Catégorie : News

Menya ahazaza ha Green Party na bimwe mu bibazo wibaza- Hon Amb Dr Frank Habineza

Menya ahazaza ha Green Party na bimwe mu bibazo wibaza- Hon Amb Dr Frank Habineza

lundi 9 décembre 2024

Amezi ane arashize Dr Frank Habineza atsinzwe mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Nyakanga 2024. Icyakora, Ishyaka rya Democratic Green Party ryongeye kwisubiza imyanya ibiri mu Nteko Ishinga Amategeko, nubwo Habineza we atasubiye mu Nteko Ishinga Amategeko. Nyuma y’amatora Habineza ntiyongeye kugaragara cyane mu itangazamakuru, ibintu avuga ko byatewe no kubanza gushyira ishyaka ku murongo. Habineza yaganiriye na IGIHE, agaruka ku buryo yakiriye gutsindwa amatora bwa kabiri, kugurisha inzu y’ishyaka, ahazaza haryo n’ibyo ahugiyemo. IGIHE: Nyuma y’amatora wahise ubura mu ruhame, wari uhugiye mu biki? Habineza: Nyuma y’amatora habayeho kongera kureba uko duhuza inzego z’ishyaka neza. Abantu iyo bari mu matora buri wese aba ashaka gutsinda, iyo abantu batatsinze nyine bamwe bacika intege, biba bisaba ko umuyobozi rero aza akabahuza, akabakomeza. Ibyo byose nibyo twari duhugiyemo muri iyi minsi, kandi nibura maze kubishyira ku murongo. Ntabwo wafashe akaruhuko? Nafashemo akaruhuko gato njyaho ku mugabane w’i Burayi mu gihugu cya Suède ariko nahise ngaruka […] ntabwo natinzeyo kuko ndi n’umunyeshuri niga amategeko. Waba warasanze bimwe mu bituma utitwara neza mu matora harimo kutamenya amategeko? Nasanze mu byo nakoreraga Abanyarwanda mu Nteko, kuba naragiye mu Nteko narize ibindi byinshi cyane ariko ntarize amategeko nasanze hari icyo nabuzemo haba mu kuvugira Abanyarwanda. Natangiye kwiga amategeko nkiri mu Nteko, ubu nishimiye kubabwira ko ndi mu wa kabiri, umwaka utaha nzaba nyarangije. Kuba warahisemo kwiyamamariza umwanya wa Perezida ugatsindwa, ntujye ku rutonde rw’abadepite kandi ho wari usanzwemo, ibi bintu wabitekerejeho neza? Nahisemo neza kandi nahisemo neza cyane. Iki kibazo twakibajijweho kenshi cyane ndetse twabiganiriyeho n’umuryango wanjye, n’abarwanashyaka n’inzego z’ishyaka kugira ngo turebe uko umuntu yahitamo. Twabonaga nk’ishyaka cyangwa umukandida twagira akamaro cyane twiyamarije ku mwanya Perezida wa Repubulika, kubera ko ariho twabonaga twatanga ibitekerezo byacu neza byo kuyobora igihugu ariko noneho kandi ntabwo ari byo byonyine no kubaka umusingi wa demokarasi. Buriya demokarasi ni umusingi ugenda wubakwa ushyiraho ibuye. Twasanze nk’uko nari nariyamamaje mu 2017 nubwo bitakunze ariko bifite umusingi cyangwa hari itafari twashyize mu kubaka umusingi wa demokarasi. Iyi nshuro iyo tuza kubireka, byasaga nk’aho umuntu yari kuba ashyize imbere inyungu ze ku giti cye. Ukurikije amatora ya 2017 n’aya 2024, hahindutse iki? Mu 2017 hari ahantu badukubise amabuye muri za Kirehe, hari ahantu badutwaye kwiyamamariza mu irimbi. Abo ari abayobozi? Abayobozi b’Akarere ka Nyagatare, badutwaye kwiyamamariza mu irimbi Rwimiyaga, badukuye ahantu tugomba kwiyamamariza. Hari ahantu twasanze umutekano urenze babujije n’abaturage kugera aho turi za Nyamasheke, za Rusizi… Iyo ubipimye ukagereranya na 2024, byabaye byiza kurushaho. Abayobozi b’uturere ba bandi badutwaraga mu marimbi nibo batwakiraga. Ba Meya baratwakiriye, aho batabonetse ba gitifu bakatwakira, abapolisi baraturinze. Twari dufite abapolisi baturinda twagendanaga, twari dufite n’abandi bapolisi bo kurwego rwo hejuru bari kumwe natwe. Umutekano wari wuzuye muri iyi 2024, inzego z’uturere zarabyumvaga cyane ko turi abakandida bemewe n’amategeko nk’abandi […] Kuba twaragiye mu matora ni byiza cyane kuko byagaragaje ko ari intambwe irimo guterwa mu kubaka igihugu cyacu. Ubu uzongera wiyamamaze ikindi gihe ? Cyane rwose, nonese icyambuza kwiyamamaza ni iki? Keretse ishyaka ritampisemo, ariko ishyaka ryangiriye icyizere nk’uko ryari ryakingiriye, nditeguye rwose kongera kwiyamamaza. Gutsindwa