Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije, Dr Frank Habineza, yagaragaje ko izamuka ry’ibiciro bya Lisansi na mazutu riri mu bitera izamuka ry’ibiciro ku masoko asaba Guverinoma y’u Rwanda kongera amafaranga ya nkunganire itanga kugira ngo bigabanuke. Yabitangarije muri Kongere y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR). Ku rwego rw’Intara y’Iburengerazuba iyi kongere yabereye mu Karere ka Karongi ku wa 13 Ukwakira 2023 yahuriranye no gutora komite nyobozi y’Urugaga rw’Abagore rushamiye ku ishyaka DPGR . Ni kongere ibaye mu gihe mu Rwanda ibiciro bya Lisansi na mazutu, ndetse n’iby’ibiribwa byatumbagiye, ibintu abarwanashyaka ba DGPR bagaragaza ko bibangamiye imibereho myiza y’abaturage. Niyigena Beretrida, watowe nk’Umuyobozi w’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri DGPR yavuze ko aho atuye mu karere ka Rusizi izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa ribangamiye abaturage. Ati “Umuturage ari kujya guhaha ukabona abuze icyo afata n’icyo areka bikamugora. Icyo tugiye gukora ni ugushishikariza abaturage gukura amaboko mu mifuka bagakora no guhinga bagahinga ni yo yahendwa n’ibiva mu nganda ariko we ibyo asarura byamugirira umumaro”. Umuhoza Sandrine wo mu Karere ka Rubavu yavuze ko izamuka ry’Ibiciro bya lisansi na mazutu riri gutuma abantu batega amagare aho bategaga moto. Ati “Biduteye impungenge kuko igare iyo ukoze impanuka urihombera kuko ritagira ubwishingizi”. Depite Frank Habineza yavuze ko ubwo nk’Abadepite baheruka kumva ibisobanuro bya Guverinoma ku izamuka ry’ibiciro ry’ibiribwa, Guverinoma yababwiye ko biri guterwa n’intambara ya Ukraine n’u Burusiya yiyongera ku ngaruka zasizwe n’Icyorezozo cya COVID-19. Ati “Muri iyi minsi ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli aribyo lisansi na mazutu byarazamutse nabyo. Bifite ingaruka byazanye ku biribwa, ngira ngo ejo bundi mwumvise ko igiciro cy’ibirayi cyageze ku 2000 Frw. Ni ibintu biteye ubwoba ariko ndibwira ko inzego ziri gukorana kugira ngo bibe byagabanuka”. Leta y’u Rwanda itanga nkunganire y’amafaranga 200 Frw kuri buri Litiro ya Lisansi na Litiro ya mazutu kugira ngo ibiciro byabyo bitajya hejuru cyane. Habineza avuga ko nk’ishyaka bakurikije uko lisansi na mazutu biri kugura uyu munsi, basanga iyi nkunganire Leta idahagije. Ati “Yagombye kongerwa ibiciro bya peteroli bigasubira hasi aho byari biri kuko kuba bizamuka bihita bigira ingaruka ku bindi byose. Kubera ko buri kintu cyose gifite aho kiva, hari imodoka zibizana zabikura Nyabihu zabikura hehe hose noneho umucuruzi akavuga ngo nanjye byampenze kubigeza hano nanjye ngomba kuzamura ibiciro”. Nubwo Habineza asaba ko hongerwa nkunganire, abahanga mu by’ubukungu bavuga ko n’ubundi atari cyo gisubizo kiboneye ahubwo ko hakwiriye kwigwa uburyo burambye kuko n’iyo nkunganire idatuma ibiciro bigabanuka cyane. Ishyaka DGPR riherutse gutangaza ko rizitabira amatora y’Umukuru w’Igihugu mu mwaka utaha ndetse ryamaze no kugena Dr Frank Habineza nk’ugomba kurihagararira. Source: Depite Habineza yasabye Guverinoma kongera nkunganire kuri Lisansi na Mazutu | IGIHE
