Depite Frank Habineza wigeze kwiyamamariza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, agatsindirwa ku majwi ya 0,45%, avuga ko ntakizamubuza kwiyamamaza mu matora ataha kabone nubwo uwamutsinze na we ashobora kuziyamamaza. Ati “Uwantsinze ntaho yagiye ariko nanjye ntaho nagiye.” Perezida mushya wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Oda Gasinzigwa warahiriye izi nshingano muri iki cyumweru, yavuze ko hifuzwa ko amatora y’Umukuru w’Igihugu yajya abera rimwe n’ay’Abadepite mu rwego rwo kugabanya ingengo y’imari igenda kuri aya matora yombi. Ni mu gihe amatora y’Abadepite yari ateganyijwe muri uyu mwaka, naho ay’Umukuru w’Igihugu akaba yari ateganyijwe umwaka utaha, ku buryo aramutse ahujwe, aya yombi yabera rimwe. Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko iki cyifuzo cya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, ari cyiza ndetse ko Guverinoma izagisuzuma ku buryo iramutse icyemeje yazagishyikiriza urwego rushinzwe kuvugurura Itegeko Nshinga, rukaba rwabikora kugira ngo gishyirwe mu bikorwa. Depite Frank Habineza uyobora Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije, na we avuga ko iki cyifuzo ari cyiza dore ko we aya matora yombi yayitabiriye kandi ko byamusabye ubushobozi buhanitse, bityo ko aramutse ahujwe hari byinshi byagabanya. Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Radio 10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gashyantare 2023, aho Umunyamakuru yamwibukije ko “ubushize wakamye ay’iburyo byanze ukama ay’ibumoso. Wiyamamaje mu ya Perezida wa Repubulika ntibyaguhira, hanyuma wiyamamariza mu Badepite, ho birakunda, none ko bigiye kujya bibera rimwe, nushya [nutsindwa] uzajya uba uhiye hose.” Dr Frank Habineza avuga ko nubwo ishyaka rye ritaramuhitamo nk’uzarihagararira mu matora ya Perezida wa Repubulika, ariko ko yiteguye kuba yaba umukandida. Avuga ko aya matora naramuka ahujwe, ku giti cye azagira amahitamo yo kwiyamamaza hamwe ariko ko ishyaka rye rishobora kuziyamamaza mu matora yombi kuko ku mwanya wa Perezida hiyamamaza umuntu ku giti cye ariko ahagarariye ishyaka, mu gihe mu matora y’Abadepite hiyamamaza ishyaka. Hon. Frank Habineza avuga ko akurikije uko itegeko ryo mu Rwanda rimeze, bitakunda ko we yiyamamariza ku myanya ibiri bityo ko azahitamo hamwe. Uyu munyapolitiki avuga ko kuri we ubu yiteguye kongera kuziyamamariza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, nubwo yagize amajwi ngerere. Umunyamakuru yamubajije impamvu ahitamo kuziyamamariza kuri uyu mwanya kandi “amahirwe yawe aba ari hasi?”, ahita amusubiza vuba na bwangu ati “Ni inde ukubwiye ko ari hasi?” Umunyamakuru akomeza amubwira ko uwamutsinze agihari ndetse ko ashobora kuzongera kwiyamamaza, ati “uwagutsinze ntaho yagiye.” Dr Habineza asubiza agira ati “Ntaho yagiye ariko nanjye ntaho nagiye.” Dr Habineza akomeza avuga ko umukandida wamutsinze ubushize, yamutsindishije ibikorwa yari yaragejeje ku Banyarwanda. Avuga ko ubu we azasobanurira abaturage ko bagomba guha agaciro imigabo n’imigambi aho kwita ku byakozwe. Ati “Manifesto tuzongera tuyidode, tuyitegure neza cyane abaturage batugirire icyizere, tubereke viziyo tuzabagezaho.” Source: Habineza yemeje ko azongera agahatana na Perezida Kagame agaragaza ikizatuma noneho atsinda – RADIOTV10
