Kuri iki cyumweru, itariki 10 Werurwe 2024, ishyaka Democratic Green Party of Rwanda ryatoye abakandida 16 bazarihagararira ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka. Muri aya matora, Akarere ka Kamonyi kari gahagarariwe na Murenzi Jean de Dieu na Ishimwe Denyse, mu gihe Muhanga yari ihagarariwe na Gasangwa Jean Luc na Uwineza Deliphine, Nyamagabe ihagarariwe na Nkurunziza Emmanuel na Mutuyimana Louise, Akarere ka Nyanza kakaba kari gahagarariwe na Nsengumukiza Valery na Ingabire clemantine. Utundi turere nka Ruhango yari ihagarariwe na Nzeyimana Hodar na Nyiratebuka Helena, Huye ihagarariwe na Nininahazwe Nicolas na Iyakaremye innocent, naho Nyaruguru ihagarariwe na Umurisa Solange na Habimana Gustave. Mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma y’inama, Umuyobozi wa Green Party, Hon. Dr. Frank Habineza, yavuze ko bagomba gukomeza gukora ubuvugizi ku bibazo byugarije Abanyarwanda kugirango abanyarwanda barusheho kugira ubuzima bwiza. Source: Green Party yatoye abazayihagararira mu matora y’Abadepite mu Ntara y’Amajyepfo Bwiza.com
Umuyobozi w’ishyaka DGPR (Democatric Green Party of Rwanda) akaba n’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, Dr Frank Habineza, yagizwe Ambasaderi w’umuryango uhuza amashyaka arengera ibidukikije na demokarasi ku Isi. Dr Habineza yahawe iyi nshingano hashingiwe ku muhate yagize mu kurengera ibidukikije n’ibyo yagezeho kuva mu 2018 ubwo yari ahagarariye ihuriro ry’amashyaka arengera ibidukikije muri Afurika. Jose Miguel Quintanilla na Bodil Valero bahagarariye uyu muryango uzwi nka ‘Global Greens’, mu ibaruwa bandikiye Dr Habineza, bamumenyesheje ko bafashe icyemezo cyo kumuha iyi nshingano kuko yateje imbere amahame yawo yose. Muri aya mahame harimo kugira ubumenyi ku binyabuzima byose biba ku Isi no gushyira imbaraga mu kubirinda, guharanira ko gahunda y’uburinganire n’izigamije kurengera ibidukikije zigirira inyungu abantu bose, guharanira ibikorwa by’iterambere rirambye no guharanira ko buri wese agira uruhare mu gufata ibyemezo bijyanye na gahunda zo kurengera ibidukikije. Miguel na Valero bandikiye Dr Habineza bati “Kugirwa Ambasaderi wa Global Greens ni igihamya cy’uko ugendera kuri aya mahame, n’icy’uko ufite ubushobozi bwo kugera ku musaruro ufatika. Ubumenyi bwihariye bwawe, uburyo bwawe n’ishyaka ufite bizateza imbere umuryango wacu kandi bibe umusanzu ku bikorwa byacu biganisha Isi ku hazaza hatoshye.” Dr Habineza, mu kiganiro na IGIHE, yatangaje ko yishimiye cyane kuba yagiriwe iki cyizere, asezeranya ko uyu mwanya yahawe uzamufasha guha abayobozi b’uyu muryango ubujyanama, akomeza no gutanga umusanzu we ku rwego rw’Isi. Yagize ati “Nabyishimiye cyane. Bizamfasha gukomeza gutanga umusanzu wo kubaka demokarasi no kurengera ibidukikije ku Isi hose, kandi nkazashobora no kugira inama abayobozi batandukanye mu mashyaka ya Green Parties ari ku migabane yose y’Isi.” Dr Habineza yashinze ishyaka DGPR muri Kanama 2009. Yatangiye ku mugaragaro ibikorwa byo kurengera ibidukikije mu 2000 ubwo yigaga muri Kaminuza y’u Rwanda. Icyo gihe yari yaratangije umuryango ‘UNR Wildlife Club’ wateye ibiti birenga 1000 mu ishyamba rya ‘Arboretum’. Uyu muryango waje guhinduka ihuriro ‘Rwanda Wildlife Clubs’, ryateye ibiti hirya no hino mu gihugu, ryifatanyije n’inzego z’ubuyobozi bw’u Rwanda. Source:Dr Frank Habineza yagizwe Ambasaderi w’amashyaka arengera ibidukikije ku Isi IGIHE.com
The Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) organized the Kigali City party congress that was a platform to give contributions to the party manifesto and elect the parliamentary candidates from the city who will represent them in the next coming elections due in July 2024. The event was held on January 26th, 2024, in Gasabo district, Kigali. The elections brilliantly showcased youth and female leadership, where each district elected two candidates (a woman and a man) in order to give the opportunity to those from the city areas to train in their districts. This program will continue