kabiri, ntubona ko igihe kigeze ugaharira abandi? Ishyaka ribonye hari undi mukandida undusha ubushobozi ryamushyiraho ariko nkurikirije ingero mbona mu bindi bihugu, twabonye nko muri Sénégal hari umukandida witwaga Abdoulaye Wade wiyamamaje inshuro zirenga zirindwi akaba Perezida wa Repubulika, muri Zambia naho byarabaye. Kuba umuntu yariyamamaje rimwe, kabiri ntibivuga ko agomba gucika intege, ahubwo iyo ukomeje gushyiramo imbaraga ugenda ukosora n’amakosa wakoze. Ni he wabonye mwaguye? Ahantu tugomba gukosora cyane mu ishyaka ryacu ni ahantu ho kudashobora kugira indorerezi z’ishyaka, kugira abantu bajya kuduhagararira mu byumba by’amatora hirya no hino mu gihugu. Twarabyifuje cyane tubishyira no muri gahunda ariko ubushobozi buratunanira. Nicyo kintu umuntu yashyiramo imbaragara cyane, ubutaha byashoboka nibura kuri site cyangwa mu byumba by’itora tukagirayo natwe indorerezi zihari. Niba atari ibanga muri aya matora mwakoresheje ingengo y’imari ingana ite? Usanga ibitwara amafaranga ari byinshi, sinavuga ngo ingengo y’imari yari iyi, gusa ni muri za miliyoni 300 Frw zirenga. Kuba mwaratsinze mu badepite, mwemerewe gusubizwa ayo mwakoresheje mwiyamamaza, ntayo murabona? Ubundi itegeko riteganya ko mu matora ayo ariyo yose, iyo umukandida cyangwa se abakandida babonye amajwi arenze 5%, hari amafaranga basubizwa, ariko biterwa n’ingengo y’imari ukuntu ihagaze. Bafata ibahasha runaka bakaba bayagabanya abagiye mu matora. Nk’ubushize mu 2018 hiyamamaje imitwe ya politiki itanu [ku matora y’Abadepite], icyo gihe batanze miliyoni 100 Frw kuri buri mutwe wa politiki, twarazibonye tuguramo inzu y’ishyaka kandi iyo nzu ejo bundi twarayigurishije kugira ngo twiyamamaze. Mwarongeye murayigurisha? None byari kugenda gute? Twarayigurishije. Mwagurishije inzu mufata n’amadeni, none ubwo ayo mafaranga azasubiraho ate? Iby’amadeni byo twarangije kubyishyura, nta deni tugifite, n’inzu nayo kuko twamaze kubona 5%, turizera ko nibaduha amafaranga tuzagura indi. Mwakiriye mute kuba mutarisanze muri Guverinoma? Icyifuzo cy’ishyaka ni ukujya mu nzego zose z’ubuyobozi […] natwe turabyifuza kuko biri mu ntego zacu z’ishyaka, ni nayo mpamvu twiyamamarije ku mwanya wa Perezida wa Repubulika kuko twumva ko tubishoboye. Ubwo igisigaye ni abafata ibyemezo kubona ko dufite ubwo bushobozi ariko n’abantu bafite ubushobozi babijyamo barahari. Habura umunsi umwe ngo Inteko Ishinga Amategeko irahire, umwe mu badepite banyu yakuwe ku rutonde… Twebwe nk’ishyaka umurwanashyaka wacu Carine Maombi twamugiriye icyizere kuko ibyo ishyaka risaba yari abyujuje. Mu byo ishyaka risaba harimo byinshi, twabitanze muri Komisiyo y’Amatora, irabyemera hamwe n’abandi bakandida 53 twari dufite, we yari ku mwanya wa kabiri. Twaje gutungurwa ku munota wa nyuma RIB itubwira y’uko hari inenge bamubonyeho kandi icyo gihe haburaga amasaha make ngo barahire. Rero bamaze kubitubwira ko bamufiteho ikibazo, icyo gihe iyo umuntu ari mu maboko y’ubugenzacyaha urumva ko atari umuntu wajya kurahira. Byabaye ngombwa ko tumusimbuza nimero ya gatatu, Jacqueline Masozera Icyizanye. Inenge RIB yabonye ni izihe? Ibyo mwajya kubibaza RIB kuko niyo ifite dosiye. Ntabwo birarangira? Ndakekako bishobora kuba byararangiye ubwo mwazajya kubaza RIB kuko nta rubanza rurimo. Barabikurikiranye, iyo bitagiye mu rukiko nta rubanza ruba rurimo, ariko amahirwe yo kujya mu nteko icyo gihe yamuvuyeho. Twebwe nk’ishyaka nta kibazo tumufiteho ndakeka ko na RIB iyo iza kuba imufiteho ikibazo yari kumufunga cyangwa bakamujyana mu nkiko. iframe width= 560 height= 315 src= https://www.youtube.com/embed/Nr6OCBNd3J8?si=94sjk49KYItlwyxb title= YouTube video player frameborder= 0 allow= accelerometer; autoplay; clipboard-write; encrypted-media; gyroscope; picture-in-picture; web-share referrerpolicy= strict-origin-when-cross-origin allowfullscreen /iframe SRC Igihe

