Mu kiganiro cyihariye Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda-Democratic Green Party of Rwanda, Dr Habineza Frank yahaye UMUSEKE yavuze ko gusaba Leta kuganira n’abatavuga rumwe na yo biri muri Manifesto y’ishyaka ryabo, avuga ko mu bo yavuze bataganira harimo “abasize bakoze Jenoside mu Rwanda.” Hashize iminsi Dr Habineza ashyirwa ku gitutu ku mbuga nkoranyambaga, cyane Twitter, ndetse hari abasabye ko yegura ku mwanya afite mu Nteko Ishinga Amategeko nk’Umudepite, abandi bagera kure bavuga ko ibyo yavuze yabikurikirwanwaho mu nkiko.Asubiza ibibazo UMUSEKE wamubajije niba nta bantu ku giti cyabo bamuhamagara bamushyira ku gitutu, yavuze ko ntabo. Yasobanuye neza, ibyo yavuze byo kuganira n’abatavuga rumwe na Leta. Ubutumwa yatwandikiye kubera ko yari mu nshingano nyinshi nk’uko abivuga, agira ati “Ibyo twavuze byari bisanzwe biri muri Manifesto y’Ishyaka DGPR (Green Party of Rwanda) y’amatora ya Perezida wa Repubulika muri 2017 ndetse n’ay’Abadepite ya 2018. Manifesto iri ku mugaragaro ndetse no kuri Website: www.rwandagreendemocrats.org. Twabivuze bwambere turi mu Karere ka Nyabihu mu bikorwa byo kwiyamamariza kuba Perezida muri 2017.” Mu ngingo 10 Dr Habineza yakubiyemo igisubizo cye, avuga ko mu minsi ishize (tariki 5 Kanama, 2022) mu kiganiro n’Abanyamakuru “twabigarutseho dusuzuma ibimaze kugerwaho n’ibitarakorwa muri Manifesto yacu y’amatora y’Abadepite ya 2018. Bivuze ko iyi atari dossier nshyashya.” Ati “Nta mazina y’abantu bihariye twavuze, twabivuze muri rusange, havuyemo abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi. Twasobanuye ko FDLR itarimo.” Dr Frank Habineza avuga ko mu kiganiro Murisanga ku Ijwi rya America, VOA, bamubajije gutanga ingero z’abatavuga rumwe na Leta. Ati “Niho navuze ko bahari mu gihugu no hanze ko hari n’abashatse kwiyamamaza ntibyakunda, ko hari n’abagarukiye i Nairobi. Aho niho habaye “intentional misinterpretation” (gusobanura nabi nkana ubutumwa) cyangwa kwirengagiza nkana ku bantu bamwe bahisemo kurema no gutsindagira ibyo tutavuze.” Frank Habineza avuga ko urutonde (List) rw’abagomba kuganira na Leta atari Green Party ishinzwe kuzarukora, cyangwa gutegura ibyo biganiro. Ati “Icyingenzi nyamukuru ni ukwemeranya kuri principe, noneho nyuma hakabona kujyaho uburyo bwo kubishyira mu bikorwa ’mechanisme d’application’. Twumva bibaye bikunze icyo gihe Leta niyo yamenya abatumirwa. Ikindi twavuze ni uko na societe civile hamwe n’abanyamadini n’abafite inararibonye ku mateka y’igihugu batumirwa ndetse ibiganiro nk’ibi bikaba byayoborwa n’abantu bafite inararibonye nka Mzee Tito Rutaremara.” Bakeneye amahugurwa …. Dr Habineza avuga ko abantu bamwe bahisemo kwirengagiza nkana ukuri kw’ibyo yavuze. Ati “Twabikoze nk’Ishyaka, kandi turi Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, ntabwo ari igitangaza iyo ababogamiye ku Ishyaka riri ku butegetsi babibona ukundi, iyo ni yo Demokarasi, kandi turabona “debate” (ibiganiro) yaratangiye kandi ni byiza.” Yakomeje agira ati “Nk’Ishyaka dutanga ibitekerezo nta migambi mibi tugamije ku gihugu cyacu. Icyo tugamije ni umutekeno, amahoro n’amajyambere birambye (sustainable security, peace and development).” Dr Frank Habineza avuga ko bimaze kugaragara ko “hakenewe guhugura abantu ku byerekeye ’sustainable peace and Security’.” Source: Dr Frank Habineza yasubije abanenga ko yasabye Leta kuganira n’abatavuga rumwe na yo – Umuseke
Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda / Democratic Green Party of Rwanda-DGPR) rirasaba ababyeyi kongera kwita ku burere bw’abana babo bityo bikazacogoza ikibazo cy’urubyiruko rukomeje kurangwa n’imyitwarire idahwitse. Urubyiruko rwo mu karere ka Gicumbi rwo mu Ishyaka Green Party ruvuga ko rubona bagenzi barwo barangwa n’imyitwarire idahwitse irimo kwirara mu biyobyabwenge, mu busambanyi n’ibindi. Uwitonze Francoise wo mu murenge wa Rwamiko agira ati “Usanga urubyiruko rwarabaswe n’ibiyobyabwenge, kunywa inzoga n’itabi n’urumogi na za kanyanga. Hari izitwa” ibyuma” mbona nabyo ari ibiyobyabwenge hari ababinywa bakamera nk’abapfuye. Mu nzoga z’inkorano nka dunda ubwonko, bwigibwigi, akayuki n’ibindi.” Yungamo ko kandi hari abakobwa baterwa inda n’abagabo bubatse. Nabyo asanga ari ikibazo gikomeye kirwugarije. Mugenzi we witwa Iradukunda Jean Baptiste avuga ko kibazo cy’urubyiruko rwishora mu biyobyabwenge, guterwa inda, rugaragara hirya no hino mu mirenge y’ako karere. Agira ati” Urubyiruko rukomeje kwishora mu biyobyabwenge, hari urunywa inzoga z’inkorano nka Kanyanga bavana mu baturanyi, abanywa urumogi n’ibindi ubona ari ikibazo gihangayikishije cyane.” Ubuyobozi bw’ishyaka Green Party buvuga ko uruhare rw’ibanze mu guhangana n’ibyo bibazo rureba ababyeyi. Umubitsi mukuru w’iryo Shyaka Masozera Jacky agira ati “Ubuvugizi ni ngombwa ariko tugomba kureba n’uruhare rw’ababyeyi bombi mu kwita ku burere bw’abana babo, cyane cyane mu kubigisha kutijandika mu mico idakwiye. Akomeza avuga ko ari ikibazo kireba ababyeyi bombi, atari umugore gusa, ahubwo umugore n’umugabo bagafatanya kugirango barerere u Rwanda rwiza. Ati “Umugabo agomba kugira igitsure cy’umugabo n’umugore bagafatanya. ” Ku bijyanye n’inda ziterwa abangavu, Masozera avuga ko imiryango igomba kwigisha abana babo ubuzima bw’imyororokere kuko bashobora kubyigishwa n’abandi mu buryo butari bwo, bakigishwa guhakanira ababashuka. Ibyo ngo byabera mu bikorwa bitandukanye bihuza abaturage, mu muganda, mu mugoroba w’imiryango no mu nteko z’abaturage. Ibi bitekerezo bikomeje gutangirwa mu ityazabwenge rikorerwa Abarwanashyaka ba Green Party hirya no hino mu turere, aho hanashyirwaho abayobozi b’inzego z’urubyiruko n’abagore. Tariki ya 20 Kanama iki gikorwa cyabereye mu karere ka Gicumbi. Source: Green Party itangaza icyacogoza imyitwarire idahwitse mu rubyiruko The Source Post