in all provinces of the country. Speaking at the event, the President of the Democratic Green Party of Rwanda (DGPR), Hon. Dr. Frank HABINEZA, addressed different crucial issues faced by Rwandans, including what his party would do if given the chance to lead this country. He revealed that the actions taken were a foreshadowing of other activities that the party plans to do throughout the country. He said, “We started making the manifesto last year in September. We have a draft, and we are still receiving other opinions so that when we reach May, our manifesto will have different opinions from all Rwandans.” During the congress, leaders and other members have participated in contributing their ideas about the party manifesto that will help the party during the campaign period in the next coming elections. The ideas represented have come from different three districts of the City of Kigali. The opinions given by the party members will be improved by the manifesto team to go into the manifesto that will be finally approved in the national congress scheduled to be held in May 2024. Source: Democratic Green Party of Rwanda Congress: Paving the Way for the 2024 Elections in Rwanda TOP AFRICA NEWS
Umuyobozi w Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije( Democratic Green Party of Rwanda),Hon Dr Frank Habineza avuga ko icyemezo cyafashwe na Leta y u Burundi cyo gufunga imipaka ibuhuza n u Rwanda, kigomba gukemurwa n impande zombi biciye muri Diporomasi,abaturage bagakomeza guhahirana. Ibi Hon Dr.Frank Habineza yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mutarama 2024,mu kiganiro yagiranye n abanyamakuru ubwo we n abandi bayobozi bari bitabiriye Kongere y abarwanashyaka ba Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) mu Mujyi wa Kigali. Abitabiriye iyi Kongere bunguranye ibitekerezo ku ngingo zitandukanye zigomba kongerwa muri Manifesto izakoreshwa mu matora y Abadepite ndetse n ay Umukuru w Igihugu ateganyijwe uyu mwaka wa 2024. Hanatowe kandi abakandida bazahagararira iri shyaka mu matora y Abadepite mu turere tugize umujyi wa Kigali aritwo Gasabo,Nyarugenge na Kicukiro aho buri Karere kavuyemo abantu babiri barimo uw igitsina gabo n uw igitsina gore . Iyi gahunda ikaba izakomereza no mu zindi Ntara zose z’igihugu Agaruka ku ifungwa ry imipaka yagize ati Ku by imipaka bigomba guca mu biganiro, turasaba Leta y u Rwanda ndetse na Leta y u Burundi bumvikane ku bibazo bafitanye ,bace mu nzira za Diporomasi baciyemo n ubushize babikemure kuko twe dukeneye ko umupaka ufungurwa Akomeza avuga ko abanyarwanda n ababarundi ari abavandimwe cyane ko n uyu mupaka bawukoresha bose bityo ko wafungurwa abaturage bakongera guhahirana nk uko byahoze.Ati Abanyarwanda nta kibazo dufitanye n u Burundi n abarundi ntakibazo bafitanye n u Rwanda Leta y’u Burundi kuva ku wa Kane tariki 11 Mutarama 2024, yafashe umwanzuro wo gufunga imipaka yose ihuza iki gihugu n’u Rwandanyuma y’uko mu minsi ishize ubwo yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru, Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yashinje u Rwanda avuga ko rucumbikiye abarwanya ubutegetsi bwe. Si ubwa mbere u Burundi bufunze imipaka ibuhuza n u Rwanda kuko nyuma y uko ibiguhugu byombi bitangiye kurebana ay ingwe mu 2015, nyuma yaje gufungurwa muri Mata 2022. Icyo gihe u Burundi bwashinjaga u Rwanda gushyigikira abashatse guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza wahoze ari Perezida, u Rwanda rukabihakana ahubwo rugashinja u Burundi gufasha abashaka kuruhungabanyiriza umutekano barimo imitwe yitwaje intwaro. Ku wa Gatandatu tariki 13 Gicurasi 2023 nibwo Ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda), ryemeje ko Dr Frank Habineza usanzwe ari Perezida waryo ari we uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe tariki 15 Nyakanga 2024 aho yanahujwe n ay abadepite. Hon Dr.Frank Habineza uziyamamariza kuyobora u Rwanda mu matora ateganyijwe muri Nyakanga Umunyamabanga Mukuru wa Green Party, Depite Jean Claude Ntezimana Rizahagararirwa n abantu babiri muri buri Karere Bunguranye Ibitekerezo ku ngingo zitandukanye zashyirwa muri Manifesto y iri shyaka mu matora y Umukuru w Igihugu n ay Abadepite ateganyijwe uyu mwaka Dr Frank Habineza aherutse kwemeza ko azongera akiyamamaza mu matora y 2024, ni Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yari yiyamamaje mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Kanama 2017. Source: Hon Dr.Frank Habineza yavuze ku ifungwa ry i Inyarwanda.com
