Catégorie : News

Gicumbi: Dr Frank Habineza yijeje urubyiruko kuzarutengamaza

Gicumbi: Dr Frank Habineza yijeje urubyiruko kuzarutengamaza

mercredi 10 juillet 2024

Mu karere ka Gicumbi ni ho umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukukije, Dr Frank Habineza yiyamamarije ku munsi wa 17, yizeza urubyiruko kuzarutengamaza arushakira imirimo ihagije natorerwa umwanya w’umukuru w’igihugu. Mbere yo kugira icyo avuga ku rubyiruko, Habineza yavuze ko yishimiye cyane kwiyamamariza muri aka karere k’imisozi myiza miremire asanzwe azi neza kuko yakagezemo kenshi, cyane mu mirimo y’ubudepite mu mirenge itandukanye bumva banakemura ibibazo by’abaturage. Yababwiye ariko ko nubwo iyi misozi myiza ihari n’ibindi byiza nyaburanga byakagombye gukurura ba mukerarugendo bisa n’ibipfa ubusa, kuko nta musaruro ugaragara bibyazwa. Yavuze ko natorwa aka karere kimwe n’utundi turere turimo ibyiza nyaburanga bitabyazwa umusaruro w’ubukerarugendo azatwitaho by’umwihariko, ubukerarugendo bukabera abaturage isoko nyayo y’iterambere. Yanabijeje ishuri ryigisha imikino n’imyidagaduro ku rwego rw’aka karere, kubakemurira ibibazo by’ingurane bisa n’ibyahabereye agatereranzamba, iby’amazi meza, iby’abaturage b’umurenge wa Rutare n’indi mirenge babujijwe kugira icyo bakora mu mirima yabo, icy’umukamo mwinshi bagira ariko bakaba batagira amakusanyirizo n’uruganda rutunganya amata, n’ibindi. Ku rubyiruko nk’imbaraga z’igihugu yavuze ko ababazwa cyane no kuba urugera kuri 25% rutagira akazi, kikaba ari ikibazo gikomeye cyane azakemura Ati: Tuzagikemura dushyiraho ikigega gihuza abatanga akazi n’abagakeneye, umuntu akazajya akora ikizamini ari iwabo mu murenge, akazajya ahava ajya mu kazi gusa . Habineza yanavuze ko azashyiraho uruganda rutunganya ibikorerwa muri buri murenge ruzatanga akazi ndetse rukagabanya ubushomeri. Ati: Nk’aha muhinga urutoki rwinshi ariko rukabapfira ubusa. Tuzashyiraho uruganda rutunganya ibikomoka ku bitoki rukazatanga akazi kenshi mu rubyiruko, kimwe n’ibindi byinshi tuzakora biruteza imbere bikarukura mu bushomeri, rukagira imibereho myiza izira kubura icyo rukora . Abasore n’inkumi b’aka karere baganiriye na BWIZA bagaragaje ko bamushimiye ndetse bakanashyigikira cyane ibitekerezo bye bibateza imbere. Mucyo David w’imyaka 22 yavuze ko ubushomeri buravuza ubuhuha mu rubyiruko inaha. Nta mishinga myinshi itanga akazi mu rubyiruko, n’urukabonye ntikarambe tugahora mu mihangayiko, ariko Dr Frank Habineza adutuje imitima ubwo atwijeje ko natorwa azadushakira akazi ku bwinshi. Tuzamutora.’’ Nayituriki Espérance w’imyaka 20 uvuga ko amaze imyaka ibiri arangije ayisumbuye akaba yarabuze akazi, we yavuze ko yizeye gutengamazwa na Dr Habineza. Ati: Birambabaza cyane kuba nshomereye n’iwacu batifashije cyane kandi baririye bakimara ngo nige. Icyizere aduhaye cyadushimishije cyane. Dutegereje itariki ya 15 Nyakanga gusa tukamuhundagazaho amajwi, na we akadutengamaza nk’uko abivuga.’’ Umukandida wa Green Party yanabwiye ab’i Gicumbi ko ahereye ku byo yabijeje yiyamamariza ubudepite akabibagezaho ku kigero cya 70%, abijeje ko nibamwicaza muri Village Urugwiro ibyo yababwiye azabagezaho bizabageraho uko yabibijeje ndetse akazaneranzaho ibindi.

