Catégorie : News

Amb Hon Dr. Frank Habineza yitabiriye umunsi Mpuzamahanga wa Demokarasi mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda

Amb Hon Dr. Frank Habineza yitabiriye umunsi Mpuzamahanga wa Demokarasi mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda

jeudi 31 octobre 2024

None tariki ya 31 Ukwakira 2024, u Rwanda rwifatanije n isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wa demokarasi, perezida w’ Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR Green Party) Amb Hon Dr. Frank Habineza, ari mu bawitabiriye. Uyu munsi mukuru wabereye mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, aho abayobozi ba leta, abahagarariye sosiyete sivile, n’abayoboke b’imitwe ya politiki itandukanye bateraniye hamwe kugira hakomeze gushimangira no kwimakaza ihame demokarasi mu gihugu. Perezida w’ Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR Green Party) Amb Hon Dr. Frank Habineza, mu ijambo rye yanyujije kuri X, yashimangiye amahirwe akomeye uyu munsi utanga yo gushimangira no gushyigikira indangagaciro za demokarasi zikubiye mu itegeko nshinga ry’u Rwanda. Yagaragaje cyane cyane ibyingenzi nk’ubwisanzure mu kuvuga, ubwisanzure bw’abaturage, no kugendera ku mategeko, bikaba bigize urufatiro rw’umuryango uharanira demokarasi n’iterambere. Umunsi mpuzamahanga wa demokarasi wibutsa akamaro k amahame ya demokarasi mu guharanira ubutabera, uburinganire, no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Lire la suite
Democratic Green Party of Rwanda Parliamentarians Honored to Serve the Nation

Democratic Green Party of Rwanda Parliamentarians Honored to Serve the Nation

jeudi 15 août 2024

In a historic ceremony held yesterday, the Democratic Green Party of Rwanda celebrated the swearing-in of two distinguished parliamentarians, Hon. Ntezimana Jean Claude and Hon. Icyizanye Masozera, as they assumed their roles to serve the nation and its people. Hon. Ntezimana Jean Claude, the Secretary General of the Democratic Green Party of Rwanda, brings a wealth of experience to his new position. Having previously served in the Rwandan parliament for five years under the Public Accounts Committee, his dedication to public service and accountability is irrefutable. With a bachelor s degree in Public Administration and a master s degree in International Relations and Diplomacy, Hon. Ntezimana is well-equipped to navigate the complexities of governance and diplomacy. Accompanying him in this noble pursuit is Hon. Icyizanye Masozera, the Party s National Treasurer. With a background in Business Administration and Finance, Hon. Masozera s financial acumen and leadership skills will undoubtedly contribute to the Party s success in serving the Rwandan people. As they embark on this new chapter of service, Hon. Ntezimana Jean Claude and Hon. Icyizanye Masozera stand as symbols of integrity, dedication, and leadership within the Democratic Green Party of Rwanda. The Democratic Green Party of Rwanda congratulates and supports Hon. Ntezimana Jean Claude and Hon. Icyizanye Masozera in their new roles and pledges to work alongside them in serving the people of Rwanda with excellence and distinction.

Lire la suite
Hon Jean Claude Ntezimana na Hon Masozera Icyizanye barahiriye kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda

Hon Jean Claude Ntezimana na Hon Masozera Icyizanye barahiriye kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda

mercredi 14 août 2024

None tariki ya 14 Kanama 2024, ku ngoro y’inteko Ishinga Amategeko y u #Rwanda ku Kimihurura, mu karere ka Gasabo, habereye umuhango wo kurahira kw’abadepite 80 harimo n’abahagarariye ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (Greenparty). Uyu muhango wayobowe na Nyakubahwa perezida wa repebulika y’u Rwanda Paul Kagame. Abadepite bahagarariye ishyaka Greenparty ni babiri barimo : Hon Jean Claude Ntezimana usanzwe ari n’umunyamabanga mukuru ndetse na Hon Masozera Icyizanye usanzwe ari umubitsi mukuru wa Greenparty. Hon Jean Claude Ntezimana ubwo yari mu gikorwa cyo kwamama kandida perezida Hon Frank Habineza no kwamamaza abakandida depite 50 bari bahagarariye Democratic Green Party of Rwanda (Greenparty Ifoto y urwibutso abadepite barahiye bari kumwe na perezida wa repebulika Paul Kagame

