Catégorie : News

Hon Dr.Frank Habineza yavuze ku ifungwa ry’imipaka ihuza u Rwanda n’u Burundi

Hon Dr.Frank Habineza yavuze ku ifungwa ry’imipaka ihuza u Rwanda n’u Burundi

mardi 6 février 2024

Umuyobozi w Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije( Democratic Green Party of Rwanda),Hon Dr Frank Habineza avuga ko icyemezo cyafashwe na Leta y u Burundi cyo gufunga imipaka ibuhuza n u Rwanda, kigomba gukemurwa n impande zombi biciye muri Diporomasi,abaturage bagakomeza guhahirana. Ibi Hon Dr.Frank Habineza yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mutarama 2024,mu kiganiro yagiranye n abanyamakuru ubwo we n abandi bayobozi bari bitabiriye Kongere y abarwanashyaka ba Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) mu Mujyi wa Kigali. Abitabiriye iyi Kongere bunguranye ibitekerezo ku ngingo zitandukanye zigomba kongerwa muri Manifesto izakoreshwa mu matora y Abadepite ndetse n ay Umukuru w Igihugu ateganyijwe uyu mwaka wa 2024. Hanatowe kandi abakandida bazahagararira iri shyaka mu matora y Abadepite mu turere tugize umujyi wa Kigali aritwo Gasabo,Nyarugenge na Kicukiro aho buri Karere kavuyemo abantu babiri barimo uw igitsina gabo n uw igitsina gore . Iyi gahunda ikaba izakomereza no mu zindi Ntara zose z’igihugu Agaruka ku ifungwa ry imipaka yagize ati Ku by imipaka bigomba guca mu biganiro, turasaba Leta y u Rwanda ndetse na Leta y u Burundi bumvikane ku bibazo bafitanye ,bace mu nzira za Diporomasi baciyemo n ubushize babikemure kuko twe dukeneye ko umupaka ufungurwa Akomeza avuga ko abanyarwanda n ababarundi ari abavandimwe cyane ko n uyu mupaka bawukoresha bose bityo ko wafungurwa abaturage bakongera guhahirana nk uko byahoze.Ati Abanyarwanda nta kibazo dufitanye n u Burundi n abarundi ntakibazo bafitanye n u Rwanda Leta y’u Burundi kuva ku wa Kane tariki 11 Mutarama 2024, yafashe umwanzuro wo gufunga imipaka yose ihuza iki gihugu n’u Rwandanyuma y’uko mu minsi ishize ubwo yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru, Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yashinje u Rwanda avuga ko rucumbikiye abarwanya ubutegetsi bwe. Si ubwa mbere u Burundi bufunze imipaka ibuhuza n u Rwanda kuko nyuma y uko ibiguhugu byombi bitangiye kurebana ay ingwe mu 2015, nyuma yaje gufungurwa muri Mata 2022. Icyo gihe u Burundi bwashinjaga u Rwanda gushyigikira abashatse guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza wahoze ari Perezida, u Rwanda rukabihakana ahubwo rugashinja u Burundi gufasha abashaka kuruhungabanyiriza umutekano barimo imitwe yitwaje intwaro. Ku wa Gatandatu tariki 13 Gicurasi 2023 nibwo Ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda), ryemeje ko Dr Frank Habineza usanzwe ari Perezida waryo ari we uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe tariki 15 Nyakanga 2024 aho yanahujwe n ay abadepite. Hon Dr.Frank Habineza uziyamamariza kuyobora u Rwanda mu matora ateganyijwe muri Nyakanga Umunyamabanga Mukuru wa Green Party, Depite Jean Claude Ntezimana Rizahagararirwa n abantu babiri muri buri Karere Bunguranye Ibitekerezo ku ngingo zitandukanye zashyirwa muri Manifesto y iri shyaka mu matora y Umukuru w Igihugu n ay Abadepite ateganyijwe uyu mwaka Dr Frank Habineza aherutse kwemeza ko azongera akiyamamaza mu matora y 2024, ni Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yari yiyamamaje mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Kanama 2017. Source: Hon Dr.Frank Habineza yavuze ku ifungwa ry i Inyarwanda.com