Lire la suite
Bugesera: Hon Dr Frank Habineza yasezeranije abanya Bugesera uruganda rukora amagare

Bugesera: Hon Dr Frank Habineza yasezeranije abanya Bugesera uruganda rukora amagare

lundi 8 juillet 2024

Uyu munsi tariki ya 8 Nyakanga 2024, umukandida perezida, Dr Amb Frank Habineza, yasezeranyije abaturage bo mu bugesera ko azahubaka uruganda rukora amagare , umuhanda Nyamata- Juru uzashyirwamo kaburimbo kimwe n indi mihanda myinshi mu gihugu iyikeneye. N iyo itazashyirwamo ikazatunganywa neza. 💄LIVE BUGESERA💄:Dr Frank Habineza ari kwiyamamaza💄Presidential parliamentary campaign |08 July2024 Azabaha amazi meza, kuko aka gace gafite icyo kibazo, buri muturage akazajya abona litiro 100 z amabzrikani y ubuntu. Kuko Bugesera hakoreshwa amagare cyane, hazashyirwa uruganda ruyakora, ikoreshwa ryayo rihabwe agaciro, ribe koko isoko y ubukungu bw umuturage. RIB izongererwa ingufu kugira ngo kugira ngo igire ubushobozi bwo gufunga koko ufite ibyaha. Kugabanya imisoro ku bacuruzi n iy ubutaka na byo biri mu byo azakora mbere. N ibindi asanzwe avuga ahandi birimo ko uwatanze mituweli azajya abona imiti myiza muri za Farumasi, kuzagaburira abana ku mashuri indyo yuzuye, . SG Hon Jean Claude Ntezimana , yabashimye mbere na mbere icyizere abaturage babagiriye muri 2018 bagatorera 2 muri bo kujya mu nteko, nyuma babona n umusenateri, ko icyizere babagiriye kitapfuye ubusa kuko ibyo babasezeranije babibagejejeho ku kigero cya 70/100. Yakomeje avuga ko bagarutse kubasaba amajwi ku mwanya wa perezida wa Repubulika n abadepit,e yababwiye ko Green Party ari ishyaka ritabeshya,ritanahindagurika, kandi bavuga ibyiza gusa,ntibazanwa no kuvuga ubusa mu baturage, ko niba bashaka ibisubizo birambye by ibibazo byabo bazatore ishyaka Green party. Hon Dr Frank Habineza yimamazaga kuri uyu munsi ari kumwe n’abakandida depite bahagarariye ishyaka Democratic Green Party of #Rwanda (#Greenparty), amatora akaba ateganijwe kuba tariki ya 15 Nyakanga 2024.

Lire la suite
Dr Frank Habineza yasengeye i Kibeho anakomeza kwiyamamaza Nyaruguru na Nyamagabe

Dr Frank Habineza yasengeye i Kibeho anakomeza kwiyamamaza Nyaruguru na Nyamagabe

lundi 8 juillet 2024

Mu karere ka Nyaruguru Dr Frank Habineza na madame we bitabiriye misa kuri iki cyumweru tariki ya 7 Nyakanga 2024, ku butaka butagatifu bwa Kibeho , nyuma yerekeje mu baturage muri santere y’ubucuruzi ya Ndago mu murenge wa Kibeho, abwira abaturage ko umugisha w’Imana yaboneye aho mu kiliziya yizeye ko na bo azawubaboneraho. Nyaruguru, Hon Ntezimana yavuze ko, abaturage babasize amavuta yo kubatorera umwanya w ubudepite mu nteko ishinga amategeko ari 2 muri 2018, bakanabaha umusenateri, babanogereza uyu mwaka bakabatora ari benshi mu nteko,banabahe umwanya w umukuru w igihugu,batora Hon Dr Frank Habineza ngo ibyo abizeza bizabagereho.Yanavuze ko Dr Frank Habineza afite ibigwi biri hejuru cyane. Green Party ni ishyaka ridacika intege, kunda abaturage n imvugo ye ni ingiro. Azabageza kuri byinshi bijyanye n imirire, imyambarire n ubwisanzure. Ibyo yavuze byose kwari ukugira ngo abanyarwanda babeho mu bwisanzure n imibereho myiza. Nyaruguru na Nyamagabe, Hon Dr Frank Habineza , yijeje abaturage ko mubyo azakora harimo , kongerera ingufu ubukerarugendo inyungu zibuvuyemo zikagera ku baturage bose, kubaha uruganda rutunganya umukamo, bakanahabwa amakusanyirizo ahagije kuko bagira inka nyinshi zitanga umukamo mwinshi ariko udatunganywa. Kongerera ingufu ubuhinzi bakora,cyane cyane cyane ubw ibirayi n icyayi, bashyiraho uruganda rutunganya ibirayi, n icyayi kigakomeza gutunganywa, azabubakira amahoteli meza yakira ba mukerarugendo. Azakuraho ibyo kwimura abantu nta ngurane, azongerera ingufu umutekano anavugurure ububanyi n amahanga cyane cyane ibihugu by ibituranyi.

