga tuti ntabwo ari byo. Ibyo byarahinduwe imyaka iba 99 ishobora no guhinduka ndetse n’ibya burundu birimo. Twavuze kandi ko umwarimu adashobora kwigisha abana bacu neza kandi abayeho nabi, bityo dusaba ko umushahara wa mwarimu wiyongera kandi byarakozwe. Ubu duhangayikishijwe no gukora ubuvugizi kugira ngo n’umushahara w’abaganga nawo uzamuke.” “Si ibyo gusa kuko twasabye ko leta yongeza umushahara w’abasirikare bacu kandi yarabyumvise irabikora. Turifuza ko n’abapolisi bakongezwa umushahara kimwe n’abandi bose bacunga umutekano, kuko bakora akazi katoroshye. Barara amajoro twe turi mu ngo zacu, kugira ngo tube turi hano hari ababa baraye amajoro, bityo birakwiye ko umushahara wabo wongezwa. Twasabye ko banabubakira n’inzu zo kubamo n’ibindi byose turacyabiharanira.” Akomeza avuga ko bakoze nanone ubuvugizi ku kibazo cy’ubwisungane mu kwivuza kigakemuka. “Ibya mituelle murabyibuka ko umuntu yamaraga ukwezi yarayitanze ariko adashobora kwivuza, bityo twatanze igitekerezo ko bihuzwa n’ikoranabuhanga ku buryo utanze mituelle ahita yemererwa kwivuza, kandi ibyo byose ubu byamaze kwemerwa. Ni byinshi cyane twakoreye ubuvugizi kandi kugeza uyu munsi bikaba byaramaze gukemuka. Twavuze ko dukeneye icyogajuru kizadufasha mu kurinda igihugu cyacu, ikirere ndetse n’ibindi byose, murabizi ko abantu badusetse cyane ngo ntabwo dufite n’amavuriro none ngo dukeneye icyogajuru, ariko murabizi ko ku bufatanye n’Ubuyapani hari ibyogajuru bitatu bimaze kujya hejuru. Dufite icyizere ko n’ibindi byose dushaka tuzabigeraho. Iyi nteko rusange yabaye ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru yitabiriwe n’uturere 5 twose tugize iyi ntara, aho batoye abakandida 10, umuhungu n’umukobwa bazahagararira iri shyaka mu matora y’abadepite azaba Ku wa 15 Nyakanga 2024. Mu Karere ka Gakenke hatowe Twagirimana Ferolinand na Mukaneza Janie Louise, mu Karere ka Musanze hatorwa Joseph Dusabimana na Athanasie Mukeshimana, Mu Karere ka Burera hatorwa Ingabire Julien na Filbat Tuyisenge, mu Karere ka Gicumbi hatowe Mukabihezande Justine na Rukundo Fidele, mu gihe mu Karere ka Rulindo hatowe Hategekimana na Joselyne. Source: https://imbarutso.com/amajyaruguru-frank-habineza-yerekanye-ko-green-party-ari-moteri-yigihugu/
Abarwanashyaka b’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR), bahagarariye abandi bo mu turere tw’Intara y’Amajyaruguru, batoye abakandida bazabahagararira mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nyakanga 2024. Aya matora yabaye Ku wa 15 Werurwe 2024 abera mu Nteko Rusange yateraniye mu Karere ka Musanze, yahuje abarwanashyaka bahagarariye abandi baturuka mu turere tw’iyi Ntara n’abayobora ibyiciro byihariiye birimo abagore n’urubyiruko. Umuyobozi Mukuru wa Green Party, Dr Habineza Frank, yashimiye aba barwanashya agaruka ku byo bagezeho muri manifesto y’imyaka itanu ishize, abasaba ko bakomeza gusenyera umugozi umwe bagahuza imbaraga. Mu byo bishimira, harimo ko ibitekerezo batanze byagezweho birimo gusaba izamurwa ry’umushahara wa mwarimu, gukuraho inzitizi zo gutegereza kuvurwa nyuma y’ukwezi utanze imisanzu ya mituweli, igabanuka ry’umusoro w’ubutaka, kongera amafaranga atunga abanyeshuri ba kaminuza azwi nka buruse, guha abana ifunguro ryo ku ishuri n’ibindi. Harimo kandi no gusaba ko imibereho y’abasirikare