Lire la suite
Ubufatanye bw’urubyiruko rwa DGPR n’uruturuka muri Danemark mu mushinga utunganya ifumbire y’imborera

Ubufatanye bw’urubyiruko rwa DGPR n’uruturuka muri Danemark mu mushinga utunganya ifumbire y’imborera

vendredi 22 novembre 2024

Urubyiruko ruturuka mu gihugu cya Danemark hamwe n’urubyuruko rw’ishyaka Riharanira Demokorasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda ( DGPR-Green Party) bahuriye mu rugendo mu karere ka karongi, habaho kungura ibitekerezo no gusura umushinga wo gutunganya ifumbire y’imborera harebwa uko habaho guhangana n’imihindagurikire y ibihe. Tariki ya 13/11/2024 , Amb Hon Dr. Frank Habineza , n’abandi bayobozi b’ishyaka basuye akarere ka Karongi bari kumwe n’urubyiruko ruturuka mu gihugu cya Danemark rwifatanyije n’urw’ishyaka Riharanira Demokorasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda ( DGPR-Green Party) hagamijwe gushaka uko habaho guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, ubufatanye mu gusangira ibitekerezo no guhanga ibishya. Abayobozi b’urubyiruko baturutse mu gihugu cya Danemark, bayobowe na Amb Hon Dr. Frank Habineza, basuye uyu mushinga banasangira ibitekerezo n ubunararibonye, ibi bitanga uburyo budasanzwe bwo kugira ibisubizo bishya, bikanongera imbaraga ku rubyiruko rw’ibi bihugu byombi. Uyu mushinga wo gukora ifumbire mborera watangijwe n’urubyiruko mu karere ka Karongi. Iyi gahunda ntigamije gusa gutanga umusararuro w’ibiribwa bitagira ingaruka ku buzima, ahubwo ni ingenzi cyane mu kurengera ibidukikije, mu guhindura imyanda ikaba ifumbire. Amb Dr. Frank Habineza, ubwo yasuraga uturere icyenda mu rwego rwo gufasha no gushyigikira imishinga y’urubyiruko, yagiranye ibiganiro n’urubyiruko rwa DGPR-Green Party rwatangije imishinga itandukanye, irimo ubworozi bw inkoko, ubworozi bwi ngurube, Kudoda imyenda, gutegura ibirori, ubworozi bw’inkwavu, ubworozi bw ihene, no gukora ifumbire y’imborera. Iyi mishinga ikorera mu turere twa Kicukiro, Nyamasheke, Karongi, Gatsibo, Rwamagana, Musanze, Gicumbi, Ruhango, na Huye, igaragaza uburyo butandukanye bwo guteza imbere imibereho myiza mubagore n’urubyuruko. Imikoranire hagati ya urubyiruko ruturuka mu gihugu cya Danemark ( Green Left) n’Urubyiruko rwa DGPR-Green Party, iratanga icyizere cy’ejo hazaza bakora ibishoboka ngo bagabanye ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe bigamije guteza imbere ubukungu no gushyigikira imibereho myiza yabo babinyujije mu guhanga ibishya.