Lire la suite
Perezida w’ishyaka DGPR Dr Frank Habineza yahawe impano n’abaturage ba Rutsiro

Perezida w’ishyaka DGPR Dr Frank Habineza yahawe impano n’abaturage ba Rutsiro

mercredi 3 juillet 2024

Uyu munsi tariki ya 3 Nyakanga 2024, umukandida perezida, Dr Amb Frank Habineza, yahawe impano yo kumushimira n’abaturage ba Rutsiro , ubwo yimamazaga ku munsi wa 12 ari kumwe n’abakandida depite bahagarariye ishyaka Democratic Green Party of #Rwanda (#Greenparty), aho yavuye yerekeza Karongi. Ubwitabire bw’abaturage bwari bwinshi cyane haba mu karere ka Rutsiro, umurenge wa Musasa (Gisiza), mu karere ka Rutsiro Frank Habineza yabijeje ko nibamutora azabubakira isoko rikomeye, kuko isoko bacururizamo, bacururiza hasi, imvura n izuba bikahabicira. Yanabijeje kubaha amazi meza, ikibazo cy amazi meza muri aka gace ari ingorabahizi. Yabijeje kuzabubakira uruganda rutunganya ibikomoka ku buhinzi n ubworozi bitewe n ibiboneka muri buri murenge. Azabaha ishuri ry imyuga bitewe n umwuga ukenewe muri buri gace k ahantu, aho kwigisha abantu umwuga udahuye n ibiboneka iwabo. Uwatanze mituweli azajya abona imiti muri Farumasi yige ga kandi abone umuti mwiza utari kopi( copie: générique). Akarengane mu butabera kazacika,ibyo gufungira abantu ubusa, iminsi 30 y agateganyo no gufungira abantu mu bigo by inzererezi bizakurwaho burundu. Akarengane mu bucuruzi karimo imisoro ihanitse cyane cyane umusoro ku nyongeragaciro ( TVA) kazavaho. Nyuma yo kubabwira imigabo n’imigambi myiza abafitiye, abaturage ba Rutsiro bamuhaye impano y’igitoki ndetse n’imbuto bamushimira ubuvugizi yabakoreye. Mu karere Karongi, Dr Frank Habineza yahuriye n abaturage mu murenge wa Rubengera. Yijeje akazi cyane cyane urubyiruko akoresheje uruganda rutunganya ibikomoka muri aka karere, bikomoka ku buhinzi, ubworozi n uburobyi. Kuzaha abana ifunguro ryuzuye ririho n inyama. Atari kawunga gusa n ibishyimbo na byo bidahagije, n amafi azayabagaburira. Umusoro w ubutaka uzavaho burundu. Gukemura ibibazo by amazi meza, kurwanya akarengane mu butabera birimo gufungwa iminsi 30 y agateganyo, gushyiraho ikigega cya Leta cy indishyi z akababaro ku bafuzwe bakaza gusanga ari abere, kimwe n abajyanwa mu bigo by inzererezi. Abafungiwe ubusa mu myaka 2 yose ishize natorwa bazahabwa indishyi z akababaro. AMAFOTO

Lire la suite
Dr Frank Habineza natorwa nta muntu uzahura n’akarengane mu bucuruzi