n’abapolisi yarushaho kunoza n’ibindi bishimira ko byagezweho ku kigero kirenga 70% by’ibyo bari bateganyije. Yagize ati Turishimira ko 70% y’ibyo twari twavuze tuzageza ku Banyarwanda byakozwe muri manifesto turi gusoza. Turifuza ko no muri iyi muduha ibitekerezo bizagenderwaho no muri manda itaha. Muri iyi nteko rusange habayeho umwanya wo gutora abakandida bazahagararira iri shyaka mu matora y’Abadepite. Hatorwaga abakandida babiri muri buri karere, umwe w’igitsinagabo n’undi w’igitsinagore. Mukabihezande Justine, ni umwe muri bo, yagize ati Ndashimira cyane abatugiriye icyizere bakadutora ndetse n’abaharaniye ko ishyaka ryacu rigera aha. Natwe turiteguye mu gukorera Abanyarwanda cyane cyane ku bibazo by’urubyiruko rudafite akazi no ku bantu bafungwa iminsi 30 y’agateganyo naho ni ikibazo kuko hari igihe aba umwere kandi yarafunzwe nk’amezi atatu, hakwiye kubaho uburyo akurikiranwa ari hanze yahamwa n’icyaha akabona gufungwa. Aya matora azabakomereza mu zindi ntara, nyuma y’Umujyi wa Kigali, Amajyepfo n’Amajyarugu byahereweho. Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), ryashinzwe mu 2009, ariko ryemerwa mu Rwanda mu 2013. Source: Amajyaruguru: Abarwanashyaka ba Green Party batoye abazabahagararira mu matora | IGIHE
Abayoboke b’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije, Democratic Green Party of Rwanda, bagaragaje ko hari ibitekerezo batanze byashingiwemo mu kugena impinduka zirimo kongera umushahara wa mwarimu, bakaba bavuga ko bazongera kurishyigikira mu matora ateganyijwe muri Nyakanga 2024. Babigarutseho ku Cyumweru, tariki ya 10 Werurwe 2024, ubwo bari mu Nteko Rusange y’iri shyaka ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo, ahatowe abo muri iyi ntara bazarihagararira mu matora y’Abadepite. Perezida w Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (DGPR), Dr Frank Habineza, yavuze ko kongera umushahara wa mwarimu ari nk’intsinzi y’iri shyaka kuko ngo muri manda ishize, biri mu byo biyamamazaga bavuga ko bazageza ku Banyarwanda. Yavuze ko mu byo bazakomeza gushyiramo imbaraga harimo no gukomeza kurwanya ubukene mu Banyarwanda. Dr Habineza yavuze ko mu bindi bishimira ari uko hashyizwe imbaraga mu kugabanya umusoro w ubutaka, kugaburira abana ku mashuri, kunoza uburyo bwo gucunga umutekano w’igihugu hakoreshejwe ibyogajuru no gutanga buruse muri kaminuza hatagendewe ku byiciro by’ubudehe. Abahuriye muri iyi Nteko Rusange ya Green Party ni abarwanashyaka bakomoka mu turere tugize Intara y’Amajyepfo. Source: Ishyaka Green Party ryahisemo abazarihagararira mu Majyepfo mu matora y’Abadepite (rba.co.rw)
Abarwanashyaka bo mu Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda(Democratic Green Party of Rwanda) bitabiriye congress baturutse mu Ntara y’Amajyepfo, basabye ko abazabahagararira mu Nteko ishingamategeko kuzabakorera ubuvugizi ibiciro by’ibiribwa biri ku masoko bikaba byagabanuka. Uwitwa Rutebuka Anastase wo mu karere ka Kamonyi yagize ati”Ibiribwa byaruriye muri iki gihe kuko ikilo cy’ibishyimbo twakiguraga 300frws none kigeze muri 600frws n’ibindi aho byagiye byikuba kabiri mu biciro ugasanga rero hakwiye ubuvugizi ngo ikiguzi kibiribwa kigabanuke.” Mugenzi we Evariste Nsanzabaganwa wo mu karere ka Nyanza nawe yagize ati”Ibiribwa ku isoko byarazamutse kandi