Lire la suite
Democratic Green Party’s Vision for Sports in Every Cell In Rwanda

Democratic Green Party’s Vision for Sports in Every Cell In Rwanda

mardi 6 février 2024

In a significant gathering, the Democratic Green Party of Rwanda convened its first congress of 2024, fostering unity among the youth, women, and party members to deliberate on the party’s manifesto. Held on January 26th, 2024, in Kigali City, the Green Party congress for Kigali City served as a platform for diverse discussions covering justice, genocide ideology prevention, human rights, sports, and entertainment. During the congress, where members elected six Parlimanetary candidates representing the three districts of Kigali City and contributed ideas for the manifesto, a member of the party put forward a novel proposal, suggesting that every cell should have an entertainment site to provide people with access to sports and entertainment. The member emphasized the potential health benefits, stating, “This can reduce some non-communicable diseases and protect our bodies.” The idea received endorsement from the party president Hon. Frank Habineza, who further suggested that the party should organize a championship tournament across the country. “Incorporating sports and entertainment initiatives not only promotes a healthy lifestyle but also strengthens the social fabric of our communities. Our championship tournament will bring people together in friendly competition, fostering unity and camaraderie.” Said Hon. Habineza Building on this, the congress outlined plans to establish football teams for both women and men among its members, contributing to the broader goal of enhancing sports in Rwanda. This initiative aligns with the party’s commitment to holistic development and community engagement. The congress, as a melting pot of ideas, sought to address critical issues such as justice, genocide ideology prevention, and human rights. It served as a testament to the party’s dedication to comprehensive governance, recognizing the interconnectedness of various aspects crucial to the nation’s progress. As the Democratic Green Party of Rwanda charts its course for the future, the congress provided a platform for collective vision and collaborative solutions. The discussions underscored the party’s commitment to inclusivity, innovation, and addressing multifaceted challenges for the betterment of Rwanda. Source: Sporting Unity: Democratic Green Party’s Vision for Sports in Every Cell In Rwanda – kigalitimes – Home of information

Lire la suite
Abarwanashyaka ba Green Party basabiye abagororwa indyo yuzuye

Abarwanashyaka ba Green Party basabiye abagororwa indyo yuzuye

mardi 6 février 2024

Mu nteko rusange y’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije (DGPR-Green Party) yo mu mujyi wa Kigali abarwanashyaka basabye ko haba ho guhindura ifunguro imfungwa n’abagororwa bari mu magororero yo mu Rwanda bahabwa ntibahabwe impungure z’ibigoli zihoraho. Muri iyi nteko rusange yateranye kuwa 26 Mutarama 2024 abarwanashyaka ba Green Party mu mugyi wa Kigali bakusanyaga ibitekerezo bigomba gushyirwa muri Manifesto iri shyaka rizagendera ho ryiyamamariza mu matora y umukuru w igihugu ndetse no ku myanya yo mu Nteko Shingamategeko ndetse no gushaka abakandida bazarihagararira. Mu ikusanyabitekerezo ku ngingo y’uburenganzira bwa muntu umwe mu bayoboke yasabye uburenganzira bwa muntu budakwiriye kureberwa ku baturage bari hanze gusa ahubwo ko n’abafunze bakwiriye kugira uburenganzira bw’ibanze bagenerwa. Ati “mu by’ukuri umuntu ntabwo akwiriye kugaburirwa impungure ngo umwaka umwe ushire, ibiri, itatu … icumi akwiriye kugororwa nibyo ariko ubuzima bwe bufashwe neza.” Mugenzi we nawe yunze mo agaragaza ko muri abo bagaburirwa impungure z’ibigoli gusa hari mo n’ababa bakiri abere. Ati “Mu by’ukuri niba amategeko ateganya ko umuntu ukurikiranwa , ukiburana mu nkiko aba akiri umwere ntabwo akwiriye kuba arya bimwe n’iby’abamaze guhamywa ibyaha akwiriye kuba afunzwe koko ariko afatwa nk’umwere.” Uru rugendo rw’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije DGPR rwahereye mu mujyi wa Kigali rurakomereza no mu zindi ntara, hatorwa abakandida 2 (Umugabo n’umugore) muri karere bazahagararira iri shyaka mu matora y’abagize inteko ishinga amategeko ateganyijwe muri uyu mwaka. Haranakusanywa kandi ibyifuzo abayoboke bashaka ko bizagaragara muri manifesto iri shyaka rizaserukana izemezwa mu nteko rusange y’iri shyaka iteganyijwe mu kwezi kwa 5. Source: Abayoboke ba Green Party basabiye abagororwa indyo yuzuye Makuruki