Bamwe mu bagore bavuga ko imwe mu mpamvu babona bagenzi babo bagifite inzitizi ku ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye mu iterambere ryabo ari ukwitinya kuko bituma badakora imirimo ibateza imbere. Ibi ni bimwe mu byagarutsweho mu mahugurwa yahawe abagore b’abarwanashyaka b’ishyaka Green Party bo mu karere ka Ruhango kuwa 13/8/2022, basobanurirwa amahame y’iri shyaka, gukunda Igihugu, kurengera ibidukikije no guteza imbere ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’umugabo n’umugore nk’uko babibwiye Rwandanews24. Imanishimwe Beatha ni umugore uri mu kigero cy’imyaka 40 y’amavuko. Avuga ko bamwe mu bagore bumvise nabi ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’umugabo n’umugore kuko hari abagore bahise bumva ko bigaranzuye abagabo. Ati: “Njyewe mbona hagikenewe imbaraga mu gusobanura ihame ry’uburinganire kuko niba bivuze ko ari ukuzuzanya hagati y’abashakanye, ibitsina byombi bigahabwa amahirwe angana mu nzego z’ubuyobozi, mu kazi, mu mashuri n’ahandi aba bombi bashobora guhurira.” Akomeza avuga ko n’ubwo hakigaragara inzitizi, ariko hari intambwe yatewe kandi yo kwishimira. Ati: “Ubu hari abagore bari mu nzego zifata ibyemezo kandi mbere bitarabagaho, hari abakorana n’ibigo by’imari n’ubwo bakiri bacye ndetse no mu burezi tubona haratewe intambwe ishimishije kuko umubare w’abakobwa bari mu ishuri wiyongereye.” Mugenzi we Ndorimana Alexis we ati: “Uretse kuba hari abagore bumvise nabi ihame ry’uburiringanire, ariko hari n’abagabo binangira bakumva ko kuba bagira icyo buzuzanyaho n’abagore babo mu rugo ari ubugwari kandi sibyo. Abagabo nk’aba barahari ariko bagomba guhindura imyumvire kuko abanyarwanda bavuga ko ukurusha umugore aba akurusha urugo. Rero ntabwo umuryango ushobora gutera imbere igihe umugabo adashyigikiye umugore we mu iterambere.” Akomeza avuga ko ahenshi usanga bagira imbogamizi z’ubukene cyane mu bice by’icyaro, ariko abagabo bamwe bakaba batabona ko abagore bafite ubushobozi bwo kuzamura ubukungu bw’umuryango ahubwo hakaba hari abagifite imyumvire y’uko umugore ari uwo gukora imirimo yo mu rugo no kubyara gusa. Umuyobozi ushinzwe imari muri Green Party Madame Masozera Jacky, aganira na Rwandanews24 yagarutse ku nzitizi zikigaragara kugirango ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye rigerweho harimo no kuba hari abagore batarasobanukirwa ko bagomba kubyaza umusaruro amahirwe bahawe. Ati: “Aho u Rwanda rugeze mu kubahiriza ihame ry’uburinganire no guha umugore ijambo akishyira akizana harashimishije, ariko kwigisha ni uguhozaho. Byatangiye bitumvikana ariko abanyarwanda bamaze gusobanukirwa akamaro k’ubwuzuzanye hagati y’umugabo n’umugore kuko ubu u Rwanda turi ku mwanya wa mbere ku Isi mu kugira abagore benshi mu Nteko Ishinga Amategeko kuko dufite 61.3 % by’abagore mu Nteko.” Akomeza avuga ko zimwe mu nzitizi zikigaragara harimo abagore bitinya bakumva ko guharanira uburenganzira bwabo ari ugutakaza umuco nk’uko hari bamwe babivuga, ubumenyi budahagije ku bagore bamwe bigira ingare bitwaje ko bahawe uburenganzira hakaziraho n’ikibazo cy’imyumvire ikiri hasi, kutaboneza urubyaro, imirimo yo mu rugo idahemberwa, gutinya guhanga imirimo, gukorana n’ibigo by’imari na banki n’ihohoterwa ryaba irishingiye ku gitina, umutungo n’ibindi. Ati: “Ikibazo cyo kwitinya kiracyahari kuko dufashe urugero nko mu myanya y’ubuyobozi, mu Rwanda dufite uturere 