As we come to the close of the year 2022, the Democratic Green Party of Rwanda [DGPR] wishes to appreciate the Government for the measures which were put in place to combat COVID 19, which proved effective and we were able to resume party activities in the whole country since May. The Democratic Green Party of Rwanda, was able to establish Women and Youth structures at district level in all the 30 dsitricts of the country. We also conducted trainings for those structures on different topics, including; party ideology, gender equality, democracy, elections and environmental protection. DGPR was also able to strengthen existing party structures at district level and members elected new leaders in some districts where it was necessary. In April, this year, the party was also able to send 15 women to Nairobi-Kenya for a bilateral women leaders training facilitated by the Swedish Green Party. Green women were trained on different political topics which included; economy and culture. We are also grateful to the National Consultative Political Organizations Forum in Rwanda [NFPO] which trained 30 of our women from different districts and also 8 youth from Kigali City and Western Province in the Youth Political Leadership Academy, four were girls and four were boys. Other participants came from different Political Parties. Parliamentarians representing the party in both the Chamber of Deputies and the Senate made advocacy on different policies, programs and legislations, on key issues benefitting the population. A lot has been published in the media and we are grateful the media fraternity for keeping the democracy banner raised in Rwanda. We are hopeful that 2023, will equally be a great year, we shall continue: strengthening party structures in the country, capacity building of party members, collaboration with different stakeholders and sectors, implementation of various party strategies, advocating for reforms or changes of government programs and policies in favor of citizens’ better welfare and environmental sustainability. We shall prepare for and participate in the upcoming Parliamentary elections due in August 2023. We shall also continue preparation for the next presidential elections due in August 2024. On behalf of Democratic Green Party of Rwanda, we wish to thank you all for supporting us and promoting the democracy and wellbeing of Rwandans. Please accept our best wishes to you and your families for a wonderful holiday season and a healthy and prosperous New Year 2023. Dr.Frank HABINEZA [MP] President, Democratic Green Party of Rwanda
Urubyiruko rwibumbiye mu Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda, DGPR basanga kuba hari abakoze Politiki nabi ikageza u Rwanda ahabi mu mwaka 1994 bidakwiye kubuza urubyiruko gukora politiki igamije gukosora amakosa yakozwe mbere. Ibi uru rubyiruko rwabigarutsemo, ubwo rwitabiraga amahugurwa yateguwe n’iri shyaka kuwa 22 Ukwakira 2022. Aya mahugurwa yahuje abarwanashyaka baturutse mu turere tw’Umujyi wa Kigali abera kuri Auberge Bel Angle mu murenge wa Kimironko w’Akarere ka Gasabo. Abiganjemo urubyiruko baganiriye na Rwandatribune, Bahuriza ku kuba hari bagenzi babo batinya kwinjira mu bikorwa bya Politiki ahanini bitewe n’amateka igihugu cyacu cyanyuze. Babihuza no kuba abari abanyapoliti mbere ya 1994 ari bagize uruhare mu gutegura ibikorwa byajeje kuri Jenoside yakorewe abatutsi. Bakomeza bavuga ko nk’urubyiruko iyo bagize amahirwe yo kwitabira amahugurwa nk’aya bagahabwa amasomo n’inararibonye birangira batinyutse bakumva ko gukora Politiki igamije icyiza ntako bisa. Mu butumwa bwatanzwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka DGPR,Hon Ntezimana Jean Claude, yavuze ko guhamagarira urubyiruko kwinjira muri politiki bishingiye ku kuba ahazaza h’imitwe ya politiki hazaba hubakiye kuri rwo. Ati “Iyo twahuye buri gihe turabatinyura, tukababwira ko ibitekerezo byiza