Lire la suite
Abashaka gutera u Rwanda ntacyo byabagezaho- Dr. Frank Habineza

Abashaka gutera u Rwanda ntacyo byabagezaho- Dr. Frank Habineza

mardi 6 février 2024

Dr Frank Habineza, Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije,(Democratic Green Party Rwanda, DGPR), ashimangira ko abashaka gutera u Rwanda nta kintu na kimwe bizabagezaho kuko intambara itubaka ahubwo isenya n’ibyagezeho. Yavuze ko ishyaka abereye Umuyobozi ryifuza ko habaho umubano mwiza hagati y’u Rwanda n’ibihugu by’ibituranyi, uzagerwaho binyuze mu nzira y’ibiganiro. Dr Habineza yabitangarije mu kiganiro n’abanyamakuru, mu gihe abayobozi b’ibihugu by’abaturanyi bakomeje gukwirakwiza amagambo y’urwango no kugaragaza umugambi wo kugaba cyangwa gushyigikira abahungabanya umutekano w’u Rwanda. Ati: ”Twebwe nk’ishyaka twifuza ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Congo [ndetse n’u Burundi] byakemuka biciye mu nzira y’amahoro, ari byo biganiro, aho kugira ngo habeho umwuka wo guteza intambara cyangwa gushaka gushotorana bamwe bavuga ko bashaka gutera u Rwanda, twumva ntacyo byabagezaho”. Muri icyo kiganiro cyabaye mu mpera z’icyumweru gishize, Dr. Habineza yavuze ko barambiwe no kuba abayobozi bahora bajya mu biganiro, bakagira ibyo bumvikana nyuma bagakora ibitandukanye n’ibyo bemeranyije. Avuga ko igikwiye ari uko ibiganiro byakomeza kandi, bagashyira mu bikorwa ibyo baba bumvikanye. Ati:”Icyo twashyira imbere ni ibiganiro kandi ibiganiro byari byaranakozwe, kera habayeho ibiganiro bya Nairobi na Angola, tukifuza ko ibyo biganiro ndetse n’inzira zihari byakomeza. Ariko nanone icyo nasaba ni uko abayobozi bacu mu bo mu Karere k’Ibiyaga Bigari ibyo baba baganiriye bakabyumvikanaho bajya babishyira mu bikorwa. Turambiwe ko baganira bamara kumvikana bagakora ibindi bitandukanye n’ibyo batubwiye”. Yongeyeho ko niba abayobozi bashaka gukomeza kugirirwa icyizere bajya bashyira mu bikorwa ibyo baba bamaze kumvikanaho, ko ari na bwo Akarere k’Ibiyaga Bigari kagira amahoro arambye. Yemeza ko Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu byo bashyira imbere ari inkingi ya demokarasi no gushyira ukizana mu ngeri zose. Umubano hagati y’u Rwanda n’u Burundi wongeye kuzamo agatotsi nyuma y’aho Perezida Evariste Ndayishimiye ashinje u Rwanda gufasha umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara, wagabye igitero muri Zone Gatumba, Bujumbura. Izo nyeshyamba zibarizwa mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ari na ho zagabye igitero ziturutse. Tariki ya 11 Mutarama 2024, u Burundi bwashyize hanze itangazo rivuga ko bwafunze imipaka ibahuza n’u Rwanda. Ni mu gihe umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) wazambye kuva mu ntangiriro za 2022, aho bashinja Leta y’u Rwanda gufasha umutwe wa M23, ugizwe n’Abanyekongo babujijwe uburenganzira kuri gakondo yabo. Leta y’u Rwanda yagiye itangaza inshuro nyinshi ko nta nyungu na nke yavana mu guhungabanya umutekano w’ibihugu by’abaturanyi, ndetse ikavuga ko izakora igishoboka cyose kugira ngo amahoro agaruke mu Karere k’Ibiyaga Bigari binyuze mu biganiro. Source: » Abashaka gutera u Rwanda ntacyo byabagezaho- Dr. Frank Habineza ImvahoNshya