Lire la suite
Ihuriro mpuza mashyaka muri Afurika (AGF )ryashimye Hon Dr Frank Habineza na DGPR – Green Party ku musaruro yakuye mu matora

Ihuriro mpuza mashyaka muri Afurika (AGF )ryashimye Hon Dr Frank Habineza na DGPR – Green Party ku musaruro yakuye mu matora

mardi 30 juillet 2024

{{Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda (DGPR Green Party) by umwihariko umuyobozi waryo Hon Dr Frank Habineza yashimiwe n ihuriro ry aya mashyaka muri Afurika ku bw umusaruro bagize mu matora ya Perezida wa Repubulika n ay Abadepite yabaye mu Rwanda ku wa 14 no ku wa 15 Nyakanga 2024.}} Hon Dr Frank Habineza ni we mukandida watanzwe na DGPR Green Party ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Komisiyo y igihugu y amatora yatangaje ko uyu yagize amajwi 0.50% nyuma yo gutorwa n abantu 44, 479. Nyuma y uko aya majwi atangajwe uyu Hon Dr Frank Habineza yatangaje ko yemeye ibyavuye mu matora ndetse anashimira Perezida Paul Kagame wegukanye intsinzi ku majwi 99.18%. Anatangaza ko agiye kuri biro y Ishyaka rye kuba ari ho akomereza akazi. Ku rundi ruhande, mu matora y Abadepite naho iri shyaka ryabashije kwegukana imyanya 2 mu nteko ishinga amategeko y u Rwanda nyuma yo kugira amajwi 4.56% yaturutse mu batora 405.893, Bushingiye kuri uwo musaruro w Ishyaka DGPR Green Party, ubuyobozi bw ihuriro ry aya mashyaka ku mugabane w Afurika (Africans Greens Federation, AGF) bwashimiye Hon Dr Frank Habineza bunamusaba kudacika intege akazakora neza mu matora ataha. Itangazo rya AGF riti: Turagushimira (Dr Habineza Frank) hamwe n abanyamuryango b ishyaka ryawe ku bwo kugira uruhare muri ayo matora no ku bw amajwi mwagize. Tuboneyeho no kugushishikariza gukora cyane mu rwego gusigasira ibyo mwagezeho. Abinyujije kuri X ye, Dr Frank Habineza nawe yashimiye AGF yemeza ko ubutumwa bamuhaye busobanuye byinshi. https://x.com/Drfrankhabineza/status/1817967055775350882 Ishyaka DGPR (Democratic Green Party of Rwanda) rimaze kwitabira amatora yo mu Rwanda inshuro ebyiri, muri 2017 no muri 2024. Kuva ryatangira kwitabira aya matora ryagiye ribasha gusa kwegukana imyanya 2 mu nteko ishinga amategeko, kuri ubu muri iyi manda rikaba rizaba rihagarariwe na Ntezimana J Claude na Maombi Carine.

Lire la suite
Rwamagana na Nyarugenge: Dr Frank Habineza yasoje ibikorwa byo kwiyamamaza