In a significant gathering, the Democratic Green Party of Rwanda convened its first congress of 2024, fostering unity among the youth, women, and party members to deliberate on the party’s manifesto. Held on January 26th, 2024, in Kigali City, the Green Party congress for Kigali City served as a platform for diverse discussions covering justice, genocide ideology prevention, human rights, sports, and entertainment. During the congress, where members elected six Parlimanetary candidates representing the three districts of Kigali City and contributed ideas for the manifesto, a member of the party put forward a novel proposal, suggesting that every cell should have an entertainment site to provide people with access to sports and entertainment. The member emphasized the potential health benefits, stating, “This can reduce some non-communicable diseases and protect our bodies.” The idea received endorsement from the party president Hon. Frank Habineza, who further suggested that the party should organize a championship tournament across the country. “Incorporating sports and entertainment initiatives not only promotes a healthy lifestyle but also strengthens the social fabric of our communities. Our championship tournament will bring people together in friendly competition, fostering unity and camaraderie.” Said Hon. Habineza Building on this, the congress outlined plans to establish football teams for both women and men among its members, contributing to the broader goal of enhancing sports in Rwanda. This initiative aligns with the party’s commitment to holistic development and community engagement. The congress, as a melting pot of ideas, sought to address critical issues such as justice, genocide ideology prevention, and human rights. It served as a testament to the party’s dedication to comprehensive governance, recognizing the interconnectedness of various aspects crucial to the nation’s progress. As the Democratic Green Party of Rwanda charts its course for the future, the congress provided a platform for collective vision and collaborative solutions. The discussions underscored the party’s commitment to inclusivity, innovation, and addressing multifaceted challenges for the betterment of Rwanda. Source: Sporting Unity: Democratic Green Party’s Vision for Sports in Every Cell In Rwanda – kigalitimes – Home of information
Mu nteko rusange y’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (DGPR-Green Party) yo mu mujyi wa Kigali abarwanashyaka basabye ko haba ho guhindura ifunguro imfungwa n’abagororwa bari mu magororero yo mu Rwanda bahabwa ntibahabwe impungure z’ibigoli zihoraho. Muri iyi nteko rusange yateranye kuwa 26 Mutarama 2024 abarwanashyaka ba Green Party mu mugyi wa Kigali bakusanyaga ibitekerezo bigomba gushyirwa muri Manifesto iri shyaka rizagendera ho ryiyamamariza mu matora y umukuru w igihugu ndetse no ku myanya yo mu Nteko Shingamategeko ndetse no gushaka abakandida bazarihagararira. Mu ikusanyabitekerezo ku ngingo y’uburenganzira bwa muntu umwe mu bayoboke yasabye uburenganzira bwa muntu budakwiriye kureberwa ku baturage bari hanze gusa ahubwo ko n’abafunze bakwiriye kugira uburenganzira bw’ibanze bagenerwa. Ati “mu by’ukuri umuntu ntabwo akwiriye kugaburirwa impungure ngo umwaka umwe ushire, ibiri, itatu … icumi akwiriye kugororwa nibyo ariko ubuzima bwe bufashwe neza.” Mugenzi we nawe yunze mo agaragaza ko muri abo bagaburirwa impungure z’ibigoli gusa hari mo n’ababa bakiri abere. Ati “Mu by’ukuri niba amategeko ateganya ko