Umuyobozi Mukuru w’Ishyaka DGPR-Green Party, Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije akaba n’umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Dr Frank Habineza, yatangaje ko ahangayikishijwe n’ibiciro bikomeje kuzamuka. Ibi yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa 16 Nzeri 2023 nyuma y’inama y Igihugu y’urubyiruko rwo muri DGPR Green Party rwaturutse hirya no hino mu gihugu, yabereye mu mujyi wa Kigali. Dr Habineza yagize ati: “Ibyo bibazo ntabwo ari twebwe bihangayikishije twenyine, ngira ngo ni igihugu cyose kiba gihangayikishijwe n’ikibazo kijyanye n’ibiribwa kandi ngira ngo murabizi ko mu Nteko twabikozeho ubuvugizi igihe Premier Ministre yazaga mu Nteko, ngira ngo hari mu kwa 7, tugaragaza ko ibiciro mu masoko byazamutse.” Yibukije abanyamakuru ko Minisitiri w’Intebe yasobanuriye abadepite ko izamuka ry’ibiciro ryatewe n’impamvu zirijmo intambara ibera muri Ukraine kuva muri Gashyantare 2022, ati: “Mbere harimo Covid, ubu ni intambara ya Ukraine, kandi bimwe biragaragara.” Dr Habineza yijeje Abanyarwanda ko azakomeza kubakorera ubuvugizi kugira ngo niba byashoboka ko ibiciro bimanuke, bizakorwe. Ati: “Ariko ntabwo twavuga ngo turekeye aho gukora ubuvugizi. Tuzakomeza tubukore.” Abanyarwanda bagaragaza ko bahangayikishijwe cyane n’uko mu biciro byazamutse harimo n’iby’ibiribwa bituruka imbere mu gihugu, bimwe bari byari bisanzwe bibagoboka mu gihe ibituruka hanze byabaga byarahenze. Source: Duhangayikishijwe n’izamuka ry’ibiciro, tuzakomeza gukora ubuvugizi: Dr Habineza Bwiza.com
Depite Frank Habineza yavuze ko amatora ya 2017, DGPR-Green Party yayakuyemo amasomo atandukanye by’umwihariko ngo kuba batari bafite abantu bababahagarariye muri Site z’amatora hirya no hino mu gihugu, ndetse ngo n’aho bari bari bangirwaga kwinjira mu cyumba cyabaruriwemo amajwi. Ibi bakaba barabivugutiye umuti mu matora yo mu 2024. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru tariki 16 Nzeri 2023, Depite Habineza yavuze ko ishyaka ahagarariye ririmo kubaka inzego zaryo by’umwihariko iz’abagore ndetse n’urubyiruko kugirango icyuho cyagaragaye mu matora y’Umukuru w’Igihugu mu 2017 ntikizongere kugaragara, aho iri shyaka ritari rifite indorerezi zihagije mu byumba by’itora byo hirya no hino mu gihugu. Yaravuze ati “Ntabwo twari dufite abantu baduhagarariye kuri site z’amatora nyinshi[…]niyo mpamvu twavuze tuti tugomba guhindura umuvuno twashyizeho inzego z’urubyiruko mu Turere ndetse n’inzego z’abagore tugamije kugirango ishyaka rigire imbaraga bizatworohera kubona abaduhagararira muri ayo matora no muri ‘bureau’ z’amatora b’abakorerabushake atari ukuvuga ngo ni abantu ugomba kwishyura. Dufite icyizere ko umwaka utaha bizaba byiza kurushaho kuko natwe twashyizemo imbaraga nyinshi cyane.” Indorerezi za DGPR-Green Party ‘zangiwe kwinjira mu cyumba cyabarurirwagamo amajwi’ Habineza yarakomeje avuga ko n’ubwo bemeye ibyavuye mu matora ya 2017 ariko batabyishimiye. Ati “Ubushize narabivuze ko twemeye ibyavuye mu matora, ariko tutabyishimiye. Twagaragaje ko abantu bari bashinzwe amatora babuzaga abantu bacu kwinjira muri byumba by’itora babakingirana hanze bababuza kwinjira muri salle babariramo amajwi. Habayemo ibintu byinshi twavuze ko tutabyishimiye, ariko ntabwo biba bihagije ngo twange ibyavuye mu matora.” DGPR-Green Party ngo imaze igihe isaba ko yakwemererwa kujya muri komisiyo y’igihugu y’amatora kugirango igiremo abakomiseri, ariko kugeza ubu ntirabyemererwa. Mu matora yo mu 2017, Dr. Frank Habineza yari umwe mu bakandida babiri bahatanaga na Perezida Paul Kagame. Akaba yiteguye kongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida mu matora yo mu 2024 kandi ngo yizeye itsinzi. Twabibutsa ko mu matora ya 2017, Habineza yaje ku mwanya wa gatatu ari na wo wa nyuma, abona amajwi 0.48%, naho Philippe Mpayimana wari umukandida wigenga abona amajwi 0.73%. Perezida Kagame yegukana itsinzi ku majwi 98.79%. Source:Isomo DGPR-Green Party yakuye mu matora yo mu 2017 ryatumye ifata ingamba zikomeye IRIBA NEWS