bigaragara ko bidakwiye kuko ujyana ku isoko amafaranga ibihumbi bitanu ariko wanataha ugasanga ibyo wahashye amvilope ituzuye bityo turasaba ko abazaduhagararira mu nteko ishingamategeko bazita kuri icyo kibazo.” Chairman w’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda Dr.Frank HABINEZA nawe avuga ko iki kibazo cy’ibiciro bihanitse by’ibiribwa bakimenyeshejwe bityo ibyo abarwanashyaka basaba bizakomeza gukorwaho ubuvugizi Yagize ati”Ibijyanye n’ibiciro by’ibiribwa bihanitse twabivuzeho na Minisitiri w’intebe ko bigomba kugabanuka gusa batubwiraga ko Abanyarwanda bejeje ariko ntitwabyemeye kuko ibiciro biracyari hejuru.” Akomeza ati “Hari ibidakwiye kuzamuka nk’imboga za dodo, ibishyimbo inyanya n’ibindi twihingira mu murima ntibyagakwiye kuzamuka kuko n’abantu bahora babikenera. Ni ikibazo birakwiye ko natwe duhinga tukihaza aho kumva ko tugomba guhingira isoko gusa kuko hari abafite uwo muco wo guhingira isoko gusa ntibagire icyo basiga mu rugo kandi nibikwiye gusa tuzakomeza kurebera hamwe uko ikibazo cyakemuka” Muri iyi congress yabereye mu Ntara y’Amajyepfo kandi hatowe abakandida 16 bazahagararira Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nyakanga 2024 aho iri shyaka rizanatanga umukandida uziyamamariza kuyobora igihugu. Source: Green Party irifuza ko ibiciro by’ibiribwa ku masoko bigabanuka – Umuseke
Kuri iki cyumweru, itariki 10 Werurwe 2024, ishyaka Democratic Green Party of Rwanda ryatoye abakandida 16 bazarihagararira ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka. Muri aya matora, Akarere ka Kamonyi kari gahagarariwe na Murenzi Jean de Dieu na Ishimwe Denyse, mu gihe Muhanga yari ihagarariwe na Gasangwa Jean Luc na Uwineza Deliphine, Nyamagabe ihagarariwe na Nkurunziza Emmanuel na Mutuyimana Louise, Akarere ka Nyanza kakaba kari gahagarariwe na Nsengumukiza Valery na Ingabire clemantine. Utundi turere nka Ruhango yari ihagarariwe na Nzeyimana Hodar na Nyiratebuka Helena, Huye ihagarariwe na Nininahazwe Nicolas na Iyakaremye innocent, naho Nyaruguru ihagarariwe na Umurisa Solange na Habimana Gustave. Mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma y’inama, Umuyobozi wa Green Party, Hon. Dr. Frank Habineza, yavuze ko bagomba gukomeza gukora ubuvugizi ku bibazo byugarije Abanyarwanda kugirango abanyarwanda barusheho kugira ubuzima bwiza. Source: Green Party yatoye abazayihagararira mu matora y’Abadepite mu Ntara y’Amajyepfo Bwiza.com
Umuyobozi w’ishyaka DGPR (Democatric Green Party of Rwanda) akaba n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, Dr Frank Habineza, yagizwe Ambasaderi w’umuryango uhuza amashyaka arengera ibidukikije na demokarasi ku Isi. Dr Habineza yahawe iyi nshingano hashingiwe ku muhate yagize mu kurengera ibidukikije n’ibyo yagezeho kuva mu 2018 ubwo yari ahagarariye ihuriro ry’amashyaka arengera ibidukikije muri Afurika. Jose Miguel Quintanilla na Bodil Valero bahagarariye uyu muryango uzwi nka ‘Global Greens’, mu ibaruwa bandikiye Dr Habineza, bamumenyesheje ko bafashe icyemezo cyo kumuha iyi nshingano kuko yateje imbere amahame yawo yose. Muri aya mahame harimo kugira ubumenyi ku binyabuzima byose biba ku Isi no gushyira imbaraga mu kubirinda, guharanira ko gahunda y’uburinganire n’izigamije kurengera ibidukikije zigirira inyungu abantu bose, guharanira