Rwamagana na Nyarugenge: Dr Frank Habineza yasoje ibikorwa byo kwiyamamaza

samedi 13 juillet 2024

Abaturage b’akarere ka Rwamagana mu ntara y’Iburasirazuba n’aka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali ni bo bari batahiwe kumva imigabo n’imigambi y’umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukukije (Democratic Green Party), aho bose yabasezeranyije byinshi by’iterambere igihe bazaba bamutoye. Mu karere ka Rwamagana, Dr Habineza yababwiye ko nibamwicaza mu Rugwiro azabakemurira ibibazo byinshi byihariye bamugaragarije, birimo icy’amazi meza,umusoro w’ubutaka, guteza imbere imikino n’imyidagaduro, n’ibindi. Habineza yavuze ko nk’akarere gafitanye amateka akomeye n’umuryango we arimo ko ari ho se yanyuze ahungira mu gihugu cya Uganda ubwo Abanyarwanda bameneshwaga mu 1959, agahoza ku mutima akifuriza ibyiza gusa kandi azabikagezaho natorwa. Muri Nyarugenge yibanze cyane ku rubyiruko arwizeza kuzarukemurira ikibazo cy’ubushomeri kirwugarije, anagaruka ku bacuruzi aho yavuze ko bazagabanyirizwa imisoro n’inyungu ku nguzanyo z’amabanki. Ibyo byose n’ibindi yabijeje nk’uko yabikoze n’ahandi, birimo kunoza serivisi z’ubuvuzi, iz’uburezi, ubuhinzi n’ubworozi, n’izindi; gusa ababwira ko hari icy’ingenzi basabwa ngo bizagerweho. Ati: Ibyo byose ntibyashoboka mutantoye ngo munatore abadepite bacu ku bwinshi. Nimudutora ibi byose twababwiye bizakorwa, haniyongereho ibindi kuko ishyaka ryacu ntiribeshya.’’ Abaturage nyuma yo kumwumva, abaganiriye na Bwiza.com, bavuze ko bakiriye neza ibyo yababwiye. Kalisa Jean Claude wo mu karere ka Rwamagana, yagize ati: Rwose uwadukemurira cyane cyane ikibazo cy’amazi meza yaba atubereye intwari kuko ni ikibazo kituruhije pe! Ni yo mpamvu amajwi yacu muri kano karere azayabona kuko yatunejeje.’’ Iraguha Marie Claire usanzwe akorera ubuzunguzayi ku Kimisagara mu karere ka Nyarugenge we yavuze ko Nkatwe abazunguzayi turamukeneye cyane rwose ngo aduhumurize kuko imikorere yacu iracyabangamirwa cyane. Tuzamutora kuko yatwijeje kuzadukemurira ibibazo akagabanya imisoro, cyane cyane uwa TVA, nibura tuzakore tudacungana n’inzego z’umutekano,dusora make kuko ntitwanga gusora cyangwa gukora dutuje.’’ Dr Frank Habineza arangije kwiyamamariza mu turere twose tw’u Rwanda akavuga ko muri rusange byagenze neza kuko abaturage yabagejejeho imigabo n’imigambi ye, na bo bamwizeza kuzamuhundagazaho amajwi. Yashimangiye ko ibyo yabijeje natorwa bitazaba amasigaracyicaro, ashimira cyane ubuyobozi n’inzego z’umutekano z’uturere twose yanyuzemo yiyamamaza. Yunzemo ko ibisigaye abibatezeho ku wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga.