Urubyiruko rw’abarwanashyaka b’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera ibidukikije mu Rwanda ( DGPR Green Party) ruturutse hirya no hino mu gihugu rwahuye n urundi rwaturutse muri Congo, Madagascar, Kenya, Suede na Denmark rwatangije Urubuga ( AYA Adisi Ya Afrika), rugamije kuzana impinduka muri Politike ya Afurika. Uru rubyiruko rwatangije ku mugaragaro iri huriro mu nama y Igihugu y’urubyiruko rwa Green Party (National youth Greens Congress 2023) kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Nzeri. Uru rubyiruko ruvuga ko uru rubuga ryatekerejweho, kugirango ruhurize hamwe urubyiruko rutandukanye rwo muri Afurika, hagamijwe ko urubyiruko rwagira impinduka muri Politike ya Afurika , aho ruzajya rusangira ibitekerezo bigamije kuzana impinduka muri Politike zitandukanye zirimo ubukungu, ibidukikije n’ibindi bitandukanye. Muropo Aubry, umurwanashyaka wa Green party yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, DRC, avuga ko nk’ urubyiruko hari urubuga bashinze aho umuntu ashobora kwigira gukunda igihugu, gutanga ibitekerezo no gushyiraho gahunda zo kwita no kurengera ibidukikije, Ati:”nkatwe nk’abanyafurika muri rusange nitwe tugomba gufata iya mbere kugirango duhindure Afurika. tugomba gushyira hamwe ibitekerezo byacu bigamije impinduka”. Razafindraibe Solonirina Andoniaina, umurwanashyaka wa Green Party yo muri Madagascar, avuga ko urubuga AYA ruzafasha gushyiraho ingamba zo kurengera ibidukikije hagamijwe ko urubyiruko rw’ejo hazaza rutazagira ingaruka zikomoka ku kutabungabungwa kwabyo. Razafindraibe akomeza agira Ati: Imihindagurikire y’ibihe iri guteza ingaruka ku baturage! Urubyiruko ni twe bo gufata iya mbere kugirango duhangane n’imihindagurikire y’ikirere. Niyo mpamvu twashyizeho iri huriro kugirango urubyiruko rw’ejo hazaza rutazagira ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe. Nk’umugabane wacu murabizi tugira ibibazo birimo gushaka tukiri bato ariko binyuze muri uru rubuga bizadufasha guhangana nabyo, ikindi dukeneye imbaraga z’abashakashatsi, impuguke muri Politike batwiyungaho kugirango batube hafi mu bikorwa byacu bitandukanye”. Andriatsaramanana Harena , umurwanashyaka wa Green party muri Madagascar, Avuga AYA umuco wa Afurika ari ihuriro rya byose, Ati:” tuzashyiraho amahugurwa , ibiganiro bitandukanye, uburezi, Ubuyobozi, uko wakemura ibibazo n’uko wakwihangira imirimo”. Akomeza avuga ko bazagira igihe guhugura urubyiruko twifashishije abafite ubunararibonye muri Politike kugirango uru rubyiruko rufashwe gukarishya. Uru rubyiruko rwahuriye I Kigali mu nama idasanzwe y’iminsi ibiri guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Nzeri kugeza tariki ya 17 Nzeri, baturutse mu ntara zose z’igihugu muri Afurika no kuyindi Migabane. Muri iyi nama hanatorewemo urubyiruko ruhagarariye urundi ku rwego rw’igihugu. Source: Urubyiruko rwo mu ishyaka Green party ryashinze urubuga rugamije kuzana impinduka muri Politike ya Afurika – Rwanda Tribune