Lire la suite
Hon Dr Frank Habineza mu rugendo rwo gushyigikira imishinga y’abarwanashyaka iri mu turere 9

Hon Dr Frank Habineza mu rugendo rwo gushyigikira imishinga y’abarwanashyaka iri mu turere 9

mercredi 13 novembre 2024

Perezida w’ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije DGPR-Green Party, Hon Amb Dr Frank Habineza, mu rugendo rwe yakoreye mu turere tugize igihugu cy’u Rwanda yasuye imishinga y’urubyiruko n’abagore bo mu ishyaka abizeza ubufatanye no kubatera inkunga , hagamijwe kwiteza kubafasha kwiteza imbere muri rusange. Uturere Hon Amb Dr Frank Habineza yasuye ni Kicukiro , Nyamasheke, Karongi, Gatsibo,Rwamagana, Musanze na Gicumbi. Hon Amb Dr Frank Habineza n itsinda bari kumwe basuye umushinga wa kompanyi y urubyiruko n’abagore mu karere ka Kicukiro Tariki ya 4/11/2024 , mu mujyi wa Kigali, yasuye urubyiruko n’abagore batangije Company igamije kabateza imbere, akaba yabasezeranije ubufatanye ndetse no kubashyigikira mu gukomeza kwiteza imbere kuko ari ntego ya DGPR-Green Party mu guteza imbere ubukungu burambye. Hon Amb Dr Frank Habineza ,yasuye abagore n’urubyiruko bo mu karere ka Nyamasheke , kureba ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga w’ubworozi bw’ingurube Tariki ya 5/11/2024 , yasuye abagore n’urubyiruko bo mu karere ka Nyamasheke , kureba ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga w’ubworozi bw’ingurube , watangijwe n’urubyiruko ndetse n’abagore , baturuka mu ishyaka DGPR -Green Party . Ni nabwo kandi kuri uyu munsi yakomereje mu karere ka Karongi, aho urubyuruko n abagore bo mu ishyaka rya DGPR -Green Party nabo bafite umushinga wo gutunganya ifumbire mborera, bishimiye inkunga batewe n’ishyaka rya Green Party bizeza ubuyobozi ko bazawucunga neza ukabateza imbere ndetse ugateza imbere n ubuhinzi muri rusange. Karongi bafite umushinga wo gutunganya ifumbire mborera Hon Amb Dr Frank Habineza yabashimiye aho bageze bashyira mu bikorwa uyu mushinga, kuba baragize igitekerezo kiza bagize cyo guteza imbere ubuhinzi bw umwimere buzira ibinyabutabire biva mu ifumbire mvaruganda mu rwego rwo kurengera ibidukikije, abizeza ko bazakomeza kubaba hafi ndetse no kubafasha guteza imbere uyu mushinga kuko Green Party of Rwanda biri muntego zayo zo guteza imbere ubuhinzi hakoreshejwe ifumbire mborera. Huye yasuye imishinga y’ubworozi bw’inkwavu n’inkoko Tariki ya 06/11/2024 , urugendo rwakomereje mu karere ka Huye, umurenge wa Huye, mu ntara y’Amajyepfo , Hon Amb Dr Frank Habineza , yakomeje gusura imishinga izaterwa inkunga na DGPR-Green Party, aho yasuye imishinga y’ubworozi bw’inkwavu n’inkoko bukorwa n’abagore n’urubyiruko baturuka mu ishyaka Green Party of Rwanda (DGPR ). Ruhango bo batangiye gutegura umushinga w’ubworozi bw’ingurube Kuri uyu munsi Perezida w’ishyaka DGPR-Green Party, Hon Amb Dr Frank Habineza yakomereje urugendo mu karere ka Ruhango, umurenge wa Bweramana, aho yasuye abarwanashyaka, barimo urubyiruko n’abagore batangije ibikorwa byo gutegura umushinga w’ubworozi bw’ingurube ,uzaterwa inkunga na DGPR-Green Party, bamwijeje ko biteguye gutangira ndetse banamugaragariza bimwe mu bikorwa by’ibanze bizabafasha kugirango umushinga wabo ushyirwe mubikorwa. Musanze , abarwanashyaka b’urubyiruko batangije umushinga w’ubworozi bw’inkoko z’inyama Tariki ya 07/11/2024, yakomereje urugendo mu karere ka Musanze , umurenge wa Muhoza, hagamijwe gusura ishyirwa mu bikorwa ry’ imishinga y’abarwanashyaka ba DGPR-Green Party itandukanye igomba guterwa inkunga.Muri aka karere yasuye abarwanashyaka b’urubyiruko batangije umushinga w’ubworozi bw’inkoko z’inyama, Hon Amb Dr Frank Habineza, yabijeje ko umushinga wabo uzaterwa inkunga kugirango barusheho kwiteza imbere bajyana n’abandi Banyarwanda mu iterambere rirambye. Mu karere Gicumbi, bafite umishinga w ubuhinzi bw imiteja Hon Amb Dr Frank Habineza ,yakomereje urugendo mu karere Gicumbi, umurenge wa Rwamiko, mu rugendo rwo gusura Ishyirwa mu bikorwa ry’umishinga w ubuhinzi bw imiteja uzaterwa inkunga na DGPR-Green Party, wakozwe n’abagore n urubyiruko. Gatsibo bafite umishinga w ubworozi bw’ihene Tariki ya 08/11/2024, hakurikiyeho gusura akarere ka Gatsibo, umurenge wa Kiziguro, ubworozi bw’ihene ugomba gutangizwa n’urubyiruko ruturuka mw’Ishyaka #DGPR-Green Party muri aka karere.Muri uku gusuzuma uyu mushinga, Hon Amb Dr Frank Habineza, yabijeje ko umushinga wabo uzaterwa inkunga kugira ngo barusheho kwiteza imbere mu cyerekezo cy’iterambere rirambye. Rwamagana nabo bafite umushinga w’ubworozi bw’ingurube Hon Amb Dr Frank Habineza ,yakomereje urugendo rwe mu karere ka Rwamagana, umurenge wa Kigabiro, kureba ishyirwa mubikorwa ry’umushinga w’ubworozi bw’ingurube , ugomba gukorwa n’urubyiruko. Muri uku gusuzuma aho uyu mushinga ugeze , Hon Amb Dr Frank Habineza, yabijeje ko umushinga wabo uzaterwa inkunga kugirango barusheho kwiteza imbere.