Lire la suite
Democratic Green Party of Rwanda End of Year Message, 31st December 2023

Democratic Green Party of Rwanda End of Year Message, 31st December 2023

dimanche 31 décembre 2023

As we come to the close of the year 2023, the Democratic Green Party of Rwanda wishes to appreciate all Rwandans and different State institutions for the great achievements reached. We also take on this opportunity to wish you all a happy and prosperous new year 2024. The Democratic Green Party of Rwanda, grew further in 2023, it is the year, we finally managed to establish the Party Women Wing and Youth Wing structures in all the four provinces of the country and the City of Kigali. This comes after the established of Youth and women structures in all the 30 districts of the country. In September 2023, we finally held a national youth congress and established the National Youth Greens League. The Young Greens also elected their national leaders and strengthened their structures at different levels. In December 2023, the Party was able to hold the national women congress and finally established the National Women Greens League after electing national women leaders. We also conducted trainings for those structures on different topics, including; party ideology, gender equality, democracy, elections and environmental protection. DGPR was also able to strengthen existing party structures at district level and members elected new leaders in some districts where it was necessary. In May 2023, the party was able to hold the national party congress, which brought together party leaders from all the 30 districts of the county and different provinces as well as the City of Kigali. Party members amended the party statutes and also elected members of the central executive committee. Party members also elected Dr.HABINEZA Frank as the party’s flag bearer [ Presidential candidate] in the upcoming presidential elections due in July 2024. We are hopeful that 2024, will equally be a great year, we shall continue to prepare ourselves for the upcoming general elections. We shall unveil the new political program and manifesto in a few months to come and equally confirm the parliamentary candidates. On behalf of Democratic Green Party of Rwanda, we wish to thank you all for supporting us and promoting democratic values and the wellbeing of Rwandans. Please accept our best wishes to you and your families for a wonderful holiday season and a healthy and prosperous New Year 2024. Dr.HABINEZA Frank [MP] President, Democratic Green Party of Rwanda

Lire la suite
EALA Games: Depite Habineza ari mu bahesheje u #Rwanda imidali

EALA Games: Depite Habineza ari mu bahesheje u #Rwanda imidali

mercredi 20 décembre 2023

Imikino ya EALA Games yahurizaga mu Rwanda Inteko zishinga amategeko z’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yasojwe isiga u Rwanda ruje ku mwanya wa kane mu makipe yitwaye neza. Iyi mikino yakinwaga ku ncuro yayo ya 13, yaberaga mu Rwanda kuva ku itariki ya 8 Ukuboza. Yari igamije ubusabane ndetse no kungurana ibitekerezo hagati y’abagize inteko ishinga amategeko zigize EAC. Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda ni yo yegukanye imidari myinshi, nyuma yo kwitwara neza mu mikino irimo umupira w’amaguru na Basketball yatanzemo isomo rya ruhago. Iri rushanwa ryasize Uganda yegukanye imidali 28, irimo 16 ya zahabu, irindwi ya Silver ndetse n’itanu ya Bronze. Tanzania yasoje ku mwanya wa kabiri n’imidali 16, irimo itandatu ya zahabu, icyenda ya Silver ndetse n’umwe wa Bronze. Ku mwanya wa gatatu haje Kenya yatwaye imidali 14, irimo ibiri ya zahabu, umwe wa Silver ndetse n’irindwi ya Bronze. U Rwanda rwegukanye imidali itandatu, irimo ibiri ya zahabu, itatu ya Silver ndetse n’umwe wa Bronze. Imidali ya zahabu u Rwanda rwatwaye irimo uwatwawe na Depite Mukabalisa Germaine wabaye uwa mbere mu gusiganwa ku maguru muri metero 400 na Hon. Rwaka Pierre wabaye uwa mbere muri Darts. Mu midali ya Silver u Rwanda rwatwaye kandi harimo uwatwawe na Depite Frank Habineza, nyuma yo kwitwara neza mu mukino wa Golf by’umwihariko mu bizwi nka ’Nearest to the Pin’ mu cyiciro cy’abagabo. Depite Habineza na bagenzi be kandi bahawe umudali wa Bronze muri Golf nyuma yo kuba ikipe ya gatatu yitwaye neza. Inteko Ishinga Amategeko ya Sudani y’Epfo yasoje ku mwanya wa gatanu, nyuma yo kwegukana imidali 12. Irimo umwe wa zahabu, itatu ya Silver n’umunani ya Bronze. U Burundi bwegukanye umudali umwe rukumbi wa Argent ni bwo bwasoje ku mwanya wa nyuma, inyuma y’inteko ishinga amategeko ya EALA yegukanye imidali ibiri. Source: EALA Games: Depite Habineza ari mu bahesheje u Rwanda imidali, u Burundi ( ) Bwiza.com