ibikorwa by’iterambere rirambye no guharanira ko buri wese agira uruhare mu gufata ibyemezo bijyanye na gahunda zo kurengera ibidukikije. Miguel na Valero bandikiye Dr Habineza bati “Kugirwa Ambasaderi wa Global Greens ni igihamya cy’uko ugendera kuri aya mahame, n’icy’uko ufite ubushobozi bwo kugera ku musaruro ufatika. Ubumenyi bwihariye bwawe, uburyo bwawe n’ishyaka ufite bizateza imbere umuryango wacu kandi bibe umusanzu ku bikorwa byacu biganisha Isi ku hazaza hatoshye.” Dr Habineza, mu kiganiro na IGIHE, yatangaje ko yishimiye cyane kuba yagiriwe iki cyizere, asezeranya ko uyu mwanya yahawe uzamufasha guha abayobozi b’uyu muryango ubujyanama, akomeza no gutanga umusanzu we ku rwego rw’Isi. Yagize ati “Nabyishimiye cyane. Bizamfasha gukomeza gutanga umusanzu wo kubaka demokarasi no kurengera ibidukikije ku Isi hose, kandi nkazashobora no kugira inama abayobozi batandukanye mu mashyaka ya Green Parties ari ku migabane yose y’Isi.” Dr Habineza yashinze ishyaka DGPR muri Kanama 2009. Yatangiye ku mugaragaro ibikorwa byo kurengera ibidukikije mu 2000 ubwo yigaga muri Kaminuza y’u Rwanda. Icyo gihe yari yaratangije umuryango ‘UNR Wildlife Club’ wateye ibiti birenga 1000 mu ishyamba rya ‘Arboretum’. Uyu muryango waje guhinduka ihuriro ‘Rwanda Wildlife Clubs’, ryateye ibiti hirya no hino mu gihugu, ryifatanyije n’inzego z’ubuyobozi bw’u Rwanda. Source:Dr Frank Habineza yagizwe Ambasaderi w’amashyaka arengera ibidukikije ku Isi IGIHE.com
The Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) organized the Kigali City party congress that was a platform to give contributions to the party manifesto and elect the parliamentary candidates from the city who will represent them in the next coming elections due in July 2024. The event was held on January 26th, 2024, in Gasabo district, Kigali. The elections brilliantly showcased youth and female leadership, where each district elected two candidates (a woman and a man) in order to give the opportunity to those from the city areas to train in their districts. This program will continue in all provinces of the country. Speaking at the event, the President of the Democratic Green Party of Rwanda (DGPR), Hon. Dr. Frank HABINEZA, addressed different crucial issues faced by Rwandans, including what his party would do if given the chance to lead this country. He revealed that the actions taken were a foreshadowing of other activities that the party plans to do throughout the country. He said, “We started making the manifesto last year in September. We have a draft, and we are still receiving other opinions so that when we reach May, our manifesto will have different opinions from all Rwandans.” During the congress, leaders and other members have participated in contributing their ideas about the party manifesto that will help the party during the campaign period in the next coming elections. The ideas represented have come from different three districts of the City of Kigali. The opinions given by the party members will be improved by the manifesto team to go into the manifesto that will be finally approved in the national congress scheduled to be held in May 2024. Source: Democratic Green Party of Rwanda Congress: Paving the Way for the 2024 Elections in Rwanda TOP AFRICA NEWS