Lire la suite
Celebrating Democracy: International Day of Democracy at the Rwandan Parliament

Celebrating Democracy: International Day of Democracy at the Rwandan Parliament

jeudi 31 octobre 2024

Today 31/Oct/2024 Rwanda joined the global community in celebrating the International Day of Democracy, marking a significant occasion to reflect on the values that underpin democratic governance. The festivities took place today at the Rwandan Parliament, where government officials, civil society representatives, and members of various political parties gathered to acknowledge the importance of fostering democracy in the nation. Among the notable attendees was Ambassador Hon Dr. Frank Habineza, the President of the Democratic Green Party of Rwanda. In his remarks on X , Dr. Habineza emphasized the critical opportunity this day presents to reinforce and uphold democratic values enshrined in the Rwandan constitution. He particularly highlighted essential components such as freedom of speech, civil liberties, and the rule of law, which form the bedrock of a thriving democractic Society. The International Day of Democracy serves as a reminder of the importance of democratic principles in ensuring justice, equality, and respect for human rights.

Lire la suite
Amb Hon Dr. Frank Habineza yitabiriye umunsi Mpuzamahanga wa Demokarasi mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda

Amb Hon Dr. Frank Habineza yitabiriye umunsi Mpuzamahanga wa Demokarasi mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda

jeudi 31 octobre 2024

None tariki ya 31 Ukwakira 2024, u Rwanda rwifatanije n isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wa demokarasi, perezida w’ Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR Green Party) Amb Hon Dr. Frank Habineza, ari mu bawitabiriye. Uyu munsi mukuru wabereye mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, aho abayobozi ba leta, abahagarariye sosiyete sivile, n’abayoboke b’imitwe ya politiki itandukanye bateraniye hamwe kugira hakomeze gushimangira no kwimakaza ihame demokarasi mu gihugu. Perezida w’ Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR Green Party) Amb Hon Dr. Frank Habineza, mu ijambo rye yanyujije kuri X, yashimangiye amahirwe akomeye uyu munsi utanga yo gushimangira no gushyigikira indangagaciro za demokarasi zikubiye mu itegeko nshinga ry’u Rwanda. Yagaragaje cyane cyane ibyingenzi nk’ubwisanzure mu kuvuga, ubwisanzure bw’abaturage, no kugendera ku mategeko, bikaba bigize urufatiro rw’umuryango uharanira demokarasi n’iterambere. Umunsi mpuzamahanga wa demokarasi wibutsa akamaro k amahame ya demokarasi mu guharanira ubutabera, uburinganire, no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Lire la suite
Democratic Green Party of Rwanda Parliamentarians Honored to Serve the Nation