Lire la suite
Abagore bo muri Green Party batindiwe n’amatora ya 2024

Abagore bo muri Green Party batindiwe n’amatora ya 2024

mardi 19 décembre 2023

Kongere y’abarwanshyaka ba Democratic Green Party of Rwanda b’abagore biyemeje gushyigikira Dr Frank Habineza mu matora y’umwaka utaha no kubikangurira abandi. Iyi Kongere y’urugaga rw’abagore bo mu ishyaka rya Green Party ku rwego rw’igihugu yari imaze iminsi ibiri ibera mu Mujyi wa Kigali. Ni kongere yasize Mukeshimana Athanasie atorewe kuyobora abagore bo muri DGPR ku rwego rw’igihugu. Wibabara Joana yatorewe umwanya wa Visi Perezida, Mukeshimana Jacqueline aba umunyamabanga naho Umutoni Jeanne D’Arc atorerwa kuba umubitsi. Aba bagore bavuga ko bazakomezanya na Perezida w’ishyaka, Dr Frank Habineza mu matora y’umwaka utaha kuko ngo babonye impinduka kuva iri shyaka ryajya mu nteko ishinga amategeko. Mukeshimana Athanasie yagize ati ” Icyo tugiye gufasha Perezida wacu Dr Habineza ni ugukangurira abagore kwitabira amatora no kwinjira mu ishyaka ryacu ari benshi.” Yavuze ko umugore ari ishingiro ry’umuryango n’igihugu muri rusange ko nka Green Party barajwe ishinga no guha urubuga abagore kugira ngo batange ibitekerezo byubaka u Rwanda. Umuyobozi w’ishyaka rya Democratic Green Party of Rwanda, Dr Frank Habineza yavuze ko abagore batowe bazafasha mu gucengeza amatwara y’ishyaka mu gihugu hose. Ati ” Ubu natwe tuje twunganira mu mbaraga z’igihugu kugira ngo dufashanye mu kubaka igihugu dufite abagore basobanutse kandi basobanukiwe iby’ishyaka neza. Ni imbaraga zikomeye cyane ishyaka ryungutse.” Dr Habineza avuga ko abagore n’urubyiruko bo muri Green Party bitezweho gusakaza imigabo n’imigambi y’ishyaka mu giturage hose no gukundisha Abanyarwanda DGPR. Avuga ko bafite icyizere cyo gutsinda amatora ku mwanya w’umukuru w’igihugu n’ay’Abadepite kuko inzitizi zariho mbere zavuyeho. Ati ” Nta bantu bacu bagifungwa kubera ko batekereje, nkavuga ko byagabanutse cyane kandi nabyo bitanga umwuka mwiza no muri aya matora. Murabizi ko mu matora y’ubushize mu Karere ka Nyagatare badutwaye kwiyamamariza mu irimbi, hari n’abatwise ingagi, ndizera ko ibyo bitazongera. Amatora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda n’ay’Abadepite 53 byemejwe ko azaba tariki 15 Nyakanga 2024 mu gihugu, ariko ababa muri Diaspora Nyarwanda bo bazatora ku ya 14 Nyakanga 2024. Source: Abagore bo muri Green Party batindiwe n’amatora ya 2024 – Umuseke

