Ubwo yiyamamarizaga ku karere ka Huye, uyu munsi tariki ya 30 Kamena 2024, ubwo umukandida perezida, Dr Amb Frank Habineza, ari kumwe n’abakandida depite 50 bahagarariye ishyaka Democratic Green Party of #Rwanda (#Greenparty), yabibukije ko yabakoreye ubuvugizi ngo bongere bagire umujyi urimo urujya n’uruza kandi ko baramutse bamutoye biteguye kubagezaho byinshi byashyira ku rundi rwego huye mu gihe baba bamutoye tariki ya 15 Nyakanga 2024. Abaturage ba Huye bamwakiriye nk uwisanga, aho yababwiye ko ari umwana wabo kuko yahabaye imyaka 6,irimo 5 yahigiye kaminuza, kandi ko ibibazo by aka karere abizi aniteguye kubikemura. Yavuze ko kubera urukundo akunda Huye , yifuza ko yagira umujyi mwiza cyane kurusha uko bimeze ubu, kuwugira uko abyifuza bikazaturuka mu buryo bazitwara mu matora yo ku wa 15 Nyakanga, bamutora Ku bwinshi, banamuha ubwiganze mu badepite mu nteko ishinga amategeko kugira ngo ibyo abateganiriza byose bizabagereho 100/100. Kuri uyu wa mbere,tariki ya 1 Nyakanga, arakomereza ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu turere twa Rusizi na Nyamasheke mu ntara y uburengerazuba. AMAFOTO
Uyu munsi tariki ya 29 Kamena 2024, ubwo umukandida perezida, Dr Amb Frank Habineza, ari kumwe n’abakandida depite 50 bahagarariye ishyaka Democratic Green Party of #Rwanda (#Greenparty), bari mu gikorwa cyo kwiyamamaza kigeze ku munsi wa 8 mu karere ka Ngororero, yavuze ko natorwa hazashingwa uruganda muri buri murenge. VIDEO : Ngororero: Ubwitabire bwinshi🎤 Dr Frank Habineza bamwakiriye bidasanzwe || 29 June 2024 Abaturage benshi baje kwakira perezida w ishyaka #DGPR mu buryo bukomeye, aho bifuzaga kumureba no kumva imigabo n imigambi. Mu by’imbere azakorera nyuma yo gutorwa, Hon Dr Frank Habineza azakemura ni kugabanya ubushomeri mu rubyiruko rw u Rwanda: Gutanga imirimo ku rubyiruko 500.000 ku mwaka. Bizakorwa biciye mu kubaka uruganda rujyanye n agace ndetse n ibikenerwa muri buri murenge. AMAFOTO
Uyu munsi tariki ya 28 Kamena 2024, ubwo umukandida perezida Dr Amb Frank Habineza, ari kumwe n’abakandida depite, mu gikorwa cyo kwiyamamaza kigeze ku munsi wa 7, abaturage bari bateraniye mu murenge wa Musha, akarere ka Gisagara bavuze ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kutagira umuriro w’amashanyarazi. Umukandida perezida Dr Frank Habineza yavuze ko nibamutora azakora kuburyo hazanwa uruganda rukora ibyuma bibyazwa amashanyarazi, kugirango ibikoresho bibe byagera ku baturage bihendutse kandi hatabayeho imbogamizi zaho instsinga zaca. VIDEO: Gisagara-Ruhango: Bakiranye urugwiro Dr Frank Habineza bamuha ubutumwa || 28 June 2024 Yakomeje avuga ko ari bwo buryo bushoboka bwatuma abantu bose babigura mu buryo buhendutse kandi bakabibona hafi yaba. AMAFOTO
Nyanza, tariki ya 27 Kamena 2024 , ku munsi wa 6 wo kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu , ndetse no kwamamaza abakandindida depite b ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (#Greenparty), Hon Amba Dr Frank Habineza yavuze ko kuzamura imishahara y’abarimu byasaga n’ibyananiranye kimwe niy’abasirikare n’abapolisi ko yose yazamuwe ari we ubiharaniye. https://www.youtube.com/watch?v=szHkLtu6TOM https://www.youtube.com/watch?v=-84O_QtQLUo t=2481s Kuri uyu wa Kane yari mu karere ka Nyanza, mu murenge wa Busoro, aho yahuye n’abaturage benshi bari baje kumwakira no kumva imigabo n’imigambi ye. Mbere yo kubabwira ibyo azabagezaho nibamugirira icyizere bakamwicaza mu rugwiro, yababwiye ibyo yabagejejeho byabahinduriye ubuzima, birimo ibijyanye na mituweli, kugeza ibyogajuru mu kirere, imisoro ku butaka n’ibindi; ariko yibanda cyane ku izamuka ry’imishahara y’abarimu ryasaga n’iryananiranye n’izamuka ry’iy’abasirikare n’abapolisi. Ati: Ishyaka ryacu ntiribeshya, ibyo rivuze ribigeraho. Imishahara y’abarimu b’amashuri y’inshuke, abanza, n’ayisumbuye; abasirikare n’abapolisi yazamuwe kubera ibitekerezo twatanze. Namwe mwiyiziye imibereho bari bafite mbere yo kuzamurirwa imisharara n’iyo bafite ubu, mwibonera itandukaniro.’’ Yavuze ko mu bitegerejwe kugerwaho nibamwicaza mu Rugwiro, harimo kuzamura imishahara y’abarimu ba kaminuza, gukuraho ibigo by’inzererezi, gukuraho gufungira abantu ubusa, n’ibindi. By’umwihariko aba baturage b’i Nyanza yabasezeranyije amazi meza no kuzamura ubuhinzi n’ubworozi, by’umwihariko gutunganya neza igishanga cya Rwabusoro kikazatanga umusaruro mwinshi birushijeho uzabasha kubatunga bifatika, bakasagurira amasoko y’ahandi. AMAFOTO