Umuyobozi w Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera ibidukikije mu Rwanda -DGPR Green Party, yasobanuye impamvu yatumye hashyirwaho abayobozi bayobora ibyiciro byihariye ari ibyagagore n urubyiruko. Umuyobozi w Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (DGPR Green Party), Dr Frank Habineza mu kiganiro yagiranye n Itangazamakuru kuwa Gatanu tariki ya 15 Nzeri 2023, yavuze ko inzego z abagore batangiye gutora zizafasha ishyaka gutanga umusanzu wabo mu gufatanya n inzego za Leta, gushakira ibisubizo ibibazo bibangamiye imibereho y abaturage birimo guhangana n imihindagurikire y ikirere. Ibi Dr Frank Habineza, umuyobozi wa DGPR Green Party yabivugiye mu Murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza, ahabereye inteko rusange ya mbere y abagore bari muri iryo shyaka, aho bashizeho urwego rw abagore mu ntara y uburasirazuba. Nyuma y ibiganiro byahuje abagore bari muri iryo shyaka, batoye komite igizwe n abantu 11 bazayobora Abagore mu ntara y iburasirazuba. Uwatorewe kubayobora yitwa Mukandaga Jeanne wo mu karere ka Rwamagana, akaba asanzwe ayobora inama y Igihugu y abagore mu mudugudu wa Bigabiro, mu Murenge wa Kigabiro nk uko yabitangarije Itangazamakuru nyuma yo gutorwa. Abagore batorewe kuyobora bagenzi babo muri DGPR Green Party mu Ntara y Iburasirazuba, bavuga ko bagiye gukora ibikorwa bizibanda ku kubungabunga ibidukikije. Twagirumukiza Christine ni umwe mu bagore batowe, avuga ko gutorwa kwabo bibabereye imbarutso yo kujya bitabira kwiyamamariza kujya mu Nzego z ibanze n ibyiciro byihariye kugira batange umusanzu wabo mu kubaka Igihugu. Yagize ati Dusanzwe twitabira ibikorwa bya Leta na gahunda zose turazitabira, icyo ntakoraga ni nko kwiyamamariza kujya mu Nzego z ubuyobozi. Twahawe amahugurwa ku buryo bwo kwiyamamariza kujya mu Nzego z ubuyobozi kandi nihaba amatora tuzajya twiyamamaza kuko twiyamamaje bakatugirira icyizere badutora . Uwatorewe kuyobora abagore bo mu Ishyaka rya DGPR Green Party, Mukandanga Jeanne yavuze ko bagiye kujya bakangurira abagore kubungabunga ibidukikije ndetse bagashikariza bagenzi babo kujya mu nzego z ubuyobozi aho batuye. Yagize ati Abagore bagenzi banjye ndabashishikariza kwitinyuka bakigirira icyizere kuko natwe turashoboye. Icyo tugiye gukora nka Green Party ni ugushishikariza, ni ugutanga umusanzu wacu, tugakangurira buri wese kurengera ibidukikije. Tuzakangurira abaturage gutera ibiti cyane cyane ibyera imbuto, bakirinda kandi gukora ibikorwa bishobora guhumanya ikirere. Umuyobozi w Ishyaka riharanira Demukarasi no kurengera ibidukikije, Dr Habineza Frank yavuze ko kubaka inzego z abagore n urubyiruko mu ishyaka ryabo bizabafasha kugira uruhare mu bikorwa bigamije gushakira ibisubizo ibibazo bibangamiye imibereho y abaturage. Yagize ati: Iyi Nteko rusange y abagore mu Ishyaka ryacu niyo ya mbere ibaye ku rwego rw Intara ndetse kubijyanye n urubyiruko twashyizeho inzego mu Ntara zose ku buryo ejo hatorwaga abahagarariye urubyiruko ku rwego rw Igihugu ndetse bizageza mu kwezi kwa 12 hamaze gutorwa abahagarariye abagore mu Ntara zose batore abahagarariye abagore mu ishyaka ku rwego rw Igihugu. Dr Habineza, yakomeje avuga impamvu bashyizeho abagarariye abagore mu ishyaka ryabo. Yagize ati: Turizera ko gushyiraho inzego z abagore n urubyiruko bizadufasha kwegera abaturage ndetse tukazabona abahagarariye ishyaka ryacu mu gukurikirana amatora ya Perezida wa Repubulika n Abadepite mu mwaka utaha. Kugira izi nzego binatuma ishyaka ryacu rikomera kandi rivugira abantu bahari kuva ku isibo kugera ku karere kandi urubyiruko n abagore bazitabira no kujya mu nzego