umuntu ukurikiranwa , ukiburana mu nkiko aba akiri umwere ntabwo akwiriye kuba arya bimwe n’iby’abamaze guhamywa ibyaha akwiriye kuba afunzwe koko ariko afatwa nk’umwere.” Uru rugendo rw’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije DGPR rwahereye mu mujyi wa Kigali rurakomereza no mu zindi ntara, hatorwa abakandida 2 (Umugabo n’umugore) muri karere bazahagararira iri shyaka mu matora y’abagize inteko ishinga amategeko ateganyijwe muri uyu mwaka. Haranakusanywa kandi ibyifuzo abayoboke bashaka ko bizagaragara muri manifesto iri shyaka rizaserukana izemezwa mu nteko rusange y’iri shyaka iteganyijwe mu kwezi kwa 5. Source: Abayoboke ba Green Party basabiye abagororwa indyo yuzuye Makuruki
Dr Frank Habineza, Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije,(Democratic Green Party Rwanda, DGPR), ashimangira ko abashaka gutera u Rwanda nta kintu na kimwe bizabagezaho kuko intambara itubaka ahubwo isenya n’ibyagezeho. Yavuze ko ishyaka abereye Umuyobozi ryifuza ko habaho umubano mwiza hagati y’u Rwanda n’ibihugu by’ibituranyi, uzagerwaho binyuze mu nzira y’ibiganiro. Dr Habineza yabitangarije mu kiganiro n’abanyamakuru, mu gihe abayobozi b’ibihugu by’abaturanyi bakomeje gukwirakwiza amagambo y’urwango no kugaragaza umugambi wo kugaba cyangwa gushyigikira abahungabanya umutekano w’u Rwanda. Ati: ”Twebwe nk’ishyaka twifuza ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Congo [ndetse n’u Burundi] byakemuka biciye mu nzira y’amahoro, ari byo biganiro, aho kugira ngo habeho umwuka wo guteza intambara cyangwa gushaka gushotorana bamwe bavuga ko bashaka gutera u Rwanda, twumva ntacyo byabagezaho”. Muri icyo kiganiro cyabaye mu mpera z’icyumweru gishize, Dr. Habineza yavuze ko barambiwe no kuba abayobozi bahora bajya mu biganiro, bakagira ibyo bumvikana nyuma bagakora ibitandukanye n’ibyo bemeranyije. Avuga ko igikwiye ari uko ibiganiro byakomeza kandi, bagashyira mu bikorwa ibyo baba bumvikanye. Ati:”Icyo twashyira imbere ni ibiganiro kandi ibiganiro byari byaranakozwe, kera habayeho ibiganiro bya Nairobi na Angola, tukifuza ko ibyo biganiro ndetse n’inzira zihari byakomeza. Ariko nanone icyo nasaba ni uko abayobozi bacu mu bo mu Karere k’Ibiyaga Bigari ibyo baba baganiriye bakabyumvikanaho bajya babishyira mu bikorwa. Turambiwe ko baganira bamara kumvikana bagakora ibindi bitandukanye n’ibyo batubwiye”. Yongeyeho ko niba abayobozi bashaka gukomeza kugirirwa icyizere bajya bashyira mu bikorwa ibyo baba bamaze kumvikanaho, ko ari na bwo Akarere k’Ibiyaga Bigari kagira amahoro arambye. Yemeza ko Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu byo bashyira imbere ari inkingi ya demokarasi no gushyira ukizana mu ngeri zose. Umubano hagati y’u Rwanda n’u Burundi wongeye kuzamo agatotsi nyuma y’aho Perezida Evariste Ndayishimiye ashinje u Rwanda gufasha umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara, wagabye igitero muri Zone Gatumba, Bujumbura. Izo nyeshyamba zibarizwa mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ari na ho zagabye igitero ziturutse. Tariki ya 11 Mutarama 2024, u Burundi bwashyize hanze itangazo rivuga ko bwafunze imipaka ibahuza n’u Rwanda. Ni mu gihe umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) wazambye kuva mu ntangiriro za 2022, aho bashinja Leta y’u Rwanda gufasha umutwe wa M23, ugizwe n’Abanyekongo babujijwe uburenganzira kuri gakondo yabo. Leta y’u Rwanda yagiye itangaza inshuro nyinshi ko nta nyungu na nke yavana mu guhungabanya umutekano w’ibihugu by’abaturanyi, ndetse ikavuga ko izakora igishoboka cyose kugira ngo amahoro agaruke mu Karere k’Ibiyaga Bigari binyuze mu biganiro. Source: » Abashaka gutera u Rwanda ntacyo byabagezaho- Dr. Frank Habineza ImvahoNshya