Lire la suite
Burera: Hon Dr Frank Habineza natorwa azamura ubukerarugendo

Burera: Hon Dr Frank Habineza natorwa azamura ubukerarugendo

vendredi 12 juillet 2024

Ubwo yiyamamarizaga mu turere twa Burera na Musanze mu ntara y’amajyaruguru, tariki ya 12 Nyakanga 2024, Dr Frank Habineza yagaragaje ibiri mu migabo n’imigambi ye, abaturage baganiriye n’itangazamakuru bagaragaza ko bayishimiye baniteguye kumuhundagazaho amajwi ku wa 15 Nyakanga. Hari ku munsi wa 18 wo kwiyamamaza kwe, aho mu karere ka Burera yabwiye abaturage ko ari akarere keza k’ibirunga n’ibindi byiza nyaburanga bishobora gukurura ba mukerarugendo. Hon Ntezimana yavuze ko ishyaka Green party rimaze imyaka 15 rishinzwe,ryanyuze mu bitoroshye kuko ryemewe hashize imyaka 4 ririho. Kuritora bivuze kwivuza byoroshye, abana bakarya neza ku mashuri,bakagenda mu mihanda byoroshye, mbese ubuzima bukazaba buboroheye. Yanavuze ko abakandida depite b iri shyaka rya Green Party ari abahanga cyane,bafite inararibonye mu bintu binyuranye,barimo abarimu ba kaminuza,abarezi,abaganga,abize ubukungu n icungamutungo, n abandi,kubatora bikavuga gutora iterambere ryihuse mu nzego zose. Yavuze ko Green party ari ishyaka ry ukuri,ritabeshya,rivuga ibyo ryasuzumye neza ko bifitiye akamaro abanyarwanda bose, rikabona kubibagezaho. Nibatera ibikumwe imbere y inyoni ya Kagoma ibibazo byabo byose bizakemuka, ibyo bakoze byose bibahire, bisanzure hose no muri byose. Gutora Green Party ni ugutora ibitekerezo bizima,byubaka. Yavuze ko akarere ka Burera ari akarere keza, k ibirunga n andi mahirwe y iterambere,akwiye kubyazwa umusaruro. Yasezeranije abana kuzajya bagaburirwa inyama nibura rimwe mu cyumweru ku ishuri, indyo ikazaba yuzuye koko, kugira ngo harwanywe imirire mibi n igwingira mu bana. Aka karere kubera uburyo gakungahaye ku bukerarugendo, karimo ibiyaga, ibirunga, ibimenyetso byinshi ndangamateka n ibindi, ariko bikaba bitabyazwa umusaruro uko byakagombye, natorwa urwo rwego azaruzamura. Ba mukerarugendo bazajye bareka kugarukira mu Kinigi gusa ngo bitahire. N aha bazajya bahagera kuko byose bizaba byanogejwe, na bo imibereho yabo izamuke. Ubuhinzi n ubworozi buhakorerwa buzarushaho gutezwa imbere,hashyirwaho ikigega gifasha muri urwo rwego. Hazashyirwaho uruganda rukora ifumbire y imborera izabe nyinshi,n abaturage bazigishwe kuyikorera bizatume imvaruganda ivanwa ku isoko kuko igira ingaruka nyinshi zirimo indwara ya kanseri bigaragara ko igenda yiyongera mu baturage. Ibibazo bafite by itubura ry imbuto, cyane cyane iy ibirayi bizakemuka. Ubworozi bw amatungo magufi buzatezwa imbere cyane, buri rugo ruzabe rufite nibura itungo rigufi ndetse buri mwana azashishikarizwe korora nibura urukwavu. Agoronome azajya ku rwego rw akagari kugira ngo ibikorwa by ubuhinzi bizarusheho kugira ingufu n umusaruro uzarusheho kwiyongera. Abanyeshuri bose bize ubukerarugendo bazarushaho kwitabwaho, bashyirirwaho ikigega kibateza imbere. Ibigo by inzererezi bizavaho. Postes de santé zose zizahabwa abaganga zinarisheho gutanga serivisi zikeneweho.Nk agace kegereye umupaka k igeze kugira ikibazo cy ifungwa ryawo, natorwa azakora ku buryo ibyo gufunga imipaka n abaturanyi bizavaho, ububanyi n amahanga bunozwe. Nta gihugu kizongera gufunga imipaka n abaturanyi bacyo mu bigize EAC,hazashyirwaho amategeko abikumira.