30, ariko imyanya y’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe ubukungu usanga iyobowe n’abagabo uretse akarere 1. Mu gihe cyo kwiyamamaza usanga iyi myanya ifite abakandida b’abagabo gusa, ariko wagera ku myanya y’abashinzwe imibereho myiza ugasanga ni abagore bayiyoboye gusa. Iyi myumvire ku bagore igomba guhinduka.” Bimwe mu byafasha abanyarwanda by’umwihariko abagore kugirango ihame ry’uburinganire rigerweho nkuko byifuzwa harimo gukomeza kwigisha mu nzego zose no gukora ubukangurambaga ku ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’umugore n’umugabo, gutoza abagore bato (abakobwa) kwitoza kuzavamo abayobozi beza, kwigirira icyizere abagore bakumva ko bashoboye, kugira ubumenyi budashingiye ku mashuri, guhabwa umwanya wo gutanga ibitekerezo no kurenga kwibera inzitizi ku bagore bamwe. U Rwanda ruri ku mwanya wa mbere ku isi mu kugira abagore benshi mu nteko ishinga amategeko rugakurikirwa na Cuba, Bolivia, Mexico na Sweden. Source: Abagore barasabwa gutinyuka bakabyaza umusaruro amahirwe babonye – Rwandanews24
Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda rivuga ko ryababajwe cyane n’imvugo y’Umuyobozi Mukuru wa Dr.Usta Kayitesi yaraye avugiye mu nama yateguwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Inama ngishwanama y’Inararibonye wavuze ko nta mashyaka atavuga rumwe n’Ubutegetsi akwiriye kuba mu Rwanda. Yagize ati Dr.Usta Kayitesi ushinzwe ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere, ashinzwe kwandika imitwe ya politiki, akavuga ko atumva impamvu hari amashyaka atavuga rumwe na Leta ni ikintu twamaganye nk’ishyaka rikora politiki idasenya. Icyo tumusaba nuko yakwivuguruza ntazasubiremo amagambo nkayo. Dr. Frank Habineza yavuze ko uyu muyobozi nasubiramo ayo makosa akwiriye gusabwa kwegura kuko abo mu yandi mashyaka bamufata nka Pasiteri, Padiri cyangwa Imam utagomba kugira aho abogamiye muri politiki ndetse ko imyumvire ye yasubiza igihugu inyuma. Dr Habineza uyobora Ishyaka Democratic Green Party yabwiye Abanyamakurukuri uyu wa Gatanu tariki 5 Kanama 2022 ko mu byo bari biyemeje nk’ishyaka ubwo biyamamazaga ku mwanya w’Umukuru w’igihugu, [ no mumatora y abadepite] harimo gusaba Leta y’u Rwanda kugura amasasu y’ibipapuro kugira ngo bihagarike abicwa barashwe bakekwaho ibyaha. Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda-DGPR) rivuga ko abashinzwe umutekano w’u Rwanda bakwiriye guhagarika kurasa mu cyico ahubwo ko leta y’u Rwanda yagura amasasu akoze mu bipapuro yafasha mu gukomeretsa abakekwaho ibyaha aho kubica. Yagize ati Twasabye y’uko inzego z’Umutekano zajya zihangana ntizirase mu cyico [abakekwaho ibyaha] bakagura amasasu menshi cyane y’ibipapuro. Iryo sasu rirababaza cyane ndetse urirashwe agwa hasi kuko yikanga ko ari isasu rizima arashwe ariko ntabwo upfa. Iyo aguye hasi icyo ushaka uba wakigezeho nk’ushinzwe umutekano. Ntabwo umuntu yamenya ko bamurashe isasu ry’igipapuro kuko ahita agwa hasi ntashobora guhaguruka uba wamufashe. Green Party kandi yabwiye Itangazamakuru ko ibyo gufunga umuntu by’agateganyo akamara imyaka muri gereza ataraburanishwa ngo amenye ko ari umwere cyangwa ahamwa n’ibyaha bikwiriye gucika. Iri shyaka rivuga ko rirwanya imitwe ya politiki ikoresha intwaro ryavuze ko leta y’u Rwanda ikwiriye gufunga ibigo bya leta binyuzwamo imfungwa by’agateganyo [transit centers] kuko ngo hari ababivamo baramugaye. Source: Green Party yanenze umuyobozi wa RGB inasaba u Rwanda kugura amasasu y’ibipapuro (umuryango.rw) P.S: [ re-arranged]
Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Democratic Green Party of Rwanda, rivuga ko Leta y’u Rwanda ikwiye gushyiraho ikigo cy’igihugu gishinzwe gukemura amakimbirane ya politiki gihuza abatavuga rumwe na Leta mu rwego rwo kurinda amahoro arambye. Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa 5 Kamena 2022 Umuyobozi w’iri shyaka Honorable Frank Habineza yavuze ko biteye inkeke kuba umuntu yabyarira abana mu gihugu ariko agahora atekereza ko hari undi uhora ashaka kugitera. Ati: “ (…) Hari igihe uyu munsi utsinda umuntu akagenda ejo akagaruka intambara ntishire. Igihugu ukakibyariramo abana uziko hari umuntu uri hanze uzagitera ,ntabwo uba ufite umutekano urambye.” Honorable Habineza asanga Leta yonyine ariyo ifite umuti w’ikibazo cy’abatera igihugu baturutse hanze yacyo. Ati: “ Hashyirwe imbaraga mu biganiro bihuza abatavuga rumwe na Leta, baba abafite intwaro baba abatazifite , hashyirweho ikigo cy’igihugu gishinzwe gukemura amakimbirane ajyanye na politiki mu Rwanda no hanze yarwo.” Muri iki kiganiro Hon. Habineza yanakomoje ku bagororwa bakekwaho gutoroka bakaraswa mu cyico n’abashinzwe kubacunga. Yavuze ko umuti w’iki kibazo ukubiye mu migabo n’imigambi iri shyaka ryatanze ubwo ryiyamamazaga ku mwanya wa Perezida wa Republika. Ati: “Twari twasabye ko kurasa mu cyico byahagarara. Hagakoreshwa amasasu y’ibipapuro akabakomeretsa ariko ntibapfe.” Aya masasu yitwa ‘paper bullet ‘ mu rurimi rw’icyongereza aba akozwe mu mpapuro cyangwa mu biti, akunda kwifashishwa n’inzego z’umutekano mu gutatanya no guhosha imyigaragambyo. Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda ryashimye uburyo Leta y’u Rwanda yitaye ku zindi ngingo zigaragara mu migabo n’imigambi yaryo, riyisaba no kwita cyane ku gushakira umuti ikibazo cy’umutekano urambye. Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda ryanakomoje kuri Dr. Kayumba Christophe wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ubu akaba ari muri gereza, bavuze ko hakenewe ubutabera ku bafunzwe by’agateganyo bamaze imyaka muri gereza bataragezwa imbere y’inkiko ngo baburanishwe bakatirwe cyangwa babe abere. Source: ‘Hashyirweho ikigo gishinzwe gukemura amakimbirane ya politike, bizatanga amahoro arambye’-Hon Frank Habineza || NONAHA.COM
Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi yo Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), Dr Frank Habineza, yasabye ko Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yashyira imbaraga mu kibazo cy’abantu baburirwa irengero. Ni mu kiganiro abayobozi b’iri shyaka bagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa 5 Kanama 2022, mu Mujyi wa Kigali aho umuyobozi w’ir Ishyaka yanenze bimwe mu bibazo leta yirengagiza, ashima ibyo imaze kugeza ku baturage b’u Rwanda, agira n’ibyo asaba ko byakemurwa. Dr Habineza abisabye nyuma y’uko hari umwe mu banyamuryango b’ishyaka abereye umuyobozi waburiwe irengero witwa Jean Damascene Munyeshyaka. Ati “Turifuza ko Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yadufasha kurwanya ikibazo cy’abantu baburirwa irengero, bikarangira bibagiranye burundu.” “Niba umuntu yakoze icyaha afungwe aho kugirango umuryango we umubure burundu, ntibamenye amakuru ye niba akiri muzima cyangwa yarapfuye.” Mu byo Dr Habineza yasabye Leta, harimo ko yatanga uburenganzira bwa burundu ku butaka bw’umuturage igakuraho n’umusoro kuri ubwo butaka. Mu byo yishimiye ko byagezweho harimo ko Leta yongereye umushahara w’abarimu b’amashuri abanza n’ayisumbuye, nyuma y’uko avuga ko iki ari kimwe mu byo ishyaka ayobora ryari ryasabye Leta, [ ariko yongeraho ko n abarimu baza kaminuza nabo batekerezwaho vuba, umushahara wabo nawo ukwongerwa] Source: Dr Frank Habineza yagarutse ku kibazo cy’abantu baburirwa irengero – kigalitimes – Home of information
Umudepite mu Nteko Ishingamategeko y’URwanda akaba n’umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (DGP) mu Rwanda, Dr Frank Habeneza, avuga ko hakwiye gushyirwaho ikigo na Leta y’u Rwanda gishinzwe gukemura amakimbirane y’apolitike y’abari mu gihugu n’abari hanze yaco mu rwego rwo kugirango u Rwanda rubeho rufite umutekano usesuye”. Ati:”Abarwanya leta n’abari muri leta ,twifuza ko bahura bakaganira, Leta yafata iyambere muri ibi biganiro, bikajya bibera no mu bindi bihugu nko mu Bwongereza, muri Amerika muri Afurika n’ahandi, bibaye abanyarwanda n’abaturarwanda bakizera umutekano w’igihe urambye. Akomeza agira ati”dushyigikiye Leta ko iganira n’abatavuga rumwe bayirwanya nkuko twabisabaga igihe [twiyamamazaga] Twishimira ibyamaze gukorwa birimo kongera umushahara w’amwalimu no gutanga imbabazi kubari muri gereza ndetse n’abamwe mu Banyapolikike bahawe imbabazi harimo n’abantu 2000 bafunguwe kumbabazi za Perezida wa Repuburika ”. Tubibutse ko yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru Tariki ya wa 5 Kamena 2022, I Kigali. Hon Dr Frank Habineza yasoje ikiganiro avuga ko ibi biramutse bidakozwe nta mutekano usesuye abantu bakizera. Ati”kuganira n’abarwanya ubutegetsi bw’URwanda ,byatanga umusaruro urabye, ibi biganiro bibayeho twakumvikana, kuko ndizera neza ko dushyize hamwe ntacyananira abanyarwanda, uretse abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi kuko ibyabo bigira uko bigenda”. Source: Mu Rwanda hashyizweho ikigo gishinzwe gukemura amakimbirane ya Politike nibwo twakwizera umutekano w’igihugu urambye – Hon-Dr Frank Habineza – HANGANEWS