za Leta zisanzwe ziriho. Dr Habineza yanavuze ko inzego z abagore n urubyiruko mu Ishyaka ryabo bazifuzaho kuzana impinduka mu bikorwa byo kubaka Igihugu. Yagize ati: Icyo tubona kuba dushyizeho izi nzego nuko zizatuma urubyiruko rwacu n abagore bazitabira kujya mu nzego za Leta zisanzwe zihari, birumvikana ko ibitekerezo bazajyanamo bizazana impinduka mu kubaka Igihugu, nko gushaka ibisubizo ku bibazo by imihindagurikire y ibihe. Umuyobozi w Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda- DGPR Green Party, yanasonuye ko abagore n urubyiruko batowe bazagira uruhare mu gukora ubuvugizi ku bibazo by urubyiruko n abagore mu rwego rwo gushakira umuti ibibazo bafite. Intara y Iburasirazuba niyo yabimburiye izindi Ntara gutora abagore bahagarariye abandi mu ishyaka rya DGPR Green Party. Aya matora akazakomereza mu nta Ntara eshatu zisigaye n umujyi wa Kigali nyuma hakazatorwa abahagarariye abagore ku rwego rw Igihugu. Source: Dr Habineza yasobanuye impamvu ishyaka rya DG Inyarwanda.com
Mu myaka icumi Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda rimaze ryemerewe gukorera mu Rwanda, ni ku nshuro ya mbere ryakoze kongere ihuza urubyiruko ruturutse mu turere twose tw igihugu ku itariki ya 16/9/2023. Amafoto agaragaza uko ku munsi wa mbere wa kongere byari byifashe: Umuyobozi w’ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera ibidukikije Hon Dr Frank Habineza ari kungurana ibitekerezo na Visi Perezida we Madame Maombi Carine Perezida wa DGPR Nyakubahwa Dr Habineza Frank Visi Perezida wa DGPR Madame Maombi Carine Umunyamabanga mukuru wa DGPR Nyakubahwa Depite Ntezimana Jean Claude Umuyobozi w’abakomiseri muri DGPR Nyakubahwa Senateri Mugisha Alexis Urubyiruko rwaturutse hirya no hino ku isi rwitabiriye kongere. Abanyamuryango b’ihuriro rya Green Party ku Isi, nabo bitabiriye kongere y’urubyiruko rwa DGPR. Urubyiruko rwatanze ibitekerezo nyuma y’ikiganiro cya mbere. Nyuma yo guhugurwa bagiye mu karuhuko. Mucunguzi Obed/ Rwanda Tribune Source: Dore Ibyaranze Kongere y’urubyiruko rw’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda ( Amafoto) – Rwanda Tribune
Rwandan Politician and Member of Parliament Dr. Frank Habineza has joined the esteemed Global Advisory Council of G100 Denim Club’s Security and Defence Wing. As one of the 100 He-for-She Champions globally, Dr. Habineza brings his leadership and expertise to further promote gender parity and equality in different sectors. In a statement Dr. Habineza said “I am very honored to have been appointed as an Advisory Member, Global Advisory Council in the G100 Denim Club-Security and Defence wing, a group of 100 He-for-She Champions globally, comprising leaders and luminaries from the business, corporate and political domains, each leading a sector of influence and having their companies and institutions in support of gender parity and equality.”He added that he is committted to creating a more inclusive and equal society which aligns perfectly with the mission of G100 Denim Club’s Security and Defence Wing. “I will play a role in advocating for gender equity and balance, mitigate barriers to women’s leadership, commit to women’s greater C-suite representation, and fuel funding for female founders.” He added.Dr. Habineza’s inclusion in this prestigious group highlights his significant contributions to the cause and his dedication to driving change on a global scale. Source: Breaking News: Dr. Frank Habineza Joins Global Advisory Council of G100 Denim Club’s Security and Defence Wing! TOP AFRICA NEWSRead also: Inside Dr. Frank Habineza: A Glimpse into Rwanda’s Political Landscape Ahead of Presidential Elections
Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda DGPR-Green Party riyobowe na Hon Dr HABINEZA Frank ryashyizeho abarihagarariye ku rwego rw’urubyiruko mu mujyi wa Kigali bakaba barangajwe imbere na Murenzi Jean de Dieu wabaye Perezida. Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 i Kigali mu Rwanda habereye igikorwa cyo gutora abahagarariye ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda Democratic Green Party of Rwanda [DGPR-Green Party] ryitoreye abagize komite nyobozi y’urubyiruko rw’iri Shyaka mu mujyi wa Kigali. Murenzi Jean de Dieu wagiriwe icyizere cyo kuyobora uru rubyiruko ku rwego rw’Umujyi wa Kigali yavuze ko icyo asaba urubyiruko n’Abanyarwanda muri rusange arukwimakaza umuco wa Ndi Umunyarwanda. Aha yagize ati:”Iyo urebye intambwe ya Politike imaze guterwa mu Rwanda biragaragara ko ari nziza, twajyaga tujya mu nama ugasanga baratubuza kuyikora ariko ubu ibyo byabaye amateka, ubu ikibuga cya politike gihagaze neza akaba ariyo mpamvu nsaba buri wese yaba urubyiruko runyumva ndetse n’abandi Banyarwanda aho bari hose kwimakaza gahunda ya Ndi Umunyarwanda kugira ngo dukomeze twiyubakire igihugu mu mahoro”. Akomeza agira ati:”Nk’urubyiruko tuzi ko turi imbaraga z’igihugu, izo mbaraga rero nizo tuzakoresha mu kubaka u Rwanda tukarugeza aheza hari ku rundi rwego.” Asoza avuga kandi ko azaharanira guteza imbere urubyiruko rwo mu mujyi wa Kigali maze imbaraga zabo bakazikoresha mu bikorwa byo kwiyamamaza haba ku mwanya wa Perezida wa Repubulika no ku mwanya w’Abadepite, igikorwa giteaganyijwe umwaka utaha afatanyije narwo ndetse n’urundi rubyiruko rwo hirya no hino ku isi dore ko ari no mu bayobozi b’urubyiruko rw’iri Shyaka ku rwego rwa Afurika. Umuyobozi w’iri Shyaka, Dr Habineza Frank yasabye uru rubyiruko gukoresha imbaraga zarwo mu guteza imbere Ishyaka ryabo n’Igihugu cy’u Rwanda muri rusange. Agira ati:”Icyo nasaba urubyiruko rw’Ishyaka ryacu nuko bakoresha imbaraga zabo mu guteza imbere Ishyaka bityo igihugu cyacu nacyo kigatera imbere, turabasaba gukangurira urubyiruko rundi kuza mu ishyaka ryacu ari benshi bityo tugahuza imbaraga mu kubaka igihugu cyacu no kugiteza imbere binyuze mu nzira y’amahoro na Demokarasi”. Mur’aya matora yo ku rwego rw’Umujyi wa Kigali Murenzi Jean de Dieu niwe wabaye Perezida n’amajwi 44 Uwineza Rehema aba Visi Perezida n’amajwi 28 ,Umunyamabanga aba Nkotanyi Augustin n’amajwi 40, Uwineza Florance aba umubitsi n’amajwi 57 Umuhuzabikorwa aba Safari Iyamuremye wagize amajwi 29 naho ushinzwe Itangazamakuru aba Hategekimana Claude wagize amajwi 35. Hashyizweho n’abajyanama bashyinzwe kugira inama uru rubyiruko barimo Muyisingize Angelique, Majyambere, Iradukunda Jean Pierre, Ufitiyezu Naomie, Imanizabayo Jonas na Mutabaruka Jean Dieu bombi bakaba baturuka mu turere twa Nyarugenge, Gasabo na Kicukiro. Iyi komite yashyizweho yaje ikurikira izindi zashyizweho mu zindi Ntara aho ari igikorwa cyabereye mu mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo kikaba cyahuje urubyiruko rubarirwa hagati ya 200 na 400 ruturuka mu turere twa Gasabo, Kicukiro na Nyarugenge. Source:Ishyaka rya DGPR ryashyizeho abarihagarariye ku rwego rw’urubyiruko mu mujyi wa Kigali – IBENDERA.COM