aribyo byubaka igihugu. Tubereka ko ibijyanye n’imirongo itanyuranya n’itegeko nshinga byemewe mu Rwanda. Iyo tubereka ko natwe ariko twatangiye baratinyuka bakumva ko ari ibintu byiza.” Amahugurwa yo kuri uyu wa Gatandatu yasojwe no gutora Komite nyobozi z’iri shyaka by’;Umwihariko mu turere twa Gasabo na Kicukiro. Ishyaka Democtratic Green Party Of Rwanda rimaze iminsi ritanga amahugurwa ku barwanashyaka baryo hirya no hino mu gihugu, mu rwego rwo kwitegura amatora y’Abadepite ateganijwe mu mwaka 2023 ndetse n’ay’Umukuru w’Igihugu azaba mu mwaka 2024 rimeza ko rizatanga uruhagararira muri ayo matora. Source:Kuba hari abakoresheje Politiki nabi ntibikwiye kubuza abato kuyijyamo_Urubyiruko rw’Ishyaka DGPR Rwanda Tribune
Abayoboke bashya mu ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije- Democratic Green Party of Rwanda-DGPR, basanga kuba hari abanyarwanda batari muri politiki ari igihombo kuri bo no ku gihugu, bagashima intambwe ishyaka ryabo riri gutera Iryo shyaka rivuga ko hari abanyarwanda basa n’abazinutswe ibijyanye na politiki, badashaka kuyikora cyangwa kujya mu mitwe ya politiki kubera ko hari abayikoresheje nabi igateza ibibazo bitandukanye birimo na jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Kuwa Gatandatu tariki 22 Ukwakira, ubwo ryahurizaga hamwe urubyiruko n’abagore bo mu Mujyi wa Kigali baganirizwa kuri politiki, ibijyanye no kwihangira umurimo n’ibindi, Umunyamabanga Mukuru waryo Depite Ntezimana Jean Claude yavuze ko bagamije kubakundisha politiki nk’abashya muri iryo shyaka. Ati “Barimo icyiciro cy’urubyiruko kuko ari zo mbaraga z’igihugu ndetse n’abari n’abategarugori nk’icyiciro cy’abagiye batinjira cyane mu bintu bya politiki , bakunda kwitinya bumva ko ari iby’abagabo.” Yungamo ko urubyiruko barufasha kuzamukana ibitekerezo byabo no kubitanga, bagakura bafite umusingi mwiza wa politiki. Ni kimwe kandi n’abagore bafashwa gutinyuka politiki ntibayiharire abagabo bonyine. Agira ati “Tubigisha ko ari ngombwa kugira uruhare mu mutwe wa politiki ku buryo ibitekerezo biyobora mu gihugu nabo haba harimo ibyabo. Ikindi ni uko nabo bagaragaza ibibazo byabo bigakorerwa ubuvugizi ” Ntezimana akomeza avuga ko kuba hari abanyarwanda benshi badashamadukira ibya politiki hari icyuho bishobora gutera. Ati ” Abenshi barahari babyuka bishakira imibereho, cyangwa bari mu myuga yabo, badaha agaciro ibintu bya politiki, badashaka no kujya mu mitwe ya politiki, ku buryo bagera n’igihe cyo gutora ugasanga barabaza ngo harya turatora iki? Batazi n’abakandida, cyangwa baba babazi bakaba badafite amakuru yabo arambuye y’ibitekerezo byabo yatuma babatora, ugasanga ntibayitabira.” Bamwe muri bo ndetse ngo ntibitabira amatora, ikindi kuba batazi iby’abo bakandida hari uwo bashobora kwibeshyaho mu kumutora. Ku bijyanye n’urubyiruko arwibutsa ko mu myaka iri imbere ruzaba ruri mu bayobozi b’igihugu, bityo ko rukwiye gukangukira politiki nkuko yabigenje ari hafi yo gusoza kaminuza, akinjira muri Green Party ndetse akazenguruka kaminuza ayishakira abarwanashyaka, ubu akaba hari aho ageze. Ati “Tumaze imyaka 13 dutangiye ishyaka, biroroshye kubereka ko mu myaka 13, 15 cyangwa 20 bashora kuba bari mu bayobozi b’igihugu , bashobora nabo kuba barimo gutanga umusanzu mu nzego z’ibanze mu gihugu ari ba gitifu ari ba meya kuko buri mwanya wose uba ufite akamaro umuturage, kandi ntibashobora kubimenya batitabira bene izi nama.” Ku ruhande rw’urubyiruko n’abagore basanga igihe kigeze ngo bitabire politiki kandi banayikunde kuko ifite akamaro. Basanga abatiyitabira bakiri mu icuraburindi. Bizagiriherezo Mike w’ imyaka 22 , ukora ibijyanye n’ikoranabuhanga asobanura uko yumva politki. Ati “Politiki ni ibintu byiza byanze bikunze iba ifitiye umumaro ikiremwamuntu cyangwa ibidukikije. Njyewe numva atari ibinyoma kuko iyo urebye ishyaka runaka, ibintu riba ryarakoze cyangwa ryaragezeho ni ibintu biba bigaragara bifite ibihamya.” Yungamo ati “Politiki ni nziza iguha umurongo muzima wo kugenderamo ukaba unashobora no kuvamo umuyobozi mwiza nk’abo dufatamo nk’icyitegererezo, twe kuyitinya, mbona abatayitabira basa n’abari mu icuraburindi, barahomba cyane.” Uwineza Frolence w’imyaka 24 usoje kwiga kaminuza mu by’icungamutungo avuga ko yitabiriye politiki anyuze muri iri shyaka kuko ngo ashaka kubona umuyoboro wo gucishamo ibitekerezo bye ndetse n’ibyifuzo bye. Asobanura impamvu yahisemo iryo shyaka. Ati “Impamvu Green Party ari yo nahisemo, nabanje kurigenzura imikorere yabo numva ntibakora ibintu bibi, numva ibyo bakora nabishobora, numva nakwifatahya nabo ngo dukomeze guteza imbere igihugu.” Zimwe mu nyungu yavanamo ngo ni ubuvugizi bakora bukaba bwamugirira akamaro ku bijyanye no korohereza urubyiruko n’abagore bashaka kuba ba rwiyemezamirimo boroherezwa mu gusora ndetse n’ibijyanye n’uburambe mu kazi. Ibi byiciro kandi byatoye ababihagararira mu turere twabo, igikorwa gikurikira ibyakorewe mu tundi turere mu Rwanda. Source: Abadafite akayihayiho ka politiki barahomba- Abarwanashyaka bashya ba Green Party The Source Post
Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije, Democratic Green Party of Rwanda (DGPR), risanga urubyiruko n’abagore na bo bakwiye kugaragara ari benshi mu bikorwa bya Politiki. Ni mu gihe u Rwanda rwitegura amatora y’Abadepite mu mwaka utaha wa 2023 ndetse n’ay’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri 2024. Kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Ukwakira 2022, ishyaka Green Party ryahuje bamwe mu rubyiruko n’abagore batuye muri Kigali, batorwamo abayobozi b’ibyo byiciro barihagarariye mu turere tugize uyu Mujyi. Umunyamabanga Mukuru wa Green Party, Depite Jean Claude Ntezimana, avuga ko abaganiriye na we bagiye kubafasha kwinjiza muri Politiki benshi mu Banyarwanda babitinya, bigatuma bahera mu bwigunge ntibanitabire amatora. Depite Ntezimana agira ati Uzi ko hari abantu bajyaga bavuga ko politiki ari ubugambanyi, ari ukurwana, nyamara batazi ko Igihugu kiyobowe na Politiki? Baracyahari benshi cyane ku buryo amatora agera bakavuga ngo ’harya turatora iki? Bamwe mu rubyiruko n’abagore bo muri Green Party bavuga ko kuba mu mutwe wa Politiki bivana umuntu mu bwigunge, akabona uruvugiro n’ubuvugizi. Uwitwa Bizagiriherezo Mike w’imyaka 22 avuga ko arangije kwiga ikoranabuhanga mu mashuri yisumbuye, akaba yinjiye muri Green Party kugira ngo abone ubuvugizi bw’Abadepite bayoboye iryo shyaka. Mugenzi we witwa Uwineza Florence urangije kwiga muri Kaminuza na we yakomeje agira ati Hari ubuvugizi bwinshi(iri shyaka) badukorera nanjye nkabyungukiramo, nk’urugero ahenshi tujya gusaba akazi bakadusaba uburambe, ubwo ntaho wabubona utageze mu kazi. Ishyaka Green Party rivuga ko kuba mu mitwe ya Politiki bizahesha benshi gukorerwa ubuvugizi no kumenya amakuru yatuma batera imbere. Benshi ngo ntibazi ko ubucuruzi bugitangira budashobora gusoreshwa butaramara nibura imyaka ibiri, ndetse hakaba n’abatazi uko bashobora kubona igishoro mu kigega cy’ingwate BDF. Iri shyaka rihamagarira abantu kujya muri Politiki rinabasaba kuzitabira amatora ateganyijwe mu myaka itaha, ndetse rikemeza ko rizayatangamo abakandida. Source:Green Party yahuje urubyiruko n’abagore bitoramo ababahagarariye muri Kigali Kigali Today