Dr Frank Habineza natorwa nta muntu uzahura n’akarengane mu bucuruzi

lundi 1 juillet 2024

Ubwo yiyamamarizaga ku karere ka Nyamasheke na Rusizi, uyu munsi tariki ya 1 Nyakanga 2024, umukandida perezida, Dr Amb Frank Habineza, ari kumwe n’abakandida depite bahagarariye ishyaka Democratic Green Party of #Rwanda (#Greenparty), yabwiye abaturage baje kumva imigabo n’imigambi ko nibamutora azabakemurira byinshi birimo kugabanya imisoro ikomeje kubabera imbogamizi, kunoza ubucuruzi bwambukiranya imipaka no kunoza imibanire n’abaturanyi. Hazagabanywa umusoro ku nyongeragaciro (TVA), ibiciro by’ibikenerwa by’ibanze nk’isukari n’ibindi bigabanuke, uyu musoro ukava kuri 18% ukagera kuri 14%. Iri gabanya ry’imisoro rizatuma n’abacuruzi bacuruza neza, badatekereza kujya gukorera mu bindi bihugu. Naramuka atowe akaba perezida wa repubulika azaca akarengane mu bucuruzi, utatanze umusoro ntafungwe kuko kumufunga atari cyo cyaba igisubizo. AMAFOTO

Lire la suite
Huye: Dr Frank Habineza yabibukije ibyo yabakoreye abaha n’isezerano azasohoza nibamutora

Huye: Dr Frank Habineza yabibukije ibyo yabakoreye abaha n’isezerano azasohoza nibamutora

dimanche 30 juin 2024

Ubwo yiyamamarizaga ku karere ka Huye, uyu munsi tariki ya 30 Kamena 2024, ubwo umukandida perezida, Dr Amb Frank Habineza, ari kumwe n’abakandida depite 50 bahagarariye ishyaka Democratic Green Party of #Rwanda (#Greenparty), yabibukije ko yabakoreye ubuvugizi ngo bongere bagire umujyi urimo urujya n’uruza kandi ko baramutse bamutoye biteguye kubagezaho byinshi byashyira ku rundi rwego huye mu gihe baba bamutoye tariki ya 15 Nyakanga 2024. Abaturage ba Huye bamwakiriye nk uwisanga, aho yababwiye ko ari umwana wabo kuko yahabaye imyaka 6,irimo 5 yahigiye kaminuza, kandi ko ibibazo by aka karere abizi aniteguye kubikemura. Yavuze ko kubera urukundo akunda Huye , yifuza ko yagira umujyi mwiza cyane kurusha uko bimeze ubu, kuwugira uko abyifuza bikazaturuka mu buryo bazitwara mu matora yo ku wa 15 Nyakanga, bamutora Ku bwinshi, banamuha ubwiganze mu badepite mu nteko ishinga amategeko kugira ngo ibyo abateganiriza byose bizabagereho 100/100. Kuri uyu wa mbere,tariki ya 1 Nyakanga, arakomereza ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu turere twa Rusizi na Nyamasheke mu ntara y uburengerazuba. AMAFOTO

Lire la suite
Tuzagabanya ubushomeri twubaka uruganda muri buri murenge- Hon Dr Frank Habineza

Tuzagabanya ubushomeri twubaka uruganda muri buri murenge- Hon Dr Frank Habineza

samedi 29 juin 2024

Uyu munsi tariki ya 29 Kamena 2024, ubwo umukandida perezida, Dr Amb Frank Habineza, ari kumwe n’abakandida depite 50 bahagarariye ishyaka Democratic Green Party of #Rwanda (#Greenparty), bari mu gikorwa cyo kwiyamamaza kigeze ku munsi wa 8 mu karere ka Ngororero, yavuze ko natorwa hazashingwa uruganda muri buri murenge. VIDEO : Ngororero: Ubwitabire bwinshi🎤 Dr Frank Habineza bamwakiriye bidasanzwe || 29 June 2024 Abaturage benshi baje kwakira perezida w ishyaka #DGPR mu buryo bukomeye, aho bifuzaga kumureba no kumva imigabo n imigambi. Mu by’imbere azakorera nyuma yo gutorwa, Hon Dr Frank Habineza azakemura ni kugabanya ubushomeri mu rubyiruko rw u Rwanda: Gutanga imirimo ku rubyiruko 500.000 ku mwaka. Bizakorwa biciye mu kubaka uruganda rujyanye n agace ndetse n ibikenerwa muri buri murenge. AMAFOTO

Lire la suite
Gisagara : Abaturage batumye umukandida perezida Hon Dr Amb Frank Habineza kubazanira umuriro