Lire la suite
Gicumbi: Dr Frank Habineza yijeje urubyiruko kuzarutengamaza

Gicumbi: Dr Frank Habineza yijeje urubyiruko kuzarutengamaza

mercredi 10 juillet 2024

Mu karere ka Gicumbi ni ho umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukukije, Dr Frank Habineza yiyamamarije ku munsi wa 17, yizeza urubyiruko kuzarutengamaza arushakira imirimo ihagije natorerwa umwanya w’umukuru w’igihugu. Mbere yo kugira icyo avuga ku rubyiruko, Habineza yavuze ko yishimiye cyane kwiyamamariza muri aka karere k’imisozi myiza miremire asanzwe azi neza kuko yakagezemo kenshi, cyane mu mirimo y’ubudepite mu mirenge itandukanye bumva banakemura ibibazo by’abaturage. Yababwiye ariko ko nubwo iyi misozi myiza ihari n’ibindi byiza nyaburanga byakagombye gukurura ba mukerarugendo bisa n’ibipfa ubusa, kuko nta musaruro ugaragara bibyazwa. Yavuze ko natorwa aka karere kimwe n’utundi turere turimo ibyiza nyaburanga bitabyazwa umusaruro w’ubukerarugendo azatwitaho by’umwihariko, ubukerarugendo bukabera abaturage isoko nyayo y’iterambere. Yanabijeje ishuri ryigisha imikino n’imyidagaduro ku rwego rw’aka karere, kubakemurira ibibazo by’ingurane bisa n’ibyahabereye agatereranzamba, iby’amazi meza, iby’abaturage b’umurenge wa Rutare n’indi mirenge babujijwe kugira icyo bakora mu mirima yabo, icy’umukamo mwinshi bagira ariko bakaba batagira amakusanyirizo n’uruganda rutunganya amata, n’ibindi. Ku rubyiruko nk’imbaraga z’igihugu yavuze ko ababazwa cyane no kuba urugera kuri 25% rutagira akazi, kikaba ari ikibazo gikomeye cyane azakemura Ati: Tuzagikemura dushyiraho ikigega gihuza abatanga akazi n’abagakeneye, umuntu akazajya akora ikizamini ari iwabo mu murenge, akazajya ahava ajya mu kazi gusa . Habineza yanavuze ko azashyiraho uruganda rutunganya ibikorerwa muri buri murenge ruzatanga akazi ndetse rukagabanya ubushomeri. Ati: Nk’aha muhinga urutoki rwinshi ariko rukabapfira ubusa. Tuzashyiraho uruganda rutunganya ibikomoka ku bitoki rukazatanga akazi kenshi mu rubyiruko, kimwe n’ibindi byinshi tuzakora biruteza imbere bikarukura mu bushomeri, rukagira imibereho myiza izira kubura icyo rukora . Abasore n’inkumi b’aka karere baganiriye na BWIZA bagaragaje ko bamushimiye ndetse bakanashyigikira cyane ibitekerezo bye bibateza imbere. Mucyo David w’imyaka 22 yavuze ko ubushomeri buravuza ubuhuha mu rubyiruko inaha. Nta mishinga myinshi itanga akazi mu rubyiruko, n’urukabonye ntikarambe tugahora mu mihangayiko, ariko Dr Frank Habineza adutuje imitima ubwo atwijeje ko natorwa azadushakira akazi ku bwinshi. Tuzamutora.’’ Nayituriki Espérance w’imyaka 20 uvuga ko amaze imyaka ibiri arangije ayisumbuye akaba yarabuze akazi, we yavuze ko yizeye gutengamazwa na Dr Habineza. Ati: Birambabaza cyane kuba nshomereye n’iwacu batifashije cyane kandi baririye bakimara ngo nige. Icyizere aduhaye cyadushimishije cyane. Dutegereje itariki ya 15 Nyakanga gusa tukamuhundagazaho amajwi, na we akadutengamaza nk’uko abivuga.’’ Umukandida wa Green Party yanabwiye ab’i Gicumbi ko ahereye ku byo yabijeje yiyamamariza ubudepite akabibagezaho ku kigero cya 70%, abijeje ko nibamwicaza muri Village Urugwiro ibyo yababwiye azabagezaho bizabageraho uko yabibijeje ndetse akazaneranzaho ibindi.