Honorable Depite Frank Habineza na bagenzi bayoborana Ishyaka Rihananira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (DGPR) mu kiganiro n’abanyamakuru yatangaje ko mu rwego rwo koroshya ibibazo, u Rwanda rugomba gutera intambwe rukaganira n’abanyarwanda barwanya ubutegetsi, uretse abasize bakoze Jenoside, byazana umwuka mwiza wa politiki mu gihugu mu kubaka amahoro arambye. Depite Frank Habineza ati : U Rwanda rugomba kuganira n’abarwanya ubutegetsi uretse abasize bakoze Jenoside Mu kuganira n’abarwanya ubutegetsi Depite Frank agira ati : Hagomba kubaho ibiganiro by’abarwanya igihugu, harimo imitwe yitwaje intwaro n’abatazitwaje, ibyo nk’ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije tubihagazeho, kuko abarwanya igihugu ntituzabarwanya n’imbunda gusa ngo birangire, kuko kubarwanya n’imbunda gusa hari igihe murwana mwabatsimbura ejo bakagaruka, twebwe dushyigikiye ko habaho ibiganiro, uretse abasize bakoze Jenoside nibo bakumirwa mu biganiro Ku byerekeye ububanyi n’amahanga Depite Frank Habineza hari ibyo ashima intambwe yatewe ahereye ku bihugu bituranye n’u Rwanda agira ati : Mu guteza imbere umubano mpuzamahanga cyane duhereye ku bihugu duhana imbibi, turashima ko hari intambwe mu mubano na Uganda ndetse n’Uburundi ibiganiro biragenda bijya mu buryo, ariko Congo byasubiye inyuma. Turifuza ko byaba byiza kurushaho, tugashima ko n’Umunyamabanga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, azasura u Rwanda, kugirango amahoro aganze mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Secretary Antony Blinken turamwishimiye ko azaza mu Rwanda kugirango aganire kuri ibyo bibazo bitungane Depite Jean Claude Ntezimana : Ishyaka Green Party rinenga inzego z’umutekano ko zirasa mu kico utorotse, rikaba risaba ko bakoresha amasasu y’ibipapuro (Balles en caoutchouc,), akomeretsa ariko atica. Depite Frank Habineza yakomeje ikiganiro n’abanyamakuru anenga inzego z’umutekano ko rimwe na rimwe zirasa mu kico umuntu ushatse gutoroka, asaba ko bajya bakoresha amasasu y’ibipapuro (Balles en caoutchouc) atica akomeretsa, kuri iyo ngingo Depite Frank agira ati :ikintu cyo kurasa mu kico, kubona abacungagereza, abapolisi, umuntu utorotse gereza bahita bamurasa mu kico agapfa, ibyo bintu byahagarara twasabye ko habaho amasasu y’ibipapuro akabakomeretsa ariko ntibapfe, turasaba ababishinzwe bazagure menshi, ntibazongere kurasa mu kico kuko iyo umuntu apfuye ntagaruka n’umuryango we usigara ufite urwango rudashira ; nk’ufunzwe yibye inkoko bakamurasa agapfa kandi yagombaga gufungwa amezi atatu agataha iwe , [biba bibaje cyane] Abanyamakuru babajije ibibazo byose bari bafite ku mikorere ya Green Party, kandi byose Depite Frank Habineza na bagenzi be babibonera ibisubizo ntawaniganywe ijambo. Mu byo Ishyaka ryishimira ni uko ku byerekeye ubutaka bw’umuturage hari icyakozwe, nubwo bitaranozwa neza ariko ubukode bw’ubutaka bwavuye ku myaka 25 bugera ku myaka 99. Ku mushahara wa mwarimu, abasirikare n’abapolisi hari icyakozwe, nk’uko ishyaka ryakomeje kubikorera ubugizi. Ishyaka Green Party, rimaze imyaka irenga icumi rikorera mu Rwanda mu buryo bwemewe n’amategeko, kandi ryagiye ryaguka ku buryo mu mpande zose z’u Rwanda rifite abayoboke baryitangira uko bukeye uko bwije. Source:Ukuri ijabo ryawe http://ijabo.net/?U-Rwanda-rugomba-kuganira-n-abarwanya-ubutegetsi-uretse-abajenosideri