Gisagara : Abaturage batumye umukandida perezida Hon Dr Amb Frank Habineza kubazanira umuriro

vendredi 28 juin 2024

Uyu munsi tariki ya 28 Kamena 2024, ubwo umukandida perezida Dr Amb Frank Habineza, ari kumwe n’abakandida depite, mu gikorwa cyo kwiyamamaza kigeze ku munsi wa 7, abaturage bari bateraniye mu murenge wa Musha, akarere ka Gisagara bavuze ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kutagira umuriro w’amashanyarazi. Umukandida perezida Dr Frank Habineza yavuze ko nibamutora azakora kuburyo hazanwa uruganda rukora ibyuma bibyazwa amashanyarazi, kugirango ibikoresho bibe byagera ku baturage bihendutse kandi hatabayeho imbogamizi zaho instsinga zaca. VIDEO: Gisagara-Ruhango: Bakiranye urugwiro Dr Frank Habineza bamuha ubutumwa || 28 June 2024 Yakomeje avuga ko ari bwo buryo bushoboka bwatuma abantu bose babigura mu buryo buhendutse kandi bakabibona hafi yaba. AMAFOTO

Lire la suite
Hon Amba Dr Frank Habineza : Abarimu, abasirikare n’abapolisi nitwe bakesha kuzamurirwa umushahara

Hon Amba Dr Frank Habineza : Abarimu, abasirikare n’abapolisi nitwe bakesha kuzamurirwa umushahara

vendredi 28 juin 2024

Nyanza, tariki ya 27 Kamena 2024 , ku munsi wa 6 wo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu , ndetse no kwamamaza abakandindida depite b ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (#Greenparty), Hon Amba Dr Frank Habineza yavuze ko kuzamura imishahara y’abarimu byasaga n’ibyananiranye kimwe niy’abasirikare n’abapolisi ko yose yazamuwe ari we ubiharaniye. https://www.youtube.com/watch?v=szHkLtu6TOM https://www.youtube.com/watch?v=-84O_QtQLUo t=2481s Kuri uyu wa Kane yari mu karere ka Nyanza, mu murenge wa Busoro, aho yahuye n’abaturage benshi bari baje kumwakira no kumva imigabo n’imigambi ye. Mbere yo kubabwira ibyo azabagezaho nibamugirira icyizere bakamwicaza mu rugwiro, yababwiye ibyo yabagejejeho byabahinduriye ubuzima, birimo ibijyanye na mituweli, kugeza ibyogajuru mu kirere, imisoro ku butaka n’ibindi; ariko yibanda cyane ku izamuka ry’imishahara y’abarimu ryasaga n’iryananiranye n’izamuka ry’iy’abasirikare n’abapolisi. Ati: Ishyaka ryacu ntiribeshya, ibyo rivuze ribigeraho. Imishahara y’abarimu b’amashuri y’inshuke, abanza, n’ayisumbuye; abasirikare n’abapolisi yazamuwe kubera ibitekerezo twatanze. Namwe mwiyiziye imibereho bari bafite mbere yo kuzamurirwa imisharara n’iyo bafite ubu, mwibonera itandukaniro.’’ Yavuze ko mu bitegerejwe kugerwaho nibamwicaza mu Rugwiro, harimo kuzamura imishahara y’abarimu ba kaminuza, gukuraho ibigo by’inzererezi, gukuraho gufungira abantu ubusa, n’ibindi. By’umwihariko aba baturage b’i Nyanza yabasezeranyije amazi meza no kuzamura ubuhinzi n’ubworozi, by’umwihariko gutunganya neza igishanga cya Rwabusoro kikazatanga umusaruro mwinshi birushijeho uzabasha kubatunga bifatika, bakasagurira amasoko y’ahandi. AMAFOTO

Lire la suite
Nimungirire ikizere nzaca akarengane hose mu Rwanda- Frank Habineza

Nimungirire ikizere nzaca akarengane hose mu Rwanda- Frank Habineza

mercredi 26 juin 2024

Hon Amb Dr Frank Habineza , Perezida w’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (#Greenparty) , yabwiye aba Gatsibo ko nibamugirira ikizere azaca akarengane mu Rwanfa hose. Yabivuze kuri uyu wa Gatatu taliki 26 Kamena 2024, ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu ndetse no kwamamaza abakandida depite bagera kuri 50 baturuka mu ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (#Greenparty) Yavuze ko ibyo ababwira byose kubagezaho bizakunda ari uko batoye Dr Frank Habineza, kandi ko bagomba kuzatora kuri Kagoma kugirango batore batore n’abadepite bazajya kubahagararira mu nteko. AMAFOTO

Lire la suite