Lire la suite
Bugesera: Hon Dr Frank Habineza yasezeranije abanya Bugesera uruganda rukora amagare

Bugesera: Hon Dr Frank Habineza yasezeranije abanya Bugesera uruganda rukora amagare

lundi 8 juillet 2024

Uyu munsi tariki ya 8 Nyakanga 2024, umukandida perezida, Dr Amb Frank Habineza, yasezeranyije abaturage bo mu bugesera ko azahubaka uruganda rukora amagare , umuhanda Nyamata- Juru uzashyirwamo kaburimbo kimwe n indi mihanda myinshi mu gihugu iyikeneye. N iyo itazashyirwamo ikazatunganywa neza. 💄LIVE BUGESERA💄:Dr Frank Habineza ari kwiyamamaza💄Presidential parliamentary campaign |08 July2024 Azabaha amazi meza, kuko aka gace gafite icyo kibazo, buri muturage akazajya abona litiro 100 z amabzrikani y ubuntu. Kuko Bugesera hakoreshwa amagare cyane, hazashyirwa uruganda ruyakora, ikoreshwa ryayo rihabwe agaciro, ribe koko isoko y ubukungu bw umuturage. RIB izongererwa ingufu kugira ngo kugira ngo igire ubushobozi bwo gufunga koko ufite ibyaha. Kugabanya imisoro ku bacuruzi n iy ubutaka na byo biri mu byo azakora mbere. N ibindi asanzwe avuga ahandi birimo ko uwatanze mituweli azajya abona imiti myiza muri za Farumasi, kuzagaburira abana ku mashuri indyo yuzuye, . SG Hon Jean Claude Ntezimana , yabashimye mbere na mbere icyizere abaturage babagiriye muri 2018 bagatorera 2 muri bo kujya mu nteko, nyuma babona n umusenateri, ko icyizere babagiriye kitapfuye ubusa kuko ibyo babasezeranije babibagejejeho ku kigero cya 70/100. Yakomeje avuga ko bagarutse kubasaba amajwi ku mwanya wa perezida wa Repubulika n abadepit,e yababwiye ko Green Party ari ishyaka ritabeshya,ritanahindagurika, kandi bavuga ibyiza gusa,ntibazanwa no kuvuga ubusa mu baturage, ko niba bashaka ibisubizo birambye by ibibazo byabo bazatore ishyaka Green party. Hon Dr Frank Habineza yimamazaga kuri uyu munsi ari kumwe n’abakandida depite bahagarariye ishyaka Democratic Green Party of #Rwanda (#Greenparty), amatora akaba ateganijwe kuba tariki ya 15 Nyakanga 2024.

Lire la suite
Dr Frank Habineza yasengeye i Kibeho anakomeza kwiyamamaza Nyaruguru na Nyamagabe

Dr Frank Habineza yasengeye i Kibeho anakomeza kwiyamamaza Nyaruguru na Nyamagabe

lundi 8 juillet 2024

Mu karere ka Nyaruguru Dr Frank Habineza na madame we bitabiriye misa kuri iki cyumweru tariki ya 7 Nyakanga 2024, ku butaka butagatifu bwa Kibeho , nyuma yerekeje mu baturage muri santere y’ubucuruzi ya Ndago mu murenge wa Kibeho, abwira abaturage ko umugisha w’Imana yaboneye aho mu kiliziya yizeye ko na bo azawubaboneraho. Nyaruguru, Hon Ntezimana yavuze ko, abaturage babasize amavuta yo kubatorera umwanya w ubudepite mu nteko ishinga amategeko ari 2 muri 2018, bakanabaha umusenateri, babanogereza uyu mwaka bakabatora ari benshi mu nteko,banabahe umwanya w umukuru w igihugu,batora Hon Dr Frank Habineza ngo ibyo abizeza bizabagereho.Yanavuze ko Dr Frank Habineza afite ibigwi biri hejuru cyane. Green Party ni ishyaka ridacika intege, kunda abaturage n imvugo ye ni ingiro. Azabageza kuri byinshi bijyanye n imirire, imyambarire n ubwisanzure. Ibyo yavuze byose kwari ukugira ngo abanyarwanda babeho mu bwisanzure n imibereho myiza. Nyaruguru na Nyamagabe, Hon Dr Frank Habineza , yijeje abaturage ko mubyo azakora harimo , kongerera ingufu ubukerarugendo inyungu zibuvuyemo zikagera ku baturage bose, kubaha uruganda rutunganya umukamo, bakanahabwa amakusanyirizo ahagije kuko bagira inka nyinshi zitanga umukamo mwinshi ariko udatunganywa. Kongerera ingufu ubuhinzi bakora,cyane cyane cyane ubw ibirayi n icyayi, bashyiraho uruganda rutunganya ibirayi, n icyayi kigakomeza gutunganywa, azabubakira amahoteli meza yakira ba mukerarugendo. Azakuraho ibyo kwimura abantu nta ngurane, azongerera ingufu umutekano anavugurure ububanyi n amahanga cyane cyane ibihugu by ibituranyi.