Democratic Green Party of Rwanda Parliamentarians Honored to Serve the Nation

jeudi 15 août 2024

In a historic ceremony held yesterday, the Democratic Green Party of Rwanda celebrated the swearing-in of two distinguished parliamentarians, Hon. Ntezimana Jean Claude and Hon. Icyizanye Masozera, as they assumed their roles to serve the nation and its people. Hon. Ntezimana Jean Claude, the Secretary General of the Democratic Green Party of Rwanda, brings a wealth of experience to his new position. Having previously served in the Rwandan parliament for five years under the Public Accounts Committee, his dedication to public service and accountability is irrefutable. With a bachelor s degree in Public Administration and a master s degree in International Relations and Diplomacy, Hon. Ntezimana is well-equipped to navigate the complexities of governance and diplomacy. Accompanying him in this noble pursuit is Hon. Icyizanye Masozera, the Party s National Treasurer. With a background in Business Administration and Finance, Hon. Masozera s financial acumen and leadership skills will undoubtedly contribute to the Party s success in serving the Rwandan people. As they embark on this new chapter of service, Hon. Ntezimana Jean Claude and Hon. Icyizanye Masozera stand as symbols of integrity, dedication, and leadership within the Democratic Green Party of Rwanda. The Democratic Green Party of Rwanda congratulates and supports Hon. Ntezimana Jean Claude and Hon. Icyizanye Masozera in their new roles and pledges to work alongside them in serving the people of Rwanda with excellence and distinction.

Lire la suite
Hon Jean Claude Ntezimana na Hon Masozera Icyizanye barahiriye kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda

Hon Jean Claude Ntezimana na Hon Masozera Icyizanye barahiriye kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda

mercredi 14 août 2024

None tariki ya 14 Kanama 2024, ku ngoro y’inteko Ishinga Amategeko y u #Rwanda ku Kimihurura, mu karere ka Gasabo, habereye umuhango wo kurahira kw’abadepite 80 harimo n’abahagarariye ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (Greenparty). Uyu muhango wayobowe na Nyakubahwa perezida wa repebulika y’u Rwanda Paul Kagame. Abadepite bahagarariye ishyaka Greenparty ni babiri barimo : Hon Jean Claude Ntezimana usanzwe ari n’umunyamabanga mukuru ndetse na Hon Masozera Icyizanye usanzwe ari umubitsi mukuru wa Greenparty. Hon Jean Claude Ntezimana ubwo yari mu gikorwa cyo kwamama kandida perezida Hon Frank Habineza no kwamamaza abakandida depite 50 bari bahagarariye Democratic Green Party of Rwanda (Greenparty Ifoto y urwibutso abadepite barahiye bari kumwe na perezida wa repebulika Paul Kagame

Lire la suite
Ihuriro mpuza mashyaka muri Afurika (AGF )ryashimye Hon Dr Frank Habineza na DGPR – Green Party ku musaruro yakuye mu matora

Ihuriro mpuza mashyaka muri Afurika (AGF )ryashimye Hon Dr Frank Habineza na DGPR – Green Party ku musaruro yakuye mu matora

mardi 30 juillet 2024

{{Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR Green Party) by umwihariko umuyobozi waryo Hon Dr Frank Habineza yashimiwe n ihuriro ry aya mashyaka muri Afurika ku bw umusaruro bagize mu matora ya Perezida wa Repubulika n ay Abadepite yabaye mu Rwanda ku wa 14 no ku wa 15 Nyakanga 2024.}} Hon Dr Frank Habineza ni we mukandida watanzwe na DGPR Green Party ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Komisiyo y igihugu y amatora yatangaje ko uyu yagize amajwi 0.50% nyuma yo gutorwa n abantu 44, 479. Nyuma y uko aya majwi atangajwe uyu Hon Dr Frank Habineza yatangaje ko yemeye ibyavuye mu matora ndetse anashimira Perezida Paul Kagame wegukanye intsinzi ku majwi 99.18%. Anatangaza ko agiye kuri biro y Ishyaka rye kuba ari ho akomereza akazi. Ku rundi ruhande, mu matora y Abadepite naho iri shyaka ryabashije kwegukana imyanya 2 mu nteko ishinga amategeko y u Rwanda nyuma yo kugira amajwi 4.56% yaturutse mu batora 405.893, Bushingiye kuri uwo musaruro w Ishyaka DGPR Green Party, ubuyobozi bw ihuriro ry aya mashyaka ku mugabane w Afurika (Africans Greens Federation, AGF) bwashimiye Hon Dr Frank Habineza bunamusaba kudacika intege akazakora neza mu matora ataha. Itangazo rya AGF riti: Turagushimira (Dr Habineza Frank) hamwe n abanyamuryango b ishyaka ryawe ku bwo kugira uruhare muri ayo matora no ku bw amajwi mwagize. Tuboneyeho no kugushishikariza gukora cyane mu rwego gusigasira ibyo mwagezeho. Abinyujije kuri X ye, Dr Frank Habineza nawe yashimiye AGF yemeza ko ubutumwa bamuhaye busobanuye byinshi. https://x.com/Drfrankhabineza/status/1817967055775350882 Ishyaka DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) rimaze kwitabira amatora yo mu Rwanda inshuro ebyiri, muri 2017 no muri 2024. Kuva ryatangira kwitabira aya matora ryagiye ribasha gusa kwegukana imyanya 2 mu nteko ishinga amategeko, kuri ubu muri iyi manda rikaba rizaba rihagarariwe na Ntezimana J Claude na Maombi Carine.