Lire la suite
Democratic Green Party Rwanda Gears Up for 2024 Election Victory

Democratic Green Party Rwanda Gears Up for 2024 Election Victory

mardi 19 décembre 2023

In a resounding declaration during the party’s national women congress on Sunday, December 17, 2023, Hon. Dr. Frank Habineza, President of the Democratic Green Party Rwanda, expressed his unwavering confidence in securing victory in the upcoming 2024 elections. Dr. Habineza emphasized the party’s dedication to inclusivity and progress, highlighting the pivotal role that women leaders would play in their campaign efforts. At the congress, members cast their votes, electing Mukeshimana Atanasie as the women leader of the party at the national level. Dr. Habineza remarked, “I am ready and optimistic about the elections next year. Our party stands united, and with the newly elected women leaders, we will embark on a campaign that resonates with the diverse voices within our nation.” His conviction in the capability of the newly elected women leaders underscores the party’s commitment to fostering gender equality and leveraging the collective strength of its members. Mukeshimana Atanasie, now at the helm of women members of the party at the national level, expressed gratitude for the trust placed in her by the party members. “I am honored to lead our women members, and together, we will work tirelessly to contribute to the success of our party in the upcoming election,” she declared. Her election signifies a significant step forward in promoting women’s leadership within the Democratic Green Party Rwanda. In an intriguing twist, Dr. Habineza made a noteworthy request to the government during the congress. He urged authorities to allow journalists to leave the election site with the vote counts rather than waiting for district-level announcements. Dr. Habineza emphasized the importance of transparency and timely information, stating, “Allowing journalists to report on the vote counts promptly will enhance the democratic process and keep the public informed without unnecessary delays.” As the Democratic Green Party Rwanda sets its sights on the 2024 elections, the commitment to a diverse and inclusive leadership, coupled with a call for transparency in the electoral process, marks a significant chapter in the party’s political journey. Source: Democratic Green Party Rwanda Gears Up for 2024 Election Victory, Urging Transparent Reporting of Vote Counts – kigalitimes – Home of information

Lire la suite
Dr. Frank Habineza ati, “u Rwanda Niduterwa tuzirwanaho”

Dr. Frank Habineza ati, “u Rwanda Niduterwa tuzirwanaho”

mardi 19 décembre 2023

Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu #Rwanda, Green Party (DGPR), riri mu bikorwa bitandukanye byo gushyiraho inzego z’ubuyobozi mu byiciro bitandukanye kugeza ku rwego rw’igihugu, aho kugeza ubu bamaze gushyiraho ubuyobozi bw’urugaga rw’urubyiruko ku rwego rw’igihugu ndetse n’ubuyobozi bw’urugaga rw’abagore ku rwego rw’igihugu. Umuyobozi w’iri shyaka ritavuga rumwe na leta, Dr. Frank Habineza, avuga ko gushyiraho izi nzego kugeza ku rwego rw’igihugu, ari igikorwa cy’ingenzi kandi cyerekana ugukomera kw’ishyaka ndetse n’iterambere. “Ubu tumaze gushyiraho ubuyobozi mu nzego zitandukanye, haba mu rubyiruko n’abagore kugeza ku rwego rw’igihugu. Ni igikorwa cyiza kigaragara intambwe imaze guterwa kuva twakwemerwa gukora mu buryo bwemewe n’amategeko, kandi bigaragaza iterambere tugenda tugeraho. Iyo umuntu afite abantu, aba afite ubutunzi bukomeye.” Mu mahame iri shyaka rigenderaho harimo guharanira demokarasi, kurengera ibidukikije, guharanira ubutabera, gukemura ibibazo mu mahoro n’ibindi. Dr. Frank Habineza yavuze ko ku busanzwe u Rwanda rukunda amahoro, ariko batemera kuba bavogerwa ngo bahohoterwe, bityo ko uwatera u Rwanda, nabo biteguye kururwanira nka Green Party. “Yego dufite politike yo gukemura ibibazo mu mahoro, ariko uwatera u Rwanda twakwirwanaho. Kuko uteye u Rwanda, aba ateye abaturage bose kandi uwibasiye perezida w’igihugu aba yibasiye abanyarwanda bose kuko perezida ahagarariye abaturage bose.” Ibyo yabivuze ubwo yabazwaga uko afata imvugo za perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, DRC, uri kwiyamamaza avuga Perezida w’u Rwanda Paul Kagame nabi, aho yageze akamugereranya na Hitileri wayoboye Ubudage akica abantu benshi ndetse akanakora Jenoside yakorewe Abayahudi. “Kugereranya Kagame na Hitileri sibyo. Hitileri yakoze ibikorwa byinshi by’indengakamere, kuko murabizi ko yakoreye jenoside Abayahudi, yicaga abantu bafite ubumuga bw’ubugufi budasanzwe, yakoze ibibi byinshi kandi Kagame ntabyo yakoze. Niyo mpamvu rero, umuvuze nabi aba avuze nabi abanyarwanda muri rusange kuko ni Perezida Kagame abahagarariye.” Dr. Frank Habineza ni umuyobozi w’Ishyaka ritavuga rumwe na leta, Green Party, ariko kandi ni n’umudepite mu nteko inshingamategeko. Ishyaka abereye umuyobozi ryamaze kumutanga nk’umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora ateganyijwe umwaka utaha wa 2024. Mu mvugo ze za buri munsi, yumvikana avuga ko afite icyizere cyinshi cyo gutsinda amatora, aho avuga ko ishyaka rye ryamaze kumenywa n’abaturage ndetse bakanarigirira icyizere, bitandukanye na 2017 ubwo yiyamamazaga bwa mbere. Source/ edited: Dr. Frank Habineza ati, Niduterwa tuzirwanaho Rwandanews24