Hon Amb Dr Frank Habineza , Perezida w’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (#Greenparty) , yabwiye aba Gatsibo ko nibamugirira ikizere azaca akarengane mu Rwanfa hose. Yabivuze kuri uyu wa Gatatu taliki 26 Kamena 2024, ubwo yari mu gikorwa cyo kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu ndetse no kwamamaza abakandida depite bagera kuri 50 baturuka mu ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (#Greenparty) Yavuze ko ibyo ababwira byose kubagezaho bizakunda ari uko batoye Dr Frank Habineza, kandi ko bagomba kuzatora kuri Kagoma kugirango batore batore n’abadepite bazajya kubahagararira mu nteko. AMAFOTO
Perezida w’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (#Greenparty) , Hon Amb Dr Frank Habineza , yabwiye ab’ i Nyagatare ko n’atorwa buri munyarwanda azaba yemerewe gukoresha ubwisungane mu kwivuza (Mutuel de Sante), agura imiti muri farumasi itaboneka ku bigo nderabuzima. Yabivuze kuri uyu wa Gatatu taliki 26 Kamena 2024, ubwo yari mu murenge wa Mimuri mu karere ka Nyagatare mu bikorwa byo kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu ndetse no kwamamaza abakandida depite 50 baturuka mu ishyaka rye . Yavuze ko impamvu y’iyi ngingo ari uko usanga hari igihe iyi miti idakunda kuboneka kandi wenda umurwayi arembye. Yagize ati Ubu turifuza y’uko umuntu wese ukoresha mutuel mu Rwanda, azajya yivuza akabasha no kugura umiti akoresheje mutuel muri za farumasi. Kubera ko iyo ukoresha mutuel bakwandikira imiti ukayishaka ku kigo nderabuzima, kandi akenshi iyo miti ntiba ihari . Avuga ko nka Green Party yifuza ko iyi miti yajya iboneka ku bigo nderabuzima. LIVE:DR FRANK HABINEZA KWIYAMAMAZA GATSIBO💄PRESIDENTIAL PARLIAMENTARY CAMPAIGN- GATSIBO 26 JUNE 2024 https://www.youtube.com/live/c5tuk9XM2BQ Indi ngingo yagarutseho mu byo yizeje ab’i Nyagatare, nuguca ibigo by’abitwa inzererezi, ku buryo uzajya acyekwaho icyaha azajya agezwa mu rwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha , RIB, aho kujyanwa mu bigo by’inzererezi. Avuga ko bazaca ibyo gufunga umuntu nta bimenyetso aho kumara iminsi itanu cyangwa irindwi ngo hagikorwa iperereza. DGPR nitorwa izakuraho igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo, ku buryo umuntu wese ufashwe acyekwaho icyaha nta bimenyetso azajya ahita arekurwa. Ati Icya mbere iyo minsi 30 y’agateganyo igomba kuvaho umuntu bakazajya bamufata ya minsi yemewe n’amategeko babona nta bimenyetso bihari bakakurekura, keretse bya byaha bikomeye nk’ibyiterabwoba ibyo kwica kuko amategeko afite uko abiteganya. AMAFOTO
Uyu munsi tariki ya 25 Kamena , umukandida ku mwanya wa perezida Hon Dr Frank Habineza , ari kumwe n abakandida depite, ubwo biyamamarizaga mu karere ka Kirehe, yijeje abaturage ko mu gihe bazamutora akaba umukuru w igihugu buri muturage azahabwa amazi meza nta kwishyura. Yongeye kandi kubabwira ko natorwa nta mununtu uzongera gufungirwa ubusa, kuko igihe azatorwa hazashyirwaho ikigega cy’indishyi kubafungiwe ubusa. Ikindi kandi abafungwa bagomba kubaho neza babona indyo yuzuye itabatera indwara. AMAFOTO
Hon Amb Dr Frank Habineza, ubwo yiyamamazaga ku mwanya wa perezida yemereye abaturage bo mu karere ka Ngoma, ko nibamutora akaba perezida w’u Rwanda , ndetse bagatora ishyaka DGPR rikagira abadepite benshi mu nteko, azabazanira Kaminuza kandi umushahara wa muganga uzazamurwa. Ubwo yiyamamazaga ku munsi we wa kabiri Tariki ya 24 Kamena 2024, Hon Habineza, yabwiye aba Ngoma na Kayonza ko hazagabanywa imisoro, kuzamura umushahara fatizo, kugabanya ikibazo cy’ubushomomeri gikabije n’ibindi byinshi. AMAFOTO