As we come to the close of the year 2023, the Democratic Green Party of Rwanda wishes to appreciate all Rwandans and different State institutions for the great achievements reached. We also take on this opportunity to wish you all a happy and prosperous new year 2024. The Democratic Green Party of Rwanda, grew further in 2023, it is the year, we finally managed to establish the Party Women Wing and Youth Wing structures in all the four provinces of the country and the City of Kigali. This comes after the established of Youth and women structures in all the 30 districts of the country. In September 2023, we finally held a national youth congress and established the National Youth Greens League. The Young Greens also elected their national leaders and strengthened their structures at different levels. In December 2023, the Party was able to hold the national women congress and finally established the National Women Greens League after electing national women leaders. We also conducted trainings for those structures on different topics, including; party ideology, gender equality, democracy, elections and environmental protection. DGPR was also able to strengthen existing party structures at district level and members elected new leaders in some districts where it was necessary. In May 2023, the party was able to hold the national party congress, which brought together party leaders from all the 30 districts of the county and different provinces as well as the City of Kigali. Party members amended the party statutes and also elected members of the central executive committee. Party members also elected Dr.HABINEZA Frank as the party’s flag bearer [ Presidential candidate] in the upcoming presidential elections due in July 2024. We are hopeful that 2024, will equally be a great year, we shall continue to prepare ourselves for the upcoming general elections. We shall unveil the new political program and manifesto in a few months to come and equally confirm the parliamentary candidates. On behalf of Democratic Green Party of Rwanda, we wish to thank you all for supporting us and promoting democratic values and the wellbeing of Rwandans. Please accept our best wishes to you and your families for a wonderful holiday season and a healthy and prosperous New Year 2024. Dr.HABINEZA Frank [MP] President, Democratic Green Party of Rwanda
Imikino ya EALA Games yahurizaga mu Rwanda Inteko zishinga amategeko z’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yasojwe isiga u Rwanda ruje ku mwanya wa kane mu makipe yitwaye neza. Iyi mikino yakinwaga ku ncuro yayo ya 13, yaberaga mu Rwanda kuva ku itariki ya 8 Ukuboza. Yari igamije ubusabane ndetse no kungurana ibitekerezo hagati y’abagize inteko ishinga amategeko zigize EAC. Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda ni yo yegukanye imidari myinshi, nyuma yo kwitwara neza mu mikino irimo umupira w’amaguru na Basketball yatanzemo isomo rya ruhago. Iri rushanwa ryasize Uganda yegukanye imidali 28, irimo 16 ya zahabu, irindwi ya Silver ndetse n’itanu ya Bronze. Tanzania yasoje ku mwanya wa kabiri n’imidali 16, irimo itandatu ya zahabu, icyenda ya Silver ndetse n’umwe wa Bronze. Ku mwanya wa gatatu haje Kenya yatwaye imidali 14, irimo ibiri ya zahabu, umwe wa Silver ndetse n’irindwi ya Bronze. U Rwanda rwegukanye imidali itandatu, irimo ibiri ya zahabu, itatu ya Silver ndetse n’umwe wa Bronze. Imidali ya zahabu u Rwanda rwatwaye irimo uwatwawe na Depite Mukabalisa Germaine wabaye uwa mbere mu gusiganwa ku maguru muri metero 400 na Hon. Rwaka Pierre wabaye uwa mbere muri Darts. Mu midali ya Silver u Rwanda rwatwaye kandi harimo uwatwawe na Depite Frank Habineza, nyuma yo kwitwara neza mu mukino wa Golf by’umwihariko mu bizwi nka ’Nearest to the Pin’ mu cyiciro cy’abagabo. Depite Habineza na bagenzi be kandi bahawe umudali wa Bronze muri Golf nyuma yo kuba ikipe ya gatatu yitwaye neza. Inteko Ishinga Amategeko ya Sudani y’Epfo yasoje ku mwanya wa gatanu, nyuma yo kwegukana imidali 12. Irimo umwe wa zahabu, itatu ya Silver n’umunani ya Bronze. U Burundi bwegukanye umudali umwe rukumbi wa Argent ni bwo bwasoje ku mwanya wa nyuma, inyuma y’inteko ishinga amategeko ya EALA yegukanye imidali ibiri. Source: EALA Games: Depite Habineza ari mu bahesheje u Rwanda imidali, u Burundi ( ) Bwiza.com