Lire la suite
#Rwanda: Mukeshimana Athanasie yatorewe kuyobora abagore mu Ishyaka Green Party ku rwego rw’igihugu

#Rwanda: Mukeshimana Athanasie yatorewe kuyobora abagore mu Ishyaka Green Party ku rwego rw’igihugu

mardi 19 décembre 2023

Muri kongere yaberaga mu mujyi wa Kigali, y’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu #Rwanda (Democracy Green party of Rwanda) yari imaze iminsi ibiri kuva Tariki 16-17/12/2023 yasojwe n’amatora, Mukeshimana Athanasie yatorewe kuyobora abagore bo mu ishyaka DGPR ku rwego rw’igihugu, naho Wibabara Joan atorerwa umwanya wa Visi perezida, Mukeshimana Jacqueline yatorewe kuba umunyamabanga naho Umutoni Jeanne d’Arc yatowe ku mwanya w’umubitsi, hatowe komite y abantu 11. Hari ku munsi wa kabiri ,Congress y’abagore ku rwego rw’igihugu yitabiriwe n’abayobozi batandukanye mu Ishyaka rya DGPR-Green Party, harimo umuyobozi mukuru w Ishyaka Hon, Dr. Frank Habineza ari nawe wafunguye iyi nama yaboneyeho umwanya wo kuganiriza abarwanashyaka ku ihame rya Demokarasi, uburenganzira bwa muntu,amatora n’ibindi. Yagize ,ati:”Muri manifesto y’ishyaka ryacu harimo politike ya non Violance muri iyi politike tukaba twemera ko nta gihugu gikwiye gutera ikindi ariko dutewe twakwirwanaho, niyo mpamvu twe aho duhagaze nuko intambwara zigomba guhagarara twifuza ubwimvikane, biciye munzira y ibiganiro n amahoro”. Mukeshimana Athanasie, watowe yabwiye HANGA News ko yishimiye kuba yagiriwe ikizere, yizeza abagore ubufatanye no kwitinyuka muri politike, ati:”Umwaka Utaha nibwo muzabona ko abagore dushoboye , hari amatora y’umukuru w’igihugu n’abadepite, niho ubu duhanze Amaso nkangurira abagore bagenzi bajye kwigaragaza baseruka neza , twifitemo ikizere cyo gutsinda ,dore ko dufite n’umukandida kumwanya wa Perezida wa Perezida wa Repubulika tuzaba dushyigikiye”. Amatora yaciye mu Mucyo. Source: Mukeshimana Atanase yatorewe kuyobora abagore mu ishyaka Green Party ku rwego rw’igihugu – HANGANEWS

Lire la suite