Lire la suite
Rwamagana na Nyarugenge: Dr Frank Habineza yasoje ibikorwa byo kwiyamamaza

Rwamagana na Nyarugenge: Dr Frank Habineza yasoje ibikorwa byo kwiyamamaza

samedi 13 juillet 2024

Abaturage b’akarere ka Rwamagana mu ntara y’Iburasirazuba n’aka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali ni bo bari batahiwe kumva imigabo n’imigambi y’umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukukije (Democratic Green Party), aho bose yabasezeranyije byinshi by’iterambere igihe bazaba bamutoye. Mu karere ka Rwamagana, Dr Habineza yababwiye ko nibamwicaza mu Rugwiro azabakemurira ibibazo byinshi byihariye bamugaragarije, birimo icy’amazi meza,umusoro w’ubutaka, guteza imbere imikino n’imyidagaduro, n’ibindi. Habineza yavuze ko nk’akarere gafitanye amateka akomeye n’umuryango we arimo ko ari ho se yanyuze ahungira mu gihugu cya Uganda ubwo Abanyarwanda bameneshwaga mu 1959, agahoza ku mutima akifuriza ibyiza gusa kandi azabikagezaho natorwa. Muri Nyarugenge yibanze cyane ku rubyiruko arwizeza kuzarukemurira ikibazo cy’ubushomeri kirwugarije, anagaruka ku bacuruzi aho yavuze ko bazagabanyirizwa imisoro n’inyungu ku nguzanyo z’amabanki. Ibyo byose n’ibindi yabijeje nk’uko yabikoze n’ahandi, birimo kunoza serivisi z’ubuvuzi, iz’uburezi, ubuhinzi n’ubworozi, n’izindi; gusa ababwira ko hari icy’ingenzi basabwa ngo bizagerweho. Ati: Ibyo byose ntibyashoboka mutantoye ngo munatore abadepite bacu ku bwinshi. Nimudutora ibi byose twababwiye bizakorwa, haniyongereho ibindi kuko ishyaka ryacu ntiribeshya.’’ Abaturage nyuma yo kumwumva, abaganiriye na Bwiza.com, bavuze ko bakiriye neza ibyo yababwiye. Kalisa Jean Claude wo mu karere ka Rwamagana, yagize ati: Rwose uwadukemurira cyane cyane ikibazo cy’amazi meza yaba atubereye intwari kuko ni ikibazo kituruhije pe! Ni yo mpamvu amajwi yacu muri kano karere azayabona kuko yatunejeje.’’ Iraguha Marie Claire usanzwe akorera ubuzunguzayi ku Kimisagara mu karere ka Nyarugenge we yavuze ko Nkatwe abazunguzayi turamukeneye cyane rwose ngo aduhumurize kuko imikorere yacu iracyabangamirwa cyane. Tuzamutora kuko yatwijeje kuzadukemurira ibibazo akagabanya imisoro, cyane cyane uwa TVA, nibura tuzakore tudacungana n’inzego z’umutekano,dusora make kuko ntitwanga gusora cyangwa gukora dutuje.’’ Dr Frank Habineza arangije kwiyamamariza mu turere twose tw’u Rwanda akavuga ko muri rusange byagenze neza kuko abaturage yabagejejeho imigabo n’imigambi ye, na bo bamwizeza kuzamuhundagazaho amajwi. Yashimangiye ko ibyo yabijeje natorwa bitazaba amasigaracyicaro, ashimira cyane ubuyobozi n’inzego z’umutekano z’uturere twose yanyuzemo yiyamamaza. Yunzemo ko ibisigaye abibatezeho ku wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga.