Lire la suite
Perezida w’ishyaka DGPR Dr Frank Habineza yahawe impano n’abaturage ba Rutsiro

Perezida w’ishyaka DGPR Dr Frank Habineza yahawe impano n’abaturage ba Rutsiro

mercredi 3 juillet 2024

Uyu munsi tariki ya 3 Nyakanga 2024, umukandida perezida, Dr Amb Frank Habineza, yahawe impano yo kumushimira n’abaturage ba Rutsiro , ubwo yimamazaga ku munsi wa 12 ari kumwe n’abakandida depite bahagarariye ishyaka Democratic Green Party of #Rwanda (#Greenparty), aho yavuye yerekeza Karongi. Ubwitabire bw’abaturage bwari bwinshi cyane haba mu karere ka Rutsiro, umurenge wa Musasa (Gisiza), mu karere ka Rutsiro Frank Habineza yabijeje ko nibamutora azabubakira isoko rikomeye, kuko isoko bacururizamo, bacururiza hasi, imvura n izuba bikahabicira. Yanabijeje kubaha amazi meza, ikibazo cy amazi meza muri aka gace ari ingorabahizi. Yabijeje kuzabubakira uruganda rutunganya ibikomoka ku buhinzi n ubworozi bitewe n ibiboneka muri buri murenge. Azabaha ishuri ry imyuga bitewe n umwuga ukenewe muri buri gace k ahantu, aho kwigisha abantu umwuga udahuye n ibiboneka iwabo. Uwatanze mituweli azajya abona imiti muri Farumasi yige ga kandi abone umuti mwiza utari kopi( copie: générique). Akarengane mu butabera kazacika,ibyo gufungira abantu ubusa, iminsi 30 y agateganyo no gufungira abantu mu bigo by inzererezi bizakurwaho burundu. Akarengane mu bucuruzi karimo imisoro ihanitse cyane cyane umusoro ku nyongeragaciro ( TVA) kazavaho. Nyuma yo kubabwira imigabo n’imigambi myiza abafitiye, abaturage ba Rutsiro bamuhaye impano y’igitoki ndetse n’imbuto bamushimira ubuvugizi yabakoreye. Mu karere Karongi, Dr Frank Habineza yahuriye n abaturage mu murenge wa Rubengera. Yijeje akazi cyane cyane urubyiruko akoresheje uruganda rutunganya ibikomoka muri aka karere, bikomoka ku buhinzi, ubworozi n uburobyi. Kuzaha abana ifunguro ryuzuye ririho n inyama. Atari kawunga gusa n ibishyimbo na byo bidahagije, n amafi azayabagaburira. Umusoro w ubutaka uzavaho burundu. Gukemura ibibazo by amazi meza, kurwanya akarengane mu butabera birimo gufungwa iminsi 30 y agateganyo, gushyiraho ikigega cya Leta cy indishyi z akababaro ku bafuzwe bakaza gusanga ari abere, kimwe n abajyanwa mu bigo by inzererezi. Abafungiwe ubusa mu myaka 2 yose ishize natorwa bazahabwa indishyi z akababaro. AMAFOTO

Lire la suite