Lire la suite
Burera: Hon Dr Frank Habineza natorwa azamura ubukerarugendo

Burera: Hon Dr Frank Habineza natorwa azamura ubukerarugendo

vendredi 12 juillet 2024

Ubwo yiyamamarizaga mu turere twa Burera na Musanze mu ntara y’amajyaruguru, tariki ya 12 Nyakanga 2024, Dr Frank Habineza yagaragaje ibiri mu migabo n’imigambi ye, abaturage baganiriye n’itangazamakuru bagaragaza ko bayishimiye baniteguye kumuhundagazaho amajwi ku wa 15 Nyakanga. Hari ku munsi wa 18 wo kwiyamamaza kwe, aho mu karere ka Burera yabwiye abaturage ko ari akarere keza k’ibirunga n’ibindi byiza nyaburanga bishobora gukurura ba mukerarugendo. Hon Ntezimana yavuze ko ishyaka Green party rimaze imyaka 15 rishinzwe,ryanyuze mu bitoroshye kuko ryemewe hashize imyaka 4 ririho. Kuritora bivuze kwivuza byoroshye, abana bakarya neza ku mashuri,bakagenda mu mihanda byoroshye, mbese ubuzima bukazaba buboroheye. Yanavuze ko abakandida depite b iri shyaka rya Green Party ari abahanga cyane,bafite inararibonye mu bintu binyuranye,barimo abarimu ba kaminuza,abarezi,abaganga,abize ubukungu n icungamutungo, n abandi,kubatora bikavuga gutora iterambere ryihuse mu nzego zose. Yavuze ko Green party ari ishyaka ry ukuri,ritabeshya,rivuga ibyo ryasuzumye neza ko bifitiye akamaro abanyarwanda bose, rikabona kubibagezaho. Nibatera ibikumwe imbere y inyoni ya Kagoma ibibazo byabo byose bizakemuka, ibyo bakoze byose bibahire, bisanzure hose no muri byose. Gutora Green Party ni ugutora ibitekerezo bizima,byubaka. Yavuze ko akarere ka Burera ari akarere keza, k ibirunga n andi mahirwe y iterambere,akwiye kubyazwa umusaruro. Yasezeranije abana kuzajya bagaburirwa inyama nibura rimwe mu cyumweru ku ishuri, indyo ikazaba yuzuye koko, kugira ngo harwanywe imirire mibi n igwingira mu bana. Aka karere kubera uburyo gakungahaye ku bukerarugendo, karimo ibiyaga, ibirunga, ibimenyetso byinshi ndangamateka n ibindi, ariko bikaba bitabyazwa umusaruro uko byakagombye, natorwa urwo rwego azaruzamura. Ba mukerarugendo bazajye bareka kugarukira mu Kinigi gusa ngo bitahire. N aha bazajya bahagera kuko byose bizaba byanogejwe, na bo imibereho yabo izamuke. Ubuhinzi n ubworozi buhakorerwa buzarushaho gutezwa imbere,hashyirwaho ikigega gifasha muri urwo rwego. Hazashyirwaho uruganda rukora ifumbire y imborera izabe nyinshi,n abaturage bazigishwe kuyikorera bizatume imvaruganda ivanwa ku isoko kuko igira ingaruka nyinshi zirimo indwara ya kanseri bigaragara ko igenda yiyongera mu baturage. Ibibazo bafite by itubura ry imbuto, cyane cyane iy ibirayi bizakemuka. Ubworozi bw amatungo magufi buzatezwa imbere cyane, buri rugo ruzabe rufite nibura itungo rigufi ndetse buri mwana azashishikarizwe korora nibura urukwavu. Agoronome azajya ku rwego rw akagari kugira ngo ibikorwa by ubuhinzi bizarusheho kugira ingufu n umusaruro uzarusheho kwiyongera. Abanyeshuri bose bize ubukerarugendo bazarushaho kwitabwaho, bashyirirwaho ikigega kibateza imbere. Ibigo by inzererezi bizavaho. Postes de santé zose zizahabwa abaganga zinarisheho gutanga serivisi zikeneweho.Nk agace kegereye umupaka k igeze kugira ikibazo cy ifungwa ryawo, natorwa azakora ku buryo ibyo gufunga imipaka n abaturanyi bizavaho, ububanyi n amahanga bunozwe. Nta gihugu kizongera gufunga imipaka n abaturanyi bacyo mu bigize EAC,hazashyirwaho amategeko abikumira.

Lire la suite